Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, OMS, ryatangaje ko mu mwaka wa 2050, umubare w’abarwara kanseri uzaba wariyongereyeho 77%, ugereranyije n’uko imibare y’abayirwara yari imeze mu 2022.
Muri Tanzania, mu Ntara ya Katavi muri Mpanda, umugabo witwa Nilanga Francis yatawe muri yombi nyuma yo gutaburura umwana we, akajyana isanduku irimo umubiri we mu rugo kugira ngo usengerwe umwana we azuke.
Ni impanuka yabaye ahagana mu saa sita z’ijoro ryakeye ry’uyu wa Gatanu tariki 2 Gashyantare 2024, iturutse ku guturika kwa Gaz, byakuruye inkongi ihita yica abantu 3 ako kanya, abandi 298 barakomereka, bikaba byabereye ahitwa Embakasi mu Murwa mukuru wa Kenya, Nairobi.
Muri Turkey, umugore aherutse gusaba gatanya kubera ko umugaba we yanga kwiyuhagira, agahora anuka ibyuya ndetse n’amenyo ye akayoza rimwe cyangwa se kabiri mu cyumweru gusa.
Umuntu wa mbere yamaze gushyirwamo akuma mu bwonko kagereranywa na mudasobwa ka sosiyete Neuralink ya Elon Musk, iyo ikaba ari intambwe ya mbere yo kugera ku nzozi za Elon Musk zo kugenzura ibikoresho by’ikoranabuhanga hakoreshejwe igitekerezo.
Umwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Kenya, yari yareze Guverinoma ya Kenya mu Rukiko ku cyemezo cyo kohereza abapolisi b’icyo gihugu muri Haiti, ndetse Urukiko rwemeza ko koko ubwo butumwa butemewe, kuko bunyuranyije n’amatageko ya Kenya, ariko Perezida William Ruto w’icyo gihugu, akaba yavuze ko ubwo butumwa bukomeje.
Muri Pakistan, Urukiko rwahanishije Imran Khan wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’icyo gihugu gufungwa imyaka 10 muri gereza.
Ibihugu bya Mali, Niger na Burkina Faso byatangaje ko bivuye mu Muryango w’Ubukungu bw’Ibihugu by’Afurika y’Iburengerazuba (CEDEAO), washinzwe mu 1975 ushyiriweho gushyigikira ubutwererane hagati y’ibihugu biwugize.
Tanzania, ahitwa Seguchini-Nala mu Karere ka Dodoma, umutarage witwa Festo Maganga yishwe n’abaturage nyuma y’uko yishe umugore we na nyirabukwe wari waje gusura umukobwa we.
Mu Buyapani batoye ‘Miss Japon 2024’, witwa Carolina Shiino utarahavukiye, bikurikirwa impaka ndende bamwe bavuga ko atagombye gutorwa nka Miss w’igihugu atavukiyemo, abandi bavuga ko icyo ari ikibazo cy’irondaruhu (racism), gituma hari abumva ko atagombye kuba atorwa nka Miss w’u Buyapani.
Umukecuru w’Umushinwakazi yahisemo gusigira imbwa ze n’injangwe, akayabo ka Miliyoni 20 z’Amayuwani (Miliyoni 2.8 z’Amadolori), avuga ko zakomeje kumuba hafi igihe cyose, bitandukanye n’uko abana be babigenje.
Muri Kenya, Urukiko rukuru rwemeje ko icyemezo cya Guverinoma ya Kenya, cyo kohereza abapolisi muri Haiti, kinyuranyije n’amategeko, bityo ko bihagarara.
Harerimana Emmanuel, ni umwe mu bitabiriye Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 19, yatangiye ku itariki 23 isozwa ku ya 24 Mutarama 2024, aturuka mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, akaba yatanze ubuhamya bw’uko imiyoborere myiza yamuhinduriye ubuzima, yarangiza na we agahindura ubw’abandi ahereye ku bamwegereye mu (…)
Indege y’igisirikare cy’u Burusiya yari itwaye imfungwa z’intambara za Ukraine zigera kuri 65, yakoze impanuka igeze ahitwa ku mupaka wa Ukraine, abarimo bose bahasiga ubuzima.
Umusore w’umunyamuziki w’Umunyamerika witwa Zeddy Will w’imyaka 22 y’amavuko, utuye mu Mujyi wa New York aravugwaho kuba yarateye inda abagore batanu icyarimwe, yarangiza akabategurira ibirori byo kuvuka kw’abana (baby shower) abahurije hamwe bose.
Kamagaju Eugénie ni umwe mu baturage bitabiriye Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, baturutse mu Karere ka Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo, we nk’umugore ukora ibijjyanye n’ubuhinzi n’ubworozi, yabajije niba bitashoboka ko mu bworozi hashyirwamo Nkunganire ya Leta nk’uko bikorwa mu buhinzi, kuko kuvuza amatungo ngo bihenda cyane.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yavuze ku kibazo cy’umutekano mu Gihugu n’uko kibanye na bimwe mu bihugu bituranye, agaruka ku mvugo zikwirakwikwiza urwango zimaze iminsi zivugwa na bamwe mu bayobozi b’ibihugu by’abaturanyi, avuga ko we rimwe na rimwe atajya afata umwanya wo kugira icyo azivugaho kuko haba hari umurongo (…)
Inyange Irene ni umubyeyi w’abana b’abahungu babiri b’impanga bafite umwaka n’amezi abiri, akaba ari umukozi wa Banki y’u Rwanda y’iterambere (BRD) ukora ibijyanye n’ikoranabuhanga (IT) muri iyo Banki.
Umuhango wo kurahira kwa Perezida mushya wa Liberia, Joseph Boakai watsinze amatora aheruka, wabaye ku wa Mbere tariki 22 Mutarama 2024 i Monrovia mu Murwa mukuru wa Liberia.
Umugabo wo muri Turukiya, yareze mu rukiko umuganga yishyuye ngo amwongerere ubunini bw’igitsina, maze ahubwo bikarangira kigabanutseho sentimetero imwe nyuma yo kumubaga.
Mu karere ka Bugesera, mu Murenge wa Mayange, hari bamwe mu baturage basigaye barya amajanja n’amajosi y’inkonko, nyuma y’uko hari umushoramari ukorera muri uwo Murenge worora inkoko akanazihabagira.
Polisi yo mu Mujyi wa Nairobi muri Kenya, irashakisha umutwe w’umukobwa wigaga muri Kaminuza ya Jomo Kenyatta, wishwe nyuma yo gutwarwa n’umuntu bivugwa ko bari baramenyaniye kuri Interineti. Umurambo waje kuboneka ariko umutwe wo urabura.
Mu mwaka wa 2023, u Rwanda rwinjije Miliyoni 91 z’Amadolari y’Amerika, (115,843,000,000Frws) avuye mu nama n’ibindi bikorwa by’imyidagaduro rwakiriye.
Indege itwara imizigo yakodeshejwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye (UN) ryita ku biribwa (WFP/PAM), yakoze impanuka mu majyepfo ya Somalia, umuntu umwe arapfa, abandi babiri barakomereka.
Nahimana Adrienne, Umurundikazi wamamaye ku izina rya ‘Bikira Mariya Mawe’, akaba yari azwi cyane nk’umukinnyi w’inararibonye muri filime y’uruhererekane yitwa Ninde, ndetse akaba n’umunyarwenya uzwi, yitabye Imana.
Kubera impamvu z’amasomo, Joseph Kabila Kabange, wahoze ari Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, akaba na Senateri ubuzima bwe bwose, ntazitabira umuhango w’irahira rya Perezida Félix Tshisekedi, uteganyijwe ku wa Gatandatu, tariki 20 Mutarama 2024, kuri Stade ya ‘Martyrs de la Pentecôte’ i Kinshasa.
Ku bantu bakunze gukora ingendo mu mihanda minini nk’umuhanda Kigali- Rusumo, Kigali-Huye, Kigali- Gatuna, Kigali-Rusizi, n’ahandi, bajya babona amagambo aba yanditse ku makamyo atwara imizigo, ariko no muri Kigali izo kamyo zanditseho amagambo atangaje ziraboneka, ikibazo kikaba ari ukumenya ngo abayandikaho, baba bashaka (…)
Mu Buhinde, umugabo yaheze mu bwiherero bwo mu ndege kubera urugi rwanze gufunguka, abakora mu ndege bananirwa kugira icyo bamufasha, kugeza indege igeze aho yari igiye.
Perezida Paul Kagame wari uri mu Nama Mpuzamahanga yiga ku bukungu bw’Isi (World Economic Forum) i Davos mu Busuwisi, BBC yamubajije ku kibazo kijyanye n’abimukira u Bwongereza bwagombaga kohereza mu Rwanda, n’icyo u Rwanda ruteganya gukora mu gihe abo bimukira baramuka bataje.
Mu busanzwe, inyanya zizwiho kuba zituma abantu bahorana akanyamuneza ndetse zikaba n’isoko ya vitamine C, ariko abashakashatsi baje kwemeza n’ubundi bushobozi buri mu nyanya butuma zigira uruhare mu kurwanya ubugumba ku bagabo (infertilité masculine).