Muri gahunda yo gufasha abana bafite impano zo gukina umupira w’amaguru, abakinnyi 13 binjijwe mu ikipe ya Musanze nyuma y’amarushanwa yo gutoranya abana bafite impano.
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abagore bane, ubwo bari bahetse ibiyobyabwenge byo mu bwoko bunyuranye.
Abagabo n’abagore bo mu murenge wa Cyuve mu karere ka Musanze, baritana ba mwana ku bibazo by’amakimbirane mu miryango, bitera abana gukoreshwa imirimo ivunanye.
Bamwe mu bagabo bo mu karere ka Nyabihu, barishimira ko ikibazo cy’igwingira ry’abana kigenda kigabanuka nyuma yuko biyemeje kwihugura mu guteka, kugira ngo bafatanye n’abagore babo mu guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi.
Gatabazi Jean Marie Vianney watorewe umwanya w’Umuyobozi w’Umuryango wa FPR-Inkotanyi ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru, yiyemeje kurushaho kuzamura umuryango wa FPR-Inkotanyi ahereye ku rubyiruko.
Mu ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda (National Police College) ku itariki 13 Kamena 2019, hahuriye impuguke zaturutse mu bihugu binyuranye bya Afurika. Bungurana ibitekerezo ku mahoro, Umutekano n’Ubutabera(Symposium on Peace, Security and Justice).
Mu Karere ka Musanze harimo kubera igerageza ryo gukoresha utudege duto (drones) mu buhinzi. Bamwe mu baturage iryo koranabuhanga ryagezeho baremeza ko bamaze kubona impinduka mu iterambere ry’ubuhinzi mu gihe gito bamaze bakoresha utwo tudege.
Abanyeshuri barangiza muri Kaminuza zo mu Rwanda baranenga uburyo imirimo isaba ubushobozi buhambaye ihabwa abanyamahanga, hirengagijwe ko n’Abanyarwanda bashoboye.
Police y’u Rwanda mu ntara y’Amajyaruguru, iragaragaza ikibazo cyugarije amashuri cy’ubujura bwa za mudasobwa, aho mu mezi atatu ashize, hibwe izigera kuri 136 mu bigo bitandukanye by’amashuri muri iyi ntara.
Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Kinigi, mu Karere ka Musanze, baravuga ko bitandukanyije n’abagore babaye ibigwari mu gihe cya Jenoside, baba imbarutso y’urupfu rw’Umututsi wa mbere wishwe muri ako gace.
Uwababyeyi Honorine, wari ufite imyaka umunani mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, avuga ko yakorewe iyica rubozo muri Jenoside, aho yamaze iminsi myinshi agaburirwa amazi avanze n’amaraso bafurishaga imyenda bavuye kwica.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu tariki ya 05 Kamena 2019, mu muhanda Rukomo-Gatuna wo mu Murenge wa Manyagiro mu Karere ka Gicumbi, habereye impanuka ya Moto ihitana umubikira witwa Terimbere Théopiste, wayoboraga ikigo nderabuzima cya Rushaki ihitana n’umumotari wari umutwaye.
Umugore yajijishije agaragara nk’uhetse umwana bamufashe basanga ni ibiyobyabwenge ahetse. Yahise ashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha(RIB), akaba ashinjwa gutunda ibiyobyabwenge nyuma yo kubifatanwa abihetse mu mugongo no kunda, ibindi abyikoreye ku mutwe.
General James Kabarebe, umujyanama wa perezida Paul Kagame mu by’umutekano, aravuga ko Ubwo abari bayoboye urugamba rwo kubohora igihugu bicwaga mu 1990, ingabo zacitse intege cyane zitabarwa na Perezida Kagame watangije urugamba bushya bigatuma intsinzi iboneka.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Kurengera Ibidukikije (REMA), buvuga ko Raporo yo mu mwaka wa 2016, yagaragaje ko muri uwo mwaka mu Rwanda habaruwe abasaga 2,200 bishwe n’indwara z’ubuhumekero.
Mu yahoze ari Komini Kinigi mu karere ka Musanze, ni hamwe muhabereye igeragezwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, aho kugeza ubu imibiri y’Abatutsi 136 ishyinguye mu rwibutso rwa Kinigi, bose bishwe mbere ya 1994.
Ibanga ryo gutsinda mu ishuri rya Wisdom, ngo ni uko buri gihembwe umwana wese wiga muri iryo shuri, asinyira imihigo imbere y’ababyeyi n’imbere y’ubuyobozi bw’ishuri, ijyanye n’amanota azagira.
Bazinanirwa Sesiliya w’imyaka 77 y’amavuko wo mu Kagari ka Buruba, Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, yatunguwe cyane no kubona Ingabo na Polisi bakata icyondo bamwubakira, yibuka ko ingabo yabonye mu mabyiruka ye, yahuraga na zo agakizwa n’amaguru.
Umugabo witwa Harerimana Emmanuel uzwi ku izina rya Gasimba wo mu Mujyi wa Kigali, ararira ayo kwarika nyuma y’uko APR FC itsinzwe na Muhanga FC, akirukanwa n’umugore we mu rugo.
Ku cyumweru tariki 19 Gicurasi 2019, wari umunsi udasanzwe ku badipolomate bakorera mu Rwanda, ubwo basuraga Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, bakishimira bimwe ibyiza nyaburanga bahabonye.
Abanyeshuri biga bacumbika mu bigo by’amashuri, ngo babangamiwe no kubaho batamenya amakuru y’igihugu cyabo, bagatunga agatoki ubuyobozi bw’ibigo bigaho bitabaha umwanya wo kureba Terevisiyo no kumva Radio.
Mu gihe kuri iki cyumweru tariki 19 Gicurasi 2019 Abanyarukumberi n’inshuti zabo bibuka ku nshuro ya 25 ababo bahaburiye ubuzima muri Jenoside yakorewe Abatutsi; Abaharokokeye, bavuga ko bageze ubwo bifuza kwicishwa gerenade aho kwicwa urubozo rw’imihoro n’udufuni.
Bamwe mu banyeshuri biga mu bigo binyuranye by’Amashuri abanza n’Ayisumbuye yo mu murenge wa Nemba, bavuga ko ntawabahangara abashora muri Jenoside, kuko bamaze kumenya ububi bwayo kurusha n’ababyeyi babo.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Shyaka Anastase, avuga ko mu gihe ibihugu bya Afurika bikomeje gushakira hamwe ibisubizo by’ibibazo byugarije Afurika, imbogamizi zikomeje guterwa n’ibihugu byakolonije Afurika bitifuza kuyirekura.
Prof PL Otieno Lumumba, impuguke mu by’amategeko na Politiki w’Umunyakenya, yashimangiye ko abayobozi mu bihugu bimwe bya Afurika aribo ntandaro y’ibibazo Afurika ihoramo aho batita ku nyungu z’abaturage bakirirwa mu ihangana ridashira.
Rosemary Mbabazi, Minisitiri w’urubyiruko avuga ko iyo arebye urubyiruko ashinzwe asanga muri rusange rutekanye, aho rukomeje kugaragara mu bikorwa byo gusigasira umutekano w’igihugu. Gusa ngo iyo hagize abafatirwa mu bikorwa bihanwa n’amategeko avuga ko biba atari inkuru nziza kuri bo nk’abarebererera iki kiciro (...)
Minisitiri w’ingabo Major General Albert Murasira, aravuga ko Afurika igomba kwishakira umuti w’ibibazo ihura na byo, ikitandukanya n’imikorere yo hambere yasabaga ko habaho inama n’amasezerano byinshi bigamije gushakira umuti ibibazo bya Afurika, akenshi ntibinatange umusaruro.
Mu mukino wahuje Musanze FC na Sunrise FC ku wa Gatandatu tariki 11 Gicurasi 2019, Musanze FC yabonye igitego cy’intsinzi ku munota wa nyuma cyashimishije umutoza Ruremesha wari wamaze gutakaza icyizere muri uwo mukino.
Mu Kigo cyigisha iby’Amahoro (Rwanda Peace Academy) giherereye i Nyakinama mu Karere ka Musanze, hatangijwe amahugurwa yo gukarishya ubumenyi ku barimu bazahugura Ingabo, Polisi n’Abasivili bifashishwa mu butumwa bw’amahoro.
Ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 05 Gicurasi 2019, mu muhanda Musanze-Cyanika mu Kagari ka Kabyiniro, mu Murenge wa Cyanika, habereye impanuka ikomeye aho imodoka yataye umuhanda igonga igiti ihitana uwari uyitwaye.