Mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, mu ijoro rishyira tariki 28 Gicurasi 2020, abantu batahise bamenyekana bitwikiriye ijoro bajya mu murima w’amasaka y’umuturage barayatema.
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) Dr Nsanzimana Sabin, avuga ko u Rwanda ruhagaze neza mu buvuzi bwa Coronavirus no mu bushakashatsi bunyuranye bw’umuti wo kuvura iyo virus.
Urukiko rw’Ibanze rwa Muhoza mu Karere ka Musanze, rutegetse ko Gitifu w’Umurenge wa Cyuve n’abakozi batatu bo muri uwo Murenge baregwa icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake bafungwa iminsi 30.
Umugabo wo mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Musanze, arakekwaho icyaha cy’ubujura, aho ngo yafashwe amaze kwiba ibikoresho binyuranye, mu ijoro rishyira tariki 27 Gicurasi 2020 akaba yari yiyoberanyije mu myambaro y’abagore.
Uwahoze ayobora Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze n’abayobozi batatu bakekwaho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa, bagejejwe imbere y’urukiko rw’ibanze rwa Muhoza mu Karere ka Musanze, kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Gicurasi 2020, bisobanura ku byaha baregwa.
Bamwe mu bayobozi ba Kaminuza n’Amashuri makuru yigenga mu Rwanda, barasaba Leta guteganya uburyo abakozi b’izo Kamunuza babaho muri ibi bihe bya COVID-19 basaba gukurirwaho imisoro.
Perezida wa Tanzania John Pombe Magufuli yemeje ko Shampiyona y’umupira w’amaguru mu gihugu cya Tanzania (Tanzania Mainland League) isubukurwa ku itariki ya 1 Kamena 2020.
Nyuma y’uko hatangajwe urupfu rwa Prof Laurent Nkusi mu gitondo cyo ku itariki 18 Gicurasi 2020, abenshi mu bamuzi bakomeje kugaragaza ubutumwa bw’akababaro, kuri Louise Mushikiwabo biba akarusho aho yongeyeho ko Nyakwigendera yamubereye umwalimu mwiza ndetse banasimburana ku mwanya wa Minisitiri.
Mu gihe isi yugarijwe n’icyorezo cya COVID-19 zimwe muri serivisi zigafunga, ku bihayimana imirimo yabo y’ubutumwa bwa gikirisitu yarakomeje aho abapadiri bakomeje inshingano zabo zo gutura igitambo cya ukaristiya nk’uko Nyiricyubahiro Musenyeri Antoine Kambanda, Arikiyepisikopi wa Kigali yabitangarije Kigali Today.
Kamanzi Jean Bosco ni we umaze guhabwa inshingano zo kuyobora Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze mu buryo bw’agateganyo kuva kuri uyu wa mbere tariki 18 Gicurasi 2020.
Nyuma y’uko amakuru atangajwe avuga ko Musanze FC yamaze gutandukana n’umutoza wayo, Umuyobozi wa Musanze FC Tuyishime Placide, yatangaje ko birukanye uwo mutoza nyuma y’uko akomeje kubananiza.
Abanyeshuri 123 biga mu mashami anyuranye muri INES-Ruhengeri bari barabuze uburyobwo gutaha iwabo mbere ya gahunda ya Guma mu rugo, bafashijwe gusubira mu miryango yabo.
Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS), bakomeje kunoza inshingano zabo muri ibi bihe byo guhangana n’icyorezo cya COVID-19.
Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda Peter Vrooman, yemereye akarere ka Ngororero inkunga y’amafaranga y’u Rwanda akabakaba miliyoni 50, mu rwego rwo gufasha imiryango yasenyewe n’imvura.
Ikiganiro urukumbuzi gikunzwe na benshi gihita kuri KT Radio buri wa gatandatu kuva mu masaha ya mu gitondo kugeza saa sita z’amanywa, cyibanda ku buzima bunyuranye bw’ibihe byahise.
Urubyiruko rusaga ibihumbi 10 rw’abakorerabushake mu Karere ka Gakenke (Youth Volunteers in Community Policing), biyemeje gutunganya imihanda yo muri ako Karere yangijwe n’ibiza, bigatuma imigenderanire y’ako Karere n’utundi ndetse no hagati y’imirenge.
Abakirisitu basengera mu rusengero rw’Ababatisita (IEBER) rwubatse mu Kagari ka Rugoma mu Murenge wa Nasho, Akarere ka Kirehe, ku wa Gatatu tariki 13 Gicurasi 2020, bazindukiye mu gisa n’imyigaragambyo, babuza Pasiteri gusenya urusengero bahoze basengeramo.
Buri munsi mu masaha y’umugoroba, Minisiteri y’Ubuzima igaragaza raporo y’abarwayi bashya banduye COVD-19 n’abayikize, aho kugeza ku itariki 11 Gicurasi 2020 abarwayi bari kwitabwaho ari 144 mu gihe abamaze gukira ari 140.
Mu ijoro ryo kuwa 12 Gicurasi 2020, abantu 23 bafatiwe mu rugo rw’umuturage basenga, mu kwiregura bavuga ko basengeraga ibyifuzo byo gukiza Coronavirus, basengera n’umugore ngo ufite umwana urwaye.
Mbere y’uko COVID-19 igera mu Rwanda, Ibitaro bya Ruhengeri byakiraga abantu bari hagati ya 250 na 300 buri munsi baza gusaba serivisi z’ubuvuzi, ariko muri aya mezi abantu birinda icyo cyorezo umubare waramanutse ugera ku batagera kuri 200.
Mu gihe ku isi hose hizihijwe Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Ababyeyi b’abagore (Mother’s Day), kuri iki cyumweru tariki 10 Gicurasi, Madamu Jeannette Kagame yatanze ubutumwa bushimira uruhare rw’ababyeyi b’abagore mu mibereho ya muntu.
Umuryango w’abantu umunani, ababyeyi babiri n’abana batandatu bo mu Murenge wa Rusasa mu Karere ka Gakenke bashyinguwe nyuma yo kwicwa n’ibiza byaturutse ku mvura nyinshi.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe kwihutisha Iterambere (RDB) rwashyikirije Polisi Sitasiyo ya Kinigi, abagabo umunani bashinjwa gutaburura imbogo yari yatabwe mu Murenge wa Musanze mu Karere ka Musanze, iyo mbogo ikaba yari yishwe n’ibiza.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki 08 Gicurasi 2020, Minisiteri y’ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) yatangaje ko hamaze kubarurwa abantu 72 bamaze guhitanwa n’imvura nyinshi yaguye guhera mu ijoro ryo ku itariki 06 Gicurasi 2020.
Visi Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), Dr. Nsanzabaganwa Monique, avuga ko mu gihe COVID-19 yadindije imikorere hagati y’ibigo by’imari n’abakiriya babyo, hari kwigwa uburyo bwo kuganira uko abafashe inguzanyo bakoroherezwa kuzishyura binyuze mu bushishozi n’imyitwarire iranga abasaba inguzanyo.
Muri iki gihe isi yugarijwe n’icyorezo cya COVID-19, hari abadasobanukirwa neza itandukaniro rya COVID-19 na Coronavirus, aho bamwe bitiranya ayo magambo yombi mu nyandiko no mu mvugo.
Ababyeyi babyara muri ibi bihe hafashwe ingamba zo kurwanya icyorezo cya COVID-19, baragaragaza ibibazo byo kubura aho bagurira imyambaro y’impinja, bagahitamo kubambika imyambaro ishaje.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Ngamije Daniel aremeza ko ubushakashatsi buherutse gukorwa mu gihugu hose hagamijwe kureba niba mu baturage hari indwara ya COVD-19, ngo bwasanzwe nta bwandu bushya buri mu baturage.
Abana ibihumbi bitandatu mu mu karere ka Gisumbi bamaze kugezwapo amagi yaguzwe na Leta muri gahunda yo gukemura ibibazo by’aborozi b’inkoko bari barabuze isoko ry’amagi no muri gahunda yo guteza imbere imirire myiza ku bana.
Imvura yaguye mu ijoro rishyira tariki 29 Mata 2020, yangije imyaka y’abaturage bahinze mu nkuka z’umugezi wa Mukungwa, ihinze ku buso bwa hegitari 32.