Padiri Jean Marie Vianney Nizeyimana, umuyobozi w’Ingoro ya Yezu Nyirimpuhwe mu Ruhango, avuga ko imirimo yo gutangira kuyubaka yakomeje gukomwa mu nkokora n’amananiza ku kugura igice kigomba kwiyongera ku butaka basanganywe, kugira ngo izabe ari nini.
Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara, Jérôme Rutaburingoga, avuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 itari impanuka kuko yateguwe, kandi ko nta n’aho ihuriye n’intambara nk’uko hari abajya bayita gutyo.
Perezida wa Ibuka mu Karere ka Gisagara, Jérôme Mbonirema, avuga ko ingoboka ihabwa abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye, isigaye ibabana nkeya cyane kubera uko ibiciro bisigaye bimeze ku isoko, bagasaba ko yakongerwa.
Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana, yasabye Kaminuza y’u Rwanda kuzajya isuzuma uruhare rwayo mu guhindura amateka mabi u Rwanda rwanyuzemo, kuko iyi Kaminuza aho kwigisha abantu ubumuntu yabigishije gukora ikibi.
Musenyeri Jean Bosco Ntagungira, Umushumba wa Diyoseze Gatolika ya Butare, arasaba abakirisitu kugira umutima utabara, akanibutsa abaca ku muntu uri mu byago ntibamwiteho ko atari ubusirimu nk’uko bamwe babikeka.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, avuga ko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ari inshingano ya buri Munyarwanda, n’ubwo hari abakibishidikanya bitwaje indege ya Habyarimana.
Abafite ababo baruhukiye mu rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rw’i Cyahinda mu Karere ka Nyaruguru, barifuza ko rwavugururwa kubera ko babona uruhari rutameze neza.
Ahitwa mu Cyarabu, mu mujyi i Huye, inzu z’ubucuruzi ebyiri zafashwe n’inkongi y’umuriro ibyari mu byumba byagezwemo n’iyo nkongi birangirika ku buryo urebye ntacyo baramuye.
Prof. Bernard Noël Rutikanga wahoze ari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, ubu akaba ari mu kiruhuko cy’izabukuru, avuga ko umuntu wa mbere wafungiwe muri gereza yari izwi ku izina rya 1930 ari uwari umushefu witwaga Nturo, akaba yarafunzwe azizwa kwanga amacakubiri yari ari kubibwa n’Ababiligi bakoronizaga u Rwanda.
Nyuma y’ibikomere yasigiwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Jean Bosco Habarurema yivugira ko yabashije kongera kubaho ari uko ababariye abamuhemukiye, byatumye akira amarira, ubwoba n’uburwayi bw’umutwe butakiraga, akaba amerewe neza, cyane ko yaranabyibushye kuko yavuye ku biro 52 ubu akaba afite ibibarirwa muri 80.
Damien Rusagara w’imyaka 82, utuye i Karama mu Karere ka Huye, avuga ko hashize imyaka 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ibaye, ariko ko ubugome yakoranywe butuma atibagirwa uko byamugendekeye, ku buryo iyo abitekerejeho yumva ari nk’aho byabaye ejo.
Ubushakashatsi mu by’ubuvuzi bwagaragaje ko muri ibi bihe abantu ibihumbi 700 ku Isi, bapfa buri mwaka bazira ikoreshwa nabi ry’imiti ya antibiyotike (antibiotique), kimwe n’indi miti iba yafashwe mu buryo budakwiye, igiraingarukaku buzima bw’abantu, bagasabwa gufata iyo bandikiwe na muganga.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana, avuga ko uretse imibiri mikeya yatunganyijwe byihariye, iyindi yari isanzwe igaragara ku rwibutso rwa Jenoside rwa Murambi amaherezo igomba gushyingurwa.
Nyuma yo kubona ko malariya igenda yiyongera, hakaba n’abarwara iy’igikatu itavurwa n’imiti isanzwe, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), cyatangije gahunda yo kugeza imiti y’iyo malariya ku bitaro no ku bigo nderabuzima hifashishijwe za drones.
Mu gihe hari abarya imboga ari uko baziguze, hakaba n’abazirya rimwe na rimwe kubera kunanirwa kuzihingira, Marie Chantal Mukeshimana utuye mu Murenge wa Nyanza mu Karere ka Gisagara, we azihinga mu mbuga ku buryo azirya uko abyifuza, agasagurira n’amasoko.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi, arasaba abayobozi n’ababyeyi bo mu Karere ka Nyaruguru kongera imbaraga mu kohereza abana mu marerero, kuko byagaragaye ko ari inzira ihamye yo kurwanya igwingira ry’abana.
Mu rwego rwo kurushaho kwegera abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umuryango IBUKA watanze inka na mituweli, unatanga ubufasha ku barokotse Jenoside bafite ibibazo by’ihungabana mu Karere ka Nyaruguru.
Mu gihe ikigo gishinzwe imikurire no kurengera umwana (NCDA), cyibutsa ababyeyi ko ari inshingano zabo kurerera Igihugu neza bita ku bana babo, hari abavuga ko kugira umugore urenze umwe biri mu bibangamira izo nshingano mu Karere ka Nyaruguru.
Imvura yaguye guhera mu ma saa cyenda z’urukerera rwo kuri uyu wa 23 Werurwe 2025, yangije ibikorwa bimwe na bimwe muri Gisagara, birimo inzu n’ikiraro kiri mu gishanga cya Nyiramageni hagati y’Imirenge ya Mamba na Musha.
Abasaga 100 babonye akazi mu mirimo yo gutunganya igishanga cya Nyiramageni mu Karere ka Gisagara, barinubira kutamenya ahashyirwa amafaranga bakatwa ku mishahara, babwirwa ko ari aya Caisse social (Ubwiteganyirize).
François Rwemera utuye mu Mudugudu wa Kigarama, Akagari ka Kabusanza, Umurenge wa Simbi, Akarere ka Huye, yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994, ariko ubu avuga ko ahereye ku ngaruka byamuteye, yakwemera kicwa aho kongera kwica.
Abatuye mu Gasantere ka Kabere gaherereye mu Kagari ka Kabere mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru, bahangayikishijwe n’igisimu gifukurwa n’amazi aturuka mu muferege w’umuhanda batunganyirijwe.
Ku myaka 27, Shakila Uwineza yamaze gushinga uruganda rutunganya urusenda acuruza mu Rwanda, anatekereza kuzajya acuruza hanze yarwo. Byatumye ahindura imyumvire ku buryo atagitekereza gukizwa no kujya gutura mu mahanga, ahubwo no kujyanayo ibicuruzwa bye.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, avuga ko nk’umuganga yize kubaga nyuma y’uko umuturage amuneguye.
Mu gihe kugeza ubu mu Rwanda abivuza kanseri bitabwagaho n’ibitaro by’i Butaro n’iby’i Kanombe, ku bitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB) bazatangira gufasha abafite iyo ndwara muri Nyakanga 2025.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana, avuga ko guhera muri uku kwezi kwa Werurwe 2025 abagororwa bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi babura amezi atatu ngo bafungurwe bazajya babanza gutegurwa.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu Dr. Jean Damascène Bizimana, yasabye urubyiruko gufata ubumwe nk’umwuka bahumeka.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana, yabwiye urubyiruko rw’Inkomezabigwi ko bakwiye kumvira ababyeyi, ariko ko badakwiye kumvira ababaraga urwango.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu Dr. Jean Damascène Bizimana, yasabye urubyiruko kutazigana abaranzwe n’ingengabitekerezo ya Jenoside ahubwo bagakorera hamwe mu guteza imbere Igihugu.
Mu gihe hari abumva ko iby’iteganyagihe bitabareba, hari abahinzi basanze ari ngombwa kurikurikirana no kuryifashisha mu kugena ibyo bazahinga, mu rwego rwo kugira ngo babashe kweza uko bikwiye.