Abahinzi b’umuceri mu turere twa Huye na Gisagara baribaza igihe umuceri wabo uzagurirwa ukareka kwangirikira mu mahangari no ku gasozi ku batagira amahangari yo kuwanuriramo.
Abahanga mu by’uburere bavuga ko hari ibyo abana bakora abantu bakuru bakababuza babyita ko bakubagana cyangwa bata igihe nyamara akenshi biba bihatse impano bifitemo.
Nyuma y’uko tariki 12 Nyakanga 2024 Urukiko rukuru rw’i Nyanza ruburanisha ku rwego rw’ ubujurire imanza z’inshinjabyaha rwarekuye na babiri bari bagikurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bwaviriyemo batandatu gupfa, i Kinazi mu Karere ka Huye, ababuze ababo baribaza uzabishyura impozamarira.
Ku gicamunsi cyo ku wa 17 Nyakanga 2024, umukuru w’Umudugudu wa Kinyata, Akagari ka Kabatwa, Umurenge wa Kigoma mu Karere ka Huye, yakubise umusore w’imyaka 18 aramunegekaza.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Gisagara bifuza ko nk’uko Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), ibavuriza ku bitaro byo guhera ku rwego rw’Intara kuzamura, yabavuza no ku bitaro by’Akarere.
Alphonsine Niyonsenga wo mu Mudugudu w’Akakanyamaza mu Kagari ka Rango B, Umurenge wa Tumba, yabyaye abazwe, ikinya kimushizemo yihutira kujya gutora.
Uwageze kuri site y’amatora ya Ecole Autonome iherereye mu Mudugudu wa Taba, Akagari ka Butare, Umurenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, yagiye ahura n’abantu bambaye ibyangombwa bibaranga (badges) biriho amabara y’ibendera ry’u Rwanda.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Huye rwitabiriye amatora bwa mbere rwitorera Perezida wa Repubulika y’u Rwanda ndetse n’Abadepite, kuri uyu wa 15 Nyakanga 2024, rwishimiye kuba na rwo rwagize uruhare mu kugena abazayobora igihugu runifuza ko hatagira upfusha ijwi ubusa.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’inama y’igihugu y’abafite ubumuga (NCPD), Emmanuel Ndayisaba, yabwiye abakandida biyamamaza ku mwanya w’uhagarariye abafite ubumuga mu Nteko Ishinga Amategeko ko imigabo n’imigambi bagaragaje yababereye umukoro.
Minisiteri y’Ibidukikije, ku bufatanye n’ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo ndetse n’umuryango ushinzwe kubungabunga ibidukikije, kuzamura iterambere ry’ubuhinzi bubungabunga ibidukikije ndetse no kurwanya ubukene uhereye ku muturage wo hasi (APEFA) baributsa Abanyarwanda ko nk’uko imihindagurikire y’ibihe igera ku bantu (...)
Umukandida wigenga ku mwanya wa Perezida w’u Rwanda, Philippe Mpayimana, yabwiye Abanyahuye kuri uyu wa 10 Nyakanga 2024 ko baramutse bamutoye yakora ku buryo hahangwa imirimo myinshi yavamo amafaranga ashyigikira ibigega birimo n’icyo gufasha abashomeri.
Mu rwego rwo kunoza imyigishirize no gufasha abana bigisha kurushaho gusobanukirwa amateka n’umuco w’Abanyarwanda, ishuri ribanza Ikibondo ryihangiye icyumba ndangamurage.
Abanyeshuri biga kuri GS Kiyonza bibumbiye muri Club Vison bakora ibikoresho binyuranye birimo Ventilateurs, Mixeurs na Baffres bahereye ku bikoresho bitakifashishwa, cyane cyane ibikoze muri pulasitike (Plastic).
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye urubyiruko gusigasira ibyagezweho mu myaka 30 ishize u Rwanda rubohowe, arwibutsa ko uko ruzabaho kose, rukwiye gushyigikira politike nziza y’igihugu.
Nyuma y’uko muri Mutarama 2020 Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yasabye ko buri muryango wagira nibura ibiti bitatu by’imbuto, hari abifuza ingemwe zo gutera ntibazibone, hakaba n’abirwanaho bagatera ibiti bitabanguriye, ariko ikibangamiye abamaze kubitera muri rusange ni uko birwara.
Hari abatuye mu Karere ka Nyanza bifuza ko hashyirwaho abakozi bunganira babiri bo mu Tugari kuko ubuke bwabo butuma badahabwa serivisi uko babyifuza.
Abarwanashyaka b’Ishyaka Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa buri Muntu (PL) bavuga ko bahisemo gushyigikira umukandida wa FPR-Inkotanyi Paul Kagame ku mwanya wa Perezida w’u Rwanda, bo bakazamufasha bari mu Nteko Ishinga Amategeko.
Inkuru ikomeje kugarukwaho mu mujyi i Huye ni iy’urupfu rwa Michel Campion wahoze ari nyiri Hotel Ibis.
Guhera mu kwezi kwa Werurwe 2024 uruganda rw’icyayi rwa Kibeho rwatangiye gukora, kandi kugeza ubu rumaze guha akazi abagera ku 123.
Mu gikorwa cyo kwiyamamaza cyabareye mu Karere ka Huye kuri uyu wa 27 Kamena 2024, Perezida Paul Kagame yasabye abitabira ibikorwa byo kwamamaza abakandida mu matora ateganyijwe mu minsi iri imbere kwirinda impanuka.
Shyaka w’imyaka 37 utuye mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, na mugenzi we Ndayambaje w’imyaka 40 wo mu Karere ka Nyanza, bafite ubumuga bari mu bazindukiye mu mujyi i Huye, mu bikorwa byo kwamamaza Paul Kagame, umukandida wa FPR-Inkotanyi mu kumushimira agaciro yabasubije.
Mu byifuzo by’abikorera bo mu Karere ka Huye, hakunze kuzamo icy’uko ibiro bya MAGERWA by’i Huye byakongera gufungura imiryango.
Impunzi zituye mu Nkambi ya Mugombwa mu Karere ka Gisagara zivuga ko zishimiye uko zifashwe n’Igihugu cy’u Rwanda kandi uko iminsi igenda yicuma zigenda zishakamo ibisubizo nk’abandi Baturarwanda babifashijwemo cyane cyane n’amahugurwa bagenda bahabwa yo ‘Kwigira’.
Nyuma y’amarushanwa yateguwe na Polisi n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imikurire no Kurengera Umwana (NCD), hagamijwe kwimakaza isuku n’umutekano no kurwanya igwingira mu bana, Umurenge wa Gasaka wabaye uwa mbere mu mirenge 101 igize Intara y’Amajyepfo, wegukana utyo imodoka.
Abarokotse Jenoside b’i Mata mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko bahawe ubutabera kuko abagize uruhare muri Jenoside babihaniwe, na none ariko ngo bumva ubutabera bazabugeraho byuzuye umunsi abayoboye ubwicanyi na bo bafashwe bagahanwa kuko kugeza ubu batarafatwa.
Ku gicamunsi cyo ku cyumweru tariki ya 16 Kamena 2024, abashumba barwanye n’abakarani ahitwa mu Irango mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, bamwe bakubita abandi imyase n’ibibando, abandi na bo babakeba bakoresheje za najoro ku buryo hari abajyanywe kwa muganga ari inkomere.
Mu ma saa moya zo mu gitondo cyo kuri uyu wa 16 Kamena 2024, inzu ibikwamo ibicuruzwa, mu nzu z’ubucuruzi ziherereye ahitwa mu Kizungu rwagati mu mujyi i Huye, hafi y’isoko, yahiriyemo iby’agaciro ka miliyoni 70, nk’uko bivugwa na nyir’ibyo bicuruzwa witwa Viateur Akimana.
Ephron Bizigira w’i Runga mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza ahinga imboga za dodo zikagara ku buryo n’igiti kimwe cyatunga umuryango, kuko zitanga umusaruro mwinshi.
Mu gihe hari abafite ibiti by’imyembe n’ibindi byangizwa n’udusimba tw’utumatirizi bavuga ko bananiwe kuturwanya, umuhinzi witwa Prudence Sendarasi yagaragaje ko kuturwanya bishoboka, ndetse agira inama abandi bavuga ko bananiwe kuturwanya.
N’ubwo itegekonshinga ry’u Rwanda rivuga ko Umunyarwanda wese afite uburenganzira bwo kwishyira akizana, akajya, akanatura aho ashatse, abana bafite ubumuga bw’uruhu bo bavuga ko ababyeyi bababuza kujya kure y’iwabo mu rwego rwo kubarinda kuba bashimutwa.