Abaturage basaga 20 bo mu Kagari ka Gakoro mu Murenge wa Gacaca, Akarere ka Musanze, bamaze amezi atandatu mu gihirahiro nyuma yo gukoreshwa na rwiyemezamirimo mu kubaka ivuriro rito (Poste de santé) akagenda atabishyuye.
Bazimenyera Thomas, umusaza ufite ubumuga utuye mu Kagari ka Kabeza mu Murenge wa Cyuve, Akarere ka Musanze, avuga ko yirinze gusabiriza ahitamo kwihangira umurimo wo kwasa inkwi akazigurisha, akaba ahamya ko umutungiye umuryango.
Amazi yitwa ‘Amakera’ aboneka mu Karere ka Musanze byakomeje kugaragara ko akunzwe cyane n’imbaga y’abaturage iza kuyanywa, akomeje gutera impungenge z’uburyo ashobora gutera indwara zinyuranye zituruka ku mwanda.
Abatuye Umudugudu wa Susa mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, baturiye ubuvumo bwa Susa, barasaba Leta kubakemurira ikibazo bamaranye imyaka icyenda cy’uducurama tuba muri ubwo buvumo, aho bafite impungenge zo kwandura indwara z’ibyorezo.
Abadepite bagize impungenge ku buryo bwo kwirinda COVID-19 basanze mu bigo binyuranye by’amashuri yo mu Murenge wa Gacaca mu Karere a Musanze, nyuma yo kubona ko amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo atari kubahirizwa uko bikwiye.
Ibitaro bya Gatonde Perezida Paul Kagame yemereye abaturage, bigeze ku kigero cya 99% byubakwa, aho byitezweho gutanga serivise z’ubuvuzi ku baturage bagera ku bihumbi ijana na bitandatu na magana atandatu na mirongo inani 106,680 bitarenze muri Mutarama umwaka utaha wa 2021.
Mu itangira ry’amashuri kuri uyu wa mbere tariki 02 Ugushyingo 2020 mu bigo by’amashuri mu karere ka Musanze, ibicumbikira abanyeshuri biragaragaza ubwitabire buri hejuru kurusha mu bigo abana biga bataha.
Habumugisha Aaron wo mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, aterwa ishema no kuba ari umurinzi w’igihango ku rwego rw’akarere, aho yemeza ko yabigezeho nyuma y’uko arwanyije Interahamwe afatanyije n’abaturage, Jenoside ihagarikwa nta Mututsi wiciwe muri Serile yari abereye umunyamabanga.
Mu gihe ababyeyi bemeza ko bamaze gutera intambwe yo kugaragaza abagabo basambanya abangavu banabatera inda, bavuga ko barambiwe no kuba hari abayobozi b’inzego z’ibanze bakomeje guhishira abagabo batera abana babo inda.
Minisiteri y’Uburezi irasaba abayobozi mu nzego z’ibanze gufasha inzego zifite mu nshingano uburezi mu Ntara y’Amajyaruguru, gukurikirana igikorwa cy’itangira ry’amashuri hubahirizwa amabwiriza ajyanye no kwirinda ikwirakwizwa rya COVID-19 mu bana.
Umuryango utari uwa Leta witwa ‘Nature Rwanda’ ugamije kubungabunga ibidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima, watangije umushinga wo kubungabunga umugezi wa Mpenge ukomeje kwibasirwa n’abakomeje kuwangiza bamenamo imyanda n’abahinga ku nkombe zawo.
Mu rwego rwo gukumira amakimbirane n’ibindi bibazo bikomeje kudindiza iterambere ry’imiryango, Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri, yatangije umushinga ugamije gutoza urubyiruko n’abashakanye indangagaciro z’umuryango utekanye mu guteza imbere umuryango, kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina no kurinda abana icyabahungabanya.
Umubyeyi witwa Yamuragiye Odette wo mu Murenge wa Musanze mu Karere ka Musanze yari aherutse kugaragaza ikibazo cy’umwana we wari urembye, asaba ko uwo mwana yahabwa ubuvuzi bukwiye. Icyakora amakuru ageze kuri Kigali Today aravuga ko uwo mwana witwa Rugwiro Olga amaze kwitaba Imana.
Mu rukerera rwo ku itariki 25 Ugushyingo 2020, uwitwa Mugabo wo mu Murenge wa Gacaca mu Karere ka Musanze, biravugwa ko yabyutse agiye mu bwiherero asanganirwa n’amaraso, arebye abona ni ay’inka ye imaze gutemwa.
Abakora ingendo mu modoka barishimira imanuka ry’ibiciro by’ingendo, aho byavuye ku mafaranga 25,9 ku kilometero kimwe bigera kuri 21 mu ngendo zerekeza hirya no hino mu Ntara z’igihugu.
Mu gihe raporo y’Intara y’Amajyaruguru igaragaza ko ibiza by’imvura muri 2020 byasenyeye imiryango 4,849, ubuyobozi bwashyizeho ingamba zo gukangurira abaturage kuzirika ibisenge by’inzu zabo, mu rwego rwo kwirinda ko ibiza byabasenyera.
Ni inyubako yatangiye kubakwa ku itariki 04 Werurwe 2019 ku nkunga ya LODA, aho bitegura kuyitaha mu Ugushyingo 2020, ikazuzura itwaye miliyari n’igice z’amafaranga y’u Rwanda.
Mu gihe Leta yashyizeho gahunda ya Girinka mu rwego rwo kuvana abaturage mu bukene, ubu umubare munini w’Abanyarwanda ukaba utunze inka, hari abagorwa no gusobanukirwa ubwoko bw’inka batunze bikaba byadindiza umusaruro zitanga bitewe no kudahabwa ibyo zikeneye.
Mu gihe abamotari bakorera mu Karere ka Musanze bakomeje kugaragaza impungenge z’uburyo umutungo wabo ucunzwe, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Amakoperative (RCA) cyamaze kuvumbura ko hari umuyobozi wa koperative yabo wanyereje amafaranga asaga miliyoni ebyiri.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Susa Akagari ka Ruhengeri mu Murenge wa Muhoza ho mu Karere ka Musanze, baganiriye na Kigali Today, bishimiye impinduka zakozwe na Leta mu gushyira abaturage mu byiciro bishya by’ubudehe.
Abayobozi mu nzego z’ibanze basaga 70 bo mu turere dutanu mu ntara zinyuranye, barishimira ubumenyi bungutse bemeza ko bagiye gukora impinduka mu miyoborere, barushaho gutanga serivise ikwiye mu baturage.
Umunyamabanga mukuru wungirije w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Bazivamo Christophe, avuga ko mu bihugu binyuranye bya Afurika batangazwa n’intambwe u Rwanda rwateye mu guteza imbere umugore.
Ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wahariwe umugore wo mu cyaro, hamuritswe Urubuga rwiswe ‘50Million African Women Speak Platform (50MAWSP)’, ruje guha ijambo abagore Miliyoni 50 bo muri Afurika binyuze kuri murandasi, aho ubuyobozi bwemeza ko ruzagera no ku bagore bafite ubushobozi buke by’umwihariko abatunze telefoni zo (…)
Yamuragiye Odette utuye mu Murenge wa Musanze mu Karere ka Musanze, aratabariza umwana we umaze imyaka ibiri mu bubabare bukabije nyuma yo gufatwa n’indwara idasanzwe.
Kuri uyu wa Mbere tariki 12 Ukwakira 2020, zimwe muri Kaminuza n’Amashuri makuru yigenga zasubukuye amasomo.
Nyuma y’uko Umuryango FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru wakodeshaga inzu yakorerwagamo ibikorwa by’umuryango, abanyamuryango bafashe icyemezo cyo kwiyubakira ingoro ibereye uwo muryango, aho izatwara asaga miliyari imwe.
Mu Karere ka Musanze hatangijwe ikipe yo gusiganwa ku magare yitwa Musanze Cycling Club (MCC), aho yitezweho kuzamura impano z’urubyiruko no kurufasha gukora uwo mukino kinyamwuga, mu rwego rwo kurushaho guteza imbere umukino w’amagare muri ako gace.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru buravuga ko bugiye guhagurukira ikibazo cyo gusambanya abana no kubakoresha imirimo ivunanye aho mu mezi umunani ashize abana 424 batarageza imyaka 18 batewe inda.
Ubuyobozi n’inzego z’umutekano bukomeje guhiga bukware udutsiko twiyise Abarembetsi bakomeje kunyura mu nzira zitemeye batunda ibiyobyabwenge bakura mu gihugu cya Uganda, aho kuva muri Werurwe 2020 abagera kuri 4,334 bashyizwe mu kato nyuma yo gufatwa batunda ibiyobyabwenge na magendu.
Umusore witwa Niringiyimana Emmanuel wo mu Karere ka Karongi, arishimira ko intego ye yo gukura abaturage mu bwigunge abahangira umuhanda yamaze kugerwaho, gusa asigarana ikibazo cy’ideni ry’amafaranga y’u Rwanda angana na 2.200.000 umusigiye.