Miss Rwanda 2021, Ingabire Grace, afatanyije n’Ikigo ’Africa Improved Food’, boroje ingurube abajyanama b’ubuzima bo mu Karere ka Rwamagana, mu rwego rwo kuzirikana umuhate bakorana akazi kabo, igikorwa cyabaye ku ya 2 Nzeri 2021.
Abahanzi, abanyamakuru, ibyamamare, n’abandi batandukanye bifashishije imbuga nkoranyambaga, bandika bagaragaza agahinda batewe n’urupfu rwa Jay Polly rwamenyekanye mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane tariki 02 Nzeri 2021, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’Urwego rw’Infungwa n’abagororwa, akaba yafashwe n’uburwayi afungiye (...)
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO) ryatangaje ko virusi ya corona yihinduranyije yiswe ‘Mu’ yagaragaye bwa mbere muri Colombia muri Mutarama uyu mwaka wa 2021, ngo yaba idakangwa n’inkingo.
Muri Werurwe 2020, ubwo icyorezo cya Covid-19 cyari kigeze mu Rwanda, hakurikiyeho ingamba zitandukanye zo guhangana nacyo, harimo gukumira ikwirakwira ryacyo, Hoteli La Palisse Nyamata ikaba yarifashishijwe muri ubwo buryo ariko ubu ikaya yakira abayigana uko bisanzwe.
Abaturiye ikiyaga cya Karago giherereye mu Karere ka Nyabihu mu Ntara y’Iburengerazuba, cyane cyane abahoze bakirobamo, bavuga ko amafi yo muri icyo kiyaga yahunze andi agapfa kubera amazi amanurwa n’isuri akacyirohamo.
Imibare y’abicwa na Covid-19 mu Burayi izaba yiyongereyeho 236.000 bitarenze iya mbere Ukuboza 2021, nk’uko byatangajwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO).
Kuri uyu wa Kabiri tariki 31 Kanama 2021, nyuma y’uko Ingabo za Leta zunze Ubumwe za Amerika za nyuma zihagurutse ku Kibuga cy’indege cya Kabul, Ambasade ya Amerika yakoreraga muri Afghanistan, ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Internet, yatangaje ko ihagaritse ibikorwa byayo muri icyo gihugu.
Abahungu ba Habineza Joseph uherutse kwitaba Imana ni bamwe mu batanze ubuhamya, bagaragaza uko umubyeyi wabo yabasigiye umurage mwiza wo kubana n’abantu amahoro. Umwe muri abo bahungu witwa Habineza Jean Michel yavuze ko icya mbere yavuga ari uko se yari umugabo udasanzwe, kubera uko yabanaga n’abantu bose, yaba (...)
U Rwanda rugiye kwita amazina abana b’ingagi 24, mu muhango wo Kwita Izina 2021, uzaba tariki 24 Nzeri 2021. Ni umuhango uzaba ubaye ku nshuro ya 17, ukazakorwa hifashishijwe ikoranabuhanga kubera icyorezo cya Covid-19, nk’uko no mu mwaka ushize wa 2020 byagenze.
Umuryango wa Steve Nkusi, Umunyarwanda w’imyaka 24, utuye muri Canada, wakinaga umukino wo gusiganwa ku maguru ndetse akaba yakundaga ibijyanye na ’business’, uri mu kababaro ko kumuburira irengero nyuma y’uko hashize iminsi ine bivugwa ko yagiye ku Kiyaga cya Ontario koga, nyuma ntagaruke.
Abaturage bishyuraga ngo babatwarire imyanda, bagiye kujya bishyurwa kugira ngo bayitange kuko ari imari ishyushye.
Tariki 24 Nzeri 2021, ku munsi isi yose yahariye kuzirikana ingagi, Ikigo cy’ Igihugu cy’Iterambere (RDB) kizakora igikorwa cyo Kwita Izina abana b’ingagi bavutse.
Umubyeyi wo mu Bwongereza witwa Samantha Willis w’imyaka 35, yari amaze iminsi mikeya mu bitaro, arembye kubera Covid-19 ariko anakuriwe, gusa yashoboye kubyara umwana yari atwite ariko yitaba Imana atabonye uruhinja rwe.
Umubyeyi w’umunya Afghanistani yabyariye mu ndege y’igisirikare cya Amerika cy’abarwanira mu kirere (US Air Force), yari itwaye abantu ihungishije Abatalibani ibajyanye mu Budage.
Abayobozi bo muri Afghanistani bemeje amakuru y’uko Zaki Anwari, wakiniraga ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ya Afghanistani, yahanutse ku ndege agapfa ubwo yageragezaga kurira ku ndege ya gisirikare y’Abanyamerika yari ihagurutse ku Kibuga i Kabul.
Umuryango Interpeace ku bufatanye n’Akarere ka Bugesera batanze moto zizafasha mu kugera ku baturage bafite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe.
Ishami rw’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (WHO) ryatangaje ko uretse icyorezo cya Covid-19, Afurika y’Iburengerazuba ubu ihanganye n’ibindi byorezo birimo icyitwa ’Marburg’ ndetse na ’Ebola’, ku buryo ngo bishobora kurenga ubushobozi bw’inzego z’ubuzima.
Hakainde Hichilema, wabanje kuba umushumba w’inka nk’uko abyivugira, ubu ni Perezida mushya wa Zambia, akaba ageze ku butegetsi nyuma yo kugerageza inshuro esheshatu zose.
Ubusanzwe gahunda yari uko iyo Pariki izaba yamaze kubakwa ndetse igatahwa bitarenze ukwezi kwa Nyakanga 2021 ariko ntibyakunda, abifuza gusura iyo Pariki bagasabwa kuba bategereje gato, cyane ko ababishinzwe bavuga ko kubaka byarangiye harimo gutegurwa igikorwa cyo kuyitaha ku mugaragaro.
N’ubwo ubucuruzi butandukanye muri rusange bwasubijwe inyuma n’icyorezo cya Covid-19, ubw’indabo bwo bwarazamutse.
Ikigo ’Skytrax World Aiport’, kireba ubwiza bw’ibibuga by’indege hirya no hino ku isi ndetse n’isuku yabyo, cyashyize Ikibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali mu bibuga bya mbere bifite ubwiza mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba ndetse bifite isuku ku Mugabane wa Afurika mu 2021.
Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, yatangaje ko amasezerano y’ubufatanye aherutse gusinywa hagati y’u Rwanda na Tanzania ategerejweho kuzamura umubare w’imishinga ijyanye n’impinduka mu by’ikoranabuhanga.
Muhire Jean Claude na Ingabire Uwera Marie-Reine, basezeranye imbere y’amategeko ku itariki 12 Kanama 2021, ariko ngo bamenyanye mu 2012, ndetse ngo batangira gukundana mu 2015.
Abana biga mu mashuri y’incuke n’abiga mu myaka yo hasi mu mashuri abanza, bamaze ibyumweru bisaga bibiri basubiye ku ishuri, kuko batangiye igihembwe cya gatatu tariki 2 Kanama 2021, bikaba biteganyijwe ko bazarangiza icyo gihembwe tariki 17 Nzeri 2021, bivuze ko baziga igihe kigera ku kwezi n’igice, mu gihe ubundi (...)
Meya w’Umujyi wa Nagoya mu Buyapani witwa Takishi Kawanura ufite imyaka 72 y’amavuko, yarumye umudari wa zahabu wari wahembwe umukinnyi w’Umuyapanikazi witwa Miu Goto, mu mikino ya Olimpike, maze uwo muyobozi bimuviramo ibibazo.
Nyuma y’aho umuhanzi Gabiro Guitar akoreye indirimbo ‘Igikwe’ afatanyije na mugenzi we Confy, hanyuma iyo indirimbo ntivugweho rumwe kubera amagambo ayirimo yatumye benshi bashinja abo bahanzi kuba bica umuco nyarwanda. Gabiro Guitar yagize icyo abivugaho.
Nyuma y’igihe kinini amaze asohora indirimbo imwe imwe, umuhanzi King James yatangaje itariki yo gusohora ’Album’ ye nshya yise ’Ubushobozi’.
Polisi y’ahitwa Arkansas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), yatangaje ko yafashe umugabo w’ imyaka 30 y’amavuko wo mu Mujyi wa Fayetteville, nyuma y’uko arashe umugore we amuziza ko yanze ko baryamana.
Uruganda rwa Skol rwenga inzoga zitandukanye, rugatunganya n’amazi meza yo kunywa, rwafashije imiryango ikennye iruturiye mu Kagari ka Nzove, Umurenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 11 Kanama 2021, iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yemeje Dr Bienvenu Emile nk’ Umuyobozi mushya w’Ikigo cy’ Igihugu gishinzwe kugenzura ubuziranenga bw’ imiti n’ibiribwa (Rwanda FDA).