Umuyobozi w’Akagari ka Kabirizi mu Murenge wa Gacaca mu karere ka Musanze, aranengwa ko akagari ayobora nta mashanyarazi gafite mu gihe umuyoboro wayo unyura kuri metero eshatu uvuye ku nyubako y’ako kagari.
Abavuka mu karere ka Gakenke batuye cyangwa bakorera ibikorwa binyuranye hanze y’ako karere, baremeza ko igihe kigeze ngo bashore imbaraga zabo mu iterambere ry’ako karere.
Abavuzi gakondo baranenga abasuzugura umwuga wabo babita amazina asebanya n’andi abatesha agaciro kandi ngo hari uruhare runini mu buzima bw’abaturage.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru buranenga bikomeye ubw’inzego z’ibanze zimwe na zimwe zigize iyo Ntara, buvuga ko abaturage bakomeje kugana intara bazanye ibibazo biciriritse byagombye kuba byarakemukiye mu nzego z’ibanze zirimo n’umudugudu.
Abahinzi bo mu Murenge wa Mutete mu Karere ka Gicumbi, bari mu gahinda nyuma y’uko bari babonye umusaruro mwinshi w’ibijumba, ariko bikaba birimo kwangirika kubera ko babiburiye isoko.
Musabyimana Léocadie wo mu kagari ka Bikara umurenge wa Nkotsi i Musanze, arasaba ubufasha nyuma yo kubagwa ikibyimba mu nda bimuviramo kanseri, none arembeye mu rugo nyuma yo kubura ubushobozi.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi Jean Marie Vianney ngo yatunguwe no kumva ko mu ntara ayoboye hakiri cy’abana b’inzererezi, yiyemeza kugishakira umuti.
Umwana w’imyaka 14 wo Mu Murenge wa Gashaki Akarere ka Musanze, wasambanijwe n’umuturanyi wabo, ubu yamaze kwibaruka.
Umubyeyi witwa Maniraguha Claudine wo mu Karere ka Burera yabyaye abana batatu b’abakobwa, nyuma y’uko ibise bimufashe akimara gutora.
Munyakaragwe Félicien, wo mu Murenge wa Nkotsi mu Karere ka Musanze, arashimira FPR-Inkotanyi yamugaruriye icyizere cy’ubuzima, nyuma yo kwamburwa agaciro yirukanwa no mu ishuri azira ubumuga afite.
Mu gihe indwara zitandura zikomeje guhitana umubare munini w’abanyarwanda, INES-Ruhengeri yiyemeje guhuza abashakashatsi banyuranye, hagamijwe gushakira hamwe umuti w’icyo kibazo.
Abatuye Umurenge wa Rwaza mu Karere ka Musanze barashimira FPR - Inkotanyi yabagejeje kuri byinshi ariko ngo bakeneye umuriro n’ubwo bizeye kuzakorerwa ubuvugizi bakawubona nyuma y’amatora.
Dr Chales Murigande, umuyobozi wungirije wa Kaminuza y’u Rwanda ushinzwe iterambere, ntiyari azi ko ikigo cyahoze kitwa GLMC cyahindutse agashami k’ishuri ry’itangazamakuru rya Kaminuza y’u Rwanda.
Hakizabose Jean Bosco wo mu Kagari ka Gakingo, Umurenge wa Shingiro i Musanze, arashimira FPR-Inkotanyi yamuteje imbere, nyuma yo gufatirwa mu bitero by’abacengezi aho kwicwa agahabwa amafaranga y’imperekeza.
Ngenzahimana Bosco uzwi ku izina rya Rwarutabura yavuze atebya ko yatangiye gufana Rayon Sports akiri mu nda ya nyina, ngo n’umugore we ni umufana ukomeye wambara n’umwenda w’imbere w’umweru n’ubururu.
Nyirahabizanye Agnès wo mu Kagali ka Cyanya, Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, umugore w’imyaka 51 arashimira Umuryango wa FPR-Inkotanyi wamukuye mu bihuru aho yabanaga n’abana be batanu iramwubakira.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI), binyuze mu mushinga“National Agriculture Assurence” uyishamikiyeho, iri muri gahunda y’ubukangurambaga mu gufasha aborozi gushinganisha amatungo maremare.
Abatuye Umurenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke, barasaba kurenganurwa bagahabwa serivise z’ubuvuzi, nyuma yuko batanze mituweri bifashishije urubuga rw’irembo bashyiriweho n’umurenge, umukozi w’urwo agatorokana amafaranga yose batanze.
Raporo y’Urwego Ngenzuramikorere rw’igihugu (RURA) yashyize KT Radio mu ma radiyo atatu aza ku isonga mu gusakaza amajwi ku buso bunini mu Rwanda.
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta Johnson Businge, aranenga abaturage bakigendera ku myumvire ya kera aho ihohoterwa ryakorwaga bakabifata nk’umuco.
Ishuri rya Wisdom riherereye mu Mujyi wa Musanze, no mu mashami yaryo y’ i Nyabihu, Rubavu na Burera, ryatangije gahunda yo kwigisha ururimi rw’igishinwa, hagamijwe gutoza abana umuco wo kuzabasha kurenga imbibi z’u Rwanda bashaka ubuzima.
Min w’ingabo z’u Rwanda Gen James Kabarebe ashimangira ko ishuri rikuru ry’ingabo z’u Rwanda, ari urufunguzo rw’imibanire myiza no kubaka umutekano urambye mu bihugu bya Afurika no ku isi muri rusange.
Uwera Chemsa kuri ubu afite umwana w’umwaka umwe,yatewe inda n’umushoferi wamushukishije lufuti kandi ataruzuza imyaka y’ubukure.
Ku munsi wa 25 wa shampiyona y’umupira w’amaguru m’u Rwanda,mu mikino umwe wabaye kuri uyu wa kane wahiriye APR FC nyuma yo gusura Musanze FC ikayitsinda ibitego 2-1.
Ndandu Marcel, Umunyamabanga Nshingabikorwa w’Umurenge wa Rurembo mu Karere ka Nyabihu, yagaragaye yikoreye umutwaro w’inkwi yari yakiriye umucecuru bitangaza benshi mu bamubonye.
Abanyeshuri biga muri kaminuza n’amashuri makuru anyuranye barasabwa kugira uruhare mu gukumira Jenoside n’ingengabitekerezo yayo kandi banabika amateka yayo mu nyandiko.
Minisitiri w’intebe Dr Edouard Ngirente, avuga ko mu bushakashatsi bwakozwe mu mwaka wa 2016, bugaragaza ko umubare w’abana bagwingira wagabanutse ku kigereranyo cya 13%.
Ibihugu bya Afurika bikomeje inzira yo kwishakamo ibisubizo mu kwicungira umutekano no guhosha amakimbirane hagati yabyo, bitegura igisirikare gifite ubumenyi buhanitse mu gucunga umutekano wa Afurika.
Minisitiri w’Ingabo Gen. James Kabarebe yemeza ko muri iki gihe iterambere ryageze hose, ingabo zidakwiye gusigara nta bumenyi buhagije zifite mu kurinda umutekano.
Abakobwa babiri biga mu Ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri batewe ibyuma n’a bantu bataramenyekana, babasanze mu cyumba bari bacumbitsemo.