Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu (NCHR) yagaragaje uburenganzira 11 bwahutajwe mu Rwanda mu gihe cya ‘Guma mu rugo’, ariko ngo Itegeko Nshinga ry’u Rwanda rirabyemera usibye abishe n’abahohoteye abaturage.
Abantu birirwa mu mirimo yo kwita ku rugo (akenshi baba ari abagore basigaranye abana) iyo ubabajije icyo bakora bakubwira ko nta kazi bafite, ariko Josephine Uwamariya arabaza ati “koko ubwo urumva nta kazi ufite”?
Uwitwa Simbarikure Evariste bakunze kwita Mushi w’i Kagugu mu Karere ka Gasabo, kimwe n’abandi benshi bafite utubari hirya no hino mu gihugu, yahisemo gutaka ibiziriko bikozwe mu birere by’insina ku muryango bw’inzu y’ubucuruzi bwe.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase, yasuye imiryango 48 yari ituye ahitwa muri Bannyahe (Kangondo na Kibiraro ya mbere) ubu yimuriwe i Busanza mu Karere ka Kicukiro, abamenyesha ko n’abari abaturanyi babo bose bazabasangayo mu bihe bitandukanye.
Minisiteri y’Ubuzima(MINISANTE) yatangaje ko ikeneye ubufatanye bw’inzego zose bireba kugira ngo serivisi zo kuboneza urubyaro no kumenya ubuzima bw’imyororokere zigere ku baturage bose harimo n’abangavu.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda(MINICOM) hamwe n’inzego bafatanyije guteza imbere politiki nshya yorohereza ba rwiyemezamirimo, ivuga ko abikorera bazayungukiraho ari abandikishije ubucuruzi bwabo kabone n’iyo bwaba buto cyane.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) hamwe na Sosiyete y’Abafaransa icuruza ikoranabuhanga ry’amashusho CANALOLYMPIA, bujuje umudugudu uberamo imyidagaduro, ushobora kwakira abantu bageze ku bihumbi 40 n’imodoka 500.
Mu kwezi kwa Mata k’uyu mwaka, Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi(EU) wahaye u Rwanda inkunga y’amayero miliyoni ebyiri, hiyongeraho andi mayero ibihumbi 500 yatanzwe n’ibigo birimo icy’Abataliyani cyitwa Institute for University Cooperation (ICU), mu rwego rwo guteza imbere ikawa y’u Rwanda.
Inama y’Igihugu y’Abafite Ubumuga(NCPD) itangaza ko amavuta yagenewe abafite ubumuga bw’uruhu yamaze kugezwa mu Rwanda, ariko ko abashinzwe ubuzima batabaye maso ayo mavuta yakoreshwa n’abandi bantu atagenewe.
Banki y’u Rwanda Itsura Amajyambare (BRD), yatangarije impunzi zose ziri mu Rwanda hamwe n’abaturage b’uturere tuzicumbikiye, ko ibafitiye amafaranga akabakaba muri miliyari icyenda (9,000,000,000Frw), bazajya bafatamo nk’inguzanyo ivanze n’impano, kugira ngo bateze imbere ibikorwa bibabyarira inyungu.
Abayobozi b’Urugaga rw’abakora imirimo ishamikiye ku buvuzi (Rwanda Allied Health Professional Council/ RAHPC) bavuga ko umuntu wese ukina n’ubuzima bw’umurwayi agomba kubavamo agashaka ikindi akora.
Banki ya Kigali (BK) yiyemeje gutanga inyungu yayo mu bikorwa biteza imbere abatuye mu Karere ka Rulindo, aho irimo gutera inkunga umushinga w’amafaranga miliyoni 25 ugamije kongera ibiti bivangwa n’imyaka, birimo ibitanga imbuto n’ibigaburirwa amatungo.
Icyegeranyo cy’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) cyo muri 2019/2020, kigaragaza ko mu bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina muri 2019/2020 barenga 10,842 mu gihugu hose, Akarere ka Nyarugenge kagaragayemo abarenga 423.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase yasuye Imidugudu ya Kangondo (Bannyahe) na Kibiraro muri Nyarutarama, asaba abahatuye kwimuka kuko ari mu gishanga, abandi bakaba bari mu nzu zitwa akajagari.
Umuryango AVEGA Agahozo wita ku bapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, washyikirije Perezida Kagame umurage w’ubutaka bwari ubwa Nyirangoragoza Marianne witabye Imana muri Gicurasi muri uyu mwaka wa 2020.
Ku wa Kane tariki 19 Ugushyingo 2020 Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yari imaranye icyumweru amafaranga yatowe n’umupolisi wari mu kazi mu muhanda Kigali Convention Centre – Remera, hagati ya saa tatu na saa yine za mu gitondo.
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (Rwanda Revenue Authority - RRA) cyatangaje ko abafite ubutunzi bwinshi bazashyirirwaho icyiciro cy’umusoro wihariye, kugira ngo intego yo kuzakusanya miliyari igihumbi na magana atanu na mirongo itandatu n’enye na miliyoni magana ane (1,564,400,000,000 FRW) mu mwaka w’Ingengo y’Imari wa 2020/2021 (…)
Ikigo gishinzwe guteza imbere ikoranabuhanga muri Africa ’Smart Africa’ gifite icyicaro i Kigali, cyagiranye amasezerano n’icy’Abanyaziya cyitwa KOMMLABS Pte Ltd, agamije gukwirakwiza amakarita yerekana abo umuntu yahuye na bo bose.
Ubuyobozi bw’Urwego rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa mu Rwanda (RCS) buvuga ko icyorezo Covid-19 cyadutse mu magereza muri Nzeri uyu mwaka wa 2020 kimaze kugera ku bafunzwe 178 barimo 11 bapfuye.
Ubushakashatsi bw’Ihuriro ry’imiryango itanga ubufasha mu by’amategeko (Legal Aid Forum LAF) bwo muri uyu mwaka wa 2020, busaba Leta gusuzuma amategeko agera kuri 264 arimo icyuho mu bijyanye n’uburinganire.
Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame yabwiye Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima(OMS/WHO) ko kanseri y’inkondo y’umura atari iyo kwihanganirwa, kuko yakwirindwa ikanavurwa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyarugenge ku bufatanye n’abashinzwe umutekano hamwe n’abaturage, bazamara uku kwezi k’Ugushyingo 2020 batoragura amacupa ya ’plastique’ atembera muri za ruhurura ziva hirya no hino mu Mujyi wa Kigali.
Nyuma yo gufatwa ku nshuro ya kabiri itubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo Covid-19 no kugira umwanda, Laguna Motel iherereye ku Muhima mu Karere ka Nyarugenge yafunzwe.
Ihuriro ry’imiryango iharanira uburinganire bw’umugore n’umugabo ku isi (MenEngage) ryamaganye abavuga ko umugore wanze ikandamizwa ry’abagabo ari igishegabo, kuko ngo aba yifuza impinduka.
Umuryango Imbuto Foundation hamwe n’abafatanyabikorwa bawo, bongeye guhamagarira urubyiruko rufite imishinga itanga ibisubizo bijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe n’imyororokere, kwitabira amarushanwa.
Inama mpuzamahanga yiswe ‘Ubuntu Symposium’ y’Imiryango iharanira uburinganire bw’abagore n’abagabo ku isi, (MenEngage Alliance), ku wa Kabiri wiki cyumweru yihariwe n’urubyiruko ruvuga ko mu minsi izaza abagabo batazaba bafite imirimo y’urugo banga gukora.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Ugushyingo 2020, inyubako y’isoko ryo mu Gakiriro ko ku Gisozi mu Karere ka Gasabo yafashwe n’inkongi y’umuriro.
Mu Rwego rwo gufasha abayigana kubitsa, kubikuza no kohererezanya amafaranga, ndetse no kwishyura serivisi zitandukanye umuntu atavuye aho ari, Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) yerekanye ikoranabuhanga rya ‘Mobile Banking’.
Urukiko rw’Ubujurire rwasubitse urubanza rwa Bernard Munyagishari uregwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bitewe n’uko ataje mu rukiko aho umwunganizi we yari ari, kubera kwirinda Covid-19.
Kuri uyu wa 12 Ugushyingo 2020, Urukiko rurumva ubujurire bwa Bernard Munyagishari wakatiwe igifungo cya burundu n’Urukiko Rukuru mu mwaka wa 2017, kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.