Abaturage bibumbiye muri Koperative COOPRIKI bahinga umuceri mu gishanga cya cyunuzi kitandukanya Akarere ka Kirehe na Ngoma, bararira ayo kwarika nyuma yuko imvura yangije umuceri wabo uhinze k’ubuso bwa hegitari 400.
Police y’u Rwanda yagiranye amasezerano na Polisi ya Tanzaniya mu bufatanye mu kubungabunga umutekano hagati y’umupaka uhuza ibyo bihugu, hagamijwe ubuhahirane.
Abanyeshuri 10 b’abakobwa bo ku kigo cy’amashuri cya GS Mpanga, muri Kirehe, bari kwa muganga nyuma yo gufatwa n’indwara itaramenyekana.
Polisi y’igihugu ikorera mu Ntara y’Iburasirazuba irakangurira ababyeyi kwita ku burere bw’abana babo bakababa hafi bakabarinda impanuka zo mu muhanda.
Abageze mu zabukuru bibumbiye muri Koperative “Sindagira” bo Karere ka Kirehe bararega ubuyobozi bw’umurenge kurigisa imodoka biguriye babwirwa ko igiye gukorwa.
Abatuye kagari ka Kiyanzi Umurenge wa Nyamugari muri Kirehe, barishimira bishyize hamwe biyubakira ivuriro rihagaze Miliyoni 51Frw, kugira ngo biyegereze serivisi z’ubuvuzi.
Umutoza Okoko Godfrey wa Mukura yatangaje ko mu ikipe hari abantu bazana umwuka mubi, bagaragaza ko batamushyigikiye ibyo bikaba imbarutso yo kutitwara neza kw’ikipe.
Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi gihuza Kirehe na Ngoma batangaza ko basigaye babona umusaruro mwinshi nyuma yo kureka guhinga mu kajagari.
Mu gukomeza kwitegura imikino yo kwishyura muri shampiyona y’u Rwanda, Kirehe FC imaze gusinyisha abakinnyi bane, mu gihe batatu bategerejwe.
Nyiramahoro Theopiste wagaragaye mu nama y’igihugu y’Umushyikirano iherutse, abikesha gushirika ubute agashaka icyamuteza imbere nyuma y’ubukene yabayemo.
Aborozi bo mu Karere ka Kirehe batangaza ko batewe n’icyorezo cy’amasazi yibasira inka zabo, bigatuma zitarisha bityo umukamo w’amata ukagabanuka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe buraburira abahinzi ko nibakomeza kotsa ibigori, umusaruro wabyo uzagabanura, bagahomba kandi bagomba kubona inyungu bakikenura.
Aborozi bo mu Karere ka Kirehe bibasiwe n’indwara yafashe urubingo bagaburiraga amatungo yabo, bigatuma asigaye yicwa n’inzara.
Abakora muri serivisi z’ubuvuzi bo mu Karere ka Kirehe, basoje itorero ry’Impeshakurama, batangaza ko ibyo barikuyemo bizabafasha kurushaho guha serivisi nziza ababagana.
Abagore b’impunzi mu nkambi ya Mahama bavuga ko kwigishwa n’abagore b’abanyarwandakazi kuboha uduseke byabafashije kugira icyizere n’icyerekezo cy’iterambere.
Ubuyapani bwahaye imfashanyo y’ibiribwa impunzi zo mu nkambi ya Mahama mu rwego rwo kurwanya ikibazo cy’imirire mibi gikomeje kwibasira abana bo muri iyo nkambi.
Umutoza Sogonya Hamisi wa Kirehe FC avuga ko ikipe ye igiye kwerekana ko ikomeye itsinda umukino w’ikirarane uyihuza na APR FC kuri uyu wa Gatatu
Abafana batandukanye ba Kirehe FC batangaza ko bababajwe no kuba bataremerewe kwinjira mu mukino wahuje ikipe yabo na SC Kiyovu.
Ingabo z’u Rwanda zambutse umupaka wa Rusumo zinjira mu Rwanda nyuma yo gusoza imyitozo izwi nka “Ushilikiano Imara” yaberaga muri Kenya.
Ababyeyi bo muri Kirehe batangaza ko banejejwe na serivisi begerejwe, yita ku bana bavutse batagejeje igihe (Néonatologie) kuko yatumye abana babo bagira ubuzima.
Itsinda ry’abadepite bashinzwe komisiyo y’ububanyi n’amahanga, ubutwererane n’umutekano ryagendereye Akarere ka Kirehe risanga inguzanyo imishinga ihabwa na leta ikoreshwa neza.
Abatuye Kirehe barishimira serivisi yo kubaga indwara y’ishaza mu maso begerejwe, bamwe muri bo bafataga nk’amarozi.
Umunyamabanga nshingwabikorwa umwe w’umurenge n’abandi batatu b’utugari bandikiye ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe basaba kwegura ku mirimo yabo k’ubushake.
Abanyeshuri batatu bo mu Rwanda batsinze amarushwanwa yo ku rwego rw’isi yo kuvuga no kwandika neza igishinwa.
Sogonya Hamissi umutoza wa Kirehe FC, yemeza ko ibihe byiza ikipe ye irimo biva ku mikorere myiza ya Komite nyobozi y’ikipe ikurikirana ubuzima bw’abakinnyi umunsi ku wundi.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’amashuri cya Bisagara, mu murenge wa Mushikiri muri Kirehe bwemeza ko ubucucike mu mashuri ari imbogamizi ku ireme ry’uburezi.
Abasaga 100 bo mu Murenge wa Kirehe bahagaritswe mu kazi ka VUP bemeza ko byatewe n’amakosa hashyirwa abantu mu byiciro by’Ubudehe.
Abakinnyi ba Musanze FC batunguye abitabiriye umukino wabahuje na Kirehe FC ku ya 16 Ukwakira 2016, binjira mu kibuga banyuze mu myenge y’ibiti by’uruzitiro rugikikije.
Nyuma yo gusanga hari ibibura, FERWAFA yatanze itariki ya 8 Ukwakira kuba Kirehe FC yujuje ibisabwa mu byumweru bibiri ngo shampiyona itangire.
Abadepite banenze bamwe mu baturage b’Akarere ka Kirehe bafite umwanda mu bwiherero kuko ngo bishobora kubatera indwara zitandukanye.