Abatuye umujyi wa Musanze baranengwa kutitabira gutanga imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza (mituelle de santé), aho imirenge itatu igize uwo mujyi ariyo Muhoza, Musanze na Cyuve ikurikirana ku mwanya wa nyuma mu mirenge 15 igize akarere ka Musanze.
Mu gihe Shampiyona y’Umupira w’amaguru mu Rwanda isigaje iminsi mike ngo itangire, muri Sitade Ubworoherane y’i Musanze hari akazi katoroshye mu rwego rwo gushaka icyemezo cyemerera iyo sitade kwakira imikino ya Shampiyona.
Abakozi babiri b’akarere ka Musanze batawe muri yombi ku mugoroba wo kuwa gatatu tariki 18 Nzeri 2019, bakekwaho ibyaha birimo gukoresha inyandiko mpimbano.
Ishuri rya IPRC-Musanze riherereye mu Karere ka Musanze rikomeje imishyikirano n’igihugu cy’u Bushinwa, imishyikirano iganisha ku guhabwa inkunga muri gahunda yiswe ‘Luban Workshop’ igenewe guteza imbere amasomo y’ubumenyingiro.
Urukiko rw’ibanze rwa Muhoza mu karere ka Musanze rumaze gutegeka ko Ndabereye Augustin wahoze ari umuyobozi w’akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu afungwa by’agateganyo iminsi 30, mu rwego rwo gukomeza gucukumbura ibimenyetso ku byaha ashinjwa.
Ndabereye Augustin wahoze ari umuyobozi wungirije w’Akarere ka Musanze ushinzwe iterambere ry’ubukungu, yireguye ku byaha aregwa byo gukubita, gukomeretsa no guhoza ku nkeke uwo bashakanye.
Mu muhango wo ku wa 06 Nzeri 2019 wo Kwita Izina ingagi 25 ziherutse kuvuka, Perezida Paul Kagame yeretse abari bitabiriye uwo muhango inyungu ziri mu kwita kuri Pariki y’Ibirunga n’ingagi ziyituyemo.
Niringiyimana Emmanuel, wakoze umuhanda ureshya n’ibirometero birindwi ari umwe, avuga ko kuba yakoze mu biganza bya Perezida wa Repubulika bakanicarana ari amahirwe yagize mu buzima atigeze atekereza.
Mu ijambo rya Perezida Paul Kagame, yashimiye abaturage uburyo bakomeje kugira uruhare mu kubungabunga Pariki y’Ibirunga, abaturage bamwizeza ko bagiye kurushaho gufata neza Pariki kugira ngo irusheho kugira uruhare mu guteza imbere ubukungu bw’u Rwanda.
Abaturage bo mu karere ka Musanze by’umwihariko abaturiye Pariki y’igihugu y’Ibirunga, baremeza ko kuba akarere kabo gacumbikiye ingagi zo mu Birunga bibateza imbere, bakabifata nk’akarusho kuko buri mwaka baba bizeye gusurwa n’Umukuru w’igihugu mu muhango wo Kwita Izina.
Itsinda ry’abaturage bahagarariye abandi mu kagari ka Kigombe mu murenge wa Muhoza, akagari kagizwe n’igice kinini cy’umujyi wa Musanze, biyemeje kuzenguruka imidugudu yose n’umujyi wa Musanze bamagana umwanda.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru n’abakinnyi bose b’amakipe abiri y’umupira w’amaguru yo muri iyo ntara bagiriye uruzinduko ku ngoro y’Amateka y’Urugamba rwo kubohora u Rwanda, batahana intego yo guharanira intsinzi.
Mu turere tugize Intara y’Amajyaruguru, hakomeje ubukangurambaga bwo kumenyekanisha mu baturage Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha(RIB), mu rwego rwo kurushaho kubarinda ibyaha harimo iby’ihohoterwa rikunze kugaragara muri ako gace, no kubereka aho bageza ibibazo byabo mu gihe bakorewe ibyaha.
Nyuma y’uko Umuyobozi wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu mu Karere ka Musanze (Visi Meya) Ndabereye Augustin, atawe muri yombi akurikiranyweho gukubita umugore we akanamukomeretsa, ubu uwo mugore arimo gukurikiranwa n’abaganga b’inzobere mu kuvura ihungabana.
Ishuri rikuru INES-Ruhengeri ryagiranye amasezerano y’imyaka itanu na Kaminuza ya BINGEN (TH BINGEN), yo mu ntara ya Rhénanie-Palatinat mu Budage, agamije guteza imbere ubuhinzi mu Rwanda.
Ndabereye Augustin umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu yagejejwe mu maboko ya RIB aho akurikiranweho gukubita umugore we akamukomeretsa.
Raporo y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), igaragaza ko buri mwaka Abanyarwanda ibihumbi 10 bandura kanseri aho abantu ibihumbi bitatu muri bo aribo bitabira gahunda y’ubuvuzi.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney, arahamagarira abayobozi mu nzego z’ibanze, abanyamadini n’abanyamatorero guhagurukira ikibazo cy’umwanda mu baturage, dore ko wageze n’aho Umukuru w’Igihugu awibonera we ubwe.
Ibigo binyuranye mu karere ka Musanze, byashyiriyeho abaturage uburyo bwo kubanza gukaraba mbere na nyuma yo kwaka serivise, mu rwego rwo kubatoza isuku no kwirinda Ebola.
Mu muhanda Kigali - Musanze, ikamyo ya BRALIRWA ifashwe n’inkongi y’umuriro ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 25 Kanama 2019, Polisi y’igihugu ishami rishinzwe kuzimya inkongi yihutira gutabara.
Abaturiye ahitwa ku Kirenge mu Kagari ka Kirenge Murenge wa Gasiga mu Karere ka Rulindo, ahahoze ikirenge cy’umwami Ruganzu ll Ndoli, barasaba ubuyobozi kubagarurira icyo kirenge nk’ikimenyetso ndangamateka kibitswe mu ngoro ndangamurage i Huye.
Abize amasomo ku rwego rwa Kaminuza basaga 50, mu rwego rwo kurushaho gushaka ubumenyi bwo kwihangira imirimo, birengagije impamyabumenyi za Kaminuza bafite, bahitamo kugaruka mu mashuri y’imyuga aho barangije kwiga amasomo y’igihe gito( Short Courses) muri IPRC-Musanze.
Nyuma yuko mu mihanda inyuranye mu mujyi wa Musanze, hakomeje kugaragara ubucuruzi bw’imigati itizewe, Ubuyobozi bw’akarere ka Musanze, burasaba abaturage kugira ubushishozi ku biribwa bagura barengera ubuzima bwabo.
Abanyeshuri biga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye mu rwunge rw’amashuri rwa Janja mu Karere ka Gakenke, bishimiye ubumenyi bungukiye muri za Laboratwari basanze muri INES-Ruhengeri, bemeza ko bibakundishije kwiga muri Kaminuza.
Ikigo cy’igihugu cy’Amahoro (RPA), giherereye mu karere ka Musanze cyakiriye Ingabo, Polisi n’Abasivire 23 baje guhugurirwa uburyo bwo kurinda abasivire mu bihugu byugarijwe n’intambara.
Uwizeyimana Evode Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera Ushinzwe Itegeko nshinga n’andi Mategeko, arasaba abaturage kwikosora bakava mu mwanda, asaba n’abayobozi b’amadini n’amatorero gufasha abakirisitu kuva mu mwanda, roho nziza igatura mu mubiri muzima.
Abakozi 25 b’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), basoje amahugurwa yaberaga mu Ishuri Rikuru rya Polisi riherereye i Musanze, aho bamaze icyumweru bakarishya ubumenyi bujyanye n’uburyo bwo gukora iperereza no kugenza ibyaha.
Abakirisitu basengera muri Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri yitiriwe “Umwamikazi w’i Fatima”, ubwo bizihizaga umunsi wa Asomusiyo w’ijyanwa mu ijuru rya Bikiramariya, bakoze umutambagiro nyuma y’igitambo cya Misa, bafunga umuhanda Musanze-Butaro, ubwo bagendaga baririmba banasenga.
Umushinga wa Partners in Health (Inshuti mu Buzima) wafunguye ku mugaragaro amacumbi yubakiwe abivuriza Kanseri mu bitaro bya Butaro. Ni inyubako yatwaye amadolari ya Amerika asaga ibihumbi 300, ni ukuvuga Amafaranga y’u Rwanda asaga gato miliyoni 276.
Kaminuza n’amashuri makuru yo mu Rwanda, yamaze kwemererwa kwinjira mu mushinga wa Kaminuza eshatu zikomeye i Burayi wa ERASMUS, hagamijwe kurushaho kubaka ubushobozi mu masomo ajyanye no gutunganya ibiribwa no kurushaho kurinda ibidukikije.