MENYA UMWANDITSI

  • Umunyamabanga uhoraho muri MINAGRI yababajwe n

    Ba Agronome baratungwa agatoki mu guteza ibihombo abahinzi

    Ba Agronome bo mu turere tugize Intara y’Amajyaruguru, bakomeje gutungwa agatoki na Minisiteri y’Ubuhinzi (MINAGRI), ibashinja gutererana abaturage no kubima amakuru ajyanye n’ubuhinzi, ibyo bikaba bikomeje guhombya abahinzi.



  • Aba basore bakora akazi ko gutwara abantu ku magare bavuga ko bumva bifitemo impano zo gusiganwa ku magare ariko bakabura amikoro

    Bafite impano mu gusiganwa ku magare ariko ngo babuze amikoro

    Urubyiruko rwo mu turere twa Rubavu, Nyabihu na Musanze ruremeza ko n’ubwo ako gace ariko gakize ku bakinnyi benshi muri Tour du Rwanda, ko hakiri urubyiruko rwinshi rufite impano mu mikino y’amagare bitewe no kubura amikoro.



  • Umunyamabanga mukuru w

    U Rwanda rurahabwa amahirwe yo kwakira isiganwa ry’amagare ku rwego rw’Isi

    Umunyamabanga mukuru w’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare ku isi Amina Layana, mu ruzinduko yagiriye mu Rwanda, yemeje ko u Rwanda rufite amahirwe menshi yo kwakira irushanwa ry’umukino w’amagare ku rwego rw’isi rizaba mu mwaka wa 2025.



  • Musanze: Ndabereye wahoze ari Visi Meya yakatiwe gufungwa imyaka itanu

    Urukiko rwisumbuye rwa Musanze rwakatiye Ndabereye Augustin wahoze ari Umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, igifungo cy’imyaka itanu n’ukwezi kumwe agatanga n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda angana na miliyoni imwe.



  • Bahawe umwanya babazwa ibibazo binyuranye

    Abahoze mu mashyamba ya Congo ngo bari bazi ko nibagera mu Rwanda bazicwa

    Abagabo, abagore n’abana bari guhugurirwa mu kigo cya Mutobo mu Karere ka Musanze, batunguwe n’uburyo basanze u Rwanda nyuma y’uko bafatiwe mu bitero ingabo za Kongo zabagabyeho boherezwa mu Rwanda bazi ko bagiye kwicwa.



  • Rayon Sports yasabye ibisobanuro umuyobozi wa Skol

    Komite yaguye ya Rayon Sports yamaganye amagambo asebya umuryango wa Rayon Sports yavuzwe na Ivan WULFFAERT, Umuyobozi mukuru wa Skol, isaba uwo muyobozi gutanga ibisobanuro byimbitse ku magambo yavugiye mu itangazamakuru ku itariki 19 Gashyantare 2020.



  • Siporo rusange mu Murenge wa Gahunga mu Karere ka Burera

    Burera: Abaturage bamaze kumenya ibyiza bya siporo

    Abatuye mu Karere ka Burera bamaze kugira umuco gahunda ya siporo rusange, aho basigaye bayitabira kabiri mu kwezi bakemeza ko yagize uruhare mu migendekere myiza y’ubuzima bwabo.



  • Mu rurimi rw

    Abatuye mu Gisaka bafata ururimi rw’ikirashi nk’umutungo ukomeye

    Abatuye mu Karere ka Kirehe mu Ntara y’Iburasirazuba, bafata ururimi rw’ikirashi nk’umutungo ukomeye, kuko rubafasha gusabana no guhahirana n’igihugu cy’abaturanyi cya Tanzaniya mu buryo buboroheye.



  • Polisi yishimiye ubufatanye bw

    Gerayo Amahoro ishobora kurenga imbibi z’u Rwanda binyuze mu ba Guide n’Abasukuti

    Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’umuryango w’aba Guide n’Abasukuti, iremeza ko kuba uwo muryango uhura n’urubyiruko runyuranye mu bihugu bya Afurika, ari kimwe mu bishobora gufasha gahunda ya ‘Gerayo Amahoro’ kurenga imbibe z’u Rwanda ikifashishwa no mu bindi bihugu.



  • Abanyeshuri biga muri INES-Ruhengeri biyemeje kubyaza umusaruro Murandasi ijyanye n

    Abanyeshuri bo muri INES-Ruhengeri basabwe kujyana n’umuvuduko wa murandasi nshya

    Abanyeshuri biga muri INES-Ruhengeri beretswe uburyo impinduramatwara ya kane ya Murandasi mu bijyanye n’inganda ifite umuvuduko ukabije, basabwa kwihutana na yo kugira ngo bakomeze kuyiyobora birinda ko yabayobora.



  • APAPEC Murambi yiyujurije inyubako nshya nyuma yuko indi ifashwe n

    Mu mezi atatu amacumbi ya APAPEC afashwe n’inkongi biyujurije aya miliyoni 86

    Ku bufatanye n’inzego zinyuranye za Leta n’abafatanyabikorwa, ababyeyi barerera mu Rwunge rw’amashuri rwa APAPEC Murambi mu Karere ka Rulindo, biyujurije amacumbi y’abanyeshuri nyuma yo kwishakamo ibisubizo bakusanya agera kuri miliyoni 86.



  • Rayon Sports yagabanyirijwe ibihano

    Nyuma y’uko ikipe ya Rayon sports ijuririye Komisiyo y’ubujurire ya FERWAFA, nyuma yo kutemera ibihano yahawe n’iryo shyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ubwo ititabiraga amarushanwa yo guhatanira igikombe cy’intwari, ibihano byagabanyijwe mu buryo bukurikira:



  • Bisate Lodge iherereye muri pariki y

    Abanyeshuri bashinze ‘Eco-club’ bagiye kurihirwa amashuri kugeza muri kaminuza

    Abanyeshuri 80 bo mu rwunge rw’amashuri rwa Bisate mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, bemerewe n’umuryango wa ‘Wilderness Safaris’ inkunga ijyanye n’ibikoresho byose by’amashuri, kandi bakazarihirwa amashuri kugeza ku rwego rwa Kaminuza.



  • Abakinnyi b

    Abakinnyi b’u Rwanda bahigiye gutwara Tour du Rwanda 2020

    Abakinnyi bagize amakipe azahagararira u Rwanda muri Tour du Rwanda 2020 bari mu mwiherero mu kigo gitoza abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda (Africa Rising Cycling Center), bahigiye guharanira ishema ry’igihugu batwara Tour du Rwanda.



  • Polisi yabafatanye amafaranga y’amiganano

    Murwanashyaka Faustin w’imyaka 25 na Uwingeneye Solange w’imyaka 19 bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha(RIB) ikorera kuri Sitasiyo ya Polisi ya Cyuve nyuma yo gufatanwa amafaranga y’amiganano agera ku bihumbi 35.



  • Umuyobozi wa Kaminuza ya Mainz yanditse mu gitabo cy

    Kaminuza ya Mainz yasuye INES-Ruhengeri mu rwego rwo kunoza umubano

    Ubuyobozi bwa Kaminuza y’Ubumenyingiro ya Mainz (Mainz University of Applied Sciences), yo mu gihugu cy’u Budage buri mu Rwanda, mu biganiro n’ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri, hagamijwe kuvugurura no guteza imbere umubano.



  • Minisitiri Munangaju yageze aho akora na siporo ku igare

    Minisitiri Munyangaju yatunguwe n’imbaga y’abaturage yasanze muri ‘Car free day’

    Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju, yatunguwe n’abaturage b’ingeri zinyuranye yasanze muri siporo ya bose muri gahunda ya ‘Car Free day’ yabereye mu Mujyi wa Musanze ku cyumweru ku itariki 09 Gahyantare 2020.



  • Abamotari bashinja Airtel kubambura

    Abamotari barashinja Airtel ishami rya Musanze kubambura

    Abamotari 35 bakorera mu Karere ka Musanze barashinja Airtel ishami rya Musanze ubwambuzi bw’amafaranga y’u Rwanda 17,5000, batahawe nyuma y’amezi asaga abiri icyo kigo cy’itumanaho kibakoresheje mu bijyanye n’inyungu zo kwamamaza, birangira hatubahirijwe amasezerano bagiranye.



  • Umurambo winjizwa mu modoka y

    Polisi ya Uganda yashyikirije u Rwanda umurambo

    Ku mugoroba wo ku itariki 06 Gashyantare 2020 ku mupaka wa Cyanika uhuza u Rwanda na Uganda uherereye mu Karere ka Burera ku ruhande rw’u Rwanda, habereye umuhango wo guhererekanya umurambo w’umuturage w’u Rwanda wapfiriye muri Uganda. Polisi ya Uganda ivuga ko yasanze uwo murambo uziritse umugozi mu ijosi unagana mu giti.



  • Masoyinyana Gaelle umwe mu bari mu itsinda ryiga ku bushakashatsi bwa Drone

    Abiga muri Wisdom School bagaragaje ubuhanga mu masomo y’ubumenyingiro

    Nyuma y’ibyumweru bitatu bishize umwaka w’amashuri wa 2020 utangiye, abana biga muri Wisdom School bagaragarije ababyeyi babo ibyo bakora mu bumenyingiro biga, ababyeyi batungurwa no kubona ko abana babo bamaze kugera ku ntera yo kuvumbura bimwe mu byo u Rwanda rubona rubanje kwitabaza amahanga.



  • Guverineri Gatabazi ni we wari kapitene wa Mountain Gorilla

    Ingabo zakinnye n’abaturage Guverineri Gatabazi aba umukinnyi w’umunsi

    Ku mugoroba wo ku itariki 02 Gashyantare 2020, ikipe y’abacuruzi, yatsinze igitego 1-0 ikipe igizwe n’aba ofisiye biga mu ishuri rikuru rya gisirikare, Guverineri Gatabazi atorwa nk’umukinnyi wagaragaje ubuhanga muri uwo mukino.



  • Padiri Mvukiyehe Jean Baptiste, umwe mu ntwari z

    Ubuhamya bwa Padiri Mvukiyehe, umwe mu ntwari z’i Nyange

    Abanyeshuri bigaga ku ishuri ryisumbuye ry’i Nyange, ni bamwe mu ntwari zo mu cyiciro cy’Imena nyuma yuko bamwe bishwe, abandi bagira ubumuga bukomeye ku mpamvu yo kwanga kwivangura mu gitero bagabweho n’abacengezi.



  • Biyemeje kugana isoko ry

    Abamaze kubona inyungu mu isoko ry’imari n’imigabane barashishikariza abandi kurigana

    Ikigo kigenzura amasoko y’imari n’imigabane (Capital Market Authority-CMA), gikomeje gahunda yo gukangurira urubyiruko rwo muri Kaminuza kwitabira amarushanwa yiswe Capital Market University Challenge (CMUC) mu rwego rwo kubereka amahirwe ari mu isoko ry’imari n’imigabane, no kubafasha gutinyuka ishoramari.



  • Ndayambaje arwariye mu bitaro bya Ruhengeri nyuma yo gutemerwa muri Uganda

    Ndayambaje Phenias w’imyaka 32 y’amavuko wo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera, yagejejwe mu bitaro bya Ruhengeri afite ibikomere mu mutwe no ku maguru, akavuga ko abaturage batanu bo mu gihugu cya Uganda bamusanze mu murima we uri muri Uganda baramufata bamukubita imihoro.



  • Abasirikare 20 basoje amahugurwa ku mutekano w

    Abasirikare 20 basoje amahugurwa ku kurinda umutekano imbere mu gihugu

    Abasirikare 20 bo mu ngabo z’u Rwanda basoje amahugurwa y’iminsi itanu ajyanye no kurinda umutekano w’imbere mu gihugu mu rwego rwo kunganira izindi nzego zifite mu nshingano kuwurinda zirimo na Polisi y’Igihugu.



  • Manishimwe n’umuryango we bamburiwe muri Uganda bavuye gupagasa

    Manishimwe Elias ukomoka mu Murenge wa Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza wajyanye n’umuryango we mu gihugu cya Uganda mu mwaka wa 2017, yagarutse mu Rwanda imbokoboko nyuma yo kwamburirwa muri Uganda ibye byose ubwo yari mu nzira ataha mu Rwanda.



  • Nduwayesu Elie, Umuyobozi wa Wisdom School

    Ubuhamya: Uko Inkotanyi zarokoye Nduwayesu mu maboko y’Interahamwe

    Nduwayesu Elie wafunguwe n’izari ingabo za FPR-Inkotanyi ku itariki 23 Mutarama 1991 ubwo yari afungiye muri Gereza ya Ruhengeri mu bitwaga ibyitso, arazishima cyane akemeza ko uwo munsi awufata nko kuvuka kwe kwa kabiri.



  • Urukiko rwemeye ko urubanza rw’uwahoze ari Visi Meya rubera mu muhezo

    Urukiko rwisumbuye rwa Musanze rutegetse ko urubanza rwa Ndabereye Augustin wahoze ari Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Musanze ushinzwe iterambere ry’ubukungu ruburanishirizwa mu muhezo.



  • Umunyarwanda uherutse gukubitirwa muri Uganda yapfuye

    Uzabumwana Dieudonné w’imyaka 30 ukomoka mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera yapfuye, nyuma y’uko ingabo za Uganda zimugejeje ku mupaka wa Cyanika afite inguma yatewe n’inkoni yakubitiwe muri icyo gihugu.



  • Abasirikari 20 b’u Rwanda barahugurwa ku mategeko y’umutekano w’imbere mu gihugu

    Kuri uyu wa mbere tariki 27 Mutarama 2020, mu Kigo cy’Igihugu cy’Amahoro(RPA), hatangijwe amahugurwa yitabiriwe n’abasirikari 20 b’u Rwanda aho bagiye gukarishya ubumenyi ku mategeko ajyanye no kubungabunga uburenganzira bwa muntu no kurinda umutekano w’imbere mu gihugu.



Izindi nkuru: