MENYA UMWANDITSI

  • Uyu ni umwe mu Banyarwanda benshi bakorewe iyicarubozo ubwo bari muri Uganda

    Twatangiye kubona ko Uganda yiteguye guhagarika iyicarubozo ku Banyarwanda - Biruta

    Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yavuze ko kuba igihugu cya Uganda gitangiye kurekura Abanyarwanda bafungiyeyo, ari kimwe mu bimenyetso byerekana ko Uganda yiteguye guhagarika ifungwa n’iyicarubozo ku Banyarwanda bari muri icyo gihugu.



  • Umukecuru w’imyaka 88 wafatanywe urumogi ashobora gufungwa burundu

    Umukecuru w’imyaka 88 wo mu Murenge wa Kimonyi mu Karere ka Musanze, ari mu maboko ya Polisi, Sitasiyo ya Muhoza, nyuma yo gufatanwa urumogi.



  • Akanyamuneza ku bana bashoje amasomo mu byiciro binyuranye muri Wisdom School

    Abarerera muri Wisdom School barishimira umusaruro abana batahana

    Nyuma yuko amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’icyiciro rusange cyamashuri yisumbuye asohotse, abanyeshuri bo muri Wisdom School bagatsindi ku rwego rwiza, ababyeyi barerera muri iryo shuri bishimiye umusaruro w’abana babo n’ubumenyi butangwa n’iryo shuri.



  • Abaturage bagiriwe inama yo kwirinda kwambuka umupaka

    Umunyarwanda yiciwe muri Uganda ashyingurwa mu ibanga

    Umunyarwanda witwa Mbonabakeka Félicien w’imyaka 35 uvuka mu Murenge wa Gahunga mu Karere ka Burera, biravugwa ko yiciwe muri Uganda mu ijoro ryo ku itariki 31 Ukuboza 2019 rishyira kuwa 01 Mutarama 2020, agashyingurwa mu buryo butazwi.



  • Guverineri Gatabazi avuga ko abaturage bo mu Kinigi bamuhamagae bamutabaza ko batewe nyuma yo guhamagara ubuyobozi bubegereye bakababura

    Guverineri Gatabazi yihanangirije abayobozi badatanga amakuru

    Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi Jean Marie Vianney, yanenze abayobozi birirwa bakwepa itangazamakuru, avuga ko kudatanga amakuru ku muyobozi biri mu bidindiza iterambere n’imibereho myiza y’abaturage, bikadindiza n’imikorere yabo.



  • N

    Nyabihu: Barakataje mu buhinzi bwa karoti

    Abaturage bo mu Murenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu, bavuga ko bamaze kubona ubukungu bwihishe mu gihingwa cya karoti, bituma bitabira kugihinga, bakaba bemeza ko umusaruro babona ari mwinshi ku buryo utunze igihugu.



  • Nuwumuremyi Jeannine uyobora Akarere ka Musanze yavuze ko kimwe mu byamubabaje ari uguherekeza Musanze FC igatsindwa ibitego 5-0

    Nuwumuremyi yababajwe no guherekeza Musanze FC igatsindwa 5-0

    Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nuwumuremyi Jeannine, avuga ko mu byamubabaje mu mezi atatu amaze ku buyobozi, harimo kuba yarigeze guherekeza ikipe ya Musanze FC i Kigali ubwo yari igiye gukina na APR FC igatsindwa ibitego 5-0.



  • Musanze: Abakozi barindwi basezeye ku kazi

    Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge itanu yo mu Karere ka Musanze n’abakozi b’akarere babiri bamaze gusezera ku mirimo yabo, bavuga ko basezeye ku mpamvu zabo bwite.



  • Minisitiri Shyaka yagiranye ikiganiro n

    Minisitiri Shyaka yaburiye abatekereza kujya muri Uganda

    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase, yaburiye buri wese ugitekereza gushakira amahaho mu gihugu cya Uganda, asaba abaturage kubicikaho nyuma y’ibibazo by’iyicarubozo rikomeje gukorerwa Abanyarwanda bari muri icyo gihugu.



  • Aya mazi bavoma mu bishanga bemeza ko nta buziranenge yujuje

    Bababajwe no kwinjira muri 2020 bakivoma ibiziba

    Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Gitovu mu Karere ka Burera, bavuga ko bababajwe no kuba bagiye kwinjira mu mwaka wa 2020 bakivoma amazi y’ibiziba, bagasaba Leta kubegereza amazi meza bagaca ukubiri n’indwara z’inzoka zibugarije.



  • Abakozi b

    Gakenke: Mu buhinzi biyemeje kuvugurura urutoki, mu bworozi biyemeza kongera umukamo

    Abakozi bafite mu nshingano ubuhinzi n’ubworozi mu karere ka Gakenke, kuva ku rwego rw’akarere kugeza mu nzego z’ibanze n’abahagarariye amakoperative y’ubuhinzi n’ubworozi muri ako karere, biyemeje kuvugurura ubuhinzi n’ubworozi mu rwego rwo kuzamura iterambere ry’abatuye ako karere.



  • Abakirisitu bari bitabiriye ari benshi ibirori byo gufungura ku mugaragaro inyubako biyujurije ya Paruwasi ya Bumara

    Biyujurije inyubako ya Paruwasi yabatwaye asaga miliyoni 300

    Abakirisitu ba Paruwasi Gatolika ya Bumara iherereye mu Murenge wa Rwaza mu Karere ka Musanze, bari mu byishimo aho binjiye mu minsi mikuru ya Noheli biyujurije imyubako nshya yabatwaye miliyoni zikabakaba 320 z’Amafaranga y’u Rwanda.



  • Abafite ubuhinzi mu nshingano mu turere no mu mirenge basabwe kugeza amakuru y

    RAB yavumbuye andi moko atandatu y’imbuto y’ibirayi

    Mu kurushaho guteza imbere ubuhinzi bw’ibirayi hagamijwe kongera umusaruro, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), gikomeje gushakira abahinzi uburyo bakongera umusaruro w’ibirayi, aho ubu hari kugeragezwa imbuto nshya z’amoko atandatu y’ibirayi.



  • Abanyarwanda bagejejwe mu Rwanda kuwa 18 Ukuboza, baje mu byiciro bya batandatu, batandatu

    Mu Banyarwanda bafungiye muri Uganda harekurwa utanze amashilingi 1.200.000

    Bamwe mu Banyarwanda bakomeje gukorerwa iyicarubozo muri gereza zinyuranye zo mu gihugu cya Uganda, aho mu buhamya bwabo bemeza ko bakoreshwa imirimo y’agahato mu gihe cy’umwaka n’igice, baratangaza ko ubashije kubona amashilingi angana na miliyoni imwe n’ibihumbi 200 ari we urekurwa.



  • Bavuga ko batakinyagirwa aho bagereye mu nzu nziza bamaze kwiyubakira, byose ngo babikesha umushinga SPARK

    Umushinga SPARK MicroGrants umaze gufasha imiryango 53 kuva mu mategura bajya mu mabati

    Imiryango 53 mu miryango 116 yibumbiye mu itsinda ‛Twitezimbere-Gitwe’, yo mu Mudugudu wa Gitwe, mu Kagari ka Runoga Umurenge wa Gitovu mu Karere ka Burera, irishimira iterambere yagezeho, nyuma yo kuva mu nzu zisakaje amategura ijya mu nzu z’amabati ku nkunga y’umushinga Spark MicroGrants.



  • Abitabiriye ibiganiro

    Kutubahiriza amabwiriza yo gufata imiti byongera impfu

    Impuguke zinyuranye n’abiga iby’ubuvuzi mu ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri, baremeza ko kuba abaturage badasobanukiwe n’uburyo bwo gufata imiti bahabwa n’abaganga, ari kimwe mu bikomeje gutwara ubuzima bwa benshi.



  • Abanyeshuri bo muri INES-Ruhengeri ngo ntibazajenjekera abapfobya Jenoside

    Abiga muri INES-Ruhengeri ntibazihanganira abapfobya Jenoside

    Abanyeshuri biganjemo urubyiruko biga muri INES-Ruhengeri, baremeza ko biteguye guhangana n’umuntu wese wifashisha imbuga nkoranyambaga apfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.



  • Uyu musaza ni umuganda uri kuvurirwa mu Rwanda nyuma yo gukubitwa n

    Umuturage wa Uganda arwariye mu Rwanda nyuma yo gukubitwa n’ingabo z’igihugu cye

    Umuturage wo mu gihugu cya Uganda witwa Sebudidimba John, arwariye mu Kigo Nderabuzima cya Cyanika mu Karere ka Burera, aho ashinja ingabo za Uganda kumukubita zimwita Umunyarwanda.



  • Urubyiruko rw’Abanyarwanda ruba mu mahanga rwaje kwiga amateka y’igihugu

    Bamwe mu rubyiruko rw’Abanyarwanda ruba mu mahanga, ruremeza ko kuba rwitabiriye itorero ry’igihugu ari inzira yo kurufasha gusobanukirwa neza ibibazo rwibaza ku mateka y’u Rwanda.



  • Ambasaderi Peter Vrooman

    Ambasaderi Vrooman yamaganye ihohoterwa rikorerwa abana

    Ambasaderi wa Leta zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda, Peter Hendrick Vrooman, yamaganye ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa abana, avuga ko rigira ingaruka mbi ku bukungu bw’igihugu.



  • Babanje kwiyegereza ibikoresho bazakenera mu kubaka iyo inzu

    Abagize AERG muri INES-Ruhengeri batangiye kubakira utishoboye

    Abanyeshuri bibumbiye muri AERG yitwa ‘INDAME’ bo mu ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri, bihaye intego yo kubakira inzu uwarokotse Jenoside utagira aho aba, mu rwego rwo kunganira Leta mu gufasha abaturage kugira imibereho myiza.



  • Umubare minini w

    Musanze: ‘Car free day’ yitabiriwe n’abiganjemo abakuze bitungura ubuyobozi

    Muri gahunda ngarukakwezi ya ‛car free day’ ihoraho ya siporo rusange iba buri wa gatandatu w’icyumweru cya mbere n’uwa gatandatu w’icyumweru cya gatatu cy’ukwezi mu Karere ka Musanze, iyo ku itariki ya 07 Ukuboza 2019 yatunguye benshi aho umubare munini w’abayitabiriye wari ugizwe n’abasaza n’abakecuru.



  • Guverineri Gatabazi asura abasukuti

    Uko Guverineri Gatabazi yahawe icyerekezo cy’ubuzima no kuba umusukuti

    Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney, watangiye amasomo amwinjiza mu muryango w’Abasukuti (scouts), mu mwaka wa 1978 ari mu mwaka wa kane w’amashuri abanza ku Mulindi wa Byumba ubwo yari afite imyaka 10, avuga ko uwo muryango wamwubakiye ubuzima n’imyifatire agenderaho kugeza na n’ubu.



  • Uwanyiligira Marie Chantal watorewe kuyobora Akarere ka Burera

    Amateka ya Uwanyirigira utarigeze atekereza ko yaba Meya

    Uwanyirigira Marie Chantal w’imyaka 38 y’amavuko, watorewe kuyobora akarere ka Burera kuwa gatanu tariki 6 Ukuboza 2019, atangaza ko atari yarigeze atekereza ko yaba umuyobozi ku rwego rwo kuyobora akarere.



  • Mu banyeshuri 11 bahize abandi muri buri mashami, icyenda muri bo ni ab

    INES-Ruhengeri: Abakobwa bihariye ibihembo by’indashyikirwa mu gutsinda amasomo

    Mu muhango wo gutangiza umwaka w’amashuri 2019/2020 muri INES-Ruhengeri wabaye mu mpera z’icyumweru gishize, habayeho umwanya wo guhemba abanyeshuri bagize amanota menshi mu mwaka w’amashuri urangiye, abakobwa biharira ibihembo hafi ya byose.



  • Abahuguwe basabzwe kugira ubushishozi mu gutoranya ba Malayika murinzi

    Bisaba ubushishozi mu gutoranya ba Malayika murinzi-NCC

    Muri gahunda yo kurerera abana mu miryango yatangiye mu mwaka wa 2008, babavana mu bigo binyuranye, inzego z’ubuyobozi zinyuranye mu karere ka Nyabihu zatanze amahugurwa ku buryo bwo gutoranya ba Malayika murinzi bazifashishwa mu kurerera abana mu miryango.



  • Guverineri w

    Abaturage 370 mu karere ka Gicumbi bagiye kubakirwa

    Gahunda yo kubakira abatishoboye mu ntara y’Amajyaruguru ni yo iri ku isonga mu bigiye kwitabwaho muri uku kwezi ku buryo umwaka wa 2020 utangira abaturage bose batuye neza nk’umuhigo uturere twahigiye ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru.



  • Guverineri Gatabazi JMV yishimiye intera yagezweho n

    Imishinga y’abanyeshuri ba INES-Ruhengeri ishobora kuba igisubizo ku bitumizwa mu mahanga

    Abayobozi mu nzego zinyuranye barishimira uburyo abanyeshuri biga mu Ishuri rikuru ry’ubumenyingiro rya INES-Ruhengeri bakomeje guhanga udushya, mu rwego rwo gufasha igihugu guhanga imirimo no gukora bimwe mu bikoresho Leta ishoramo amafaranga ibitumiza mu mahanga.



  • Abana mu karasisi

    Nyabihu: Begerejwe ishuri rizagabanya ingendo abana bakoraga

    Abaturage bo mu Murenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu barishimira kwegerezwa uburezi bw’amashuri y’inshuke n’amashuri abanza hagamijwe kurwanya ingendo abana bakora bagana ishuri no kurwanya ubuzererezi mu bana.



  • Umuhango wo gushyikiriza inzu Nyirabukeye Elivanie ni uku wari wateguwe

    Abagore bo muri FPR bubakiye imiryango itanu itishoboye

    Gahunda y’ukwezi kwahariwe umuryango yatangijwe n’urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango wa FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru, isoje imiryango itanu yabaga hanze yubakiwe inzu ku nkunga y’abo bagore bishyize hamwe bakusanya amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni 28.



Izindi nkuru: