MENYA UMWANDITSI

  • U Rwanda rurafatanya na ONU kwitegura guhangana n’ibyorezo byakwaduka

    Mu mwaka wa 2019 ni bwo icyorezo cya Covid-19 cyadutse. Ibihugu byinshi byaratunguwe, bisanga bititeguye, bituma iyo virusi ikwira hirya no hino ku Isi mu mezi abanza ya 2020. Za Guverinoma z’ibihugu n’Imiryango mpuzamahanga nk’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) byahuye n’ikibazo gikomeye cyo kunanirwa (…)



  • Guinea yakuyeho igihano cy’urupfu

    Ibyo gukuraho igihano cy’urupfu muri Equatorial Guinea, byatangajwe mu gihe umuntu wa nyuma wahanishijwe icyo gihano, yishwe mu 2014.



  • Yafunzwe azira kwegera isanduku irimo umugogo w’Umwamikazi Elizabeth II

    Ku wa Gatanu tariki 16 Nzeri 2022, mu masaha y’ijoro, nibwo Polisi yo mu Mujyi wa London yafashe umugabo imufatiye kuba yari yegereye isanduku irimo umugogo w’Umwamikazi Elizabeth II, aho wari uruhukiye muri ‘Westminster Hall’ kugeza ku wa Mbere tariki 19 Nzeri 2022, ubwo uba ugiye gutabarizwa.



  • Tanzania: Gufuha mu rushako byatumye bane bagize umuryango bapfa

    Muri Tanzania abantu bane bo mu muryango umwe, b’ahitwa Kibumbe-Kiwira, mu Karere ka Rungwe basanzwe mu nzu bapfuye, aho bikekwa ko hari uwishe abandi na we akanywa umuti wica udokoko mu myaka, bikavugwa ko umugabo n’umugore bahoraga mu ntonganya kubera gufuha.



  • Irushanwa rya Art Rwanda-Ubuhanzi ryasojwe mu majonjora ku rwego rw’Intara

    Ku wa kane tariki 15 Nzeri 2022, Irushanwa rya ‘ArtRwanda-Ubuhanzi’ rizenguruka Igihugu cyose, ryasorejwe mu Mujyi wa Kigali mu majonjora yo ku rwego rw’Intara, rikaba ari irushanwa riba rigamije gushaka urubyiruko rufite impano zitandukanye.



  • Minisitiri Biruta na Amb. Mukantabana bashyikiriza impano Senateri Jim Inhofe

    Perezida Kagame yashimiye Senateri Inhofe wa Amerika ku bucuti yagaragarije u Rwanda

    Perezida Kagame yashimiye Senateri Jim Inhofe wo muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, ku bucuti bwe n’ibihugu bya Afurika by’umwihariko u Rwanda, amushimira uruhare yagize mu gushimangira umubano w’u Rwanda n’icyo gihugu.



  • Abashoramari bo muri Turukiya baganira na Minisitiri w

    Abanya-Turukiya bagiye gushora imari mu bukerarugendo bw’u Rwanda

    Urwego rw’ubukerarugendo n’ibijyanye no kwakira abantu, rushobora kuba rugiye kubona andi maboko, nyuma y’uko abashoramari bo muri Turkey bibumbiye mu kitwa ‘Turkish Doğuş Group’, bagaragaje ko bifuza gushora imari yabo mu Rwanda.



  • Kenya: Perezida Ruto yiyemeje kugabanya igiciro cy’ifu n’icy’ifumbire

    Perezida William Ruto warahiriye kuyobora Kenya nka Perezida wa Gatanu ku wa Kabiri tariki 13 Nzeri 2022, yasezeranyije abaturage b’icyo gihugu ko azakorana n’Abanya-Kenya bose, atitaye ku mukandida bari bashyigikiye.



  • Umugore arashinja umugabo we kumwiba impyiko akayigurisha

    Ranjita Kundu, umugore utuye ahitwa i Kodameta, muri Leta ya Odisha mu Buhinde, ashinja umugabo we kuba yaramwibye imbyiko akayigurisha mu myaka ine ishize, akoresheje inyandiko mpimbano.



  • Koroshya ibigenga ubwikorezi bwo mu kirere byabufasha kongera kwiyubaka - Perezida Kagame

    Perezida Kagame asanga mu gihe Afurika yakoroshya amategeko n’amabwiriza, agenga ubwikorezi bwo mu kirere, byabufasha koroherwa n’ingaruka rwagizweho n’icyorezo cya Covid-19.



  • Ethiopia: TPLF yatangaje ko yiteguye guhagarika intambara ikayoboka ibiganiro

    Ku Cyumweru tariki 11 Nzeri 2022, nibwo inyeshyamba zo mu gace ka Tigray (TPLF) muei Ethiopia zatangaje ko ziteguye guhagarika intambara, zikayoboka ibiganiro by’amahoro biyobowe na Afurika yunze Ubumwe, zikagirana ibiganiro na Guverinoma ya Ethiopia, ngo byashyira iherezo ku ntambara yari imaze hafi imyaka ibiri.



  • U Rwanda na Denmark bagiye gufatanya mu gukemura ibibazo by’impunzi n’abimukira

    Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Dr. Vincent Biruta na Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Kayisire Marie Solange, tariki 9 Nzeri 2022, bagiranye ibiganiro na bagenzi babo bo muri Denmark harimo Kaare Dybvad Beek wo muri Minisiteri ishinzwe abanjira n’abasohoka ndetse na Flemming Moller Mortensen, ushinzwe (…)



  • Umwami Charles III yasimbuye nyina Elisabeth II

    Igikomangoma Charles yafashe izina ry’ubwami rya Charles III: Harakurikiraho iki?

    Umwamikazi Elizabeth II akimara gutanga tariki 8 Nzeri 2022, ku myaka 96 y’amavuko, yahise asimburwa ku ngoma n’umuhungu we, Igikomangoma Charles ubu ufite imyaka 73 y’amavuko.



  • Liz Truss

    Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza yashyizeho Abaminisitiri barimo abakomoka muri Afurika

    Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza, Liz Truss, yashyizeho Abaminisitiri muri Guverinoma ye, aho bivugwa ko bwa mbere mu mateka y’icyo gihugu, abantu batari ab’uruhu rwera (abazungu) buzuye bafashe imyanya muri Minisiteri enye z’ingenzi muri icyo gihugu.



  • Mugisha Samuel

    Uko Mugisha Samuel usiganwa ku magare ‘yaburiye’ muri Amerika

    Amakuru y’uko umukinnyi w’amagare w’Umunyarwanda Mugisha Samuel, ukinira ikipe yo muri Afurika y’Epfo yaba yaraburiye muri Leta zunze Ubumwe za Amerika yumvikanye mu mpera z’icyumweru gishize, ubwo itumanaho ryari ryanze hagati ye na bagenzi be bakinana mu ikipe y’amagare ubwo bari bitabiriye irushanwa rya ‘Maryland Cycling (…)



  • Minisitiri w

    Afurika ikwiye gufatira ingamba zihamye izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa - Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente

    Ku wa Kabiri Tariki 6 Nzeri 2022, ubwo yafunguraga ku mugaragaro Inama ngarukamwaka y’Ihuriro mpuzamahanga ku iterambere ry’ubuhinzi muri Afurika (AGRF 2022), ibaye ku nshuro ya 12 ikaba irimo kubera i Kigali, Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente, yavuze ko Afurika ikwiye gushyiraho ingamba zihamye zo (…)



  • Gasabo: Abagore bashima iterambere bagezeho babifashijwemo na CNF

    Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abagore (CNF) mu Karere ka Gasabo, Kamashazi Donnah, yasobanuye icyo CNF ifasha mu rwego rwo guhangana n’ibibazo bibangamira imibereho myiza y’abaturage, birimo igwingira ry’abana, iby’abana bata ishuri, iby’abangavu batwara inda z’imburagihe n’ibindi.



  • Nigeria: Abantu 6 bagwiriwe n’inzu ikirimo kubakwa barapfa

    Nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bwa Lagos muri Nigeria, abantu batandatu ni bo bapfuye bagwiriwe n’inzu y’umuturirwa yari icyubakwa, ndetse bavuga ko bafite impungenge ko imibare y’abahitanywe n’iyo mpanuka ishobora gukomeza kwiyongera.



  • Burkina Faso: Abantu 35 bahitanywe n’igisasu, 37 barakomereka

    Ubwo igisasu cyaturikanaga imwe mu modoka zari zitwaye ibiribwa, abasivili 35 bahise bahasiga ubuzima abandi 37 barakomereka, nk’uko byatangajwe na Guverineri w’agace ka Sahel icyo kibazo cyabereyemo, ku wa Mbere tariki 5 Nzeri 2022.



  • U Burayi bushobora gukura Gaz muri Afurika

    U Budage nka kimwe mu bihugu by’u Burayi gifite ubukungu cyashingiraga cyane kuri Gaz ituruka mu Burusiya, bwatangaje ko buzabona izakoreshwa mu gihe cy’ubukonje icyo gihugu kigiye kwinjiramo harimo no muri bimwe mu bihugu bya Afurika, nk’uko byatangajwe na Chancelier wabwo Olaf Scholz.



  • Batatu barekuwe ni abagore

    Mali: Abasirikare ba Côte d’Ivoire 3 mu bari bafunzwe 49 barekuwe

    Kuba abo basirikare bafunguwe, ngo ni igikorwa kigaragaza ubumuntu nk’uko byatangajwe n’abashinzwe ibya dipolomasi muri Togo, kuko ari bo bakora iby’ubuhuza (mediation) hagati ya Bamako na Abidjan.



  • U Bushinwa bumaze iminsi bugaragaza ibikorwa bya gisirikare hafi y

    Amerika igiye kugurisha Taïwan intwaro: Byarakaje u Bushinwa

    Leta zunze ubumwe za Amerika zatangaje ko zigiye kongera kugurisha intwaro zifite agaciro ka Miliyari 1.1 y’Amadalori kuri Taïwan,mu gihe u Bushinwa bufata Taiwan nk’ikirwa cyabwo, bwahise busaba Amerika kureka ibyo kongera kugurisha intwaro muri Taïwan, bitaba ibyo nabwo bukaba bwafata ingamba.



  • Senderi ni umwe mu basusurukije abitabiriye ibi birori

    Abahanzi barimo Riderman, King James, Rafiki,… basusurukije ibirori byo Kwita Izina

    Ku wa Gatanu tariki 02 Nzeri 2022, mu birori byo Kwita Izina abana b’ingagi 20, abahanzi batandukanye, bari bakereye gususurutsa Abanyarwanda ndetse n’abashyitsi bitabiriye ibyo birori.



  • Mu mpera zisoza umwaka abantu baba bashaka aho basohokera bakinezeza

    Abari bakumbuye ibihe byabanyuze mu myidagaduro bashonje bahishiwe

    Ku bufatanye bwa ‘Rwanda Arts Council’, ‘RUA Concept’, ‘Ikembe Rwanda modern Music Union’, byose bikorera mu Rwnda, harategurwa igitaramo cyiswe ‘Twarawubyinnye Concert’, kizahuza abahanzi, abavanga imiziki (DJs), abayobora ibirori/ibitaramo n’abandi bamenyekanye mu myidagaduro mu myaka yashize, ni ukuvuga hagati ya 2000-2012.



  • Jay Polly

    Umwaka urashize Jay Polly yitabye Imana: Hateguwe igikorwa cyo kumwibuka

    Umuhanzi Tuyishime Joshua wamenyakanye cyane ku izina ry’ubuhanzi rya Jay Polly, yitabye Imana ku itariki 02 Nzeri 2021, akaba yari azwi cyane mu muziki wo mu njyana ya Hip Hop. Ni umwe mu batangije itsinda rya Tuff Gang ryazanye impinduka muri muzika nyarwanda.



  • Leta y

    Burundi: Bruce Melodie yatawe muri yombi

    Guhera ku ya 31 Kanama 2022, nibwo humvikanye inkuru y’ifatwa rya Bruce Melodie, akaba akurikiranyweho ibyaha by’ubwambuzi bushukana, kuko ngo hari amafaranga yakiriye avuga ko azaririmbira mu Burundi ariko ntiyabikora.



  • Mikhaïl Gorbatchev yitabye Imana

    Uwa nyuma wayoboye Leta zunze Ubumwe z’Abasoviyeti yitabye Imana

    Umuyobozi wa nyuma wa Leta zunze Ubumwe z’Abasoviyete (URSS), Mikhaïl Gorbatchev, yitabye Imana ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 30 Kanama 2022, afite imyaka 91 y’amavuko.



  • Edouard Bamporiki

    Dosiye ya Edouard Bamporiki yashyikirijwe Ubushinjacyaha

    Dosiye ya Bamporiki Edouard wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’urubyiruko n’umuco yashyikirijwe Ubushinjacyaha. Ni dosiye yari imaze iminsi ikorwaho iperereza n’Urwego rw’Ubugenzacyaha ‘RIB’, kuko urwo rwego rwatangiye kuyikoraho guhera muri Gicurasi 2022, ubwo Bamporiki Edouard yahagarikwaga mu kazi, (…)



  • Iraq: Abantu 23 baguye mu myigaragambyo

    Guhera kuri wa Mbere tariki 29 Kanama 2022, muri Iraq hashyizweho ibihe bidasanzwe nyuma y’uko abantu bagera kuri 23 bishwe n’amasasu muri ‘Zone Verte de Bagdad’, mu mvururu zakuruwe n’umuyobozi witwa Moqtada Sadr, yatangaje ko avuye mu bya Politiki burundu.



  • Pakistan: Imyuzure yahitanye abantu hafi 1,000

    Mu gihe imyuzure yatewe n’imvura idasanzwe yaguye muri Pakistan, ikomeje guhitana ubuzima bw’abantu aho hamaze gupfa hafi 1000, Guverinoma y’icyo gihugu yatangaje ibihe bidasanzwe mu gihugu hose ‘national emergency, guhera ku wa Kane tariki 25 Kanama 2022.



Izindi nkuru: