Mutimura Dieudonné w’imyaka 13 wo mu Murenge wa Rukira mu Karere ka Ngoma yaguye mu kizenga cy’amazi mu gishanga kigabanya Akarere ka Ngoma na Kirehe basanga yapfuye.
Rwabuhihi Pascal, Uumunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musaza ni we wahize abandi mu bakozi basaga 250 b’Akarere ka Kirehe ahabwa ishimwe.
Mu kwizihiza umunsi mukuru w’umurimo tariki 01 Gicurasi 2016,mu karere ka Kirehe uwo munsi waranzwe n’imikino inyuranye mu gufasha abakozi kongera umusaruro mu kazi bakora.
Ku cyambu cya Rushonga giherereye muri Kirehe hibukiwe Abatutsi bajugunywe mu ruzi rw’Akagera muri Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994.
Mbumbabanga Berkmas w’imyaka 57 wo mu Kagari ka Saruhembe mu Murenge wa Mahama muri Kirehe basanze yapfuye bakeka ko yishwe n’umuvu.
Bamwe mu banyeshuri bakerewe kugera kugera ku bigo by’amashuri babujijwe kubyinjiramo nyamara bo bavuga ko ari akarengane kuko bakerewe kubera impamvu ngo zifatika.
Abarokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi i Kiyanzi mu Karere ka Kirehe, bavuga ko biteguye gutanga imbabazi ariko babuze uzibasaba.
Umuryango Restore Rwanda Ministries (RRM) urasaba abaturage bo mu Karere ka Kirehe guhinga igiti cyitwa JATROPHA (Jaturofa) kibyara mazutu hagamijwe kubungabunga ibidukikije.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, arasaba abayobozi bo mu nzego z’ibanze gukemura ibibazo by’abaturage, batabanje gutegereza ko bigera mu nzego zo hejuru.
Urubyiruko rugize itorero “Uruhongore rw’Umuco” ry’Akarere ka Kirehe rwahagurukiye kwigisha abakuze kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside binyuze mu ndirimbo, imivugo n’ikinamico.
Siboruhanga Judith wo mu Kagari ka Nyabikokora mu Murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirehe arateganya kwitura Françoise wamurokoye interahamwe zigiye kumwica muri Jenoside.
Abagabo batanu, umugore n’umusore bari mu maboko ya Polisi i Kirehe bakurikiranweho ingengabitekerezo ya Jenoside mu gihe hibukwa ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.
Abaturage bo mu Kurenge wa Kirehe basanga gahunda y’ibiganiro byo kwibuka bisigira abakiri bato isomo ku mateka ya Jenoside.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe bimuwe mu byabo bizezwa urugomero rubafasha kuhira imyaka none amaso yaheze mu kirere.
Iryivuze Ezekiel w’imyaka 25 nyuma yo kwiga amashuri y’imyuga yakoze imbabura icanishwa amabuye ya radiyo agamije gufasha kurengera ibidukikije.
Abaturage b’i Kirehe bitabiriye umuganda mu gutangirana isuku icyumweru cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ku nshuro ya 22.
Abakobwa 24 batsinze neza mu byiciro binyuranye by’amashuri basabwe n’abayobozi batandukanye gukomeza kubera abandi urugero mu bikorwa byabo bya buri munsi.
Abanyeshuri mu bigo by’amashuri yisumbuye i Kirehe bibumbiye mu muryango AERG batangiye ibikorwa byo kwitegura kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Inka eshatu, mu Mudugudu wa Murambi, mu Kagari ka Giseri, mu Murenge wa Gashanda, ho mu Karere ka Ngoma zishwe zishinyaguriwe n’abantu bataramenyekana.
Hatangishaka Emile, wo mu Murenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe, yafashwe n’abamotari agemuye ibiro 10 by’urumogi ariko we avuga ko yari mu kiraka cyo kubigeza i Kabuga.
Abakorerabushake ba Croix Rouge mu Karere ka Kirehe baravuga ko bagiye kongera ibikorwa by’ubujyanama ku ihungabana nyuma y’amahugurwa bahawe n’uyu muryango ku matariki 21 na 22 Werurwe 2016.
Ku gicamunsi cyo ku wa 16 Werurwe 2016, mu Karere ka Kirehe, imvura ivanze n’umuyaga yasenyeye imiryango 38 yiganjemo iyo mu Mudugudu w’abirukanwe muri Tanzaniya inangiza ibyumba by’ishuri rya St Anastase.
Rivugabaramye Thomas w’imyaka 24 wo mu Kagari ka Nasho Umurenge wa Mpangamu Karere ka Kirehe akurikiranyweho kwica se witwa Nsengiyumva Azarias w’imyaka 60 amukubise ifuni mu mutwe.
Sinaruhamagaye Mathias wo mu Murenge wa Kigarama, yishe umugore we amukubise umutwe mu musaya bapfa ko yamubujije gusesagura umutungo w’urugo.
Inzu y’ibyumba bitandatu ya Mukamahirane Théodosie wo mu Kagari ka Nyabikokora Umurenge wa Kirehe yafashwe n’inkongi y’umuriro ibyarimo byose birashya ntihagira ikirokoka.
Abana 56% bakwiye gufata imiti igabanya ubukana bwa Sida,ntabwo ibageraho kuko babuzwa uburenganzira n’ababyeyi babo banga kubapimisha ngo bamenye uko bahagaze.
Mu gihembwe cy’ihinga 2016 B kigiye gutangira, abahinzi bo mu Karere ka Kirehe basabwe kwibanda ku kuhinga soya n’ibishyimbo.
Abatuye mu Murenge wa Mahama muri Kirehe biharuriye umuhanda uzaborohereza kugeza ifumbire mu mirima yabo, igikorwa bizera ko kizongera umusaruro.
Imiryango 12 iranyagirwa nyuma yo gusenyerwa n’imvura ivanze n’umuyaga n’urubura hakangirika n’imyaka ku mugoroba wo ku wa26 Gashyantare 2016, iyo miryango ikaba isaba ubufasha.