Abaturiye ikimoteri cy’akarere ka Huye, giherereye i Sovu mu Murenge wa Huye, barishimira ko babonye isoko ry’amaganga n’iry’inkari, kuko ijerekani imwe igurwa amafaranga 1,000 ikifashishwa mu gukora ifumbire.
Mufti w’abayisilamu mu Rwanda, Sheikh Salim Hitimana, avuga ko inyito ‘Intagondwa z’abayislamu’ ikunze kwifashihwa n’ibitangazamakuru bivuga abakora ibikorwa by’iterabwoba itari ikwiye.
Abarwariye mu bitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB) bavuga ko hari abantu bafite umutima mwiza bajya baza bakabasengera, bakabaganiriza ndetse bakabaha n’impano z’ibikoresho byo kwifashisha, hakaba n’ababazanira amafunguro.
Umukobwa w’imyaka 19 utuye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, avuga ko yatewe inda n’umugabo na we uba mu mujyi i Nyanza, bamenyaniye kuri telefone.
Minisitiri w’urubyiruko, Rosemary Mbabazi, yavuze ko abangavu batwaye inda mu Rwanda muri 2018 bangana n’abatuye Umurenge wa Rwabicuma muri Nyanza.
Abatuye i Shyanda mu Karere ka Gisagara, bavuga ko nubwo badatuye mu mujyi, umunsi w’abakundanye (Saint Valentin) wizihizwa tariki 14 Gashyanyare na bo bawizihiza.
Ikamyo yo muri Tanzaniya yavaga i Kigali yerekeza i Huye, mu masaa kumi n’imwe n’igice zo ku wa 14 Gashyantare 2019 yagwiriye abantu barimo abana bo mu Murenge wa Kinazi bavaga ku ishuri.
Muri iki gihe gutwara inda ku bangavu byabaye nk’icyorezo, hari abatekereza ko udukingirizo tugejejwe henshi no mu midugudu byaba umuti kuri iki kibazo.
Abagore b’i Kibirizi mu Karere ka Gisagara bibumbiye mu mpuzamatsinda Koabikigi (Koperative Abishyize hamwe Kibirizi Gisagara) barishimira iterambere bagenda bagezwaho no kwishyira hamwe.
Igikorwa cyo gutera umuti wica imibu mu ngo zo mu Karere ka Huye cyatangiye tariki ya 15 Mutarama, kigasozwa ku ya 4 Gashyantare, cyasize hari ingo 1207, zitawuterewe.
Hon. Edouard Bamporiki, umuyobozi w’itorero ry’igihugu, avuga ko abakurambere bavugwa n’amadini yazanywe n’abazungu, bitwa abatagatifu, batamurutira abakurambere be bamwe bita abazimu.
Abafite inganda zenga urwagwa rw’ibitoki i Huye bavuga ko kuba hari n’abafite ikirango S benga inzoga zitujuje ubuziranenge bituma izabo zitagurwa uko bikwiye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru bwizihije umunsi w’intwari hamwe n’abatuye mu Kagari ka Bitare mu Murenge wa Ngera, ahatuye abasaza baranzwe n’ubutwari bwo kwirwanaho nk’Abatutsi no kurwana ku babo mu myaka y’1959 ndetse no mu 1994.
Igenzura ry’imyigishirize mu mashuri ririmo gukorwa na Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) ryateye abarimu bo ku bigo bimwe na bimwe gutirana ibidanago.
Umuyobozi w’Itorero ry’igihugu, Hon. Edouard Bamporiki, arasaba urubyiruko gukora ibyiza ruharanira ejo heza hazaza h’u Rwanda, rutitaye ku kuba ruzaba rutakiriho.
Ku ishuri ribanza rya Remera (EP Remera) mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, hari abadashobora kwiga imvura igwa kuko hari ahigirwa hava, ahandi bakugamisha abavirwa.
Abemerewe na BDF inguzanyo z’ibikoresho byo gutangira kwihangira imirimo b’i Huye, batekereza ko hari byinshi byari bikwiye guhinduka mu gutanga bene iyi nguzanyo.
I Kamwambi mu Murenge wa Rwaniro mu Karere ka Huye, hari abinubira kuba bamaze imyaka ine bakoreye uwitwa Innocent Kanamugire mu gucukura amabuye y’agaciro akaba atarabishyura.
Abatuye i Rwaniro mu Karere ka Huye barifuza gufashwa gucukura imirwanyasuri ku misozi ihanamye iteyeho amashyamba, kuko umuvuduko ukabije w’amazi ayimanukaho utuma asenya imihanda akanica imyaka y’abahinzi.
Minisitiri w’ubutabera, Johnston Busingye, avuga ko uwiyemeje guhora mu manza akuramo kugira ubunararibonye mu kuburana ariko akarushaho gukena.
Mu ijoro ryo kuwa 23 rishyira uwa 24 Mutarama, abagororwa batatu barashwe bagerageza gutoroka Gereza ya Huye iri mu Ntara y’Amajyepfo, bose bahita bitaba Imana.
Minisitiri w’ubutabera, Johnston Busingye, arasaba abari mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe guharanira kukivamo bakajya mu byisumbuyeho, kuko iki cyiciro atari umurage.
Kuri uyu wa 22 Mutarama 2019, minisitiri w’ubutabera muri Maroc, Mohamed Aujjar,yavuze ko icyaha cya jenoside kizajya gikurikiranwa mu gihugu cye.
Nubwo hashize imyaka hafi itandatu itegeko ryerekeye kubona amakuru rigiyeho, haracyari abantu binubira kudahabwa amakuru n’abayobozi igihe bayakeneye, cyane cyane abanyamakuru.
Raporo y’ubugenzuzi bwakozwe na Minisiteri y’Uburezi mu mwaka ushize wa 2018, igaragaza ko mu Karere ka Gisagara hari ibigo byagiye bisibiza abana bagera kuri 30% by’ababyigamo, kimwe mu bibitera kikaba ari uko hari abayobozi b’ibigo bataboneka mukazi uko bikwiye.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr Isaac Munyakazi, avuga ko nta kigo cy’amashuri abanza cyo mu Karere ka Gisagara cyabonetse mu myanya 100 ya mbere muri 2018.
Abahinzi b’icyayi bo mu Karere ka Nyaruguru binubira abatashya amashami baba batemeye mu mirima yacyo, n’ababaragirira amatungo mu mirima.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, CG Gasana K Emmanuel, yabwiye urubyiruko rw’i Huye rugiye kujya ku rugerero ko imihigo atari imikino (siyo michezo), ko atari no kubyina Ndombolo ya Solo.
Bamwe mu banyeshuri bo mu Karere k’ibiyaga bigari batekereza ko Abanyafurika ari bo bitera ubukene, kuko ubukungu karemano bafite bwitwarirwa n’abanyamahanga barebera.