Ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba bwatangaje ko Hoteli Kivu Marina Bay yo mu Karere ka Rusizi izatahwa muri Kamena uyu mwaka wa 2019.
Hari imvugo usanga ikoreshwa hirya no hino mu Rwanda ko inyandiko zose z’impimbano zitari umwimerere bazita ‘indyogo’. Muri izo nyandiko harimo impushya zo gutwara ibinyabiziga, amakarita y’ubwisungane mu kwivuza, indangamanota z’amashuri, impamyabumenyi z’amashuri mu byiciro bitandukanye, n’izindi.
Umutambagiro mutagatifu ubera i Maka uzwi nka Hijj ni umutambagiro ukorwa n’umuyisilamu ubifitiye ubushobozi mu mutwe, ku mubiri ndetse n’Amafaranga.
Umubare w’Abanyarwanda basaba uruhushya rwo kujya mu bihugu by’i Burayi (Visa ya Schengen), wariyongereye muri 2018, ugereranyije no muri 2017, imibare ikaba igaragaza ko abenshi bayisaba bagamije kujya mu Bubiligi.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima bafunze ibigo bivura bikora mu buryo bunyuranije n’amategeko mu Mujyi wa Kigali.
Itsinda rigizwe n’abahanzi babiri b’Abanyarwanda, Charly na Nina, basubitse urugendo rwo kujya muri Uganda, aho mu ntangiriro za Gicurasi bagombaga kuzitabira igitaramo kizabera i Kampala muri Uganda, bari kumwe n’undi muhanzi w’Umugande witwa Geosteady.
Irobo yitwa ‘Marty’ yakozwe n’uwitwa Sandy Enoch, ari na we washinze Sosiyete yitwa ‘Robotical Ltd’ muri uyu mwaka wa 2019.
Inanasi ni urubuto rwiza kandi rufite akamaro mu mubiri w’umuntu , nk’uko urubuga rwa Interineti www.femininbio.com rubivuga. Ibi ni bimwe mu byiza byo kurya urwo rubuto.
Biteganyijwe ko Umurusiya w’umuherwe witwa Eugene Kaspersky, ari na we wavumbuye ikoranabuhanga rya ‘kaspersky’ rifasha mu kurinda ibikoresho by’ikoranabuhanga gufatwa na za virusi zangiza amakuru cyangwa ibibitswe muri ibyo bikoresho, azitabira inama ya ‘Transform Africa’ izabera mu Rwanda mu kwezi kwa gatanu 2019.
Kuri uyu wa gatatu, tariki 17 Mata 2019, mu byishimo byinshi, abagenzi ba mbere binjiye mu ndege ya Rwandair, yatangiye ingendo zijya i Kinshasa muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.
Ibihumbi by’abazitabira inama ya “Transform Africa” ya gatanu, izabera i Kigali mu kwezi gutaha, bazagira amahirwe yo guhura n’irobo yitwa Sophia, ababishaka banaganire na yo.
Josephine Rugambwa ni umubyeyi wubatse, ufite umugabo n’abana bane. Kuva Jenoside yaba kugeza ku itariki ya 10 Mata 2019, nta muntu wundi wari uzi akaga yahuye na ko, uretse umukobwa bari kumwe ubwo ibyo bibazo byamubagaho, na nyina ndetse na basaza be, bari kumwe.
Indimu ni urubuto rwiza kandi rufite akamaro gakomeye ku buzima bw’umuntu. Nk’uko tubikesha urubuga superfoodly.com, indimu zishobora kunyobwa mu mazi cyangwa zikaribwa nk’imbuto bisanzwe.
Ku rubuga rwa Internet www.astucesnaturelles.net , bavuga ko urwo rubuto rufite izina rya siyansi ‘Annona reticulate’, cyangwa ‘Cachiman’. Ni urubuto rukomoka muri Amerika, rukaba ari urubuto rufite ibyiza byinshi.
Dusengiyumva Samuel akomoka mu cyahoze ari Komini Ntongwe, ubu ni mu Karere ka Ruhango. Yarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, afite imyaka 13 gusa.
Ibyiza by’ibitunguru ku buzima bw’abantu ni byinshi kandi icyiza cy’ibitunguru, ntibyongerera ubiriye ibiro, ikindi kandi biraryoha bikanahumura neza.
Mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije, u Rwanda rwafashe gahunda yo gutera imigano hirya no hino aho ishobora gukura, cyane cyane ku nkengero z’imigezi.
Bamwe mu basenateri basanga abayobozi b’inzego z’ibanze bagomba kujya bitekerereza icyo bakwiye gukorera abaturage, ntibahore mu byo guverinoma ibabwira.
Byakunze kugaragara ko hari abakoresha amagambo yerekeye kuri Jenoside yakorewe Abatutsi atari yo, cyangwa ataboneye, babigambiriye cyangwa batabizi, bikaba byabaviramo gupfobya Jenoside cyangwa kugaragaraho ingengabitekerezo ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Nta kintu cyiza nko kubyuka wumva inyoni ziririmba dore ko hari izigira amajwi meza. Indirimbo zituje ziririmbwa n’inyoni mu gitondo, zinogera amatwi n’imitima y’abantu. Ariko se inyoni zidukangura ngo tubyuke tujye ku murimo zibwirwa n’iki ko bukeye ngo ziririmbe?
Isuzuma rya mbere ryakozwe ku binini byafasha abagabo kuboneza urubyaro ryagaragaje ko bishoboka cyane, bikazaza byunganira uburyo busanzwe buhari mu kuboneza urubyaro.
Kuva mu myaka yo hambere impu z’inyamaswa zifashishwaga n’abakurambere bacu, bagakuramo imyambaro, ingobyi zo guhekamo abana n’ibindi. Igitangaje, ni uko hari aho uruhu rw’inka ari ifunguro rikunzwe cyane.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ubuyapani wungirije, Kenji Yamada, yiyemeje kongera umubare w’Abayapani bashora imari yabo mu Rwanda.
Mu gihe abagabo nka Jeff Bezos ukize kurusha abandi ku isi na Aliko Dangote ukize kurusha abandi muri Afurika bakunze kuvugwa, uyu munsi Kigali Today yabakusanyirije amakuru ku bagore b’abaherwe kurusha abandi muri Afurika.
Abasanzwe banywa divayi itukura (Red Wine/Vin Rouge), bazi ko ari byiza kuyinywa nyuma yo gufata ifunguro ryabo, cyangwa nyuma y’akazi nimugoroba, bakamenya ko ari isoko y’ibyishimo, ko ifasha mu kuruhuka no gutuma baseka n’ibindi byiza bayivugaho.
Amasaka ni igihingwa kimaze imyaka irenga 1000, ariko ibyiza byacyo ku buzima bw’umuntu ni byinshi ku buryo ari byiza ko abantu bazajya bayashyira ku mafunguro yabo ya buri munsi.
Indabo zigaragara mu bihe bitandukanye by’ingenzi mu buzima bw’abantu, nko mu birori byo kwizihiza isabukuru z’amavuko, mu gushyingura abitabye Imana, mu birori byo kurangiza amashuri, mu bukwe no mu bindi, ku buryo indabo zifite uruhare mu buzima bw’abantu bwa buri munsi.
Hari abantu bavuga ko bagize ibicuro, cyangwa bakabona ibindi bimenyetso kandi bakemeza ko ibyo ibicuro byabo cyangwa ibimenyetso byasobanuraga babibonye, cyangwa biteguye kubibona vuba.
Ni byiza kwishimana n’abantu mugaseka, ariko se mwari muzi ko guseka bifite akamaro gakomeye mu buzima bw’umuntu?
Abahanga mu bijyanye n’ikoreshwa ry’ibyuma bisaka bishyirwa ku bibuga by’indege n’ahandi hari inzu zihurirwamo n’abantu benshi, bavuga ibitandukanye ku kuba byaba bigira ingaruka ku buzima bw’abantu cyangwa se ntazo.