MENYA UMWANDITSI

  • Aha Meya Mutabazi aributsa abana kwambara neza udupfukamunwa

    Bugesera: Batangije ubukangurambaga bwihariye bwibutsa abanyeshuri kwirinda Covid-19

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera n’abagize Inama njyanama y’ako Karere, batangije ubukangurambaga bwiswe ’Gate roll’, aho abayobozi bahagarara ku bikingi by’amarembo y’ikigo cy’ishuri, mu gihe abanyeshuri binjira cyangwa basohoka mu kigo bakabibutsa kwambara agapfukamunwa neza, kuva ku ishuri kugera mu rugo, no kuva mu (...)



  • ‘Concombre’ yafasha mu kurwanya Diyabete

    Konkombure (concombre) ni imboga zitamenyerewe cyane mu Rwanda, ariko abantu benshi bagenda bazimenya kuko zirimo kugera ku masoko atandukanye ndetse n’abahinzi cyane cyane abahinga mu bishanga batangiye kwitabira ubuhinzi bwazo, kuko bavuga ko zitanagora cyane kuzihinga. Ariko se izo konkombure zimaze iki ku bazirya, (...)



  • Kante ari mu bakinnyi bakunzwe cyane muri iki gihe

    N’Golo Kante yifuza gukomezanya na Chelsea, ‘Ballon d’or’ yo ngo haracyari kare kuyivugaho

    N’Golo Kante ni umukinnyi ukunzwe cyane kandi urimo kuvugwa cyane muri iyi minsi kubera uko akina neza ndetse akanagira n’imyitwarire myiza muri bagenzi be bakinana, abamufana bo batangiye no kuvuga ko akwiye guhabwa igihembo cya ‘ballon d’or’ ubundi gihabwa umukinnyi w’umupira w’amaguru witwaye neza mu mwaka wose.



  • FDLR iri mu mitwe ihungabanya umutekano w

    Colonel Nshimiyimana wo muri FDLR yafatiwe i Ngungu muri Congo-Kinshasa

    Nshimiyimana Augustin ufite ipeti rya Colonel mu mutwe w’inyeshyamba za FDLR yafatiwe mu Burasirazuba bwa Congo-Kinshasa, akaba ngo yarafashwe n’abantu bambaye imyenda ya gisirikare. Bivugwa ko yafashwe ku Cyumweru tariki 06 Kamena 2021, afatiwe mu rusengero rw’ahitwa i Ngungu muri teritwari ya Masisi nk’uko umuvugizi wa (...)



  • Mariah Carey yatandukanye n

    Mariah Carey yatandukanye n’inzu itunganya umuziki ya Jay-z

    Nyuma y’impaka zikomeye zabaye hagati y’umuhanzi Mariah Carey na Jay-Z ufite inzu itunganya umuziki yitwa ‘Roc Nation’ nk’uko byagarutsweho n’ibinyamakuru bitandukanye, zatumye abo bahanzi batandukana nyuma y’imyaka bari bamaze bakorana.



  • Beterave zigira akamaro ku buzima bwiza bw’umwijima n’umutima

    Beterave ni uruboga rusigaye rugaragara cyane ku masoko hirya no hino mu gihugu. Bamwe bafata beterave nk’ibintu bigenewe gukorwamo imitobe kubera ibara ryayo ryiza rijya gusa n’iritukura rutuma umutobe wavanzwemo beterave uba usa neza cyane.



  • Donald Trump

    Facebook yafunze konti ya Donald Trump mu gihe cy’imyaka ibiri

    Icyemezo Facebook yafashe cyo gufunga konti za Donald Trump mu gihe cy’imyaka ibiri cyatangajwe nyuma y’uko inama nkuru ishinzwe ubugenzuzi bw’ibigo bitandatukanye, yanze ko Facebook mbere yari yafunze Konti za Trump kuri Facebook mu gihe kitazwi kuko nta gihe cyari cyatangajwe ko icyo gihano kizarangirira.



  • Guverinoma ya Repubulika Iharanira demokarasi ya Congo yashyizeho ibihe bidasanzwe guhera tariki 06 Gicurasi 2021 mu rwego rwo guhangana n

    RD Congo yongereye iminsi 15 ku bihe yashyizeho bidasanzwe

    Abanyapolitiki bo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe umwanzuro wo kongera ibihe bidasanzwe (state of siege) mu Ntara za Kivu y’Amajyaruguru na Ituri mu gihe cy’iminsi 15 kuko n’ubu ibitero by’inyeshyamba bigikomeje muri ako gace gaherutse no guhura n’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo mu kwezi gushize.



  • Aline Gahongayire

    Aline Gahongayire aritegura gusohora ‘Album’ mu mpera z’uyu mwaka

    Umuhanzikazi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yasohoye indirimbo “Hari impamvu pe” yanditse, akanasohora mu myaka 11 ishize. Mu 2009 ni bwo Gahongayire yasohoye bwa mbere indirimbo “Hari impamvu pe”, irimo ubutumwa bukangurira abantu gushima Imana nubwo banyura mu bikomeye.



  • Inkeri zafasha mu kwirinda umuvuduko ukabije w’amaraso

    Inkeri abenshi bakundira ko zoroha mu kanwa ndetse zikagira n’isukari iringaniye, zigira ibyiza byinshi bamwe bashobora kuba batazi, bazirya kuko bazikunda gusa.



  • Umugeni yapfuye arimo gusezerana, umusore ahita asezerana na murumuna we

    Umugeni yapfuye arimo gusezerana, umusore ahita asezerana na murumuna we

    Mu Buhinde, umugeni yapfiriye kuri ‘Alitari’ mu gihe yari arimo asezerana n’umukunzi we, nyuma ubukwe ntibwahagarara, ahubwo umusore yahise asezerana na murumuna w’uwo mugeni wari umaze kwitaba Imana nk’uko byatangajwe n’ababibonye.



  • Imidido ni indwara ikira mu gihe itangiye kuvurwa kare

    Mu 2012, Mukantoni Donatile utuye mu Karere ka Musanze, mu Ntara y’ Amajyaruguru yatangiye kurwara indwara idasanzwe ku maguru no ku birenge, indwara ngo atari yarigeze arwara kuva mu buto bwe.



  • Abasirikare bafashe ubutegetsi basabwe kubusubiza mu maboko y

    Afurika Yunze Ubumwe yakuye Mali mu bihugu by’ibinyamuryango

    Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) urahamagarira abasirikare gusubira mu bigo bya gisirikare byihutirwa kandi nta yandi mananiza ndetse bagahagarika kwivanga muri politiki y’imiyoborere ya Mali.



  • Abarya shikareti nyinshi baraburirwa

    Umubyeyi witwa Maria Morgan wo mu Bwongereza araburira abantu, nyuma y’uko apfushije umukobwa we Samantha Jenkins wari ufite imyaka 19, bikaza kugaragara ko yazize kurya shikareti (chewing gum) nyinshi.



  • Guverineri Emmanuel Gasana ashyikiriza igare umwe mu bafashamyumvire

    Bugesera: Bahawe amagare azabafasha kunoza akazi kabo

    Kuri uyu wa Kabiri tariki 1 Kamena 2021, abafashamyumvire 30 mu bumwe n’ubwiyunge bo mu Karere ka Bugesera bahawe amagare mashya 30 afite agaciro ka Miliyoni enye z’Amafaranga y’u Rwanda, ayo magare akazabafasha mu ngendo zijyanye n’akazi kabo bityo bakakanoza.



  • Umuryango ECOWAS wakuye Mali mu bihugu biwugize

    Abakuru b’ibihugu 15 bigize umuryango w’ubukungu bw’ibihugu byo muri Afurika y’Iburengerazuba (ECOWAS), bakoze inama idasanzwe yateraniye i Accra muri Ghana kugira ngo bemeranye ku mwanzuro wafatirwa Mali kubera igisirikare cyayo gikoze ‘coup d’etat’ inshuro ebyiri mu mezi icyenda gusa, bityo bafatira baba bakuye icyo (...)



  • Kayesu Shalon

    Umukobwa byavuzwe ko yafungishije Davis D, Kevin Kade na Thierry yasabye imbabazi

    Mu minsi ishize abantu batandukanye bumvise inkuru y’ifungwa ry’abahanzi Davis D, Kevin Kade ndetse na Thierry ufotora, icyo gihe byavugwaga ko bakurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana w’umukobwa ufite imyaka 17 (utaruzuza imyaka y’ubukure ukurikije amategeko y’u Rwanda).



  • Nigeria: Abanyeshuri bagera kuri 200 bashimuswe

    Imitwe yitwaje intwaro igenda itwara abanyeshuri ku mashuri yisumbuye na za Kaminuza, kugira ngo nyuma isabe amafaranga nk’ingurane bityo ibarekure, igenda yiyongera muri Nigeria, ku buryo ubu ngo nko guhera mu kwezi k’Ukuboza 2020, abanyeshuri bagera kuri 700 bamaze gutwarwa n’iyo mitwe.



  • Yibwe impeta y’agaciro ka Miliyoni 56 FRW

    Leigh-Anne Pinnock ubu ngo yayobewe icyo yakora n’icyo yareka kubera kubabazwa cyane no kuba impeta ye yambikwa abakundana ariko batarashakana (bague de fiançailles) yaribwe.



  • Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden

    Biden yategetse ko raporo ku nkomoko ya covid-19 iboneka bitarenze iminsi 90

    Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden arashaka, akomeje gushyira igitutu ku Bushinwa kugira ngo haboneke ibisubizo ku bibazo bijyanye n’inkomoko ya Covid-19.



  • Col Assimi Goïta, Perezida w

    Mali: Urukiko rwemeje Col Assimi Goïta nka Perezida w’inzibacyuho

    Ku ya 28 Gicurasi 2021 ni bwo urukiko rwo muri Mali rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga rwemeje Assimi Goïta, nka Perezida w’inzibacyuho, ibyo bikaba bibaye nyuma y’iminsi mikeya habaye ‘Coup d’État’ ya kabiri yakuyeho ubutegetsi bwa gisivili bufatwa n’abasirikare.



  • Tanzania: Umugabo akurikiranyweho kwica umwana we amuziza kurira cyane

    Umugabo witwa Manyama Mujora, utuye ahitwa Musoma mu Ntara ya Maramuri Tanzania, ubu ari mu maboko ya polisi, akaba akurikiranyweho kwica umwana we w’amezi atandatu, amuhora ko ngo arira cyane.



  • U Bufaransa bwahaye u Rwanda inkingo za Covid-19 zisaga ibihumbi 100

    Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron yashyikirije u Rwanda inkingo za Covid-19 zo mu bwoko bwa ‘AstraZeneca’ zisaga ibihumbi ijana (117,600).



  • Perezida Macron: Abakekwaho icyaha cya Jenoside bazashyikirizwa ubutabera

    Ubwo yari ku rwibutso rwa Jenoside ku Gisozi, mu ijambo yahavugiye yavuze ko yazanywe no kwemera uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko hari aho yavuze ko kwemera ibyo byabaye mu gihe cyahise, bijyana no gukurikirana akazi k’ubutabera, bityo ko u Bufaransa bwiyemeje kuzakora ku buryo nta muntu (...)



  • Jacob Zuma

    Jacob Zuma yahakanye ibyaha byose aregwa

    Jacob Zuma wahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo yaburanye ahakana ibyaha byose aregwa birimo ruswa, kunyereza umutungo wa Leta, uburiganya buganisha ku nyungu ze bwite, ubucuruzi butemewe n’amategeko bijyana n’ubucuruzi bw’intwaro yagiyemo mu 1999 ari Visi Perezida wa Afurika y’Epfo.



  • Nciye bugufi kandi nazanywe no kwemera uruhare rwacu - Perezida Macron

    Perezida Emmanuel Macron akigera mu Rwanda yagiye gusura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruherere ku Gisozi mu Mujyi wa Kigali.



  • Col Assimi Goïta ubu ni we uri ku butegetsi muri Mali

    Mali: Ubutegetsi bwasubiye mu maboko y’Igisirikare

    Col Assimi Goïta ubu ni we uri ku butegetsi muri Mali, akaba yatangaje ko Perezida Bah Ndaw na Minisitri w’intebe Moctar Ouane, bavanywe ku butegetsi kuko bari bananiwe kuzuza inshingano zabo, ahubwo ngo barimo gusenya igihugu mu gihe cy’inzibacyuho bari bayoboye.



  • Tanzania iriga uko yakemura ibibazo bibangamiye Kompanyi y’ indege y’Igihugu

    Inteko ishinga amategeko ya Tanzania yagiriye inama Leta y’icyo gihugu uko yakemura ibibazo bitatu bibangamiye Kompanyi y’ indege ya Tanzania



  • UN irasaba ko Perezida wa Mali wafashwe n

    Umuryango w’Abibumbye wasabye ko Perezida wa Mali arekurwa

    Abari mu butumwa bwa Loni muri Mali basabye ko Perezida Bah Ndaw w’icyo gihugu na Minisitiri w’intebe, Moctar Ouane, barekurwa byihuse, nyuma y’uko amakuru atangajwe ko bafashwe n’abasirikare ba Mali.



  • Guterres asaba ibihugu kwitwara nk’ibiri mu ntambara birwana na Covid-19

    Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, ahamagarira ibihugu kugira imyitwarire nk’iyo mu gihe cyo mu ntambara, mu rugamba rwo kurwanya icyorezo cya Covid-19, ubu kimaze guhitana abantu bagera kuri Miliyoni 3.4 hirya no hino ku isi.



Izindi nkuru: