Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc, asaba Abaturarwanda kurekera buri kinyabuzima cyose ubuturo bwacyo, mu rwego rwo kwirinda ibyorezo n’ibiza birimo kwibasira isi n’u Rwanda by’umwihariko.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ivuga ko ibyumba by’amashuri birenga ibihumbi 22 birimo kubakwa hirya no hino mu gihugu bikeneye umusanzu w’amafaranga cyangwa umuganda bivuye kuri buri Munyarwanda cyangwa inshuti y’u Rwanda.
Polisi y’u Rwanda ifungiye kuri sitasiyo ya Kicukiro abagabo batanu bakurikiranyweho gutwara amafaranga y’abantu, bababeshya ko bazabaha impushya zo gutwara ibinyabiziga.
Polisi y’u Rwanda yerekanye abantu 11 bafunzwe bazira kurenza saa tatu z’ijoro bataragera mu rugo, kubeshya, gucyura abatinze gutaha, ndetse no kwanga kujya gusobanura icyababujije kugera mu rugo ku gihe.
Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Abana (NCC) irashakira abana barenga 493 imiryango ishobora kubarera nk’abayivukamo, ariko ikanasaba Abanyarwanda muri rusange kugira umutima w’impuhwe ukunda abana.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana(UNICEF) rivuga ko umunsi mpuzamahanga w’umwana w’Umunyafurika (kuri uyu wa 16 Kamena 2020), ngo usanze u Rwanda ruhagaze neza mu guha abana ubutabera binyuze mu bigo bya ’Isange One Stop Centers’.
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Ubuzima(RBC), Dr Sabin Nsanzimana, yatangaje ko kuri uyu wa mbere tariki 15 Kamena 2020 mu mujyi wa Kigali hatangira ubushakashatsi bwafasha inzego za Leta kumenya niba abantu basubira mu rugo cyangwa hafatwa izindi ngamba zo kwirinda Covid-19.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyarugenge buvuga ko gahunda ya Minisiteri y’Uburezi yo kubaka ibyumba by’amashuri birenga ibihumbi 22 (bitarenze ukwezi kwa Nzeri 2020), izaca ikibazo cy’ubucucike n’urugendo rurerure byatumaga abana bata ishuri.
Minisiteri y’Ubuzima(MINISANTE) ivuga ko abashinzwe gukumira no kuvura icyorezo Covid-19 bakomeje kubona ibibafasha kwirinda kwandura, birimo ibyatanzwe n’Urugaga rw’Abahanga mu by’Imiti mu Rwanda (Rwanda National Pharmacy Council/RNPC).
Ihuriro ry’Impuzamiryango y’Amadini, Amatorero na Kiliziya Gatolika(RIC) ryishyiriyeho ingamba zakurikizwa mu kwirinda Covid-19 mu gihe cy’amateraniro cyangwa misa, nyuma yo kubisabwa na Guverinoma.
Hari ababyeyi bavuga ko gahunda yo kwigira mu rugo hakoreshejwe televiziyo, telefone, mudasobwa na radiyo itarimo kugenda neza, bitewe n’uko bajya mu mirimo abana bakabura ubafasha gukurikirana amasomo.
Mu bigo nderabuzima byose mu Karere ka Nyarugenge ndetse n’ahahurira abantu benshi nko muri za gare no mu masoko, hari gahunda izamara uku kwezi kwa Kamena, ijyanye no gupima ku bushake indwara y’umwijima (Hépatite B na C).
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) itangaza ko irimo gukora ibarura ry’abana bari kuzatangira ishuri muri 2021, kugira ngo bazatangirane n’abandi muri Nzeri 2020.
Polisi y’u Rwanda yerekanye abasore batandatu ibashinja guhurira mu nzu ikinirwamo ibijyanye n’imikino yo gutega (Betting), hamwe n’umumotari uregwa gusiga abantu amazi ababeshya ko ari umuti wagenewe kwirinda Covid-19 (Sanitizer).
Abahagariye amashuri yigenga mu Rwanda bavuze ko batazapfa kwihutira gufatira abarimu babo inguzanyo igomba kubatunga muri ibi bihe, bitewe no kutizera ko aba barimu bazakomeza kubakorera mu gihe amashuri azaba yongeye gutangira.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), Nyirarukundo Ignatienne avuga ko nta muturage ugomba kwitwaza ihungabana ry’ubukungu ryatewe na Covid-19, ngo areke kwishyura ubwisungane mu kwivuza ‘mituelle de santé’.
Nyuma y’amabwiriza y’Inama y’Abaminisitiri avuga ko ingendo hagati y’Intara n’Umujyi wa Kigali zisubukuwe kuri uyu wa 03 Kamena 2020, bamwe mu bari barahejejwe i Kigali na Covid-19 bishimiye gusubira mu ngo zabo.
Impuzamiryango Pro-Femmes Twese Hamwe iharanira iterambere ry’umugore, ivuga ko abanyamuryango bayo barimo AVEGA Agahozo batazasubira inyuma n’ubwo haba mu bihe bikomeye nk’ibi by’icyorezo cya Covid-19.
Itangazo ryavuye mu Biro bya Minisitiri w’Intebe rivuga ko ingendo hagati y’intara n’Umujyi wa Kigali zitagisubukuwe kuri uyu wa mbere nk’uko byari biteganyijwe, ryasanze hari abaturage bamwe bamaze kwitegura no gusezera aho bari bacumbitse i Kigali.
Kuri uyu wa mbere tariki 01 Kamena 2020, Ikigo kigenzura Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda (CMA) kirakira ikigo cy’ishoramari mu by’ubuvuzi cyo muri Afurika y’Epfo cyitwa RH Bophelo Ltd.
Uruganda rukora sima mu Rwanda (CIMERWA), ruravuga ko rurimo kurwana no kuziba icyuho cyo kubura sima mu gihugu, nyuma y’amabwiriza yo kwirinda Covid-19 yari yarahagaritse ikorwa n’icuruzwa ryayo.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) isaba Abadepite bagize Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo by’Igihugu, gukora ubuvugizi kugira ngo ingengo y’imari yagenewe kuzamura abagore no kwita ku bana yongerwe.
Kuri uyu wa 29 Gicurasi 2020, Urukiko rw’Ubujurire rwa Gisirikare rwahaye igifungo cy’agateganyo cy’iminsi 30 abasirikare babiri muri batanu baregwaga kwiba, gukubita no gusambanya abagore ku gahato muri Kangondo i Nyarutarama.
Ikigo cy’Umunyamerika ufite ubwenegihugu bw’u Rwanda, ‘Daniel Trust Foundation’ giteza imbere impano z’abantu muri Amerika no mu Rwanda, cyashyizeho amarushanwa azavamo ibihembo by’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi 35 kugera kuri 250.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi, Ngarambe François yavuze ko Bosenibamwe Aimé azibukirwa ku mirimo yakoranye n’abagize uwo muryango ndetse n’abaturage muri rusange, iyo mirimo ikaba yarabateje imbere.
Nyuma y’aho byemerejwe ko amashuri azafungura mu kwezi kwa Nzeri 2020 kugira ngo hirindwe icyorezo cya Covid-19, abarimu bigishaga mu mashuri yigenga basabye Leta igisimbura imishahara bahembwaga.
Kuba nta muntu ku isi kugeza ubu wigenera igitsina cy’umwana azabyara, bituma bamwe batishimira kubyara abahungu gusa cyangwa abakobwa gusa. Ibarurishamibare ry’Umuryango w’Abibumbye rivuga ko kugeza ubu isi ituwe n’abaturage bakabakaba miliyari zirindwi na miliyoni 800, harimo abagabo cyangwa abahungu bangana na 50.4%, (…)
Abantu 20 barimo abagore umunani bari mu maboko ya Polisi mu Mujyi wa Kigali, bazira kuba baragiye kota umwotsi w’ibyatsi bishyushye (igikorwa cyitwa Sawuna), nyamara amabwiriza yo kwirinda Covid-19 atabyemera.
Ku itariki ya 21 Werurwe 2020 Minisiteri y’Ubuzima yatangaje amabwiriza yo kwirinda icyorezo Covid-19, ku buryo buri muntu mu Rwanda, aho yari ari hose, urugo yari arimo yahise arugumamo.
Komisiyo y’u Rwanda ikorana n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Ubumenyi n’Umuco(UNESCO), iyi komisiyo ikaba yitwa CNRU(mu mpine), irasaba urubyiruko rw’abanyeshuri kubungabunga ibyanya bikomye bya Gishwati-Mukura n’ishyamba ry’Ibirunga.