CG Gasana Emmanuel Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, avuga ko agiye gukoresha imbaraga zose zishoboka akagarura ikipe ya Rayon Sports mu ntara ayoboye, nyuma yo kubona ko ari ikipe ikunzwe na benshi.
Umutoza Sogonya Hamisi Kishi wemejwe nk’umutoza w’ikipe ya Kirehe, aremeza ko aje gukura ikipe mu murongo utukura akayigumisha mu cyiciro cya mbere.
Turikumwenayo Jean De Dieu w’imyaka 14, umwana wo mu kagari ka Kabeza umurenge wa Cyuve i Musanze wavutse atagira umwanya wo kwitumiramo, arifuza kuziga akaba umuganga.
Ababyeyi barerera muri Wisdom School barasaba Leta kurekera iryo shuri uburenganzira bwo gucumbikira abana nk’uko byahoze.
Minisitiri w’uburezi aravuga ko muri gahunda ya leta y’imyaka irindwi harimo ko hazongerwa abiga ubumenyingiro, akaba ari muri urwo rwego hari kongerwa za TVET hirya no hino mu gihugu.
Brig. Gen. Eugène Nkubito, uyobora ingabo mu ntara y’amajyaruguru, arasaba abaturage bo mu murenge wa Kinyababa kwirinda uwaza abarangaza, abazanaho ibihuha by’intambara, ababwira ko uzibeshya akaza kurasa abanyarwanda akwiye kuza yiyemeje kwakira ibyo ingabo z’u Rwanda zizamukorera.
Musabyimana Jean Claude, umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi, yafunguye inama idasanzwe yiga kuri gahunda yo kwinjiza muri Politike y’ubuhinzi, gahunda yo kurwanya igwingira n’indwara zituruka ku mirire mibi.
Bamwe mu batuye mu Ntara y’Amajyaruguru baravuga ko baterwa igihombo no kuba isoko ry’ubucuruzi bwambukiranya imipaka (Cross Border Market) rya Cyanika rimaze umwaka n’igice ryuzuye ariko rikaba ridafungurwa ngo bakore.
Abakobwa 64 batewe inda mu murenge wa Kinyababa akarere ka Burera biganjemo abangavu, bakomeje gushinja ubuyobozi bw’inzego z’ibanze guhishira abagabo babateye inda aho bakomeje kwidegembya mu byaro.
Ubuyobozi bw’ikigo nderabuzima cya Kinyababa buravuga ko kutagira ivuriro hafi byatumye abagore bagera kuri 13 bo mu murenge wa Kinyababa, akarere ka Burera babyarira munzira mu mezi arindwi ashize.
Umusore wo mu kigero cy’imyaka 30 utazwi umwirondoro, amaze umwaka n’amezi umunani ari indembe mu bitaro bya Ruhengeri, aho abaho atagira umurwaza akaba yitabwaho n’abaganga.
Umukobwa w’imyaka 17, wo mu karere ka Gisagara, arashinja umwe mu bakozi b’akagari ka Birira mu murenge wa Kimonyi akarere ka Musanze kumutera inda akamwihakana.
Abatwara abantu n’ibintu ku magare mu karere ka Musanze, banze izina basanganwe ry “abanyonzi” biyita abashoferi b’amagare.
Sylivera Justine, wo mu gihugu cya Tanzania, avuga ko yamaze kuvumbura uburyo bwo kugenzura abanyereza imisoro bakora ubucuruzi bwa Forode.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yanenze abayobozi b’ibigo by’amashuri byo mu Karere ka Gakenke, bakomeje kurangwa n’amakoza yo kutita ku nshingano zabo, bikadindiza uburezi.
Abakobwa 174 biga mu mwaka wa mbere muri INES Ruhengeri, barihirwa na FAWE Rwanda bibukijwe ibikubiye mu masezerano bagiranye na FAWE, ko gutwita imburagihe ari ikizira kandi ko uwo bizabaho azahita asezererwa.
Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG) igaragaza ko mu mwaka wa 2030 nta shyamba na rimwe rizaba rikigaragara mu gihugu cy’u Rwanda mu gihe hakomeje kwifashishwa inkwi mu gucana.
Abanyeshuri bo muri INES Ruhengeri, baravuga ko ikinini bungukiye mu kiganiro ku butwari, ni ukumenya ko nabo bashobora kuvamo intwari.
Ikipe ya Musanze FC (iri mu makipe ya nyuma muri Shampiyona y’u Rwanda) yanganyije na Mukura FC iyigabanyiriza umuvuduko uyiganisha ku mwanya wa mbere ku rutonde rwa Shampiyona.
Bamwe mu batuye mu Karere ka Musanze binubira amafaranga bakwa mu gihe basaba icyemezo kigaragaza ko bashyingiranwe mu buryo bwemewe n’amategeko (Attestation de mariage), mu gihe basanze ibitabo banditswemo byaratakaye.
Ubwo Umuryango FAWE Rwanda uharanira guteza imbere uburezi bw’umwana w’umukobwa washyikirizaga mudasobwa zigendanwa abakobwa 174 urihira amashuri muri INES-Ruhengeri, wabasabye kuzifashisha mu masomo, birinda kuzikoresha ibidafite umumaro nka filime z’urukozasoni n’ibindi byabarangaza.
Zirimwabagabo Jean Pierre wo mu kagari ka Nyonirima, umurenge wa Kinigi akarere ka Musanze, avuga ko amaze amezi icyenda aba hanze nyuma yo kwirukanwa mu rugo n’umugore we, agacyura undi mugabo.
Tuyishimire Placide, Umuyobozi wa Musanze FC, aravuga ko idafite gahunda yo kwirukana umutoza wayo n’ubwo ikipe igeze mu murongo utukura.
Abagabo icumi bamaze amezi atanu mu kigo ngororamuco cya Iwawa, nyuma yo gufatwa bacuruza ibiyobyabwenge bihaye intego yo gushinga koperative itubura imbuto y’ibirayi.
Abakinnyi b’isiganwa ry’amagare bitoreza mu kigo cya ‘Africa Rising Cycling Center’ mu Karere ka Musanze, bakirije Minisitiri w’Umuco na Siporo ibibazo, abizeza ubufasha bwo kubikemura.
Mu gihe Minisiteri y’uburezi yagennye ko itangira ry’umwaka w’amashuri wa 2019 ari ku itariki 14 Mutarama, hari umubare munini w’ibigo byo mu karere ka Musanze bitatangiye amasomo kuri uwo munsi kubera kubura abanyeshuri bahagije.
Major John Mbale wo mu ngabo za Zambia, umwe mu basirikare 47 bari mu masomo mu ishuri rikuru rya Gisirikare i Nyakinama, yagaragaye mu birori byo kumurika umuco yambaye ijipo, atungura benshi bajyaga bibaza ko ijipo ari umwambaro ugenewe abagore.
Mu gikorwa cyo kumurika imico itandukanye yo mu bihugu bikomokamo abasirikare 47 bari mu mahagurwa i Nyakinama muri Musanze, umwe mu bamurika ukomoka muri Zambiya yavuze ko birinze kuzana inyama z’ibinyabwoya kuko ngo mu Rwanda ari ikizira.
Abatujwe mu mudugudu wa Terimbere mu murenge wa Shingiro akarere ka Musanze, bababazwa n’uburyo gahunda ya Girinka itabageraho kandi bari mu bukene bukabije aho bemeza ko batangiye gufatwa n’indwara ziterwa n’imirire mibi.
Gatabazi JMV, Guverineri w’intara y’amajyaruguru aranenga abayobozi bijundika itangazamakuru bitwaza ko ryabinjiriye mu buzima busanzwe, mu gihe ryashyize amafuti yabo ahagaragara.