N’ubwo umuntu aba yabonye ibimenyetso bisanzwe bijyana na gutwita, harimo kuba ibisubizo byo kwa muganga byerekanye ko umuntu atwite (test positif), kubara igihe inda ifite bahereye ku gihe aherukira mu mihango, ariko hari ubwo bibaho, bareba mu nda y’umubyeyi bakoresheje ibyuma byabugenewe bagasanga nta rusoro rwigeze rwirema.
Umubare w’abagore batwite n’abonsa bahuye n’imirire mibi, wazamutseho 25% mu bihugu 12 byo muri Afurika no muri Aziya, guhera mu 2020, nk’uko byagaragajwe muri raporo ya UNICEF.
Umugabo wo mu Bushinwa yibye kuri Sitasiyo ya Gaz mu 2009, atwara Amayuwani (yuan) 156, ni ukuvuga Amadolari 22.50, nyuma amara imyaka 14 mu buvumo bw’umusozi yihisha Polisi.
Itegeko rigena ibyo gutanga ingingo (Organ donation), biteganyijwe ko rizasohoka mu Igazeti ya Leta mu bihe bya vuba, nyuma ubuvuzi bujyanye no gusimbuza ingingo mu Rwanda bukaba bwatangira muri Gicurasi uyu mwaka 2023.
Umuryango GAERG ( Groupe des Anciens Etudiants et Eleves Rescapés du Genocide), ugizwe n’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside, wateguye igikorwa wise ’GAERG TURASHIMA’, aho bashimye ibyo bagezeho mu myaka 20 ishize uwo muryango umaze uvutse kuko wabayeho kuva mu 2003.
Ubushakashatsi bugaragaza ko abasaga kimwe cya kabiri cy’abatuye Isi bazaba bafite ikibazo cy’ibiro by’umurengera muri 2035, nk’uko byatangajwe na ‘World obesity federation’.
Imiryango itari iya Leta, RWAMREC (Rwanda Men’s Resource Centre ) na RCSP (Rwanda Civil Society Platform), isaba ko ikiruhuko cyo kubyara abagabo bahabwa (paternity leave), cyakongerwa kikaba ibyumweru bitandatu, ni ukuvuga kimwe cya kabiri cy’ikiruhuko gihabwa umubyeyi w’umugore iyo yabyaye, kugira ngo babone umwanya (...)
Impyiko ni ingenzi mu buzima bw’umuntu ku buryo bukomeye, bityo ni ngombwa kuzitaho no kuzirinda, binyuze mu kurya indyo yuzuye kandi iboneye, no kugenzura amafunguro umuntu afata cyane cyane za poroteyine n’ibyo kurya birimo umunyu mwinshi.
Madamu Jeannette Kagame avuga ko kwishimira ibyagezweho mu bijyanye n’uburinganire bw’ibitsina byombi ari ibintu bikwiye, ariko ko abantu bakwiye kumva ko ibyagezweho muri urwo rwego bitapfuye kwizana gusa, ahubwo byaturutse kuri Guverinoma ishyira abaturage imbere, cyane cyane abagore.
Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru tariki 01 Werurwe 2023, Perezida Kagame yabajijwe ibibazo bitandukanye birimo n’icy’uko yaba ateganya kwiyamamariza kuyobora u Rwanda muri manda itaha.
Inama y’igihugu y’umushyikirano yabaye ku nshuro ya 18, yamaze iminsi ibiri, ikaba yari ihuriwemo n’abayobozi ku nzego zitandukanye, abaturage , Abanyarwanda baba mu mahanga bayitabira ku buryo bw’ikoranabuhanga n’abandi. Umunsi wa kabiri ari na wo wa nyuma, wabaye n’umwanya wo gutangaza uko Uturere twakurikiranye mu (...)
Mu itangazo ryasohowe na Roberto Occhiuto, Umuyobozi wo mu Majyepfo y’u Butaliyani ahabereye iyo mpanuka ikomeye, yagize ati "Abantu benshi bapfuye barohamye mu mazi, muri bo harimo n’abana kandi abenshi baburiwe irengero. Umujyi wa Calabre uri mu cyunamo kubera ibyo byago bikomeye”.
Mu kiganiro kivuga ku iterambere ry’umuryango mu nama ya 18 y’Umushyikirano, umusore witwa Ntwali Christian uyoboye umuryango ‘Past Initiative’, yasobunuye ko uburere umwana akura mu rugo, n’uburezi akura ku ishuri ari byo bihura bikamufasha kuba umuntu nyawe uhamye.
Mu nama y’Umushyikirano habamo n’umwanya abaturage mu ngeri zinyuranye bahabwa wo kubaza ibibazo no gutanga ibitekerezo ku ngingo zitandukanye, abo bireba bagatanga ibisobanuro cyangwa se inama z’uko ikibazo runaka kigaragajwe cyakemuka.
Ubwo yagezaga ku bitabiriye Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 18, ivuga kuri gahunda zitandukanye za Guverinoma, Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yavuze ku byo Leta y’u Rwanda yagezeho n’ibyo iteganya mu rwego rw’ubuzima, ari yahereye agaruka ku bamaze gukingirwa Covid-19.
Urubuto rw’umwembe rukomoka muri Aziya y’Amajyepfo, ariko ubu ruhingwa no ku yindi migabane itandukanye. Ubushakashatsi bugaragaza ko rukize ku byitwa ‘antioxydants’ bifasha umubiri w’umuntu gukora neza nk’uko urubuga www.bbc.com rwabisobanura.
Mu Buhinde, umuhungu w’imyaka 17 y’amavuko, yagize ubwoba bwinshi nyuma yo kwisanga mu cyumba cyo gukoreramo ibizamini ari wenyine mu bakobwa amagana, ahita yikubita hasi atakaza ubwenge ahita ajyanwa ku bitaro.
Abayobozi ba Nigeria bafashe icyemezo cyo gufunga imipaka yo ku butaka y’icyo gihugu yose, mu rwego rwo kugira ngo amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite yatangiye uyu munsi ku itariki ya 25 Gashyantare 2023 agende neza, nta buriganya bujemo nk’uko byatangajwe n’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri icyo gihugu.
Abasenateri basabye ko uburyo bwa Kinyarwanda (Rwandan solutions) bwongerwa mu ngamba Igihugu cyafashe, zijyanye no gukemura ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe.
Paschal Kaigwa Mariseli w’imyaka 21, w’ahitwa Bukoba muri Tanzania, akekwaho kwica uwitwa Hadija Ismail w’imyaka 29, babanaga mu nzu amukubise ikintu mu mutwe, ubu ari mu maboko ya Polisi yo mu Ntara ya Kagera, nyuma yo kumara iminsi itandatu (6) yihishe , maze inzara ikamuvana aho yari yihishe.
Kunywa itabi mu Banyarwanda byaragabanutse, bitewe ahanini no kuzamura imisoro ku itabi ndetse n’ibiciro byaryo nk’uko Dr Yvan Butera, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima aherutse kubisobanurira Abadepite.
Ubushakashatsi bwakozwe n’abo mu Ishuri ry’ubuvuzi rya ‘Icahn School of Medicine at Mount Sinai’ ryo muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, bwatangajwe muri ‘Journal of the American College of Cardiology’ ku itariki 20 Gashyantare 2023, bwagaragaje ko gukingirwa Covid-19, bigabanya ibyago by’ibibazo by’umutima, harimo kuba (...)
Muri Nigeria abantu bitwaje intwaro bishe abapolisi umunani (8) mu Majyepfo y’icyo gihugu, nk’uko byatangajwe n’abayobozi bo muri ako gace, bavuga ko ubwo bwicanyi bubaye mu gihe amatora ya Perezida wa Repubulika yegereje, kuko azaba ku itariki 25 Gashyantare 2023.
Ihuriro ry’Igihugu Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda (National Consultative Forum of Political Organizations - NFPO) na Sosiyete Sivile, yakiriye neza igitekerezo cya Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) cyo guhuza amatora ya Perezida wa Repubulika ataha, n’ay’Abadepite.
Sosiyete y’ahitwa Chengdu mu Bushinwa, ikora mu bya Logistics (Chengdu Ant Logistics), irashimirwa kuba isaba abashaka akazi ndetse n’abagatanga kwambara ‘masks’ zihisha amasura yabo mu rwego rwo kwirinda ko hari umuntu waje gusaba akazi warenganywa hagendewe ku buryo agaragara ku isura.
Uruzinduko rwa Perezida Joe Biden wa Amerika muri Ukraine yakoze mu buryo butunguranye, rwafashwe nk’ikimenyetso gikomeye, kuko ngo ruje umunsi umwe mbere y’uko Perezida Putin avuga imbwirwaruhame ijyanye no kwizihiza isabukuru y’umwaka ushize, u Burusiya butangije intambara muri Ukraine.
Ukraine yatangaje ko yatangije amahugurwa agenewe Abadipolomate bo mu bihugu bya Afurika , ayo mahugurwa akaba arimo atangwa mu rwego rwo gushimangira umubano hagati ya Ukraine n’Umugabane wa Afurika, nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’icyo gihugu, Dmytro Kuleba.
UNHCR n’abafatanyabikorwa barakusanya inkunga yo gufasha impunzi z’Abanyekongo mu bihugu zirimo, mu gihe Abakuru b’Ibihugu bya EAC bashaka ko zisubira mu gihugu cyazo.
Umukinnyi w’umupira w’amaguru w’Umunya-Ghana, Christian Atsu, yagaragaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Gashyantare 2023 yarapfuye, munsi y’ibikuta by’inzu byasenywe n’umutingito wabaye mu minsi 12 ishize, ugahitana abasaga 41,000 muri Turquie na 3,700 muri Syria.
Umuyobozi mukuru w’Ishami rya UN rishinzwe abimukira (International Organization for Migration/IOM), Antonio Vitorino, yavuze ko umubare w’abagore n’abana b’abimukira baturuka mu bihigu byo mu Ihembe ry’Afurika, bajya mu bihugu bya Golfe (Gulf states) banyuze muri Yemen wiyongereye cyane.