I Nzega mu Karere ka Nyamagabe, hari abaturiye umuhanda wa kaburimbo binubira ko bawusatirijwe mu gihe cyo kuwusubiramo, none bakaba nta bwinyagamburiro bafite.
Brillant Rugwiro Musoni wiga kuri New Vision Primary School i Huye ni we watsinze amarushanwa y’icyongereza yabereye i Dubai mu Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.
Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), ivuga ko kuva muri Mutarama kugera muri Nzeri 2019, yatanze miliyoni 750 z’amafaranga y’u Rwanda yo kugurira amabati abahuye n’ibiza.
Umunsi mpuzamahanga w’abasheshe akanguhe mu Karere ka Nyamagabe wijihirijwe mu Murenge wa Tare, aho abasheshe akanguhe babaye intangarugero baho babihembewe bahabwa matela.
Abarimu bo mu Karere ka Huye bifuza ko umwarimu ufite impamyabumenyi y’amashuri yisumbuye (A2), akabasha gukorera iy’icyiciro cya mbere cya kaminuza (A1) yajya aherwaho mu kuzamurwa mu ntera, mu kigo akoreramo.
Abatangizi muri IPRC-Huye barasabwa guhanga udushya bacyiga Abanyeshuri b’ababatangizi mu wa mbere muri IPRC-Huye barasabwa gutangira amasomo banibaza ku byo bazahanga byazabateza imbere bikanagirira u Rwanda akamaro.
Imvura yari ivanze n’umuyaga yaguye ahagana saa saba z’amanywa kuri uyu wa kane tariki 3 Ukwakira 2019 yasambuye ibyumba abahungu biga ku ishuri ryisumbuye rya Gikonko mu Karere ka Gisagara, batandatu barakomereka.
Corneille Musabyimana, umwarimu w’ubugenge (Physics) mu rwunge rw’amashuri Mère du Verbe ruherereye i Kibeho mu Karere ka Nyaruguru, yakoze indege ya kajugujugu mu bipapuro, nk’imfashanyigisho mu isomo rye.
Tariki 30 Nzeri 2019, i Remera mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru hatashywe urugomero rutanga amashanyarazi azacanira abaturage hafi 300.
Ikigo cyita ku bafite ubumuga, HVP Gatagara, hamwe n’abakozi bakorera mu mashami yacyo yose, begeranyije ubushobozi bubakira ufite ubumuga inzu yo kubamo.
Abatuye mu Kagari ka Rugango mu Murenge wa Mbazi mu Karere ka Huye bavuga ko nyuma yo kugezwaho amazi meza isuku yaganje iwabo.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, François Habitegeko, avuga ko abacuruzi bakwiye gufasha abakene mu iterambere kuko ari uburyo bwo gutuma na bo babona abakiriya.
Umubyeyi wo mu Murenge wa Mukindo mu Karere ka Gisagara yagaragaje ibyishimo ubwo yahabwaga mituweli n’abahaji maze abaragiza Bikira Mariya.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gisagara buvuga ko mu gihe ababyeyi bagiye gukora umuganda rusange, abana babo na bo bazajya bakora umuganda wo gusoma.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’ingoro z’igihugu z’umurage w’u Rwanda burishimira ko abazisura bavuye ku bashyitsi igihumbi ku mwaka kuva mu 1989, bakaba bageze ku basaga ibihumbi 270, bivuze ko bikubye inshuro 270 mu myaka 30.
Hari abagabo bo mu Karere ka Nyaruguru batekereza ko umugabo ufite umugore utajya mu matsinda yo kubitsa no kugurizanya aba yarahombye.
François Karangwa ukora mu bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB) ufite inzu aho bita i Madina hafi y’ishami rya Kaminuza ry’i Huye, yagujije banki ashyira kaburimbo mu muhanda ntawumufashije.
Igenzura ryakozwe n’abakozi ba REG tariki 19 Nzeri 2019 ryafashe zimwe mu ngo ziba amashanyarazi ziherereye muri Karitsiye bakunze kwita Yapani, mu Mudugudu wa Taba, Akagari ka Cyarwa, Umurenge wa Tumba.
Ku ishuri rya Kabusanza (GS Kabusanza), riherereye mu murenge wa Simbi mu karere ka Huye, abana 170 biga mu mwaka wa kane A na B bigira mu mashuri y’ibirangarizwa atagira inzugi n’amadirishya.
Nyuma y’uko ibitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB), byatanze amatangazo ahamagarira abantu kwikingiza ku buntu indwara ya Hépatite B, abivuriza kuri RAMA ntibahawe servise bari bijejwe.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, François Habitegeko, avuga ko muri iki gihe abahinzi bagomba guhinga bashyizemo ubwenge.
Nyuma y’uko mu Karere ka Nyamagabe hasezeye abakozi icyenda, umwe muri bo akagirwa inama yo gusaba ikiruhuko cy’iza bukuru, mu Karere ka Gisagara n’aka Huye ho hasezeye abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge umwe umwe.
Nyuma y’uko ikipe ya Mukura yatsinze iya Rayon Sport ikayitwara igikombe cy’amarushanwa y’ikigega ‘Agaciro’, umufana umwe yayihaye ikimasa mu rwego rwo kwishimira iyo ntsinzi.
Abafana b’ikipe y’umupira w’amaguru ya Mukura Victory Sports, baravuga ko ikipe yabo yihesheje agaciro na bo ikakabahesha nk’abafana.
Mu mvura yaguye ku gicamunsi cyo kuwa gatanu 13 Nzeri 2019, inkuba yakubise Jonathan Mpumuje wari ucumbitse mu mu mudugudu w’Agasharu, Akagali ka Rukira, Umurenge wa Huye arapfa.
Nyuma y’inkubiri yo kwegura kw’abayobozi b’uturere tumwe na tumwe mu minsi ishize, mu karere ka Nyamagabe ho ntihasezeye abayobozi b’akarere, ahubwo abakozi 10 bo ku nzego zitandukanye nobo basezeye ku mirimo yabo.
Abatuye mu Kagari ka Rango A mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye bibaza niba hari igihe bazizera ko bashobora kubona ibyangombwa byo kubaka nta nkomyi.
Abasore n’inkumi bize imyuga mu kigo cy’urubyiruko cya Gisagara (Yego center) bavuga ko bafite intego yo kwigira, ariko ko kubona igishoro gikenewe bitaboroheye.
Bamwe mu bakangurambaga mu byo kurwanya ihohoterwa mu ngo bavuga ko amafaranga y’insimburamubyizi imiryango nterankunga igenera imiryango irangwamo amakimbirane mu gihe babigisha, akwiye gukurwaho, bakayahabwa mu bundi buryo.
Abarokotse Jenoside 10 bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, kuwa gatandatu tariki 7/9/2019 baremewe inka n’abakozi b’ibitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB), bahita biyemeza kuzakora ikimina cyo kuzivuza.