Dr. Pierre Damien Habumuremyi wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda kuva muri 2011-2014, yagejejwe mu Rukiko kuri uyu wa Kane tariki 16 Nyakanga 2020 agiye kuburana ku byaha aregwa byo gutanga sheki zitazigamiye n’ubuhemu.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki 15 Nyakanga 2020 iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yashyize abakozi n’abayobozi b’amashami bagera kuri 45 muri za Minisiteri n’ibigo bya Leta bitandukanye.
Kuva mu kwezi kwa Werurwe k’uyu mwaka wa 2020 ubwo gahunda ya #GumaMuRugo yari imaze guhagarika urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu kubera Covid-19, kugeza ubu hari ubucuruzi bwabaye nk’ubwibagiranye.
Ubuyobozi bw’Uruganda ‘Prime Cement Ltd’ bwatangaje ko bitarenze ukwezi gutaha kwa Kanama 2020, ruzaba rwatangiye gukora sima yunganira itangwa n’uruganda CIMERWA rukorera i Rusizi mu Burengerazuba.
Mu myaka umunani ishize ubwo gahunda yitwa "Tubarere mu miryango" yatangizwaga, ikigo cyareraga impfubyi cyitwa ’Orphelinat Noel’ cyo ku Nyundo mu Karere ka Rubavu cyasezereye amagana y’abari bakirimo, bamwe bajya kurererwa mu miryango, abandi bajya kwicumbikira.
Kugeza ubu abaturage bangana na miliyari ebyiri na miliyoni 400 bahwanye na 1/3 cy’abatuye isi, ni abumva cyangwa basoma amagambo yanditse mu gitabo cyitwa Bibiliya, bakaba bitwa abakirisitu.
Mu kwezi kwa Mata k’umwaka ushize wa 2019 ubuyobozi bw’Akarere ka Nyarugenge bwatanze amafaranga y’u Rwanda miliyoni 65 yo guteza imbere umushinga w’ubworozi bw’inkoko zigomba gutunga abatujwe mu mudugudu w’icyegererezo wa Rugendabare muri Mageragere.
Polisi y’u Rwanda yerekanye abo ifungiye i Remera mu Mujyi wa Kigali barimo abanyeshuri n’abarimu b’ibinyabiziga bane hamwe n’abantu 11 baregwa gucika abapolisi amasaha yo gutaha mu rugo yarenze.
Ishami ry’Abagore mu rugaga rw’Abikorera (PSF) ryashyizeho itsinda ry’impuguke (zigereranywa n’ivuriro ’clinic’) rishinzwe kwigisha no guhumuriza abanyamuryango baryo bahombejwe n’amabwiriza yo kwirinda Covid-19.
Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imiturire (Rwanda Housing Authority - RHA) kivuga ko impamvu igishushanyo mbonera cy’Umujyi wa Kigali n’indi itandatu iwunganira bitarajya ahagaragara, hagitegerejwe igishushanyo mbonera cy’Igihugu cyose.
Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge, Musenyeri John Rucyahana avuga ko mu minsi 100 ishize yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, habayeho guhangana n’icyorezo Covid-19 ndetse n’ikindi cyorezo cyo gupfobya no guhakana iyo Jenoside.
Dr Pierre Damien Habumuremyi wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda kuva muri 2011-2014, ubu akaba yayoboraga Urwego rw’Igihugu rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta by’Ishimwe, yatawe muri yombi n’Urwego rw’Ubugenzacyaha(RIB) ku wa Gatanu tariki 03 Nyakanga 2020.
Uturere tugize Umujyi wa Kigali twizihirije bamwe mu baturage batwo isabukuru y’imyaka 26 u Rwanda rumaze rwibohoye, dutanga impano y’inzu, ibigo by’ubuvuzi n’amashuri bishyashya, ndetse n’ibiribwa.
Polisi y’u Rwanda iravuga ko ikomeje kugenzura ibyaha byose, ndetse ikaba yarashyize imbaraga mu kurwanya ibijyanye no kurenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.
Abanyamakuru Byansi Samuel Baker na Nshimyumukiza Janvier baherukaga gutabwa muri yombi n’Ubugenzacyaha ku itariki 25 Kamena 2020, barekuwe by’agateganyo.
Nyuma yo kuzenguruka mu Karere ka Rusizi i Burengerazuba, abashinzwe gusuzuma icyorezo Covid-19 bagarutse i Kigali, aho basaba bamwe mu bagenda n’abatuye muri uyu mujyi iminota itarenga itanu yo kubanza kumenya uko bahagaze.
Mbere y’umwaka wa 1994, Ntawunezarubanda Schadrack wacuruzaga inyama zokeje (brochettes) mu Karere k’iwabo ka Rutsiro, avuga ko nta handi hantu yari yakamenya muri iki gihugu cyangwa hanze yacyo.
Banki ya Kigali(BK) yahamagariye urubyiruko rw’abahanzi kwitabira igitaramo cyiswe ’BK Times’ kizajya kibera ku ikoranabuhanga no kuri televiziyo, aho abidagadura banamenya uburyo babona amafaranga n’icyo bayakoresha.
Umwe mu basirikare bamugariye ku rugamba rwo kubohora u Rwanda, yasobanuye ko mu mpamvu zatumye barushoza harimo incyuro z’abanyamahanga hamwe n’amaganya y’ababyeyi bari barataye igihugu cyabo.
Urwego rw’Igihugu rw’iterambere(RDB), akaba ari na rwo rushinzwe ubukerarugendo, ruvuga ko abantu bari bamaze gukumbura ibyiza nyaburanga by’u Rwanda nyuma y’amezi atatu ubukerarugendo bumaze buhagaritswe kubera kwirinda Covid-19.
Iterambere isi igezeho muri iki kinyejana cya 21 riraturuka ku buvumbuzi bwagiye bubaho mu bihugu bimwe na bimwe, bukaba ari na bwo bwabigize ibihangange mu gihe cyabyo.
Urugaga nyarwanda rw’Abikorera(PSF) ruvuga ko hari ibicuruzwa by’Abanyarwanda byaheze ku cyambu cya Dar-es-Salam muri Tanzania, bitewe n’uko ba nyirabyo baciwe amafaranga y’ibihano by’ubukererwe aruta agaciro k’ibyo bicuruzwa.
Minisiteri y’Ingabo y’u Rwanda(MINADEF) iravuga ko mu ijoro ryakeye ahagana saa sita n’iminota 20, hari abantu bitwaje intwaro bagabye igitero ku Ngabo z’u Rwanda(RDF) mu murenge wa Ruheru mu karere ka Nyaruguru.
Abasirikare b’u Rwanda(RDF) baregwa hamwe n’abagize imitwe y’Iterabwoba y’amashyaka yiyise P5 arangajwe imbere na RNC, bose uko ari 33 bemerewe kuzaburana mu kwezi gutaha nk’uko bari basabye igihe gihagije cyo gusoma bitonze dosiye z’ibyaha baregwa.
Urukiko rukuru rwa gisirikare rwatangiye kumenyesha abasirikare batanu bo mu ngabo z’u Rwanda ibyaha byo gutoroka bakajya kwifatanya n’umutwe w’iterabwoba wa RNC ukuriwe na Kayumba Nyamwasa, ndetse na FLN ya Nsabimana Callixte wiyitaga Major Sankara.
Urukiko rukuru rwa gisirikare ruri i Kanombe rwatangiye kuburanisha urubanza ruregwamo Rtd Maj Habib Mudathiru wari mu mutwe w’iterabwoba wa Kayumba Nyamwasa (RNC) na bagenzi be 24, ariko hajemo n’abari bakiri mu gisirikare cy’u Rwanda baregwa gukorana na bo.
Urubanza ruregwamo Maj Habib Mudathiru wayoboraga umutwe w’Ihuriro ry’amashyaka arwanya u Rwanda (P5) hamwe na bagenzi be 24, ndetse n’abasirikare bari basanzwe mu ngabo z’u Rwanda(RDF), rwatangiye kuburanishwa mu mizi kuri uyu wa mbere.
Polisi y’u Rwanda ifungiye kuri Sitasiyo ya Kicukiro abagabo 10 baregwa kurema uruhererekane rugeza i Kigali imyenda ya ‘caguwa’ icuruzwa ariko yarambawe(caguwa) ikagera i Kigali ivuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RD Congo).
Uwitwa Gilbert Kubwimana wayoboraga ikigo cy’Abanyamerika kigura uduseke mu Rwanda, avuga ko yemeye gusiga umushahara wa miliyoni yahembwaga atangira gutabariza ingo zirimo abana bafite ubumuga.
Abakora muri serivisi z’ubuzima n’abazishoyemo imari mu Rwanda bagize Umuryango ‘Ubuzima Foundation’, bashyigikiye gahunda ya Leta yo gupima indwara y’umwijima (Hépatite C) mu Banyarwanda barenga miliyoni enye.