Mu rukerera rwo ku wa 13 Gashyantare 2018, ingabo za Congo, FARDC, zagabye igitero ku Ngabo za RDF zifite ibirindiro mu Kagali ka Mugali, Umurenge wa Shingiro, Umudugudu wa Terambere wo mu Karere ka Musanze.
Abana 71 biga mu Rwunge rw’amashuri rwa Muko mu Karere ka Musanze, baguwe nabi n’ifunguro rya saa sita fatiye ku ishuri kuri uyu wa Gatatu tariki ya 14 Gashyantare 2018.
Harerimana Fatou, Visi Perezida w’inteko ishinga amategeko umutwe wa Sena, arasaba abagore kudakoresha uburenganiza bwabo mu guhohotera abagabo.
Mugwaneza Arthur ni umwe mu bahamya ko umwana wananiranye ashobora kwisubiraho agasubiza ubuzima bwe ku murongo kugeza n’aho atsinda neza.
Nikubwayo Yves na bagenzi be mu gihe kiri imbere baraba binjiza amamiriyoni babikesha uruganda rukora amavuta n’umutobe batangije.
Abana bari kumwe n’ababyeyi babo bafungiye muri Gereza ya Musanze bakorewe ibirori bya Noheli banemererwa amata ahoraho azabafasha kurwanya imirire mibi.
Musenyeri Servilien Nzakamwita, umushumba wa Diyosezi ya Byumba yemeza kuba inda z’imburagihe zikomeje kwiyongera mu bangavu ziterwa no kuba abana basigaye baregerejwe udukingirizo.
Nyirazamani Louise ahangayikishijwe n’ubushobozi buke bwo kurera abana batatu yabyaye, kuko Leta yamushyize no mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe.
Muri raporo ya Minisiteri y’ibikorwaremezo mu mezi atatu shize abaturage 162 bapfuye bazize impanuka,inyinshi murizo ni iziterwa n’uburangare bw’abatwara ibinyabiziga bakoresha terefone n’ibindi.
Shirimpumu Jean Claude uhagarariye aborozi b’ingurube ku rwego rw’igihugu, yafashe icyemezo asezera ku kazi ka Leta ayoboka ubworozi bw’ingurube.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi JMV yafashe icyemezo cyo gufunga ibagiro rivamo inyama zikoreshwa mu mujyi wa Musanze n’ahandi nyuma yo gusanga ririmo umwanda.
Abanyeshuri bo mu kigo cy’amashuri cya Ruhehe kiri mu Karere ka Musanze ntibazongera kwiga bacucitse mu ishuri kuko bubakiwe ibyumba by’amashuri bishya.
Ibihugu bya Afurika bifite ingabo na Polisi mu butumwa bw’amahoro, bikomeje gushakira hamwe uburyo havugururwa imikorere yo kurinda abasivili bakunze kwibasirwa n’intambara.
Mu myaka iri imbere abatuye mu Ntara y’Amajyaruguru ntibazongera kugira ikibazo cya sima kuko muri ako gace hagiye kubakwa uruganda ruyikora.
Buri wa gatanu wa buri cyumweru mu masaha ya nyuma ya saa sita abatuye intara y’amajyaruguru bazajya bajya muri siporo mu rwego rwo kurinda ubuzima bwabo.
Bamwe mu bakora ubucuruzi buciriritse mu Ntara y’Amajyaruguru bavuga ko batizigama, kuko batizera ko ibigo by’imari byabaguriza kubera ubuke bw’amafaranga bakorera.
Kwizera Theogene, umunyeshuri wigaga mu wa gatatu w’amashuri yisumbuye yarohamye mu rugomero rw’amazi rwa Nyamugari muri Kirehe ahita apfa.
Abakinnyi bagera muri 20 ba Kirehe FC bamaze kwerekeza mu miryango yabo, baravuga ko bambuwe n’ubuyobozi bw’ikipe, ubuyobozi bwo bukemeza ko nta kibazo bufitanye n’abakinnyi ahubwo ko bagiye kugura ibikoresho.
Ntakagero Omar umutoza mushya wa Kirehe FC, arizeza abayobozi n’abatuye i Kirehe kugera ku ntego yasinyiye yo kugeza Kirehe mu makipe umunani ya mbere muri Shampiyona 2017/2018.
Abaturage bo mu Murenge wa Nasho muri Kirehe bahamya ko nyuma y’imyaka ibiri bimuriwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Gicaca ubuzima bwabo bwahindutse.
Uruhinja rwo muri Kirehe rwakuwe mu musarani wa metero umunani ari ruzima, nyuma yo gutabwamo na nyina wari umaze kurubyara, rwiswe izina.
Umwana w’uruhinja wo mu Karere ka Kirehe uherutse gutabwa mu musarani wa metero umunani agakurwamo ari muzima yabonye abakomeza kwita ku buzima bwe.
Umwana w’umukobwa ukivuka yatawe mu musarani wa metero 8 z’ubujyakuzimu akurwamo akiri muzima, ahita ajyanwa kwitabwaho n’abaganga mu bitaro bya Kirehe.
Miss Umuhoza Simbi Fanique yeretse urubyiruko rwo mu Karere ka Kirehe ko kwigirira icyizere ari byo bizabageza kuri byinshi byiza.
Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) igaragaza ko umubare w’abafite ubumuga bwo mu mutwe bakirwa mu bitaro byabagenewe bya Ndera, ukomeje kwiyongera.
Ndikumana Hamadi Katauti ni umwe mu bashobora gusimbura Sogonya Hamiss wahagaritswe n’ikipe ya Kirehe n’ubwo we abihakana
Mu cyumweru cyahariwe ibikorwa bya Police miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda nizo zizifashishwa mu bikorwa binyuranye by’iterambere Police izageza ku baturage.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyarubuye muri Kirehe rwatangiye kuburanisha impunzi z’Abarundi zikurikiranweho ibyaha bitandukanye birimo ibyo gukoresha ibiyobyabwenge.
Mfashingabo Matayo wo mu Murenge wa Kigina muri Kirehe ashimwa n’abatari bake kubera uburyo yarokoye Abatutsi babarirwa hagati ya 800-1000 muri Jenoside.
Muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, i Nyarubuye mu karere ka Kirehe ni hamwe mu hiciwe abatutsi benshi bicwa bashinyagurirwa birenze.