Umwana w’umuhungu witwa Ridge Scolley, ukomoka muri Leta zunze ubumwe za Amerika, muri Leta ya Minnesota, yatanze ingingo ze z’umubiri kugira ngo zizahabwe abantu barwaye bazikeneye.
Ubusanzwe habaho impanga akenshi usanga zihuje igitsina zinasa (vrais jumaux) izo zibaho iyo habayeho igi rimwe ry’umugore ryahuye n’intanga imwe y’umugabo, nyuma rikaza kwigabanyamo ibice bibiri ari byo bitanga abana babiri, nkuko bisobanurwa ku rubuga http://larichesse.over-blog.com.
Ibintu birenduka bisigara aho ikinyamushongo cyangwa ikinyamunjonjorerwa kinyuze, umuntu yagereranya n’amacandwe yacyo, burya bifite akamaro gashobora kuba katazwi na benshi.
Icyayi cya Hibiscus ni icyayi gikorwa mu ndabo za Hibiscus zumishijwe. Iyo zishyizwe mu mazi ashyushye, icyayi kigira ibara ritukura cyane, ukumva gisa n’ikiryoshye n’iyo nta sukari yaba irimo nk’uko tubisanga ku rubuga www.medicalnewstoday.com .
Algeria ibaye igihugu cya kabiri ku mugabane wa Afurika kigaragayemo Coronavirus, nyuma ya Misiri (Egypte), kuko ni cyo gihugu cya mbere cyagaragayemo umurwayi wa Coronavirus, aravurwa arakira.
Imodoka yo mu bwoko bwa ‘Bugatti Veyron’ ni imwe mu modoka zigura akayabo k’amafaranga, ikaba ibarirwa mu modoka nziza cyane kandi zigezweho.
Hosni Moubarak wabaye Perezida wa Misiri yapfuye kuri uyu wa kabiri tariki 25 Gashyantare 2020, afite imyaka 91.
Hari abantu bakunda guhekenya shikarete nyuma yo kurya ibyo kurya birimo ibirungo nka tungurusumu n’ibindi banga ko impumuro yabyo iguma mu kanwa. Hari n’abazihekenya mu gihe bumva bashonje bakumva ko gukanja shikarete byagabanya inzara.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Gashyantare 2020, umugabo witwa Rowan Baxter yaguye mu nkongi we n’abana be.
Umuryango w’Abibumbye (UN) urahamagarira abantu guhatanira igihembo kitiriwe ‘Le Prix Nelson Rolihlahla Mandela 2020’. Gutanga kandidatire bishobora gukorwa mu Cyongereza cyangwa mu Gifaransa.
Icyorezo cyiswe Coronavirus gikomeje kwibasira ahanini igihugu cy’u Bushinwa ndetse n’abantu batandukanye bo mu bindi bihugu hirya no hino ku isi bagaragaweho iyo ndwara, umuntu yakwibaza uko bimeze mu Rwanda.
Soya ni cyo kinyamusogwe cyonyine gikorwamo ikinyobwa. Ku rubuga www.handirect.fr bavuga ko n’ubwo imvugo imenyerewe ari amata ya soya (Lait de Soja), ubundi ngo si byo kuko si amata ahubwo ni umutobe ukamurwa muri soya, gusa kubera ibara ryera ry’uwo mutobe ndetse n’imikoreshereze yawo ijya kwitwara nk’amata, bituma witwa (…)
Ku rubuga www.regivia.com bavuga ko siporo yo gusimbuka umugozi ifasha amaraso gutembera neza mu mubiri cyane cyane mu gice cy’amaguru, bikagabanya ibinure byitsindagira ku matako.
Umunyu wa gikukuru/gikukuri abandi bita umunyu w’ingezi, ni umunyu uzwi mu Rwanda guhera mu gihe cya kera kuko wakoreshwaga ahanini n’aborozi bawuha amatungo.
Kompanyi y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu kirere, Rwandair, yatangaje ko isubitse by’agateganyo ingendo zose zerekeza i Guangzhou mu gihugu cy’u Bushinwa, uhereye none ku itariki 31 Mutarama 2020.
Amakuru dukesha BBC aravuga ko umubare w’abamaze guhitanwa n’icyorezo cya Coronavirus wazamutse ugeze ku bantu 170, ikindi kandi, kuba hari umuntu byamaze kwemezwa ko yafashwe n’icyo cyorezo mu gace kitwa “Tibet” bivuze ko icyorezo cyageze mu duce twose tw’u Bushinwa.
Imiti ishyirwa mu mutwe hagamijwe guhindura ibara ry’umusatsi izwi ku izina rya tentire ‘teinture’, ikoreshwa mu nzu zitunganyirizwamo imisatsi (salons de coiffure), ikoreshwa n’abatari bake, ariko se yaba igira izihe ngaruka ku buzima bw’abayikoresha?
Inturusu ni igiti kizwi cyane. Hari ababitera ku mihanda, hari n’abatera ishyamba ry’inturusu bagamije ahanini kuzabikoresha nk’imbaho, inkwi, cyangwa kubicamo amakara. Ariko se mwari muzi ko inturusu ubundi ari igiti cyifitemo imiti y’indwara zitandukanye?
Hari ababyeyi bamwe bumva ko uko bakunda ibintu biryohereye ari na ko bagomba kubiha abana babo nubwo baba bakiri bato bafite munsi y’imyaka ibiri, nyamara ababyeyi bakora ibyo baba bashyira ubuzima bw’abana babo mu kaga kuko baba babakururira indwara ubundi zakwirindwa.
Muri iki gihe abantu batandukanye bakiri mu myaka yo kubyara usanga baba bibaza ku mata baha abana babo basubiye mu kazi, kuko ikiruhuko umubyeyi ahabwa ari amezi atatu,yaba akorera Leta cyangwa abikorera.
Hari abantu bakunze kwambara cyangwa bakambika abana babo inkweto zikoze muri parasitike. Ese izi nkweto zaba hari ikibazo zatera uzambara? Uzambara akwiye kwitwara ate ngo zitamutera ikibazo?
Abantu batari bake bamaze kumenya ko gukora siporo muri rusange ari ikintu cy’ingenzi mu mibereho myiza yabo, ariko siporo yo koga ifite ibyiza byayo byihariye byagombye gutuma abantu bayitabira.
Ibumba ry’icyatsi ni iki?Ese umugore utwite yarikoresha ntirimutgireho ingaruka cyangwa se ngo rizigire kuwo atwite?Umwe mu basoma inkuru za Kigali Today, yasabye ko twamubwira niba ibumba ry’icyatsi ryaba ryemewe cyangwa ritemewe ku mugore utwite.
Mu birori bitandukanye cyane cyane ibisoza umwaka, hari imiturika (fireworks/ feux d’artifices) iraswa mu kirere hagasohoka ibishashi by’imiriro bifite amabara atandukanye, ku buryo ibyo bishashi bigera mu kirere bigakora ibintu bisa n’indabo kandi usanga binogeye amaso iyo biraswa. Ariko se bikomoka he?
Muri rusange imbuto ni ingenzi mu kuzuza ifunguro rikwiriye, ariko uyu munsi turavuga ku byiza byo kurya urubuto rwitwa ‘Watermelon’ mu Cyongereza, cyangwa ‘Pastèque’ mu gifaransa. Twibanda ku byiza ruzanira abarurya.
Abantu bagira uburyo butandukanye bwo kurimba, hari abagore n’abakobwa bavuga ko icyo bakwambara cyose batakumva ko barimbye mu gihe batashyizeho inkweto ndende. Hari abibaza niba izo nkweto ndende ari nziza ku buzima bw’abazambara.
Bimenyerewe ko abantu bakoresha imiti y’amenyo inyuranye mu rwego rwo kuyasukura ndetse no kuyarinda indwara zitandukanye, ariko hari n’abakoresha imiti y’amenyo ikozwe mu makara kugira amenyo yabo arusheho gucya cyane.
Irangi risigwa ku nzara bita “vernis à ongles” mu gifaransa cyangwa “nail polish” mu cyongereza, ni umurimbo ukundwa n’abagore n’abakobwa batari bake hirya no hino ku isi, ariko Kigali Today yifuje kumenya niba nta ngaruka mbi rigira ku buzima bw’abaryisiga cyangwa se abakora umwuga wo gusiga inzara.
Abahanga bavuga ko konsa ari byiza cyane, kuko bigira akamaro ku mwana ndetse no ku mubyeyi wonsa neza. Ikindi kandi ibyiza byo konsa bitangira kuva umwana agifata ibere ubwa mbere akivuka kugeza acutse.
Hari abantu bibaza niba konsa byaba bigirira umwana akamaro ku buryo bwihariye, cyangwa niba ari kimwe n’uko umuntu yakoresha ubundi buryo ubwo ari bwo bwose nko kumuha amata yaba ay’inka cyangwa ay’ifu.