Imboga ziri mu biribwa bya mbere byiza ku buzima mu biribwa byose biba ku isi. Nyamara abatuye isi bazirya ku buryo buhoraho ni mbarwa.
Hari abahanga mu by’imirire bafata ibihumyo nk’ubukungu buhishe. Impamvu babifata batyo, ni uko nta binure bigira, ntibibyibushya, ahubwo bikungahaye ku ntungamubiri zitandukanye.
Urubuga rwa Internet www.lesjardinslaurentiens.com ruvuga ko betterave ari igihingwa cyamenyekanye ku mugabane w’u Burayi guhera mu kinyejana cya kabiri, ariko cyamamara cyane mu kinyejana cya cumi na kane.
Ku rubuga www.healthline.com, bavuga ko amagi yashyirwa mu biribwa bicyeya ku isi bikungahaye ku ntungamibiri zitandukanye, kandi akarusho ni uko amagi anigiramo intungamubiri zidakunze kuboneka mu bindi biribwa, muri make amagi agira nibura urugero ruto rw’intungamubiri zose umuntu akenera.
Urubuga rwa Internet www.medicalnewstoday.com ruvuga ko imyumbati ari ikimera kiri bwoko bw’ibitera imbaraga, kimwe n’ibijumba, ibinyamayogi(ibikoro), aho igice cyo mu butaka cyakabaye ari yo mizi, kiba ari cyo kiribwa.
Amategeko y’u Rwanda agira icyo avuga ku nshingano z’ababyeyi ku mwana. Itegeko nº32/2016 ryo ku wa 28/08/2016 rigenga abantu n’umuryango mu ngingo zaryo zitandukanye, risobanura ibijyanye n’ububasha bwa kibyeyi ku mwana.
Nk’uko tubikesha urubuga www.nationalpeanutboard.org, ubunyobwa ni igihingwa gishobora kuba gifite inkomoko muri Amerika y’Amajyepfo mu gihugu cya Peru cyangwa Brezil, kuko nta nyandiko ihari igaragaza aho ubunyobwa bwakomotse, ariko hari imitako ibumbye mu ishusho y’ubunyobwa kandi iyo mitako ikaba imaze imyaka irenga 3,500.
Itegeko ngenga n° 30/2008 ryo ku wa 25/07/2008 ryerekeye ubwenegihugu nyarwanda mu ngingo zaryo zitandukanye, risobanura uko umuntu wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda ashobora kubwamburwa cyangwa se akaba yanabusubirana.
Guhera ku itariki ya 4 Kanama 2019, igihugu cya Gabon cyabonye umuturage wiyongeraye ku rutonde rw’abenegihugu bacyo. Samuel Leroy Jackson umaze icyumweru muri Gabon, yashyikirijwe pasiporo ye ya Gabon ayihawe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga ushinzwe Abanya-Gabon baba mu mahanga.
Ingingo ya 240 y’itegeko nº32/2016 ryo ku wa 28/08/2016 rigenga abantu n’umuryango, isobanura ko inyandiko ihinnye y’urubanza rwemeza ubutane ishobora gutangazwa mu Igazeti ya Leta ya Repubulika y’u Rwanda cyangwa mu kinyamakuru cyigenga gisomwa na benshi nka Kigali Today kigenwa na perezida w’urukiko.
Itegeko nº32/2016 ryo ku wa 28/08/2016 rigenga abantu n’umuryango mu ngingo zaryo zitandukanye risobanura uko bigenda iyo umuntu yabuze cyangwa yazimiye.
Umuntu wese wapfushije, ategekwa n’itegeko nº32/2016 ryo ku wa 28/08/2016 rigenga abantu n’umuryango mu ngingo zaryo zitandukanye, kumenyekanisha urwo rupfu mu buyobozi kandi ibi bigakorwa bitarenze iminsi 30.
Hari ubwo wumva abantu bavuga ko abageni ‘basezeranye imbere y’amategeko’, hakaba n’ababyita ko abageni ‘bagiye mu rukiko’ cyangwa se ‘bagiye mu murenge’ n’izindi mvugo, ariko se gusezerana mu mategeko bivuze iki? Biteganywa n’irihe tegeko? Iyi nkuru irasobanura icyo amategeko avuga ku gushyingiranwa.
Mu muco nyarwanda birasanzwe ko umubyeyi ashobora kurera umwana atabyaye bitewe n’impamvu zinyuranye, cyane cyane iyo asizwe n’umuntu wo mu muryango wapfuye, cyangwa se watawe n’uwamubyaye.
Hakizimana Alphonse acuruza amazi mu majerekani akoresheje igare, mu bice bya Kabeza na Kanombe mu Karere ka Kicukiro, ku buryo ashobora kwinjiza amafaranga y’u Rwanda ari hagati ya 10,000 na 18,000 ku munsi.
Hari abantu bumva igituntu, bakumva ni indwara iteye ubwoba gusa, bakumva ko n’umuntu runaka akirwaye, bakamuhunga, ariko mu by’ukuri ugasanga nta makuru ahagije bafite kuri iyo ndwara.
Mu gihe bamwe mu banyamahanga bemererwa ubwenegihugu bw’u Rwanda, bamwe bibaza inzira bicamo kugirango umuntu runaka yitwe umunyarwanda, icyo bimarira uwo muntu ndetse n’uko umuntu ashobora kubutakaza.
Amata ni ikinyobwa gikundwa n’abantu benshi, hakaba n’abandi bavuga ko amata y’inka yaba ari mabi ku buzima bw’abantu.
Intoryi ni imboga zikoreshwa mu ngo nyinshi, kandi zikundwa n’abantu batandukanye, ariko hari abatazi icyo zimaze mu mubiri w’umuntu.
Iyo abantu bavuze ko bagiye muri ‘Sawuna’, ni ahantu haba harateguwe hubakishije imbaho, bagategura aho bicara hakozwe nk’ingazi (escaliers), abaje muri sawuna bakicara kuri izo mbaho, ubundi ubushyuhe buturuka mu mabuye n’inkwi baba bacanye bukajya bubasanga aho bicaye. Ubwo bushyuhe buba buri hagati ya dogere 70°C na 100°C (…)
Amazi ni ikintu cy’ingenzi mu buzima bw’abantu. Abahanga bavuga ko n’ubuzima ubwabwo butangirira mu mazi. Uyu munsi Kigali Today yifashishije imbuga za interineti zitandukanye, irabagezaho ibyiza by’amazi ava mu butaka agasohoka ashyushye yitwa ‘amashyuza’.
Muri iki gihe, aho umuntu ahagaze hose muri Kigali, ashobora kubona inzu nziza y’umweru iba ishashagiranamo amatara mu masaha ya nijoro.
Hari indwara ifata inzara cyane cyane izo ku mano, mu gifaransa ikaba yitwa ‘l’onychomycose’ cyangwa se ‘mycose des ongles’. Nk’uko tubikesha urubuga http://www.doctissimo.fr, iyo ndwara iterwa na za bagiteri zigenda zikibika mu nzara.
Icyayi cy’u Rwanda cyabonye ibihembo byose uko ari bitanu, harimo n’igihembo gihatse mu imurikagurisha Nyafurika ry’icyayi rya kane ryaberaga i Kampala muri Uganda guhera ku itariki 26 kugeza kuri 28 Kamena 2019.
Benshi mu Banyarwanda bajya bibwira ko indwara y’igicuri idakira. Kigali Today irabagezaho amakuru atandukanye ajyanye n’indwara y’igicuri yifashishije inzobere kuri iyo ndwara ndetse n’imbuga zitandukanye za interneti.
Hari abantu bibaza niba kurya imineke byaba bifite akamaro kurusha uko umuntu yarya ibitoki bitetse. Ibyo ni byo Kigali Today yifuje gusubiza uyu munsi, yifashishije imbuga zitandukanye.
Abantu batandukanye barya ubuki bakanabukunda ariko hari ababukunda kuko bubaryohera ariko batazi icyo bumaze mu mubiri w’umuntu, hari n’ababurya babukunze nyamara batazi ko bifite ingaruka mbi ku buzima bwabo bitewe n’impamvu zitandukanye. Kigali Today yahisemo kubagezaho bimwe mu byiza byo kurya ubuki.
Indwara y’umuhaha ni indwara mbi ishobora gusigira umuntu ubumuga bwo kutumva, kandi yibasira 85% by’abana bari munsi y’imyaka itatu nk’uko bisobanurwa ku rubuga www.passeportsante.net.
U Rwanda rugiye kwakira izindi nkura eshanu ziturutse muri Repubulika ya Tcheque muri pariki yitwa ‘Dvůr Králové’ aho zari zarahurijwe guhera mu Kwezi k’Ugushyingo 2018.
Igisheke (canne à sucre) gifite ibyiza byinshi ku buzima bw’umuntu. Kigali Today igiye kubagezaho bimwe muri byo, yifashishije imbuga za interineti zitandukanye.