Mu gihe abajya gusengera i Kibeho bavuga ko babura aho bugama iyo imvura ihabasanze, umushumba wa Diyosezi ya Gikongoro avuga ko Bazilika bateganya kuhubaka izatanga igisubizo ku bwugamo.
Urubyiruko rw’i Nyaruguru rwiyise Ibifaru, rurifuza ishuri ry’imyuga ryakwigirwamo na bagenzi babo bacikirije amashuri kuko ibindi bibazo bibangamiye imibereho myiza rwamaze kubihashya.
Umuvunyi mukuru aragaya Akarere ka Nyamagabe n’aka Nyaruguru nyuma y’uko inama ngishwanama mu kurwanya ruswa zaho zagaragaje imbaraga nkeya mu mikorere.
Umuvunyi mukuru , Anastase Murekezi, avuga ko n’ubwo itegeko rihana uwatanze ruswa n’uwayakiriye, iyo umwe muri bo ayigaragaje ataratangira gukurikiranwa, ngo ntabwo ayihanirwa.
Nyuma y’imyaka ibarirwa muri itatu bivuzwe ko amaduka yo mu Cyarabu yasenywe agiye gusimbuzwa inzu z’amagorofa, ubu noneho ngo imishyikirano yo kuyubaka igeze ahashimishije.
Abafite inzu z’ubucuruzi mu mujyi wa Huye zari zarafunzwe, nyuma y’imyaka ibarirwa muri itandatu bakemererwa kuzivugurura, barishimira ko ubu bazifitiye abakiriya, ariko abacuruzi bo bararira ayo kwarika kuko ngo nta baguzi.
Nyuma y’imyaka itatu ingo zibarirwa mu bihumbi bibiri zo mu Karere ka Gisagara zifashwa kwikura mu bukene bukabije n’umuryango Concern, zirishimira intambwe zateye.
Hafi y’ahitwa ku kibuye cya Shari giherereye mu karere ka Nyaruguru, ikamyo ya Bralirwa yacitse umuryango kuri uyu wa 18/11/2019, inzoga zirameneka, abaturage barazinywa izindi barazihisha.
Ababyeyi bo mu murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko bishimiye gahunda y’intore mu biruhuko izatangira kuwa kabiri tariki 19/11/2019 kuko izarinda abana kuzerera.
Jacqueline Mugirwa wo mu kagari ka Bitare mu murenge wa Ngera mu karere ka Nyaruguru, yavuye ku manota 40% agira 70% abikesha amashanyarazi bahawe na Polisi y’u Rwanda.
Ababikira barerera mu ishuri ry’incuke ‘Ste Josepha Rosello’ riherereye mu karere ka Huye, bifuje kuritangizamo n’amashuri abanza ariko kuva muri 2017 ntibarabona ibyangombwa byo kuryagura.
Mu nama y’inteko rusange y’abanyamuryango ba koperative umurenge sacco yo mu murenge wa Tumba mu karere ka Huye (RATUSA), byagaragaye ko mu mwaka ushize wa 2018, ku bantu 133 bari batse inguzanyo, habonetsemo 40 bishyuye nabi, naho muri 2019 ho hari abantu 28 ku 125 bishyuye nabi inguzanyo bafashe.
Brillant Rugwiro Musoni urangije amashuri abanza ku ishurirya ‘New Vision Primary School’ mu karere ka Huye, ni we uzarihirwa ibisabwa byose mu gutangira amashuri yisumbuye, kuko yatsinze amarushanwa y’icyongereza.
Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) ku rukuta rwarwo rwa twitter, ku itariki 10 Ugushyingo 2019 rwatangaje ko rwafashe Narcisse Ntawuhiganayo wakoraga ku bitaro bya kaminuza bya Butare (CHUB) ukekwaho kwiba amafaranga 1.700.000, akaba yarafashwe agerageza gutoroka igihugu.
Mu nkengero z’icyanya cyahariwe inganda i Sovu mu murenge wa Huye akarere ka Huye, hari abaturage bangirijwe imitungo ahagomba kubakwa ikigega cy’amazi bizezwa kuzishyurwa vuba, none hashize hafi amezi abiri batarishyurwa.
Minisitiri w’Intebe, Edouard Ngirente, yatangarije abitabiriye ibirori byo gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri ba kaminuza y’u Rwanda, ko buruse yakuwe ku bihumbi 35 igashyirwa ku bihumbi 40 y’u Rwanda ku kwezi.
Abahagarariye imiryango itari iya Leta mu Karere ka Huye basanga bidakwiye ko umwana w’umukobwa yita umuntu mama, papa cyangwa tonto, aho kumureberera akamuhohotera.
Abatuye ku musozi wa Nyamukecuru mu murenge wa Cyanika mu karere ka Nyamagabe, bahangayikishijwe n’igitaka kiwumanukaho kuko bibasibira imirima, bakanatekereza ko hari igihe kizarenga no ku nzu batuyemo.
Abana b’inzererezi bashyirwa mu bigo byabugenewe (transit centers) bakigishwa mu rwego rwo gushakira umuti icyo kibazo. Icyakora hari Abanyehuye batekereza ko ababyeyi babo ari bo bari bakwiye kugororwa.
Ubushakashatsi bwakorewe muri Sierra Leone mu mwaka wa 2014, bwagaragaje ko udashobora kubaka amahoro utabijyanishije no komora ibikomere abantu bafite.
Nyuma y’amezi icyenda Guverineri w’intara y’Amajyepfo, Emmanuel Gasana, akorera mu karere ka Nyamagabe, Huye ngo ni yo itahiwe muri Mutarama 2020.
Umuyobozi w’itorero ry’igihugu, Edouard Bamporiki, yasabye abafite ubumuga kutitiranya urugi rwegetseho n’urufunze, kuko hari igihe bakwibuza amahirwe yo gutera imbere.
Muri iki gihe mu Rwanda hatangijwe gahunda yo kurwanya ubukene bukabije, aho abakennye cyane bahabwa iby’ingenzi bibafasha kubusohokamo mu gihe cy’imyaka itatu, hari abavuga ko bishoboka kuko babigezeho.
Mu gihe hasigaye igihe gito ngo abana bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye basoze umwaka w’amashuri wa 2019, hari abifuza kuzaganirizwa n’ababyeyi ku myifatire.
Abagororwa 12 bo muri Gereza ya Huye bakomoka mu Karere ka Nyaruguru basabye imbabazi abarokotse Jenoside bahemukiye, bazisaba n’ababo babingingira kutazagera ikirenge mu cyabo.
Minisiteri y’ubuzima ivuga ko n’ubwo imbasa iheruka kugaragara mu Rwanda mu mwaka wa 1993, gukingiza abana neza ari byo bizayiheza burundu.
Bamwe mu barokotse Jenoside bo mu Karere ka Nyaruguru basuye abagororwa bafungiye muri Gereza ya Nyamagabe babasabye imbabazi, barazibaha.
Abatuye mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Huye basabwe kwibaza uko u Rwanda rw’ejo ruzaba rumeze abangavu nibakomeza kubyara.
Ubuyobozi bw’ikigo cyita ku bafite ubumuga, HVP Gatagara, buvuga ko inkunga Leta igenera abanyeshuri bafite ubumuga yakongerwa.
Ku mugoroba wo ku wa kabiri tariki 15 Ukwakira 2019, abakozi ba Sosiyete ishinzwe ingufu (REG) bashinzwe ubugenzuzi mu ishami rya Huye, bafatiye mu cyuho Motel Urwuri ikoresha amashanyarazi yiba.