Melanie Brown, umuhanzikazi wamenyekanye mu itsinda “Spice Girls” ryo mu Bwongereza, ryakunzwe mu ndirimbo “Wannabe” yahishuye ubuzima bushaririye bw’ihohoterwa yanyuzemo mu rushako rwatumye asubira kubana na nyina ndetse akisanga nta nakimwe agisigaranye.
Mu butumwa Minisitiri January Makamba yanyujije kuri X nyuma yo kwakirwa na Perezida Kagame, yavuze ko mu byo baganiriye, Umukuru w’Igihugu yagaragaje ko hari byinshi ibihugu byombi bisangiye birimo amateka n’umuco, ndetse n’aho biherere byagakwiye gutuma bifatanya mu gukemura ibibazo bimwe mu bibangamiye abaturage.
Beyoncé Giselle Knowles-Carter, icyamamare mu muziki wavukiye I Houston, yatangaje izina rya alubumu ye nshya yise “Act II: Cowboy Carter”, biteganijwe ko azayishyirwa ahagaragara ku ya 29 Werurwe 2024, ibintu byanejeje abakunzi be batari bake.
Perezida Paul Kagame yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Tanzania ushinzwe n’Ubutwererane bw’Afurika y’Iburasirazuba, January Makamba, n’itsinda ryaje rimuherekeje.
Ingabo z’u Rwanda ku bufatanye n’iza Leta zunze Ubumwe z’Amerika, zikorera ku mugabane wa Afurika (USAFRICOM) n’izo muri Nebraska National Guard (NENG), zatangiye ibikorwa by’ubuvuzi ku baturage bo mu turere twa Rwamagana na Kayonza.
Umuhanzikazi w’Umunyamerika ufite inkomoko muri Trinidad & Tobago, Nicki Minaj, yashimye byimazeyo umuraperi Lil Wayne wamufashije kugera ku rwego rushimishije muri muzika, amuhindurira ubuzima.
Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Afrobeats, Ayodeji Balogun, uzwi ku izina rya Wizkid, yavuze ko urugendo rwe muri muzika aribwo rugiye gutangira kuko yumva ntacyo yari yageraho gikomeye.
Perezida Paul Kagame yageze i Luanda muri Angola mu ruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe, aho yakiriwe na Perezida w’iki gihugu, João Lourenço ku Ngoro y’Umukuru w’Igihugu ya Palácio da Cidade Alta baganira ku bibazo by’umutekano muri RDC.
Perezida wa Kenya, Dr William Ruto, yagize Dr Peter Mutuku Mathuki wari Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) kuba Ambasaderi wa Kenya mu Burusiya.
Minisitiri w’Ingabo Juvenal Marizamunda n’intumwa ayoboye yitabiriye inama ya 37 yiga ku bufatanye mu bijyanye n’Ingabo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba izibanda ku bikorwa na gahunda zihuza Ingabo.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente, yakiriye Dr. Sahr John Kpundeh, Umuyobozi uhagarariye Banki y’Isi mu Rwanda, baganira ku buryo barushaho gushimangira ubufatanye busanzwe buranga impande zombi.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Leta zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), Noura bint Mohammed Al Kaabi, Noura bint Mohammed Al Kaabi, yashimye ubutwari n’umurava byaranze abanyarwanda ndetse avuga ko amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, agomba kuba isomo ku bihugu bikayigiraho.
Umushabitsikazi akaba n’umwe mu bagore bamamaye ku mbuga nkoranyambaga, Zarinah Hassan, yanenze umugabo we Shakib Cham Lutaaya, wemeye kwishyurwa Amadolari 1000 n’umunyamakuru wo muri Tanzania, Mange Kimambi, akamena amabanga y’urugo.
Ingabo z’u Rwanda zo muri Rwanbatt-2 ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS,) zambitswe imidali y’ishimwe kubera ubunyamwuga n’uruhare rwazo mu kubungabunga amahoro.
Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Buyapani, kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Werurwe 2024, byashyize umukono ku masezerano y’inkunga ingana na miliyari 14 z’Amayen (hafi miliyari 118 z’amafaranga y’u Rwanda) igamije guteza imbere urwego rw’uburezi.
Umwamikazi w’injyana ya country music, Dolly Rebecca Parton yashimye byimazeyo Beyoncé ukomeje gukora amateka muri iyi njyana, nyuma yo gushyiraho agahigo we atigeze akora, aho indirimbo ye yayoboye urutonde rwa “Billboard Hot 100”, rushyirwaho ubwoko bwose by’injyana.
Zarinah Hassan uzwi nka Zari the Boss Lady, yahakanye yivuye inyuma inkuru ziherutse kuvugwa ko aryamana na Diamond Platnumz nyuma yo gutandukana mu 2018, kuko no kumusoma ku itama byoroshye ngo atarabikora.
Nyuma y’ibibazo by’umutekano muke biterwa n’ibyihebe bikomeje kwibasira amajyepfo y’Intara ya Cabo Delgado muri Mozambique, ababirebera hafi baravuga ko Ingabo za Mozambique n’iza SADC zidafite ubushobozi bwo guhangana nabyo bagasaba ko iz’u Rwanda RDF, zakoherezwa gutangayo umusada.
Perezida wa Nigeria Bola Ahmed Tinubu yavuze ko yababajwe cyane n’urupfa rwa John Okafor, wamamaye cyane ku izina rya Mr Ibu, ndetse ko Abanya-Nigeria batakaje umugabo wagize uruhare mu gukundiaha amahanga sinema ya Nigeria.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, yashimangiye ko gukorera hamwe hagati y’ibihugu ari ingenzi mu guteza imbere ubukungu n’ubucuruzi mpuzamahanga, kuko bizagira akamaro ibiragano bizaza.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Bushinwa, James Kimonyo, yasabye Abanyarwanda batuye muri icyo gihugu no mu mahanga muri rusange, kuzirikana ko bagomba kumenya ururimi rw’Ikinyarwanda no kurutoza abakiri bato bagakura baruzi, kuko ari rwo ruhuza Abanyarwanda aho bari hose.
Umukinnyi w’icyamamare muri sinema ya Nigeria, Nollywood, John Okafor uzwi cyane ku izina rya Mr Ibu, yitabye Imana ku myaka 62, azize indwara y’umutima aguye mu bitaro bya Evercare Hospital aho yari arwariye.
Binyuje mu iserukiramuco ryiswe ‘Uburyohe bwa Kigali’ (Taste of Kigali), i Kigali hagiye kumurikirwa indyo gakondo zitandukanye zo ku migabanye yose, mu rwego rwo kwereka abasura uyu mujyi n’u Rwanda muri rusange, ko bashobora kuhabona amafunguro atandukanye yo mu bihugu bakomokamo byumwihariko, no kumenyekanisha indyo (...)
Abahanzi bo mu Karere barimo Eddy Kenzo ukomoka muri Uganda na Big Fizzo wo mu Burundi, ni bamwe mu bateganyijwe kuzifatanya na Platini P mu gitaramo cyiswe ‘Baba Experience’, cyo kwishimira imyaka 14 amaze mu muziki.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta yageze i Antalya muri Türkiye, aho yahagarariye Perezida Paul Kagame mu nama y’ihuriro rizwi nka Antalya Diplomacy Forum, yiga ku butwererane mpuzamahanga iri kuba ku nshuro ya Gatatu.
Umujyi wa Boston, muri Massachusetts, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, watangaje ko iya 2 Werurwe ari umunsi wahariwe Umuhanzi Burna Boy ‘Burna Boy Day’, mu rwego rwo kumushimira ku bw’ibikorwa bye bya muzika n’ubuvugizi.
Perezida Kagame yakiriye urubyiruko ruhagarariye abandi rwitabiriye gahunda yiswe ‘Young Leaders Program’ ibaye ku nshuro ya gatatu. rumugaragariza imwe mu mishinga rufite rwifuza guteza imbere.
Inzego z’umutekano muri Afurika y’Epfo, zatangaje ko zataye muri yombi abantu barindwi bakekwaho guhitana umuhanzi Kiernan Forbes, uzwi nka AKA, ndetse ko aba bantu amakuru agaragaza ko babyishyuriwe nubwo hataramenyekana impamvu.
Nyuma y’uko umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Pop na RnB, Usher Raymond IV, yitwaye neza ku rubyiniro ndetse agakora n’amateka mu gitaramo cya Super Bowl half-time Show cy’uyu mwaka, abafana batangiye gusaba ko Jay Z ari we uzabataramira mu 2025.
Umuraperi Kanye West, nyuma y’uko akomeje kugirana ibibazo n’uruganda rwa Adidas rukora inkweto, mugenzi we Davido ukomoka muri Nigeria yamusabye kumusanga muri Puma abereye Ambasaderi ku rwego rw’Isi, agatera umugongo Adidas.