Mukamwiza Ange yavutse nk’abandi abyiruka nkabo, agera igihe cyo gushaka umugabo no kujya kubaka urwe, yizeye ko nta gisibya azabyara hungu na kobwa, agaheka, uko azabyemeranya n’uwo bashakanye.
Ikoranabuhnaga ry’ubuhinzi rya Smart Nkunganire aho Leta ifasha abaturage kubona ifumbire n’imbuto z’indobanure, ryamaze guhuzwa n’izindi gahunda nshya z’ikoranabuhanga, aho umuhinzi azajya asabwa gupimisha ubutaka bwe, akamenya ubwoko bw’ifumbire n’imbuto bukeneye, akaba ari byo ahabwa.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS),ryatangaje ko muri Afurika, abana bari munsi y’imyaka 5 bakunze kwibasirwa cyane n’indwara ziterwa n’ibiribwa bibi cyangwa se bidafite ubuziranenge bwizewe ndetse n’imirire mibi.
Icyayi cy’u Rwanda kizwiho ubwiza n’uburyohe butangaje ku rwego mpuzamahanga ndetse kikaba gisanzwe kinjiriza u Rwanda amadovize binyuze mu bucuruzi bw’ibikomoka ku buhinzi byoherezwa mu mahanga, mu minsi iri imbere kizajya cyoherezwa muri Pakistan kinyuze inzira imwe, nta handi kibanje kunyuzwa (direct exports), kugira ngo (…)
Imana irema umuntu, yamushyizemo uburyo bw’ukuntu amaraso atembera muri we, yagira igituma akomereka cyangwa se ava amaraso nubwo ataba yakomeretse, hakagira uburyo avura kugira ngo kuva bihagarare ibyo bita ‘hemostasis’. Iyo rero uko kuvura kw’amaraso mu buryo busanzwe byakabije, nibyo biba indwara.
Inama ya y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa mbere tariki 8 Kamena, yameje ivugurura ry’amasezerano hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’Umuryango mpuzamahanga w’ibihugu bisangiye uruzi rwa Nil, ahesha uwo muryango uburenganzira bwo kugira icyicaro mu Rwanda.
Urwego rw’imari mu Rwanda rumaze kunguka ikigo gishya cy’imari iciriritse, cyitwa CHIC Finance Plc, kikaba giturutse mu banyamigabane b’inzu y’ubucuruzi ikunzwe cyane mu Mujyi wa Kigali, Champion Investment Company, abantu bazi muri macye nka CHIC.
Ikibazo cy’umutekano mu Karere kizakomeza kumvikana mu gihe cyose umutwe w’iterabwoba wa FDLR ubarizwa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo utarasenywa burundu, ngo wamburwe n’intwaro nk’uko byagiye bigarukwaho mu bihe bitandukanye.
Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima ‘OMS/WHO’ , Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, yaburiye ibihugu bishyiraho ibihano rusange ndetse n’ingamba zikomeye zo kubuza cyangwa gukumira abantu gukora ingendo kubera icyorezo cya Ebola, ko ahubwo ibyo ari byo bituma kirushaho kwiyongera.
Uwimbabazi Jeanne, yari afite imyaka 16 mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umuryango we wari utuye mu mujyi wa Kigali, yibuka ko byose byatangiye ari mu biruhuko bya Pasika.
Umudepite wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Gregory Meeks, yanenze gahunda y’ubutegetsi bwa Donald Trump yo gushyira muri Kenya ikigo cyo gushyira mu kato Abanyamerika barwaye cyangwa bakekwaho icyorezo cya Ebola.
Ikigo gishinzwe amazi, isuku n’isukura WASAC Group, cyavuze ko ikibazo cy’ibura ry’amazi hari aho gihuriye n’ibura ry’umuriro ryaje riyongera ku bibazo bisanzwe by’ingano y’amazi igabanuka mu bihe by’ubushyuhe, bigatuma atagera ku bafatabuguzi neza.
Abaminisitiri b’Ubuzima bo mu bihugu umunani bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bahuriye mu nama ku buryo bw’ikoranabuhanga guhera tariki ya 1-2 Kamena 2026, bagamije guhuza ingamba zo guhangana n’icyorezo cya Ebola kimaze iminsi kibasiye cyane Intara ya Ituri, mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya (…)
Muri Kenya, Ishyirahamwe ry’Abaganga, Abakora muri za Farumasi n’Abaganga b’Amenyo (KMPDU), ryahaye Guverinoma amasaha 48 ntarengwa, yo kuba yamaze gutangaza ku mugaragaro ibiganiro bivugwa ko birimo kuba hagati yayo n’ubutegetsi bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku bijyanye no gushyiraho ikigo gishyirwamo abari mu kato no (…)
Inzego z’ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zivuga ko abantu bagera ku 1000 bagaragaje ibimenyetso by’indwara ya Ebola, ariko kugeza ubu abantu 105 gusa, ari bo bemejwe na Laboratwari ko bayirwaye.
Muri ba Ofisiye bashya 436 basoje amahugurwa uyu munsi tariki 27 Gicurasi 2026, mu Kigo cya Polisi giherereye i Gishari mu Karere ka Rwamagana, harimo abashyitsi, bakaba ari Abapolisi umunani n’abaje baturuka mu gihugu cy’inshuti y’u Rwanda cya Seychelles.
Uwase Nicole ni umukobwa w’imyaka 24, uri mu mwaka wa nyuma mu ishuri rikuru ryigisha ubuhinzi butangiza ubutaka rya RICA, aho yemeza ko arangije kwiga afite ishema ry’uko yize byinshi kandi akabishobora nubwo muri sosiyete, bifatwa nk’ibigenewe abasore cyangwa abagabo.
Urwego rw’u Rwanda rushinzwe igorora rwungutse ba Ofisiye bato 146 barimo ab’igitsinagore 21 barangije amasomo abashyira mu cyiciro cya mbere cy’abofisiye bato muri RCS. Muri abo, abagera kuri 84 bari basanzwe bakorera muri urwo rwego, naho abandi 62 bo baje baturuka hanze mu buzima bwa gisivili.
Umuyobozi mukuru ushinzwe ibikorwa muri BNR, Kasangwa Chantal, yasobanuye ko ikibazo cy’inoti z’inkorano cyangwa z’inyiganano, atari ikibazo gihangayishije kuko ari ibintu bibaho gacye cyane.
Sultani Makenga, w’i Gahini muri Kayonza, yiswe ayo mazina ari umunyeshuri mu mashuri yisumbuye, izina rirafata, nubwo we atari azi uwo bamwitirira, ariko aho yamumenyeye yamukunze urukundo rutuma ashakisha amakuru ye.
Mu ishuri rikuru ryigisha ubuhinzi bubungabunga ubutaka RICA, Harerimana Leonce, umuyobozi ushinzwe iyamamazabuhunzi, asobanura amahame bagenderaho.
Perezida wa Tanzaniya Samia Suluhu Hassan asanga inama Nyafurika yiga ku iterambere cya Nikeleyeri ije gufasha umugabane gukura imishinga mu mpapuro ikajya mu bikorwa.
Kubona umurambo ku muhanda, mu mazi, mu bisambu n’ahandi, ni ikintu gifatwa nk’igiteye ubwoba ndetse gihungabanya amarangamutima ku bantu bamwe na bamwe, ariko bibaho, umuntu akabyuka mu gitondo agiye muri gahunda ze zitandukanye, yagera ku muhanda akabona umurambo atazi aho wavuye, atazi na nyirawo. Iyo bigenze bityo hari (…)
Perezida Kagame yavuze ko imbuga nkoranyambaga nta kintu ajya azibonaho ngo kimutungure cyane, ahubwo ko azibona nk’uburyo bwiza buha buri wese umwanya wo kugaragaza ibyo atekereza kandi akumvwa.
Mu gihe Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Murangwa Yusuf, yagezaga ku Nteko Ishinga Amategeko imbanzirizamushinga y’ingengo y’imari y’umwaka wa 2026-2027 kuri uyu wa Mbere tariki 11 Gicurasi 2026, Senateri Mureshyankwano Marie Rose yashimye uko mu ngengo y’imari ihame ry’uburinganire ryitabwaho, ariko avuga ko hakirimo ikibazo.
Mukandahiro Agnes yeretse umuryango we ko azaba umuganga ariko babyita iby’abana. Mu mikino ye, yahoraga mu mitekerereze y’ubuvuzi, akandikira abana bagenzi be imiti ku makoma y’insina, kandi akababwira uko bazayinywa mu gitondo, saa sita na nimugoroba, ubundi akabatera inshinge.
Muganga Agnes Mukandahiro amaze imyaka 21 atanga serivise zo gusiramura, kandi yakira abantu bose, abakuru n’abato. Muri iyi myaka amaze, yabonye byinshi, yigiyemo byinshi, ndetse ubu afite ubunararibonye butuma agira abantu inama z’imyitwarire, kugira ngo gusiramura bitababaza kurushaho.
Muganga Agnes Mukandahiro ashishikariza ababyeyi kujya basiramuza abana babo, ariko n’abantu bakuru batabikoresheje, bakabikora kuko bifite akamaro mu buryo butandukanye, harimo kuba bifasha mu isuku y’umuntu no kumurinda ibyago byo kurwara indwara zimwe na zimwe
Inteko Ishinga Amategeko, umutwe wa Sena, muri Kenya, igiye kwiga ku busabe bwo kwambura Uhuru Kenyatta uburenganzira , inyungu n’ibindi bitandukanye ahabwa nk’uwahoze ari Perezida w’icyo gihugu, harimo amashilingi Miliyoni imwe n’ibihumbi magana atanu ya Kenya( Ksh 1.5M), ni ukuvuga asaga ibihumbi 11 by’Amadolari ya (…)