Itsinda ry’abadepite bashinzwe komisiyo y’ububanyi n’amahanga, ubutwererane n’umutekano ryagendereye Akarere ka Kirehe risanga inguzanyo imishinga ihabwa na leta ikoreshwa neza.
Abatuye Kirehe barishimira serivisi yo kubaga indwara y’ishaza mu maso begerejwe, bamwe muri bo bafataga nk’amarozi.
Umunyamabanga nshingwabikorwa umwe w’umurenge n’abandi batatu b’utugari bandikiye ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe basaba kwegura ku mirimo yabo k’ubushake.
Abanyeshuri batatu bo mu Rwanda batsinze amarushwanwa yo ku rwego rw’isi yo kuvuga no kwandika neza igishinwa.
Sogonya Hamissi umutoza wa Kirehe FC, yemeza ko ibihe byiza ikipe ye irimo biva ku mikorere myiza ya Komite nyobozi y’ikipe ikurikirana ubuzima bw’abakinnyi umunsi ku wundi.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’amashuri cya Bisagara, mu murenge wa Mushikiri muri Kirehe bwemeza ko ubucucike mu mashuri ari imbogamizi ku ireme ry’uburezi.
Abasaga 100 bo mu Murenge wa Kirehe bahagaritswe mu kazi ka VUP bemeza ko byatewe n’amakosa hashyirwa abantu mu byiciro by’Ubudehe.
Abakinnyi ba Musanze FC batunguye abitabiriye umukino wabahuje na Kirehe FC ku ya 16 Ukwakira 2016, binjira mu kibuga banyuze mu myenge y’ibiti by’uruzitiro rugikikije.
Nyuma yo gusanga hari ibibura, FERWAFA yatanze itariki ya 8 Ukwakira kuba Kirehe FC yujuje ibisabwa mu byumweru bibiri ngo shampiyona itangire.
Abadepite banenze bamwe mu baturage b’Akarere ka Kirehe bafite umwanda mu bwiherero kuko ngo bishobora kubatera indwara zitandukanye.
Imvura ivanze n’umuyaga yasambuye amashuri, amazu y’abaturage 35, inangiza bimwe mu bicuruzwa,mu murenge wa Nasho, mu karere ka Kirehe.
Niyobugingo Givence wo mu Murenge wa Nyamugari, Akarere ka Kirehe, yatoye umwana w’uruhinja mu murima agihumeka, bigaragara ko akivuka.
Abaturage bo muri Kirehe bahangayikishijwe n’izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa ku isoko kuburyo hari aho ngo byikubye kabiri.
Bamwe mu mpunzi zo mu nkambi ya Mahama bamaze umwaka batuye muri shitingi, bavuga ko igihe cy’imvura bashobora kuvirwa.
Abatuye mu Kagari ka Ruhanga,Umurenge wa Kigina Akarere ka Kirehe, barinubira ubuyobozi bubasenyera butabanje kubamenyesha ko bubaka binyuranyije n’amategeko.
Abakora imyuga itandukanye mu karere ka Kirehe, babangamiwe na bagenzi babo, banze kuza gukorera mu gakiriro bubakiwe.
Abana mu nkambi ya Mahama bemeza ko ururimi rw’Icyongereza ruri mu bituma bamwe bava mu ishuri kuko iwabo i Burundi bari bamenyereye kwiga mu rurimi rw’Igifaransa.
Muhawenimana Angelique w’imyaka27, wo mu Kagari ka Kiramira mu Murenge wa Kigarama i Kirehe avuga ko ababyeyi be bamufungiye mu nzu nyuma yo guhura n’ubumuga bwo kutabona.
Umuyobozi w’akarere ka Kirehe asanga kuba ikipe ya Kirehe FC yinjiye mu cyiciro cya mbere ari ibyo yakoreye, yemeza ko igiye kurushaho kwitwara neza ikaguma muri icyo cyiciro.
Mu mikino ya Playoffs yabereye i Kirehe muri shampiyona ya Volleyball,ikipe ya UNIK yahoze yitwa INATEK yatsinzwe n’amakipe yose itwara igikombe nyuma yo kwitwara neza mu mikino ya mbere.
Mu mikino yo gushaka itike yo kwinjira mu cyiciro cya mbere gusimbura Muhanga FC na Rwamagana FC zamanutse mu cya kabiri, Kirehe FC yateye intabwe itsinda Etoile de l’Est 2-0.
Irondo ryo mu Kagari ka Kankobwa mu Murenge wa Mpanga i Kirehe ryakijije umugore umugabo we yari amaze gutera icyuma ashaka kumwica.
Mu Karere ka Kirehe mu Murenge wa Kigarama hagaragaye umurambo w’umukobwa wiyahuje umuti wa Tiyoda, no mu Murenge wa Musaza hagaragara umurambo w’umukecuru wimanitse mu mugozi.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Kirehe rurasabwa gukoresha imbuga nkoranyambaga mu kurushaho kumenyekanisha isura y’igihugu mu iterambere.
Leta ya Korea ikomeje gufasha impunzi mu nkambi ya Mahama ibagenera ibikoresho byo kuringaniza imbyaro no kurinda indwara zifatira mu mibonano mpuzabitsina.
Abafite ubumuga bw’amaboko barishimira insimburangingo bahawe, bakavuga ko bagiye kwiteza imbere bagakora ibyo batajyaga batinyuka gukora ku mpamvu y’ukuboko kumwe.
Abana baba mu nkambi ya Mahama bafashe umugambi wo gukorera indoto zabo, nyuma yo kumva ubuhamya bwa Malala Yousafzai wanyuze mu bihe bikomeye.
Umuyobozi w’umushinga Parthners in Health aremeza ko mu Karere ka Kirehe hagiye kubakwa inzu nini mu gihugu izatanga serivisi zo kwita ku bana bavukana ibibazo hakubakwa n’ishuri ry’ubuvuzi.
Nyuma y’urupfu rw’Umurundikazi Hafsa Mossi wari umudepite muri EALA rwabaye mu gitondo ku wa13 Nyakanga 2016, impunzi mu Nkambi ya Mahama zirakeka ko yazize guhangayikishwa n’ubuzima bwazo.
Abahinzi bibumbiye muri Koperative COOPRIKI-Cyunuzi bahinga umuceri mu bishanga bya Cyunuzi-Kibaya muri Kirehe na Ngoma barishimira iterambere bagejejweho n’ubuhinzi bw’umuceri aho babona asaga miliyari ku mwaka.