Umuryango uharanira iterambere ridaheza no kurinda abanyantege nke ihohoterwa, ‘Federation Handicap International (yiswe Humanity&Inclusion)’ uvuga ko mu ngo z’abantu bifite hakorerwa ihohoterwa rikabije ntibimenyekane, bitewe n’uko haba ari mu bipangu.
Leta ya Suwede yashyikirije u Rwanda inkingo za Covid-19 zo mu bwoko bwa Moderna zigera kuri doze miliyoni imwe ku wa Kane tariki 09 Ukuboza 2021.
Ubushinjacyaha bwa Gisirikare burasabira abarwanyi 37 bo mu mitwe ya P5 na RUD-Urunana(barimo Abarundi bane), igifungo cya burundu nyuma yo kubashinja kugaba ibitero ku Rwanda(mu Kinigi) mu kwezi k’Ukwakira 2019.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwasobanuriye Urwego rw’Umuvunyi icyo burimo gukora kuri ruswa ivugwa mu myubakire no mu itangwa ry’ibyangombwa by’ubutaka.
Leta ya Uganda yatangaje ko Virusi yihinduranyije izwi ku izina rya Omicron yagaragaye muri icyo gihugu gituranye n’u Rwanda.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga akaba n’Umuyobozi w’Inama Nkuru y’Ubucamanza, Dr Faustin Nteziryayo, yatangije icyumweru cyo guhuza inzego zitandukanye zishinzwe ubutabera kugira ngo zishakire umuti ikibazo cya ruswa, aho avuga ko ishobora kubangamira ishoramari mu Rwanda.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ku Cyumweru tariki 05 Ugushyingo 2021, yakiriye mu Biro bye(Village Urugwiro) Abayobozi b’Imiryango mpuzamahanga ishinzwe ubuzima, baganira ku bijyanye n’ubufatanye bwo gukorera inkingo muri Afurika.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yijeje ko igiciro cya Gaz yo gutekesha ubu kigeze ku mafaranga y’u Rwanda ibihumbi 17 ku icupa ry’ibiro 12, kizagabanywa nyuma y’inyigo izarangira tariki ya 13 Ukuboza 2021.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente amenyesha abantu batarimo kwemera gufata urukingo rwa Covid-19 ko batazemererwa kujya mu bandi kugira ngo batabanduza.
Urukiko Rukuru rwa Gisirikare (rukorera i Kanombe) rwagabanyirije ibihano abasirikare babiri(Pte Nishimwe Fidèle na Pte Ndayishimiye Patrick) bashinjwaga gusambanya abantu ku gahato muri Kangondo(Bannyahe) kuko icyo cyaha cyabahanaguweho.
Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International (TI-Rwanda) wasesenguye Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta ya 2019/2020, usanga inzego z’ibanze zikwiye gukurikiranwa mu mikoreshereze y’umutungo wa Leta.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yaburiye Abaturarwanda batazubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 yashyizweho n’Inama y’Abaministiri tariki 28 Ugushyingo 2021, ko bashobora kwikururira ibibazo byo gufatwa bakabihanirwa.
Ishuri Rikuru ry’u Rwanda ryigisha Amahoro(Rwanda Peace Academy) riri mu Karere ka Musanze ryakiriye Abayobozi bakuru barimo Abaminisitiri, Abasirikare bakuru, Abadepite n’abahagarariye imitwe ya Politiki muri Sudani y’Epfo, bakaba baje kwiga gufasha icyo gihugu kongera kwiyubaka.
Ikigo gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi(RAB) cyizeza aborozi b’ingurube ko mu rwego rwo kubabonera ibiryo by’amatungo bihendutse kandi biboneka hafi, cyakoze ubushakashatsi bugaragaza ko amagi y’isazi n’imigozi y’ibijumba byasimbura ibisanzwe bikorwa muri soya n’ingano.
Kompanyi y’indege y’u Rwanda (RwandAir) yatangarije abagenzi bava mu bihugu bya Zimbabwe na Afurika y’Epfo bajya muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu ko ihagaritse kubajyanayo kugeza igihe izatangariza ko izo ngendo zisubukuwe.
Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kuri iki Cyumweru, yafashe imyanzuro ku kwirinda Covid-19, harimo uwo gusaba abantu bose bitabira inama, ibirori, imurikabikorwa, ibitaramo, ubukwe n’andi makoraniro rusange kuba barikingije Covid-19 kandi babanje no kuyipimisha.
Banki ya Kigali yahaye inguzanyo zitagira inyungu zisaga miliyoni 25Frw ba rwiyemezamirimo batandatu batsinze muri gahunda ngarukamwaka ya BK Urumuri, amarushanwa abaye ku nshuro ya gatanu.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame avuga ko inama yahuriyemo n’abandi bakuru b’ibihugu bya Afurika i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo(RDC) ari ingirakamaro mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa, ariko kandi ngo yari ingenzi mu kubaka amahoro mu Karere.
Kuba nta shuri ryigisha kuyobora Akarere, Umurenge, Akagari cyangwa Umudugudu, byatumye Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) itangiza gahunda izamara amezi atandatu yo kujya ihugura Abayobozi bose baherutse gutorwa.
Impuguke mu by’Ubukungu irasobanura impamvu amabanki y’ubucuruzi yungukira Banki Nkuru y’u Rwanda(BNR) amafaranga angana na 5% by’inguzanyo iba yayahaye, ariko abakiriya bajya gusaba inguzanyo muri ayo mabanki, bo bakayungukira arenze 18% by’amafaranga bahawe.
Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere(RGB) rwatangaje Igipimo cy’Iterambere ry’Itangazamakuru mu Rwanda kigaragaza ko Ibitangazamakuru n’abanyamakuru ubwabo, bagikeneye igishoro cy’ubumenyi n’amafaranga byabafasha gukora kinyamwuga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyarugenge hamwe n’abafatanyabikorwa, basabye abagize Inama Njyanama z’Imirenge batowe, guhindura imikorere bakegera abaturage kugira ngo ibibazo bafite birimo n’icyo kutumvikana n’abayobozi babo (hamwe na hamwe) bikemuke.
Ku wa Gatanu tariki 19 Ugushyingo 2021, Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro(RRA) cyashimiye abasora bo mu byiciro bitandukanye, mu muhango ngarukamwa wabaye ku nshuro ya 19, ukaba waritabiriwe n’Abayobozi Bakuru barimo na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.
Mu kiganiro yagiranye n’Umunyamakuru wa Televiziyo Aljazeera mu mpera z’icyumweru gishize, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuze ku mubano w’u Rwanda na Uganda, icyo atekereza kuri opozisiyo hamwe n’ibijyanye no gukomeza kuyobora u Rwanda.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (Rwanda Revenue Authority/RRA) cyatangaje ko mu ngamba cyafashe kugira ngo kizinjize imisoro cyifuza muri uyu mwaka wa 2021/2022, harimo gahunda yo kugenzura imipaka y’igihugu hakoreshejwe utudege tutagira abaderevu (drone) hamwe na ‘Camera’.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakomoje ku kibazo cy’abamaze igihe binubira kuba bahanirwa umuvuduko ukabije, ko hakwiye kubaho kongera uwo bagabanyije cyane, ariko na none abatwaye ibinyabiziga bakirinda umuvuduko ukabije.
Abayobozi b’inzego zishinzwe Ubutabera n’Ubucamanza mu Rwanda hamwe n’Imiryango mpuzamahanga yafashije Leta gutanga ubutabera nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, biyemeje kumvisha amahanga ko agomba gufatira ingamba abakekwaho Jenoside bacyidegembya.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) itangaza ko ingengo y’Imari y’umwaka wa 2021/2022 ya miliyari imwe y’Amafaranga y’u Rwanda yari yagenewe kuhira imyaka ku buso buto buto mu Ntara y’u Burasirazuba, yiyongereyeho andi miliyari imwe na miliyoni 200 mu rwego rwo guhangana n’amapfa.
Minisiteri y’Ubuzima(MINISANTE) yasabye inzego ziyobora abakora mu bijyanye n’Ubuzima bose kubategeka gufata urukingo rwa Covid-19 bitarenze iminsi 10 guhera igihe izo nzego zakiririye urwandiko.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko yatangiye gutanga ikinini cy’inzoka guhera kuri uyu wa Mbere tariki 15 Ugushyingo 2021. Biteganyijwe ko abantu bose bagomba kugihabwa guhera ku mwana kugera ku mukuru.