Nyuma y’intambara imaze imyaka ibiri, Guverinoma ya Ethiopia n’inyeshyamba zo mu gace ka Tigray, binyuze mu biganiro byabereye muri Afurika y’Epfo bihuje impande zombi, biyobowe na Afurika Yunze Ubumwe, bemeranyijwe guhagarika intambara.
Abanyarwanda, by’umwihariko abato (young generation) basabwa kumva no gusobanukirwa uruhare rwabo mu guhitamo neza imiyoborere myiza yageza Igihugu ku iterambere.
Ambasade y’u Buyapani mu Rwanda yasinyanye amasezerano n’itorero ry’Abangilikani mu Rwanda, Diyosezi ya Kibungo, agamije kubaka ishuri ry’incuke n’iribanza mu Karere ka Ngoma mu Ntara y’Iburasirazuba.
Umuherwe Oleg Tinkov washinze Banki ikorera kuri Interineti (banque en ligne) yitwa Tinkoff, yamekanye guhera mu myaka ishize, yatangaje yo yamagana intambara yo muri Ukraine.
Nk’uko bigaragazwa n’ibyavuye mu matora y’Abadepite yabaye ku wa Kabiri tariki 1 Ugushyingo 2022, n’ubwo bitaratangazwa byose, ishyaka rya Likoud rya Netanyahu ngo riri ku isonga.
Nyuma yo gushakana bakamarana igihe kinini batarabyara, umugore wo muri Kenya witwa Nerimima Juma yabwiye umugabo we witwa Asanasi Mulingomusindi ngo ashake umugore wa kabiri, kugira ngo babyarane.
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, yavuze ko u Rwanda rwiteguye gukora ibishoboka byose mu gukomeza kurinda ubusugire bw’Igihugu, n’ubwo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yo ikomeje gushaka kuwuhungabanya ikorana n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR, kandi ko gusakuza atari byo bizakemura (…)
Minisiteri y’Ubuzima ya Malawi yatangaje ko umubare w’abicwa na Cholera umaze kuzamuka, ukaba ku wa Mbere tariki 31 Ukwakira 2022 wari ugeze ku 183. Umubare w’abandura icyo cyorezo wakomeje kuzamuka guhera muri Werurwe 2022, ubwo cyatangiraga. Ubu abamaze kucyandura baragera ku 6.056, nk’uko byagaragaye mu itangazo (…)
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa Kabiri tariki 1 Ugushyingo 2022, yagejeje ijambo ku Nteko rusange y’abagize Inteka Ishinga Amategko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA), ashima imirimo bakoze mu myaka itanu bamaze.
Nibura abagera ku 100 bapfuye mu gihe abagera kuri 300 bakomeretse, nyuma y’ibisasu bibiri byaturikirijwe mu Murwa mukuru wa Somalia, Mogadishu, nk’uko byatangajwe na Perezida w’icyo gihugu, Hassan Sheikh Mohamud.
Nyuma y’amezi atari make yari ashize hariho impaka z’urudaca mu bijyanye n’amategeko, cyane cyane agenga za sosiyete, Elon Musk, Umuyobozi wa Sosiyete yitwa Tesla, yashoboye kugura urubuga nkoranyambaga rwa Twitter.
Mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 26 Umuryango w’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (AERG) umaze uvutse, abawugize baje gusangira n’ababyeyi b’intwaza bo mu rugo rw’Impinganzima ya Bugesera.
Ku wa 26 Ukwakira 2022, mu Karere ka Rusizi, hatangiye amahugurwa ngarukamwaka y’ababaruramari b’Abanyamwuga agamije kubongerera ubumenyi, akaba abaye ku nshuro ya cumi n’imwe (11), aho yitabiriwe n’abaturutse mu bihugu bitandukanye.
Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi (EU) wakuyeho ibihano wari warafatiye abayobozi batatu b’Abarundi mu 2015. Mu bakuriweho ibihano harimo Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, Gervais Ndirakobuca, Godefroid Bizimana wari umuyobozi wungirije wa Polisi y’Igihugu ndetse na Léonard Ngendakumana, wari ushinzwe ibijyanye (…)
Mu nama yahuje ibihugu cyane cyane ibyo ku Mugabane w’Afurika, yiga ku bijyanye n’ubumenyi ku ikoranabuhanga, ikaba yarateguwe n’ikigo ICDL, gitanga amahugurwa ku bijyanye n’ikoranabuhanga, Minisitiri w’u Rwanda w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, yavuze ko uwo ari umwanya wo kugana ku kwesa imihigo bafite mu (…)
Mu gihe William Ruto yarimo yiyamamariza kuba Perezida wa Kenya, mu byo yasezeranyije abaturage ngo harimo ko naramuka atowe akaba Perezida wa gatanu wa Kenye, mu gihe cy’ubutegetsi bwe abaturage bazajya bakoresha Telefone nta kiguzi, ndetse bagakoresha na Interineti ku buntu.
Mu rwego rw’ukwezi kwahariwe ubuzima bwo mu mutwe, ku wa Kabiri tariki 25 Ukwakira 2022, Umuryango GAERG, Ikigo cy’Igihugu cyita ku buzima (RBC) na Imbuto Foundation, bakoze ubukangurambaga ku buzima bwo mu mutwe, abaturage bamenya ko ari bwo bugenga ubuzima muri rusange.
Kuri uyu wa Mbere tariki 24 Ukwakira 2022, u Rwanda rwizihije isabukuru y’imyaka mirongo itandatu (60) ishize rwinjiye mu Muryango w’Abibumbye (UN), rugashimirwa umusanzu rutanga mu kugarura amahoro ku Isi.
Ku Cyumweru tariki 23 Ukwakira 2022, abayobozi ba Tanzania batangaje ko igice kinini cyari cyafashwe n’inkongi y’umuriro ku musozi wa Kilimanjaro, muremure muri Afurika ukunze gukurura ba mukerarugendo bakunda kuwuzamuka, ubu ngo. Babashije kukizimya.
Mu nkuru Kigali Today iherutse gutangaza ijyanye n’ikiganiro yari yagiranye n’umuhanzi Mahoro Isaac, yari yavuze ko yitegura gusohora indirimbo nyinshi, harimo izo yari yarasohoye mu buryo bw’amajwi gusa, akaba ashaka kuzikorera amashusho, ndetse n’izo yari afite zanditse gusa, azasohora zitunganyijwe.
Captain Ibrahim Traore yarahiriye kuba Perezida w’inzibacyuho wa Burkina Faso, nyuma y’ibyumweru bikeya hakozwe kudeta yakuye Paul-Henri Sandaogo Damiba ku butegetsi. Mu birori byo kurahira byabereye mu Murwa Mukuru wa Burkina Faso Ouagadougou, tariki 21 Ukwakira 2022, mu mutekano urinzwe bikomeye, Perezida Traoré, (…)
Zimbabwe ibaye igihugu cya mbere ku Mugabane wa Afurika, kigiye gutangira gutanga urukingo rwa virusi itera SIDA, icyo gihugu kandi kibaye icya gatatu ku Isi cyemeje urwo rukingo nyuma ya Amerika na Australia.
Ku wa Kane tariki 20 Ukwakira 2022, abantu 50 barimo 10 bo mu nzego z’umutekano nibo bapfuye muri Tchad, baguye mu myigaragambyo y’abaturage bari bahanganye na Polisi.
Kuri uyu wa Kane tariki 20 Ukwakira 2022, Minisitiri w’Ubuzima wa Indonesia yatangaje ko ikoreshwa ry’imiti y’amazi ‘Sirop’ yose yahabwaga abana rihagaritswe, nyuma y’uko hapfuye abana 99, abafite ububiko bw’iyo miti basabwe ko baba bahagaritse kuyicuruza mu gihe iperereza ritararangira.
Perezida Mahamat Idriss Deby wa Chad, yatangaje ko hashyizweho ibihe bidasanzwe mu gihugu, guhera wa Gatatu tariki 19 Ukwikira 2022, kubera imyuzure myinshi imaze kugira ingaruka ku baturage basaga miliyoni.
Abanya-Kenya babiri bagejejwe imbere y’urukiko bakurikiranyweho icyaha cyo kwituma muri pariki ibamo inyamaswa z’ishyamba. Nk’uko bigaragara ku rupapuro rw’umwanzuro wo gutanga ikirego mu rukiko, abo bantu babiri binjiye mu ishyamba rwihishwa, bajya kuryitumamo abarinzi ba pariki barimo bacunga umutekano barababona.
Ingaruka za COVID-19 n’intambara yo muri Ukraine bishobora gutuma intego Isi yari yihaye yo kuba yaranduye ubukene bukabije muri 2030, itagerwaho nk’uko byatangajwe na Banki y’Isi.
Cap Ibrahim Traoré yabaye Perezida w’inzibacyuho wa Burkina Faso ku mugaragaro, nyuma yo guhirika ubutegetsi bwariho, muri ‘Coups d’Etat’ iheruka muri icyo gihugu, akaba yaremejwe ku wa Gatatu tariki 5 Ukwakira 2022.
Umuti mushya wakozwe n’abashakashatsi bo mu kigo ‘Scripps Research’ muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, uzajya utuma virusi ya Covid-19 yirwanya ubwayo ndetse ikaniyica.
Ibihugu byinshi bya Afurika bitungwa n’ibinyampeke bikura mu Burusiya no muri Ukraine, none intambara yatumye kuza kw’ibyo binyampeke muri Afurika bisa n’ibihagaze. Ariko Ukraine yatanze icyizere ko ibinyampeke byoherezwa muri Afurika bigiye kwiyongera.