U Rwanda rufite impano y’amabuye y’agaciro mu nguni zose z’igihugu, Muhanga ikaba kamwe mu turere dukungahaye kuri ubu butunzi buyoboye izindi nzego mu kwinjiriza igihugu amadovize.
Ku Mayaga ya Ntongwe, ubu ni mu Karere ka Ruhango, barategura gahunda yo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, aho abenshi mu bishwe muri iyo Komini ya Ntongwe, bapfuye mu cyiswe imperuka ya Nyamukumba.
Muri Leta ya Louisiane ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, umugabo witwaje imbunda yishe abana umunani, barimo barindwi be bwite, anarasa abandi bantu babiri mbere y’uko nawe araswa n’abapolisi agapfa.
Umuyobozi Nshingwabikorwa Wungirije w’Akarere ka Gasabo Mudaheranwa Regis yifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Ndera mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, by’umwihariko hibukwa abiciwe mu kigo cya CARAES, maze ababwira amwe mu mateka yaranze ubutegetsi bwa Habyarimana Juvenal wabaye uwa mbere (…)
Intambara no gushyamirana bikomeje kwiyongera mu Burasirazuba bwo Hagati, byahungabanyije isoko ry’ingufu, none ingaruka zabyo zirimo kugera no ku bihugu biherereye kure cyane y’ako Karere.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Uwihanganye Jean de Dieu, yatangaje ko ibiciro ku ngendo bitazazamuka ku batega imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, nubwo ibiciro bya lisansi byiyongereye.
Ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiraga, abatuye I Karambi mu Murenge wa Nyamata, Akarere ka Bugesera, bihagazeho barwanya Interahamwe.
Ministiri w’intebe Justin Nsengiyumva yifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Ngororero, mu Karere ka Ngororero, mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Brig. General (Rtd) El Hadji Babacar Faye, Umusirikare w’Umunya-Senegal wari mu Rwanda mu butumwa bwa UN yemeza ko ibimenyetso by’uko hari Jenoside itegurwa babibonye mu 1993 aho bari baroherejwe gukorera hatandukanye, ariko batanga ubutumwa bw’impuruz muri UN ntibumvwe nk’uko na Jenerali Romeo Dallaire nawe wari mu butumwa (…)
Musenyeri Dr Laurent Mbanda, uyobora Itorero ry’Abangilikani mu Rwanda (EAR), yagarutse ku bantu batandukanye muri iki gihe usanga bizihiza umunsi wa Pasika kandi batari Abakirisitu, batanamwemera, bizihiza Pasika kuko ari umunsi mukuru gusa, mbese bakayizihiza mu ‘kigare’, agaragaza ko ibyo bidakwiye, ariko ngo hari (…)
U Burundi buherutse guhura n’ibyago. Mu Mujyi wa Bujumbura, ku wa 31 Werurwe, Ikigo cya gisirikare cya "Base" muri zone ya Musaga, cyafashwe n’inkongi, intwaro zose zirashya ziratokombera.
Kuri uyu wa Kane tariki 2 Mata, Ambasaderi GAO Wenqi ari kumwe n’abakozi bose ba Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda, bagiye kunamira no guha icyubahiro Abashinwa bashyinguye mu irimbi riherereye mu Karere ka Rulindo mu Ntara y’Amajyaruguru.
CP Theos Badege yagizwe Komiseri mukuru wungirije w’Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS).
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Telesphore Ndabamenye, ari imbere y’Inteko Ishinga Amategeko umutwe wa Sena, yasubije ibibazo bijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi byari byagejejwe kuri Minisitiri w’Intebe. Muri ibyo bibazo harimo n’ikijyanye n’ubuziranenge bw’ibiryo by’amatungo, aho yagaragaje ko imwe mu ngamba zafashwe zo (…)
Itegeko ryo muri Senegal riteganya gukuba kabiri ibihano by’igifungo ku byaha bijyanye no kuryamana ku bantu bahuje ibitsina ryashyizweho umukono na Perezida Bassirou Diomaye Faye, rikaba ryatangajwe mu Igazeti ya Leta ku wa Kabiri, tariki ya 31 Werurwe 2026.
Mu kiganiro #EdTechMondays kigamije guteza imbere ikoranabuhanga mu burezi, cyo ku wa Mbere tariki 30 Werurwe 2026, kuri KT Radio cyagarutse ku buryo bwo kongera imbaraga mu ikoranabuhanga mu mashuri yo mu cyaro binyuze mu kwagura murandasi (Internet) n’ibikorwaremezo, ku buryo byafasha kugira amahirwe angana ku myigire (…)
Munyeragwe Gaspard wahoze mu mitwe yitwaza intwaro ikorera mu mashyamba ya Congo, harimo FDLR yiganjemo abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kandi ihora ishaka gutera u Rwanda no guhungabanya umutekano warwo, yashimishijwe n’umukino w’umupira w’amaguru wabereye kuri Sitade Ubworoherane ya Musanze, ugahuza bamwe (…)
Twagirimana Jean, yavukanye ubumuga bw’amaboko yombi, ku buryo ibyo ashobora gukora byose abikoresha amano cyangwa se ibirenge, ariko ntibyamubujije kugera ku nzozi ze, haba mu mashuri, mu rushako n’akazi karebana no guteza imbere imibereho myiza y’abantu bafite ubumuga n’ibindi byiciro.
Bwa mbere mu mateka y’Abangilikani mu Bwongereza, hashyizweho Musenyeri w’umugore uwo akaba ari Sarah Mullally.
Perezida Kagame ari kumwe n’abayobozi mu nzego z’ibanze n’abo mu nzego bwite za Leta, yababwiye ko ibintu bigomba guhinduka, abayobozi bakagira imikorere ikorera abaturage, ikurikirana ibyo umuturage akeneye, abayobozi bagakora neza ibyo bashinzwe, cyangwa se byabananira bakegura bakava mu myanya barimo bakajya kureba ibindi (…)
Muri Nyaruguru, Intara y’Amajepfo, ubwo itotezwa ry’Abatutsi ryakazaga umurego, umubyeyi wabyaye hungu na kobwa yakijije amagara ye, maze ahungana n’umuryango we i Burundi.
Mu nkuru ibanza, twabagejejeho ikiganiro twagiranye n’uwo twise Mujawamariya Bernadette winjiye mu Babikira ari umwana w’impunzi I Burundi, hanyuma akaza kubona inzira yo kuza mu Rwanda mu gihe cy’urugamba rwo kubohora u Rwanda, kuko yari afite ishyaka ryo gufasha FPR Inkotanyi, cyane cyane mu buvuzi.
Umuhanzi yararirimbye ati “urukundo ni indwara kandi itavuwe yakwica nk’izindi zose”, ariko rero, hari abantu baba bariyeguruye Nyagasani, ku buryo kubakunda, ibi byo gutereta bishobora gufatwa nko kurengera.
Banki Nkuru y’Igihugu (BNR) yatangaje ko nubwo hari igitutu gituruka hanze, ubukungu bw’u Rwanda bwakomeje kwihagararaho muri 2025, aho urwego rw’inganda rwiyongereyeho 11%, serivisi ziyongeraho 8.5%, naho ubuhinzi bwiyongeraho 7.4%. Ibi byatewe n’ishoramari mu bikorwa remezo no kwiyongera kw’ibyoherezwa mu mahanga, cyane (…)
Ubuyobozi bushya bwatowe n’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF) burasaba Leta kongera gusuzuma icyemezo cyo kwemerera ibikorwa by’ubucuruzi gukora amasaha 24 kuri 24, buvuga ko kongera amasaha y’akazi ari ingenzi mu kuzamura umusaruro, inyungu n’iterambere mu nzego zitandukanye.
Kuri uyu wa 18 Werurwe, Minisitiri w’Ubutabera w’u Rwanda akaba n"intumwa Nkuru ya Leta, Dr Ugirashebuja Emmanuel ari kumwe n’abunganira u Rwanda mu mategeko, basobanuriye urukiko impamvu yatumye u Rwanda rurega u Bwongereza.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yemeje ko mu gihe inkunga yatangwaga n’Ubumwe bw’Ibihugu by’u Burayi mu bikorwa byo kurwanya iterabwoba muri Mozambique yahagarikwa, Ingabo z’u Rwanda zari ziri mu butumwa muri icyo gihugu, zahita zivayo, ubwo hagashakwa igihugu cyakoherezayo (…)
Abasirikare 100 b’u Rwanda, bari boherejwe mu butumwa bw’ubutabazi muri Jamaica, bageze i Kigali, aho bashimiwe ubwitange, umurimo mwiza kandi unoze bakoze ndetse n’ikinyabupfura cyabaranze muri izo nshingano bari bahawe.
Ni inyoni nke cyane zimara ubuzima bwazo bwose ahantu hamwe, kubera ko inyinshi ziraguruka zikajya kure cyane zigamije gushaka aho zabona ibiryo bihagije, gutangira umuryango (kubyara), cyangwa se guhunga ihindagurika ry’ibihe.
Perezida Paul Kagame yitabiriye Inama ya kabiri yiga ku ingufu za Nikeleyeri (Nuclear Energy Summit) iri kubera i Paris, aho ari kumwe n’abayobozi b’ibihugu bitandukanye baturutse mu mpande z’Isi, abayobozi b’imiryango mpuzamahanga ndetse n’abayobora ibigo by’imari.