Prophet Vincent Mackay usanzwe ukorera ivugabutumwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yakoze ubukwe na Kate Clinton Ndikumagenge, mu birori bibereye ijisho byabaye ku wa Gatandatu tariki 20 Kamena 2026.
Perezida wa Iran, Masoud Pezeshkian, yatangaje ko igihugu cye kitazigera kiyambura uburenganzira gifite bwo kwihaza kuri uranium, ashimangira ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika nta yandi mahitamo zigomba kuzabyemera.
Ikipe ya Karate ya APR y’abagabo n’ikipe y’abagore ya Club Rafiki zitwaye neza zegukanye irushanwa ry’umunsi umwe ryateguwe na FERWAKA mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni irushanwa ryabereye mu Karere ka Karongi.
Kuva ku wa 20 kugeza kuri uyu wa 21 Kamena 2026, intumwa ziturutse mu Rwanda, Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, ndetse n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, UNHCR, zahuriye i Addis Ababa muri Ethiopia mu biganiro bigamije kurebera hamwe uburyo bwo gufasha impunzi zishaka gutaha ku bushake ziri mu bihugu (…)
Ku wa Gatanu nibwo, Donald Trump yatashye indege nshya itwara Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, izwi nka Air Force One, ikaba ije gusimbura itari isanzwe ikoreshwa. Ni indege yo mu bwoko bwa Boeing 747-8 yatanzwe nk’impano na Qatar ikaba ifite agaciro ka miliyoni 400$.
Sosiyete Nyarwanda y’ubwikorezi bwo mu kirere ya, RwandAir, yinjiye mu bufatanye n’Urwego rwa Leta ya Nigeria rushinzwe inganda, ubucuruzi n’ishoramari, mu kwagura umuhora w’ubwikorezi bw’imizigo uhuza Nigeria n’Afurika y’Iburasirazuba n’iy’Amajyepfo.
Umuvugizi Wungirije wa RDF, Lt Col Kabera yasabye abagize Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda kugira uruhare rugaragara mu kurwanya abahakana Jenoside n’abakwirakwiza ingengabitekerezo yayo.
Donald Trump, yatashye ku mugaragaro indege nshya itwara Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika izwi nka Air Force One itandukanye n’iyari isanzwe haba kunmabara ndetse n’ikoranabuhanga ikoranywe.
Uyu munsi ikoranabuhanga ryazanye ibyiza byinshi, ariko nanone rifite ingaruka mu buryo bumwe cyangwa ubundi ku mibanire y’abantu by’umwihariko mu miryango, aho rikomeje guhindura imibereho ndetse kikaba n’ikibazo abahanga basanga kimaze gufata indi ntera kuko hari n’aho riri gusenya imiryango.
Mu gihe abana benshi bari mu myaka iri hagati ya 6 na 10 usanga baba bakiri mu mashuri abanza biga gusoma, kwandika no kubara, umwana w’umukobwa umwe ukomoka muri Mexico we ntiyigeze agira umwanya wo kunyura muri ibyo byiciro kubera ubwenge budasanzwe afite.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Hon. Olivier J.P. Nduhungirehe, mu ruzinduko yagiriye muri Afurika y’Epfo, yahuye n’Abanyarwanda batuye muri icyo Gihugu abagaragariza ishusho rusange y’umubano warwo na Afurika y’Epfo.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yatangaje ko imurikabikorwa ry’Ubuhinzi n’Ubworozi rigiye kongera kuba ku nshuro ya 19, guhera ku itariki ya 22 kugeza ku ya 31 Nyakanga 2026 ku Mulindi, mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.
Ubundi kera kwambara ubusa ntabwo byari ibintu bimenyerewe ku muntu udafite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe, ariko uyu munsi byamaze gufata indi ntera, aho abantu mu byiciro byose basigaye bategura igikorwa cyo guhurira hamwe bambaye uko bavutse kuburyo n’ababibona ntacyo biba bibatwaye.
Intumwa ziturutse mu Ishuri Rikuru ry’Igihugu cya Nigeria ry’Ubushakashatsi ku Mutekano (NISS), ziri mu Rwanda mu rugendoshuri rw’icyumweru, zasuye Ikigo cya Mutobo gishinzwe kwakira no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu mitwe yitwaje intwaro giherereye mu Karere ka Musanze.
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Emmanuel Ugirashebuja, yahagarariye Perezida Paul Kagame, mu muhango wo gutangiza inama y’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma igamije kurebera hamwe intambwe imaze guterwa ku cyemezo gikomeye cya Loni A/RES/90/250 ku bucuruzi bwakorewe abacakara bambutswaga inyanja ya (…)
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yanenze Perezida wa RDC, Félix Tshisekedi, wibasiye u Rwanda ubwo ikipe y’Igihugu cye y’umupira w’amaguru (Les Léopards) yari imaze kunganya n’Ikipe ya Portugal mu mukino w’igikombe cy’Isi
Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, Gen Muhoozi Kainerugaba, yasabye Bebe Cool guhagarika ibikorwa byo gukomeza guharabika Miss Mutesi Jolly, yari amaze iminsi ashinja kumutekera umutwe.
Ubushakashatsi bushya bwakozwe na CNN ku bufatanye na SSRS bwagaragaje ko Barack Obama, , wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, agifitiwe icyizere n’abaturage ba Amerika kurusha abamusimbuye ku buyobozi bw’Igihugu.
Prophet Vincent Mackay ukorera ivugabutumwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika agiye kurushinga n’Umunyarwandakazi Kate Clinton Ndikumagenge, mu bukwe buzaba kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 20 Kamena 2026.
Ingabo z’igihugu cya Ghana, ku bufatanye na Ambasade y’u Rwanda muri icyo gihugu, zatashye ku mugaragaro urwibutso rwihariye rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu kigo cya gisirikare cya Burma Camp.
Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye yavuze ko mu gihe Isi muri iyi minsi ifite ibibazo by’ihungabana ry’ubukungu hakenewe ubufatanye mu guhangana n’ingaruka z’ibyo bibazo hifashishijwe ubushakashatsi bufite ireme bikajyana no guhuza ibikorwa bya politike.
Uruganda rukora ibinyobwa bisembuye rwa Sam Adams, rwatangaje ko utubari two mu Mujyi wa Boston, mu mpera z’icyumweru gishize twabuze inzoga ikorwa n’uru ruganda "Boston Lager" nyuma y’uko abafana b’ikipe y’igihugu ya Scotland bitabiriye imikino y’Igikombe cy’Isi cya 2026 bayinyoye ku rugero rurenze uko byari bisanzwe.
Umusore wamenyekanye ku izina rya Keane, ni umwe mu bari kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gufata umwanzuro udasanzwe wo gusubiza ubutumwa bwo kuri email bwamumenyeshaga ko atatoranyijwe mu basabaga akazi nawe abasubiza ababwira ko icyemezo cyabo atacyemeye.
Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), Stephen Mbundi bagirana byibanze ku ruhare rw’u Rwanda mu gukomeza gushyigikira no guteza imbere gahunda z’ubufatanye bw’ibihugu byo mu Karere.
Mutesi Jolly wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu 2016, yatangaje ko yifashishije sosiyete yunganira abantu mu mategeko yo muri Uganda ya Mbidde & Co Advocates, agiye kujyana mu nkiko umuhanzi wo muri Uganda, Moses Ssali uzwi nka Bebe Cool nyuma y’uko amuharabitse ku mbuga nkoranyambaga amushinja ubutubuzi.
Umuhanzi akaba n’umwe mu bakora bakanatunganya indirimbo Mugisha Robinson uzwi nka Element Eleeeh, agiye gutangira urugendo rw’ibitaramo bizenguruka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), ruzaba mu mezi abiri akurikirana y’Ugushyingo n’Ukuboza 2026.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yashyizeho Brigadier General Patrick Karuretwa ku mwanya w’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda asimbuye Brigadier General Ronald Rwivanga.
Minisitiri w’Intebe wa Equatorial Guinea, Manuel Osa Nsue Nsua yatanze ubwegure bwa Guverinoma yari ayoboye nyuma yo kunanirwa kugera ku ntego yari yihaye, nk’uko byatangajwe na Visi-Perezida w’icyo gihugu Teodoro Nguema Obiang Mangue.
Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva Yavuze ko u Rwanda rwakajije ingamba zo kugenzura no gukurikirana indwara ya Ebola ku mipaka yose yinjira mu Gihugu, hongerwa ubushobozi bwo gusuzuma no gupima iyi ndwara muri laboratwari.
Umunyabigwi mu mukino w’iteramakofe, Floyd Mayweather, akurikiranyweho ibyaha bibiri bikomeye, nyuma y’iperereza ryagaragaje ko yatanze sheki itazigamiwe ubwo yashakaga kwishyura isaha ihenze ifite agaciro k’ibihumbi 200 by’Amadolari ya Amerika (Ni ukuvuga arenga miliyoni 297Frw)