Hari indwara ifata inzara cyane cyane izo ku mano, mu gifaransa ikaba yitwa ‘l’onychomycose’ cyangwa se ‘mycose des ongles’. Nk’uko tubikesha urubuga http://www.doctissimo.fr, iyo ndwara iterwa na za bagiteri zigenda zikibika mu nzara.
Icyayi cy’u Rwanda cyabonye ibihembo byose uko ari bitanu, harimo n’igihembo gihatse mu imurikagurisha Nyafurika ry’icyayi rya kane ryaberaga i Kampala muri Uganda guhera ku itariki 26 kugeza kuri 28 Kamena 2019.
Benshi mu Banyarwanda bajya bibwira ko indwara y’igicuri idakira. Kigali Today irabagezaho amakuru atandukanye ajyanye n’indwara y’igicuri yifashishije inzobere kuri iyo ndwara ndetse n’imbuga zitandukanye za interneti.
Hari abantu bibaza niba kurya imineke byaba bifite akamaro kurusha uko umuntu yarya ibitoki bitetse. Ibyo ni byo Kigali Today yifuje gusubiza uyu munsi, yifashishije imbuga zitandukanye.
Abantu batandukanye barya ubuki bakanabukunda ariko hari ababukunda kuko bubaryohera ariko batazi icyo bumaze mu mubiri w’umuntu, hari n’ababurya babukunze nyamara batazi ko bifite ingaruka mbi ku buzima bwabo bitewe n’impamvu zitandukanye. Kigali Today yahisemo kubagezaho bimwe mu byiza byo kurya ubuki.
Indwara y’umuhaha ni indwara mbi ishobora gusigira umuntu ubumuga bwo kutumva, kandi yibasira 85% by’abana bari munsi y’imyaka itatu nk’uko bisobanurwa ku rubuga www.passeportsante.net.
U Rwanda rugiye kwakira izindi nkura eshanu ziturutse muri Repubulika ya Tcheque muri pariki yitwa ‘Dvůr Králové’ aho zari zarahurijwe guhera mu Kwezi k’Ugushyingo 2018.
Igisheke (canne à sucre) gifite ibyiza byinshi ku buzima bw’umuntu. Kigali Today igiye kubagezaho bimwe muri byo, yifashishije imbuga za interineti zitandukanye.
Urubuga https://lanouvelletribune.info ruvuga ko amamesa akorwa mu mbuto z’ingazi, kandi nta binyabutabire (ingrédients chimiques) bishyirwamo mu gihe bayatunganya.
Urubuga rwa Interineti https://boiteafruits.com ruvuga ko amacunga yigiramo ‘Vitamine C’, ‘Flavonoïdes’ na ‘Bêta-carotène’. Iyo ibyo byose bikubiye hamwe bigira icyitwa ‘antioxidant’. Iyo antioxidant ifasha mu gusukura umubiri, bityo igakumira indwara z’imitsi, indwara z’umutima, indwara zizanwa no gusaza ndetse na kanseri (…)
Abantu batandukanye bategura amafunguro ku meza atetse (ahiye), ku ruhande bagashyiraho n’imbuto mu rwego rwo kuzuza indyo iboneye nk’uko abahanga mu by’ubuzima babivuga. Gusa hari abibaza igihe cyiza cyo kurya izo mbuto niba ari mbere y’ifunguro cyangwa. Ibyo ni byo tugiye kubagezaho twifashishije imbuga zinyuranye za (…)
Abantu batandukanye banywa icyayi ariko hari abakinywa gusa batazi ibyiza byacyo, hakaba n’abakinywa batazi ko bishyira mu byago, kuko bafite impamvu zagombye gutuma batakinywa.
Hari abantu bava kumeza bigafata igihe kinini ngo babe bakongera gusonza, bikarushaho kuba bibi iyo ari nijoro kuko burinda bucya bakigugaye, ibyo bigatuma basinzira nabi. Niba ibi bijya bikubaho, ongera ibishyimbo cyangwa imiteja ku isahani yawe.
Tangawizi ni igihingwa kimaze imyaka irenga ibihumbi bitanu, nk’uko tubikesha urubuga http://www.indepthinfo.com kikaba cyaragaragaye mbere na mbere mu Buhinde no mu Bushinwa, aho bayikoreshaga nk’ikirungo.
Umuntu urwaye diyabeti aba agomba kwitondera ifungure rye, kugirango isukari itiyongera cyane cyangwa ikagabanuka mu mubiri.
Abahanga mu by’ubuzima bavuga ko ari byiza kurya imboga kubera ko ari nziza kandi zigira akamaro gakomeye mu buzima bw’abantu. Gusa bongeraho ko zagombye kuribwa buri munsi.
Urusenda ni urubuto rutukura, rukundwa n’abantu batandukanye, hari n’abadashobora gufata ifunguro ryabo batarubonye. Abenshi bavuga ko rubongerera ubushake bwo kurya nubwo baba batabishakaga cyane, abandi bakavuga ko rutuma bumva ibyo kurya bibaryoheye kurushaho iyo babishyizemo urusenda.
Amapera ni urubuto rwiza cyane rukunzwe na benshi kubera impumuro yarwo nziza, kandi ntirusharira na gato, ahubwo rugira isukari nziza iringaniye. Ikindi kandi ni uko amapera akungahaye kuri vitamine zitandukanye, zituma urwo rubuto rukoreshwa mu miti gakondo inyuranye. Nk’uko tubikesha linfo.re hari ibyiza bitandukanye byo (…)
Ugushyingiranwa ni igikorwa cyabayeho kuva mu myaka irenga 3000 mbere y’ivuka rya Yesu. Ni igikorwa kiba muri sosiyete hafi ya zose zo hirya no hino ku Isi. Hari ibihugu usanga bihuje imihango imwe n’imwe ijyanye n’ubukwe, ariko cyane cyane icyo abantu benshi bahuriraho ni impeta zambarwa ku ntoki mu gihe umukwe n’umugeni (…)
Ipapayi ni urubuto ruryoha ku bantu benshi, ariko si ukuryoha gusa, ahubwo ni n’urubuto rwiza ku buzima bw’abantu kuko rukize ku ntungamubiri.
Kugira ngo umuntu abeho neza, afite ubuzima bwiza, bimusaba imyitwarire myiza irimo no kurya no kunywa ibintu bifite intungamubiri akeneye kandi akamenya n’uko akwiriye guhitamo iby’umubiri we ukeneye, akirinda ibyo udakeneye.
Hari abantu benshi bakunda karoti, haba kuzihekenya ari mbisi ndetse no kuzirya zihiye, bakazirya kuko zibaryohera ariko batazi akamaro kazo mu mubiri w’umuntu uzirya. Ako kamaro ni ko tugiye kubagezaho.
Urubuga bienmanger.com, ruvuga ko n’ubwo benshi batazi ko inzuzi z’ibihaza ziribwa, izi mbuto zo mu bihaza, ari ibiryo bimenyerewe mu bice bitandukanye by’isi ndetse bikunzwe mu bihugu nka Mexique ndetse binifashishwa kuva kera nk’umuti wo kwivura cyangwa nka kimwe mu bikora imiti y’inzoka.
Abahanga mu by’imirire bavuga ko ari byiza ko umuntu arya imboga n’imbuto kugira ngo agire ubuzima bwiza. Mu mbuto umuntu akwiye kurya harimo n’imyembe, akaba ari yo mpamvu twifuje kubagezaho bimwe mu byiza byo kurya urwo rubuto.
"Mureke ibiryo bibe imiti, n’imiti ibe ibiryo” “Let food be thy medicine, and medicine be thy food". Ayo ni amagambo yavuzwe n’Umuganga w’Umugiriki witwa Hippocrates, wabayeho mu myaka ya kera, kuko bivugwa ko yavutse ahagana 460, akaba yarapfuye muri 377 mbere y’ivuka rya Yezu. Akenshi akaba afatwa nk’aho ari we (…)
Ibijumba ni igihingwa gikomoka muri Amerika y’Amajyepfo. Byageze i Burayi bijyanywe n’Abanya-Portugal ndetse n’Abanya-Espagne, nyuma bigera muri Aziya no muri Afurika bizanywe n’Abanyaburayi.
Inyanya ni kimwe mu biribwa abantu bakoresha kenshi mu mafunguro yabo ya buri munsi.
Abahanzi babiri bo muri Afurika y’Epfo ari bo Theo Kgosingwe na Nhlanhla Nciza bagize itsinda Mafikizolo, bitegenijwe ko bazaririmba muri “Kigali Convention Center” ku itariki 16 Gicurasi 2019.
Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite, yamaze kwemeza umushinga w’itegeko rigena imikorere y’ikigo cyo gutanga amasoko n’ishami ry’umusaruro, Medical Procurement and Production Division (MPPD), nyuma inteko yemeza ko iyo MPPD isimburwa na sosiyete nshya yitwa Rwanda Medical Supply (RMS) yigenga, ariko ikazajya ikorana (…)
Abayobozi batandukanye mu nzego nkuru barimo, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu Prof Anastase Shyaka, Umunyamahanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Dr Alivera Mukabaramba, n’abandi basabwe gukurikirana ibibazo biri mu nshingano zabo byabajijwe ubwo Perezida Paul (…)