Mu nama yo kwemeza ingengo y’imari ivuguruye 2015/2016 y’Akarere ka Kirehe yateranye ku wa 22 Mutarama 2015 hiyongereyeho amafaranga miliyoni 385 n’ibihumbi 625 na 091 angana na 4%.
Mu ruzinduko abadepite bagiriye mu nkambi ya Mahama ku wa 23/01/2016, bishimiye isuku basanganye impunzi, basaba ko bimwe byakosorwa kugira ngo irusheho kwiyongera.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Baturage (UNFPA) ryashyikirije Ibitaro bya Kirehe ibikoresho bitandukanye bizifashishwa ku bagore babyara n’abandi bafite ibibazo byo mu nda.
Umugore w’imyaka 64 wo mu Kagari ka Nyakabungo, Umurenge wa Mpanga mu Karere ka Kirehe, yapfuye tariki 18/01/2016, abandi umunani barimo umugabo we n’abana be bacibwamo, nyuma yo kunywa ikigage bikekwa ko cyahumanyijwe.
Mu gihe agakiriro ka Kirehe kafunguriwe abubatsi,ababaji n’abandi banyabukorikori kuwa 18/01/ 2016 bamwe mu bahakoze barataka inzara bitewe n’ubwambuzi bakorewe.
Ntawera Alphonse w’imyaka 45 wo mu Kagari ka Rwesero mu Murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirehe ari mu maboko ya Polisi ashinjwa kwica umugore we.
Abarangije amashuri yisumbuye bari mu Itorero ry’Igihugu mu Karere ka Kirehe, ku wa 17/01/2016 bahawe izina ry’ubutore “Inkomezabigwi” n’icyivugo, nk’uburenganzira bwo kwitwa Intore.
Basanze umurambo wa Niyonzima Benjamin w’imyaka 24 wo mu Kagari ka Nyabitare mu Murenge wa Nyarubuye mu murima w’ibigori nyuma y’iminsi itatu yaraburiwe irengero.
Inama ya Njyanama y’Akarere irangiza igihembwe cya 2 cy’umwaka 2015/2016 yateranye ku wa 14/01/2016 bishimira ibyo bagezeho muri bashoje.
Uwamahoro Ange wo mu Kagari ka Kirehe mu Murenge wa Kirehe yatemye mu mutwe umugabo we Niyibizi Samuel mu ijoro ryo kuwa 11 Mutarama 2016 amusanze ku “nshoreke ye”.
Bamwe mu bana baturiye Santere ya Nyakarambi mu Karere ka Kirehe batunzwe n’imyanda ituruka muri resitora bikanababera intandaro y’uburara.
Abaturage begereye isantere ya Nyakarambi barasaba Leta kububakira inzu zasenywe na Ruhurura inyuramo amazi aturuka mu bikorwa Remezo by’Akarere hagatunganywa n’inzira y’amazi.
Abarangije ayisumbuye 1503 bo mu karere ka Kirehe basanga itorero ry’igihugu rizabungura byinshi mu muco n’indangagaciro z’Umunyarwanda bakemeza ko bazabisangiza abandi.
Uwimana Consolata, umukinnyi w’ikinamico uzwi nka Nyiramariza m’ Urunana na Manyobwa muri Musekeweya avuga ko byamufashije kurihira abana batanu amashuri kandi agahindura benshi.
Mu guteza imikino imbere hateguwe isiganwa ry’amagare “Tours” de Kirehe kuwa 08/01/2016 ubuyobozi bwasanze mu karere hari impano yo gusiganwa ku magare.
Mukashema Jeanne wo mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza, avuga ko yahungiye i Kirehe umugabo we wamuhohoteraga.
Butera Antoine Gitifu w’akagari ka Rwasero mu murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirehe, afunzwe akekwaho gushaka gusambanya umugore w’umuturanyi we.
Polisi y’igihugu ikomeje uruzinduko mu Karere ka Kirehe iasuzuma uko ibibazo by’ihohorerwa bihagaze no kwigisha abaturage kuryirinda.
Abakirisitu ba Paruwasi ya Gashiru mu Karere ka Kirehe ku wa 02 Mutarama 2016 batashye inyubako nshya ya Paruwasi bahamya ko izatuma ukwemera kwabo kwiyongera.
Abarobyi bo mu murenge wa Nasho muri Kirehe, basanze umurambo w’Umugabo mu kiyaga cya Rwakigeri ariko ntibabasha kumenya umwirondoro we.
Akarere ka Kirehe kishimiye uko amatora ya Referandumu yagenze gahembera Umurenge wa Kigarama wabaye uwa mbere mu karere mu gutora “Yego”.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa 24 Ukuboza 2015 abana babiri b’abakobwa bagwiriwe n’ikirombe mu Kagari ka Kankobwa mu Murenge wa Mpanga bacururaga itaka ryo gukurungira inzu bahita bapfa.
Ruzindana André w’imyaka 37 wari umupagasi mu kagari ka Cyanya Umurenge wa Kigarama barakeka ko yiyahuye nyuma yo gusanga umurambo we mu kizenga cy’amazi.
Abatuye Akarere ka Kirehe barashima Leta y’u Rwanda kuri gahunda ya Gira inka, kuko ifasha abakene mu iterambere no mu mibereho myiza.
Nkunzumuryango Feston w’imyaka 18 wo mu kagari ka Nasho Umurenge wa Mpanga mu karere ka Kirehe yarohamye kagera ubwo yageragezaga kwiyambutsa mu bwato.
Nzamukosha Espérence w’imyaka 56 wo mu Kagari ka Butezi mu Murenge wa Gahara yasanzwe ku nzira yapfuye bakekako yishwe n’umuhungu we wamuhozaga ku nkeke.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kirehe baravuga ko batoye neza ariko ngo ibyishimo ntibiza bataramenye icyavuye mu byo batoye ngo umutima ubashe gusubira mu gitereko.
Abaturage bo mu Murenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe basanga intumwa za Rubanda zikwiriye igihembo nyuma yo kumva ubusabe bwabo bakaba bafite icyizere cyo kugumana Perezida Paul Kagame.
Bamwe mu barundi bahungira mu Rwanda bemeza ko mu gihugu cyabo abicanyi bakomeje kwibasira abaturage babashinja gukorana n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi buriho.
Abadepite baravuga ko nk’intumwa za rubanda, bashyize mu bikorwa ibyifuzo by’abaturage; bakabasaba kwitabira amatora ya referandumu tariki 18 Ukuboza 2015.