Perezida wa Ibuka mu Karere ka Nyaruguru, Bertin Muhizi, avuga ko abarokotse Jenoside bashatse bakwifashisha abahesha b’inkiko b’umwuga bishyuza imitungo, ariko ko batabikora kuko bashaka ubwiyunge.
Nyuma y’uko i Busanze mu Karere ka Nyaruguru habonetse imibiri 213 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bivugwa ko hakiri ibyobo byibura bibiri birimo n’indi mibiri.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Shyaka Anastase, avuga ko abantu badakwiye kwitwaza ubutore ngo basabe intore bagenzi babo kubahishira mu bibi.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Anastase Shyaka, avuga ko kimwe n’icyaha cya Jenoside, n’icya ruswa kidasaza, mu Rwanda.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe indangamuntu (NIDA), kuri uyu wa 15 Gicurasi 2019 cyatangije ku mugaragaro igikorwa cyo gufotora ku buryo buhoraho abakeneye indangamuntu, igikorwa kizajya kibera mu Murenge wa Ngoma.
Polisi y’igihugu, ifatanyije n’ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo, ku wa mbere tariki 13 Gicurasi 2019 batangije ubukangurambaga bw’umutekano mu muhanda bw’igihe cy’umwaka bwiswe ‘Gerayo amahoro’ .
Norbert Mbabazi uhagarariye Ibuka mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, avuga ko abakoze ibyaha bya Jenoside biremereye bari hafi gufungurwa bakwiye kumenya ko abarokotse Jenoside batazongera gutega ijosi.
Abayobozi bo ku nzego zinyuranye mu Murenge wa Kivu mu Karere ka Nyaruguru, tariki 8 Gicurasi 2019 basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Murambi, bagamije kurushaho gusobanukirwa Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abarokotse Jenoside b’i Huye batekereza ko mu gushaka amakuru ku Batutsi biciwe muri ESO, n’abasirikare bahabaga baba abari mu buzima busanzwe cyangwa se bakomereje mu ngabo z’igihugu cyangwa ahandi, bari bakwiye kwegerwa.
Abayobozi 1,006 bo mu Murenge wa Kivu mu Karere ka Nyaruguru barashishikarizwa kuba ibitabo byigirwaho imyitwarire iboneye n’abo bayobora.
Emerita Karwera, nyuma y’imyaka itari mike aba mu kizu kidakinze, abatuye mu Mudugudu wa Karubanda wari urimo icyo kizu begeranyije ubushobozi baramwubakira.
Mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyaruguru hubatswe ishuri ry’imyuga bisabwe n’abahatuye, ariko habuze ibikoresho byo kugira ngo ritangire.
Nyuma yo kugaragarizwa ibyerekanywe n’ bushakashatsi ku mibereho y’Abaturage (EICV) bwo muri 2018, bigaragaza ko i Nyaruguru abaturage 52% bari munsi y’umurongo w’ubukene; Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Anastase Shyaka, yabwiye abayobozi b’inzego z’ibanze muri aka Karere ko ubutaka butagatifu budakwiye guturwa n’abakene.
Uruganda rw’icyayi rwa Mata, tariki 28 Mata 2019 rwibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, runaremera bamwe mu baruturiye hamwe n’abakozi barukorera barokotse Jenoside, bakennye.
Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara wungirije ushinzwe ubukungu, Jean Paul Hanganimana, avuga ko kutagaragaza ahari imibiri y’Abatutsi uhazi ari ukwiboha mu mutima.
Abiga mu Ishuri rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyi ngiro rya Gishari, IPRC Gishari, batekereza ko urubyiruko rukwiye gusura inzibutso za Jenoside kugira ngo rusobanukirwe amateka y’u Rwanda.
Nyuma y’amezi 10 bakorana na mituweli, abagana ibitaro bya Gatagara babaye benshi ku buryo muri serivise y’igororangingo ubu bari gutanga itariki yo kuzaza kwivurizaho (rendez-vous) za Gicurasi 2020.
Nubwo kuva muri Kamena 2018 ibitaro bya Gatagara bisigaye bikorana n’ubwisungane mu kwivuza bwa mituweri, byanatumye ababigana biyongera, haracyari serivisi zihatangirwa mituweri itishingira.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi, kuri uyu wa 23 Mata 2019 yatangije ku mugaragaro gahunda y’igihugu y’ubwishingizi mu buhinzi n’ubworozi.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kansi mu Karere ka Gisagara burifuza ko inkengero z’icyuzi cya Cyamwakizi zabungabungwa ntikikavogerwe, kuko cyatawemo Abatutsi batabarika.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Ibuka, Ahishakiye Naphtal, avuga ko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bishimira ko noneho batuye mu Rwanda ruha agaciro ubuzima, no kwica Umututsi bikaba bisigaye byarabaye icyaha.
Elie Ndayisaba, Perezida wa Ibuka mu Karere ka Nyamagabe, avuga ko i Murambi hiciwe Abatutsi babarirwa mu bihumbi 50 bari bahazanywe babeshywa kuharindirwa.
Kuva muri 2013 i Huye batangira gukina inzira y’ububabare bwa Yezu, Jean Baptiste Ntakirutimana akina ari Yezu, Beata Mukamusoni na we agakina ari Bikira Mariya. Ibi ngo bituma babaho bitwararitse mu buzima bwa buri munsi.
Ku nshuro ya karindwi kuva mu mwaka wa 2013, Abakirisitu Gatolika b’i Huye bazirikanye inzira y’ububabare Yezu yanyuzemo, banigana uko byagenze anyura muri ubwo bubabare.
I Busanze mu Karere ka Nyaruguru, hari umuryango wagiye kwimura umubiri w’umubyeyi (se) wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, basanga aho yari ashyinguye harimo n’umubiri w’umwana bivugwa ko ari uw’umwuzukuru.
Bertin Muhizi uyobora Ibuka mu Karere ka Nyaruguru, avuga ko i Nyaruguru hari abagera kuri 250 batarangije imirimo nsimburagifungo (TIG), kandi ko bibangamiye ubutabera ku barokotse Jenoside.
Amadini n’amatorero y’Abaporotesitanti hamwe n’Abayisilamu bo mu Karere ka Nyanza, tariki 12 Mata 2019 bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera abakecuru batishoboye basizwe iheruheru na Jenoside.
Ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kibeho hashyinguye imibiri y’Abatutsi bishwe mu 1994 ibarirwa mu bihumbi 30, ariko ngo abahiciwe bari benshi kurusha.
Wellars Gasamagera, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Amahugurwa mu by’Imicungire y’Abakozi, RMI, avuga ko n’ubwo hari abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bahereye ku mibare, ubundi Jenoside atari imibare.
Oda Umubyeyi avuga ko umubyeyi yagiye aha serivise nziza yaje kubyara yagize uruhare mu gutuma ubu ariho, bityo akavuga ko ari byiza gutanga serivise nziza.