Majoro Bernard Ntuyahaga nyuma yo guhamwa n’icyaha mu kugira uruhare mu iyicwa rw’abasirikare 10 b’Ababirigi akarangiza igihano cy’imyaka 20 yakatiwe, arabarizwa I Mutobo aho yishimira uburyo yakiriwe mu gihugu cye cy’u Rwanda.
Abanyarwanda baba mu mahanga biyemeje gufasha urubyiruko rwo mu Ntara y’Amajyaruguru muri gahunda y’ubworozi bw’amatungo magufi, hagamijwe kuruhangira imirimo no kurukura mu bukene.
Umurenge wa Cyuve uherereye mu karere ka Musanze wiyuzurije inyubako y’ibiro byawo nshya, ijyanye n’igihe, akaba ari mu rwego rwo kwesa umuhigo akarere kihaye wo kugira ibiro by’imirenge by’icyitegererezo, hagamijwe guha abaturage serivise inoze.
Raporo nshya y’Umuryango Transparency International Rwanda yagaragaje ko ruswa yatanzwe muri 2018 isaga miliyari 8Frw.
Bamwe mu rubyiruko bo mu Murenge wa Bungwe mu Karere ka Burera, bavuye mu kigo ngororamuco cy’Iwawa bashinja Leta kutabaha ubufasha yabemereye ngo batangire ubuzima bushya.
Minisiteri y’Uburezi (MINDUC) yaburiye abayobozi b’ibigo n’abashinzwe uburezi mu turere n’imirenge ko bashobora kuryozwa mudasobwa zisaga 600 zaburiwe irengero.
Itegeko rishya rigenga umurimo ryasohotse mu igazeti ya Leta muri Nzeri 2018, rihana umukoresha wese umyuranyije n’iryo tegeko ry’umurimo no kurengera uburenganzira bw’umukozi.
Nshimiyimana Jerôme ucururiza butike mu kagari ka Rwebeya mu murenge wa Cyuve akarere ka Musanze, arishimira ko yarokotse impanuka y’imodoka yamusanze muri butike ye arokokana n’abakiriya babiri.
Musabyimana Agnès umubyeyi w’imyaka 29, nyuma y’inzira ndende yanyuzemo yitoza gusiganwa ku maguru, inzozi ze zibaye impamo aho amaze gutsindira itiye yo guhagararira u Rwanda mu marushanwa y’isi azabera muri Denmark muri Werurwe 2019.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatahuye ko mu byica ireme ry’uburezi harimo n’abashinzwe uburezi mu turere n’imirenge bakingira ikibaba abayobozi b’ibigo by’amashuri bakora nabi.
Abari ba rushimisi muri Pariki y’ibirunga mu karere ka Musanze, barishimira iterambere bagezeho nyuma yo kwibumbira mu makoperative anyuranye ahuriye mu kigo Gorillas Gardians gikora ubukerarugendo bushingiye ku muco, aho buri kwezi binjiza amafaranga asaga miliyoni 5.
Miliyari 30 z’amafaranga y’u Rwanda niyo ngengo y’imari izifashishwa muri gahunda yo guhugura abarimu mu rurimi rw’icyongereza n’imibare, yateguwe na Leta y’u Rwanda binyuze mu mushinga wayo BLF (Building Learning Foundations).
Kunywera kanyanga mu gihugu cya Uganda bagataha basinze ni yo mayeri bamwe mu batuye Umurenge wa Bungwe muri Burera basigaye bifashisha binjiza ibiyobyabwenge mu Rwanda.
Abaturage bibumbiye mu makoperative yo mu Karere ka Musanze bagaragarije abadepite babasuye ko bari mu bihombo batewe n’ibibazo byinshi biri mu makperative.
Abatuye n’abakorera mu Mujyi wa Musanze, baratabaza inzego zibishinzwe kubera ubujura bubugarijwe bwahimbwe izina ryo “Guta igikofi”, kwamburirwamo abenshi mu baturage.
Ubwiyongere bw’abaturage bagwa mu mpanuka bacukura amabuye y’agaciro bukomeje kwiyongera, aho mu mezi umunani ashize mu Rwanda zimaze guhitana abagera kuri 80.
Amafaranga asaga miliyari 1Frw amaze kuburirwa irengero mu bigo by’amashuri bigera kuri 500 byakoreweho igenzura, bigize Intara y’Amanyaruguru.
Umukino usoza Shampiyona y’abafite ubumuga ku rwego rw’igihugu yari igeze ku munsi wayo wa nyuma, yashoje Musanze inyagiye Gakenke ibitego 12-0.
Ndagijimana Juvenal, umwuzukuru wa Rukara wo mu Murenge wa Gahunda mu Karere ka Burera, aravuga ko umuryango wabo wifuza guhura n’umuryango wa Padiri Rupias wishwe na Rukara, bakiyunga.
Abagize itsinda rishinzwe imyigishirize y’igishinwa mu Rwanda, bemereye ishuri rya Wisdom abarimu b’impuguke mu kwigisha ururimi rw’igishinwa.
Nyiramukiza Alvera aragira inama abana bakiri bato bakomeje kubyara imburagihe nyuma, y’ingaruka byamugizeho nyuma yo kubyara umwana afite imyaka 14.
Maniragaba Léonard yinjiza asaga ibihumbi 300 ku kwezi nyuma yo gushora amafaranga ibihumbi 60Frw atangirira ku nkoko 30.
Ubuyobozi burizeza abatuye Akarere ka Gakenke ko batazongera kubura serivisi z’ubuvuzi, kuko ibitaro bya Gatonde bimaze imyaka 19 bategereje bigiye kuzura.
Abahinzi b’ibirayi barinubira akajagari kagaragara mu icuruzwa ry’ibirayi, aho bemeza ko ubujura bukorerwa mu makoperative bubateza ibihombo kubera abamamyi.
Urukiko rwisumbuye rwa Musanze, rwagize umwere Munyarugendo Manzi Claude n’abandi batandatu bari bafunganye, nyuma yo gusanga ibyaha bashinjwaga ku rupfu rw’umwana no gushinyagurira umurambo nta shingiro bifite.
Imanizabayo Claudine arashakisha iwabo nyuma y’imyaka ibiri amaze muri Uganda, aho avuga ko yatorokanwe n’umugore washakaga kumushora mu buraya bukorerwa mu kabari ke.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney yagereranyije abakozi ba Leta birengagiza umwanya wa siporo ya buri wa gatanu bagenewe na Leta, nk’imungu zimunga umutungo wa Leta.
Ubuyobozi bw’akarere ka Musanze, bukomeje gusaba abaturage kwirinda kugura no kugurisha amafi mu masoko, nyuma yuko habonetse amafi menshi yapfuye mu ruzi rwa Mukungwa.
Ishuri rikuru INES-Ruhengeri, ryishyuriye mituweri abaturage 1520 batishoboye ku wa 21 Nzeri 2018, abishyuriwe basabwa guharanira kwishakamo ibisubizo badateze amaso imfashanyo.
Abakorera ubucuzi bo mu Murenge wa Rwamiko mu Karere ka Gicumbi, barasaba Leta ibikoresho ngo barusheho kunoza ibishyirwa ku isoko muri gahunda ya “Made in Rwanda.”