Umubare w’abandura Covid-19 mu Bufaransa ukomeje kuzamuka ku buryo mu ntangiriro z’icyumweru cyatangiye ku itariki 4 Nyakanga 2022, abandura Covid-19 bariyongereye bagera ku bihumbi 206 ku munsi, nk’uko byagaragajwe mu mibare yatanzwe n’urwego rw’ubuzima tariki 5 Nyakanga 2022.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 8 Nyakanga 2022, Shinzo Abe wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani, yajyanywe ku bitaro nyuma yo kuraswa n’umuntu wakoresheje imbunda, ariko birangira yitabye Imana.
Umuvugizi wa Leta ya Ondo muri Nigeria, Funmilayo Odunlami, yavuze ko ubu Polisi irimo kuvugisha ababyeyi ndetse n’imiryango y’abakirisitu bagera kuri 77, batabawe ku wa mbere aho bari bafatiwe bugwate mu rusengero, babwirwa ko bategereje Yesu, abapasiteri babikoze bakaba batawe muri yombi.
Ku wa Gatatu tariki 6 Nyakanga 2022, Abayobozi bo muri Nigeria batangaje ko imfungwa zigera hafi kuri 900, zatorotse gereza ubundi irinzwe cyane iherereye mu Mujyi wa Abuja, ubwo yagabwagaho igitero n’inyeshyamba zigendera ku mahame y’idini ya Isilamu.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean-Marie Vianney, yavuze ko hari gahunda yo gushyiraho abantu bashinzwe gucunga imijyi yungirije Kigali (secondary city managers), kugira ngo bakurikirane imikorere myiza y’iyo mijyi.
Umugabo wo mu Burusiya nyuma y’uko abonye ko amafaranga yagatunze umuryango we, umugore akomeza ayajyana mu rusengero, yaje gufata umwanzuro wo kurutwika.
Abayobozi b’ibihugu bya Afurika y’Iburengerazuba batangaje ko bakuyeho ibihano bari barafatiye ubutegetsi bwa gisirikare buyoboye Mali muri iki gihe. Mu ntangiriro z’iki cyumweru nibwo Abakuru b’ibihugu bigize Umuryango w’Ubukungu bw’ibihugu byo muri Afurika y’Iburengerazuba(ECOWAS), bateraniye mu nama i Accra mu Murwa (…)
Ku wa Mbere tariki 4 Nyakanga 2022, Gen. Abdel Fattah al-Burhane, yatangaje ko igisirikare kitazongera kujya mu biganiro, bikorwa hirya no hino muri Sudani bigamije gusubiza ubutegetsi mu maboko y’Abasivili, kugira ngo hashyirweho ‘Guverinoma igizwe n’abantu bashoboye’.
Umuhanzi w’Umunya-Canada uzwi cyane mu njyana ya ‘rock’, Randy Bachman, yongeye kubona gitari ye yibwe mu myaka 46 ishize, biturutse ku mufana we wayibonye mu Buyapani, nk’uko byatangajwe na France 24.
Umujyi wa Kigali watangaje ko ugiye gushora agera kuri Miliyoni 600 z’Amafaranga y’u Rwanda, mu mwaka w’ingengo y’imari 2022/23, agakoreshwa mu bikorwa byo kwagura ‘Imbuga City Walk’, ahazwi nka ‘Car free zone’ ahantu ho kuruhukira no kwidagadurira.
Mu Karere ka Bugesera, icyumweru cyo kwibohora cyatangiye ku itariki 27 Kamena kikazasozwa ku itariki 4 Nyakanga 2022, kirasoza hatashywe ibikorwa remezo bitandukanye birimo, inzu zubakiwe abatishoboye mu Mirenge itandukanye, imiyoboro y’amazi, inzu y’ababyeyi(maternité), n’ibindi.
Kuri uyu wa Kane tariki 30 Kamena 2022, Umuraperi w’Umufaransa, Laouni Mouhid, uzwi ku izina ry’ubuhanzi nka La Fouine, yagiranye ikiganiro n’Abanyamakuru mu Mujyi wa Kigali, asobanura uko yiteguye gususurutsa abaza kwitabira ibitaramo byiswe ‘Africa in Colours festival’, biteganyijwe gutangira uyu munsi bikazarangira ku (…)
Umugabo wo muri Chili yahembwe inshuro zikubye 286 z’umushara we, ahita asezera muri Sosiyete yakoreraga abicishije mu banyamategeko, aburirwa irengero nyuma yo gusezeranya iyo sosiyete ko azayisubiza amafaranga arenga ku yo yari agenewe.
Umuririmbyi w’Umunyamerika, Robert Sylvester Kelly, umenyerewe nka R. Kelly, yakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka 30 muri gereza, kuko yakoresheje ibyo kuba ari icyamamare bigatuma akorera abana n’abagore ihohotera rishingiye ku gitsina.
Ibintu bitandunye by’ubugeni byari byarajyanywe mu Budage biturutse muri Cameroon, Namibia na Tanzania mu gihe cy’ubukoloni, kuri ubu u Budage bukaba bwiyemeje buzabigarura muri Afurika aho byaturutse bikahaguma burundu.
Hasigaye imyaka ibiri gusa ngo igihe u Rwanda rwari rwihaye cyo kuba rwamaze kugeza amashanyarazi ku baturage bose kigere, ariko ikigo gishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi mu Rwanda (REG), cyavuze ko hakenewe Miliyoni 600 z’Amadolari (asaga Miliyari 612 z’Amafaranga y’u Rwanda), kugira ngo iyo ntego u Rwanda rwihaye (…)
Umugabo yatakaje telefone yo mu bwoko bwa ‘iPhone’ mu mezi 10 ashize, ubwo yarimo akora siporo yo kugenda bagashya mu bwato butoya we n’umuryango we, iyo siporo bakaba barayikoreraga mu mugezi wo mu Bwongereza witwa Wye (River Wye).
Abahagarariye urubyiruko rwo muri Commonwealth, bazwi nka ‘Commonwealth Youth Council’, bahawe umwanya muri CHOGAM, wo kugaragariza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, ibibazo bafite nk’urubyiruko kugira ngo byitabweho kurushaho.
Polisi ya Afurika y’Epfo yatangiye iperereza ku bantu 22 baguye mu kabari karimo n’akabyiniro, kazwi cyane aho muri muri icyo gihugu.
Abaturage bategetswe kuva mu duce tubiri duteganyijwe kuberamo ibikorwa bikomeye bya gisirikare, mu rwego rwo kurwanya inyeshyamba ku butaka bugera ku bilometero 13.000, mu majyaruguru n’amajyepfo y’Uburasirazuba bwa Burkina Faso.
Igikomangoma Charles cya Wales n’umugore we Camilla wa Cornwall, birebeye ubwiza bw’imideri ya Afurika n’iy’u Burayi mu gihe cy’inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma (CHOGM), irimo kubera i Kigali mu Rwanda, bikaba byarabaye ku wa 23 Kamena 2022.
Ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga b’ibihugu byo mu Muryango wa Commonwealth bahuye ku wa Kane tariki 23 Kamena 2022, nyuma y’imyaka hafi itatu bidakunda, bakaba baganiriye ku buryo bwo guhangana n’ingaruka za Covid-19 no kugera ku iterambere rirambye.
Mu birori byo gufungura ku mugaragaro inama y’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bitabiriye CHOGM, kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Kamena 2022, Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson, yavuze ko ashimishijwe no kuba nk’uhagarariye u Bwongereza, agiye gukora umurimo wa nyuma mu rwego rw’ubuyobozi bwa Commonwealth, (…)
Umuyobozi mukuru w’Abatalibani, Haibatullah Akhundzadah, arasaba inkunga y’amahanga yo gufasha abagezweho n’ingaruka z’umutingito wahitanye abanatu basaga 1000 ugakomeretsa abagera ku 1500, mu Ntara ya Paktika, mu Burasirazuba bwa Afghanistan.
Impuguke mu buvuzi zivuga ko ugereranyije, umugore umwe azajya apfa azize Kanseri y’inkondo y’umura muri buri minota itatu mu mwaka wa 2030, niba hatagize igikorwa ubu.
Icyorezo cya Covid-19 cyagaragaje ko hari intege nkeya mu nzego z’ubuzima hirya no hino ku Isi. Ibihugu byahuye n’ikibazo gikomeye cyo kunanirwa gukumira umubare munini w’abandura icyorezo cya Covid-19. Abantu benshi barapfuye bazize ko batabonye ubuvuzi mu gihe gikwiye.
Intambara yo muri Ukraine yatumye ibihugu byinshi cyane cyane ibikiri mu nzira y’Amajyambere bihura n’ikibazo gikomeye cy’ibura ry’ibiribwa, bitewe n’uko hari ingano zaheze muri Ukraine zidashobora koherezwa hanze y’igihugu, kubera intambara.
Bivugwa ko urukundo ari ikintu kigira imbaraga zikomeye, ndetse ko hari abantu bakora ibintu bitangaje bagamije kwerekana urukundo, cyangwa se bagakora ibintu bihambaye mu izina ry’urukundo.
U Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu mu gushyiraho ingabo ziswe ‘East African Regional Force’ zizoherezwa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, mu rwego rwo kugarura amahoro nyuma y’intambara zatewe n’imitwe yitwaje intwaro cyane cyane mu Burasirazuba bw’icyo gihugu, nk’uko byatangajwe na Guverinoma y’u Rwanda.
Imiryango mpuzamahanga itandukanye ikorera mu gihugu cya Sudani, ivuga ikibazo cy’ibura ry’ibiribwa gishobora kwiyongera ku buryo butigeze bubaho, bikaba byatuma habaho izindi ntambara n’abaturage bahunga, ibyo bikaba byakemurwa n’uko Sudani yahabwa inkunga y’ibiribwa.