Abasirikare batanu b’u Rwanda baregwa ibyaha birimo gusambanya abantu ku gahato muri Kangondo i Nyarutarama, bagaragarije urukiko uburyo ibirego bashinjwa ngo ari amagambo y’ibinyoma adafite gihamya, basaba kuburana badafunzwe.
Banki Nkuru y’u Rwanda(BNR) ivuga ko n’ubwo kwishyurana nta muntu ukoze ku mafaranga bitaraba itegeko, iyi gahunda ngo irimo gushyirwa mu bikorwa ku buryo bwihuse hifashishijwe telefone zigendanwa.
Urubanza ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo rw’Abasirikare baregwa ibyaha birimo gusambanya ku gahato abagore i Nyarutarama muri Kangondo, rwari kuburanishwa kuri uyu wa Kane tariki 21 Gicurasi 2020 rwasubitswe nyuma yo kubura ubabunganira mu mategeko.
Abacuruzi b’amavuta yo kwisiga n’ibijyana na yo baravuga ko abakiriya babo batakirimo kwitabira kugura ibyo bicuruzwa, kuko ngo babisimbuje agapfukamunwa.
Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye kuri uyu wa mbere tariki 18 Gicurasi 2020, iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yafashe imyanzuro irimo uwo kuzakomorera abamotari n’ingendo hagati y’Umujyi wa Kigali n’izindi Ntara ku itariki ya mbere Kamena 2020.
Kuri zimwe mu mbuga nkoranyambaga hari indangamuntu ziriho amazina nka Sanduwice, Quatre Moteurs, Niboneyimbwa Munzuyarwo, Bikundaguhena, Umwarutarakurikiyamaraha, Ntawutaramaniryundimugabo, Gudubayi, Gumawitume, Turaburaye, Ntawuhorabyibushye n’andi, gusa ntawakwemeza niba koko izo ndangamuntu ari umwimerere, cyangwa ngo (…)
Ubushinjacyaha bw’u Rwanda buravuga ko Urwego rwasigariyeho Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (IRMCT), ari rwo rufite ububasha bwo kuburanisha Kabuga Felicien wafatiwe mu Bufaransa kuri uyu wa 16 Gicurasi 2020.
Ikigo cy’Ingoro z’Igihugu z’Umurage w’u Rwanda (INMR) kigiye kwizihiza umunsi mpuzamahanga gifite ibihangano by’abari n’abategarugori 35, bakaba barashushanyije uburyo imibereho n’imibanire y’Abanyarwanda yifashe.
Polisi y’u Rwanda ifungiye kuri sitasiyo ya Kicukiro abantu icyenda bakora ubushoferi, bazira kubyiganira mu modoka muri ibi bihe byo kwirinda Covid-19, aho bisaba ko abantu birinda kwegerana.
Minisiteri y’Ubutabera(MINIJUST) hamwe n’Urwego rushinzwe Iterambere(RDB), basobanuye uburyo kurangiza imanza no guteza cyamunara hifashishijwe ikoranabuhanga bizakumira amakosa y’abahesha b’Inkiko n’abakomisiyoneri bateshaga agaciro imitungo y’abantu.
Inama y’Igihugu y’Abaforomokazi, Abaforomo n’Ababyaza (National Council of Nurses and Midwives/NCNM), yabashimye ubwitange bagira mu kwirinda icyahungabanya ubuzima bw’abaturage giturutse ku mikorere mibi yabo, cyane cyane muri ibi bihe bya Covid-19.
Kuva icyorezo cya Covid-19 cyakwaduka mu isi, hari amateka kimaze kwandika mu mitwe y’abantu, arimo n’ayo bazajya bacyibukiraho mu bijyanye no gutwara abantu n’ibintu.
Nyuma y’icyumweru kimwe gishize abakozi mu nzego zitandukanye basubiye mu mirimo, hari abavuga ko batorohewe no kubahiriza neza amabwiriza yo kugera mu rugo bitarenze saa mbili z’umugoroba.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yatangaje ko Leta igiye gushora arenga miliyari ijana z’amafaranga y’u Rwanda mu kuzahura ubukungu bumaze kudindizwa na Covid-19.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije, yatangarije Abaturarwanda ko bagiye kubona muri za gare, mu masoko n’ahandi hahurira abantu benshi ’robot’ irimo kubapima Coronavirus.
Nyuma yo gutungurwa n’ibiza by’imvura byahitanye 72 kuri uyu wa Kane, Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko igiye gukemura ikibazo cy’imiturire mu buryo burambye, aho benshi mu baturage bazakurwa ku misozi ihanamye no munsi yaho.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko ku mugoroba tariki 07 Gicurasi 2020(ahagana saa kumi n’imwe n’igice), uwitwa Tunezerwe Jean Paul w’imyaka 25 yinjiranye gerenade muri ’Salon de Coiffure’ iri ahitwa kwa Nayinzira mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo, arayifungura ihita imuturikana.
Nyuma yo kuva mu kato ka Covid-19, imboga, imbuto n’indabo, ni byo bicuruzwa kugeza ubu bikirimo koherezwa hanze y’igihugu kandi bizongera amadevize, nk’uko Ikigo gishinzwe iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) kibitangaza.
Nubwo amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19 avuga ko nta ngendo zemewe hagati y’Umujyi wa Kigali n’izindi Ntara, uduce tumwe twa Rwamagana na Bugesera mu Burasirazuba, ndetse na Kamonyi mu Majyepfo twashyizwe muri Kigali mu bijyanye n’ingendo.
Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) yatangaje ahantu h’umwihariko habereye Jenoside yakorewe Abatutsi ku itariki 03 Gicurasi 1994, harimo abiciwe ku i Bambiro muri Nyanza ndetse n’abari bahungiye muri ADEPR Gihundwe mu Karere ka Rusizi.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda), cyagaragaje ko imvura y’itumba rya 2020 izacika ahenshi mu gihugu mu byumweru bitatu biri imbere, kandi ko hari aho izaba nyinshi kurusha isanzwe igwa muri iki gihe.
Nyuma y’aho Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) igabanyirije urugero rw’inyungu yaka amabanki y’ubucuruzi kugira ngo abakiriya bayo bazahabwe inguzanyo yo kubyutsa ibikorwa, Banki ya Kigali (BK) iri mu bagiye kwigira hamwe n’abikorera uburyo bakubahiriza ubusabe bwa BNR.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) isaba abakozi gushakira imirimo mu bikorerwa mu Rwanda no kurushaho guhanga byinshi biyihesha abatayifite.
Banki itsura Amajyambere (BRD), irashimira Leta y’u Rwanda ko kuba umufatanyabikorwa wayo w’ingenzi byayihesheje gukomeza kugirirwa icyizere n’abashoramari, nyuma y’uko ikigo Fitch kiyihaye inota rya B+.
Abavana ibicuruzwa mu mahanga bavuga ko bamaze gushyiraho uburyo bwo kwirinda kwinjirana ubwandu bwa Coronavirus mu Rwanda, aho nta mushoferi uvuye hanze uzarenga umupaka yinjira mu gihugu, cyangwa ujya kuzana ibicuruzwa uzasohoka hanze yacyo.
Ikigo cy’Igihugu Kibungabunga Ibidukikije (REMA) kiravuga ko mu gihe udupfukamunwa twakoreshejwe tudacunzwe neza, ngo bishobora guhumanya ibidukikije muri rusange no gukomeza gukwirakwiza indwara zirimo icyorezo Covid-19.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Gasabo, Umwali Pauline, yandikiye Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge igize aka Karere, abasaba gufasha abarwayi bafitanye gahunda na muganga kugerayo no kuvayo basubira mu ngo.
Bimwe mu bikorwa remezo nk’amashuri n’insengero ndetse n’imodoka, bigaragaza ko bishobora kwangirika biramutse bititawemo, nyuma y’iminsi 40 bimaze bidakoreshwa kubera gahunda ya ‘guma mu rugo’ yo kwirinda icyorezo COVID-19.
Mu kiganiro Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa mbere tariki 27 Mata 2020, yavuze ko miliyoni imwe y’amadolari ya Amerika u Rwanda rwahaye Afurika yunze Ubumwe (AU), azabyara inyungu nyinshi kuyarusha.
Muri ibi bihe abantu benshi birirwa mu ngo zabo mu rwego rwo gushyira mu bikorwa amabwiriza yo gukumira ikwirakwizwa rya Coronavirus, abenshi bakenera gukoresha ibikoresho by’ikoranabuhanga kurusha mu bihe bya mbere y’aya mabwiriza.