Umuyobozi w’umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda (TI), Marie Immaculée Ingabire, avuga ko ruswa yiganje mu bakuru b’imidugudu n’ab’utugari ndetse no mu baveterineri, mu Karere ka Gisagara.
Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko bagiye kujya bashyira ibigo by’amashuri mu byiciro, kugira ngo bamenye ibikwiye kwitabwaho kurusha.
Nyuma y’uko abasizwe iheruheru na Jenoside bari bubakiwe inzu, ariko nyuma y’imyaka irenga 20 zikaba zarashaje, zimwe zaranaguye, mu Karere ka Huye batangiye kububakira inzu nshya.
I Gasagara mu Karere ka Gisagara, abaturiye ahayobowe amazi hakorwa umuhanda baturiye bararira ayo kwarika kuko amaze gutwara imirima itari mikeya.
Nyuma y’imyaka 25 u Rwanda rubohowe, abatuye ku Ruheru mu Karere ka Nyaruguru barishimira ibyo bamaze kugezwaho, ku buryo hari n’abasigaye bavuga ko iwabo habaye i Kigali.
Urukiko rukuru, Urugereko rwa Nyanza, ishami rishinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga, kuri uyu wa gatanu 5 Nyakanga 2019, rwari ahitwa mu Ryabidandi, Akagari ka Nyagisozi, Umurenge wa Nyagisozi, aho rwaburanishije mu ruhame Ntaganzwa Ladislas wahoze ari Burugumesitiri w’icyahoze ari Komini Nyakizu.
Ku cyumweru tariki ya 30 Kamena 2019, ibitaro bya Kacyiru byatanze inka 10 i Bitare mu Karere ka Nyaruguru, zagenewe abarokotse Jenoside bahatuye batishoboye.
Lambert Rubangisa, umuyobozi ushinzwe uburezi mu kigo cyita ku burenganzira bw’abana, SOS mu karere ka Nyamagabe, avuga ko gukorera ku ntego biri mu miti ku gutwita kw’abangavu.
Abasaga 80 batuye i Gasagara mu Karere ka Gisagara barinubira kuba bamaze imyaka itatu bategereje kwishyurwa ibyangijwe hatunganywa umuhanda baturiye, bakaba nta n’icyizere cyo kurihwa.
Abayobozi baherutse gutorwa bahagarariye abandi mu muryango FPR Inkotanyi mu Ntara y’Amajyepfo no mu turere tuyigize biteguye gukorera ku ntego no kubazwa ibyo batagezeho, mu guharanira ubuzima bwiza bw’Abanyarwanda.
Intore zo mu Karere ka Nyaruguru zari zimaze iminsi 40 ku rugerero ruciye ingando zazamuye amazu ane, zisana 11 zinakurungira 119. Ibi bikorwa babikoreye mu Mirenge ya Cyahinda na Nyagisozi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe buvuga ko kuba abangavu baterwa inda batavuga abazibateye bikiri mu bituma iki cyorezo kidacika.
Denyse Mukeshimana wiga mu mwaka wa kabiri kuri GS Gasagara yifuza aho gutaha hazima n’ibikoresho by’ishuri kugira ngo akomeze kwiga neza.
Daphrose Nyirabahutu abatuye mu Karere ka Nyaruguru bitaga Umukecuru wa Perezida (Kagame), yitabye Imana mu rukerera rwo kuri uyu wa 19 Kamena 2019.
Abaturiye umugezi wa Mwogo mu Mirenge ya Maraba na Kigoma mu Karere ka Huye, barishimira ikiraro cyo mu kirere bubakiwe cyatashywe tariki 18 Kamena 2019.
Abatuye ku Mubuga mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru barishimira ko begerejwe amazi meza, ubu bakaba batacyambuka umupaka bajya kuvoma i Burundi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Anastase Shyaka, yemereye Umudugudu wa Kaburanjwiri inka y’imihigo, nyuma y’uko uwo mudugudu w’i Kansi muri Gisagara wabaye indashyikirwa mu mpinduka ziganisha ku iterambere.
Ababyeyi bo mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko aho amarerero yo mu ngo yatangirijwe, abana basigaye bagirirwa isuku kurusha uko byari bisanzwe.
Abanyeshuri biga muri G.S Mère du Verbe Kibeho bubakiwe inzu yo kuraramo ya etaje, irimo na asanseri (ascenseur), iri rikaba ari ikoranabuhanga rifasha abantu kumanuka cyangwa kuzamuka mu nyubako ifite inzu zigerekeranye. Iyo nyubako yashyizwemo na kamera zifasha mu gucunga umutekano.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi hamwe n’iy’ubucuruzi n’inganda, zirasaba abahinzi b’ingano b’i Nyamagabe n’i Nyaruguru guhinga ingano cyane kuko batazongera kuziburira isoko.
Mu Karere ka Nyaruguru, imiryango hafi ibihumbi 25 ituye mu mirenge umunani kuri 14 igize aka karere yahawe amashanyarazi y’imirasire y’izuba.
Dr. Irenée Ndayambaje, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Gishinzwe Guteza Imbere Uburezi (REB), avuga ko abarimu bagiye kujya bashyirwa mu byiciro.
Abarimu bigisha mu mashuri y’uburezi b’ibanze bw’imyaka icyenda (9ybe) n’imyaka 12 (12ybe) mu Karere ka Nyamagabe bavuga ko hari abanyeshuri bigisha badaha agaciro ibyo bigishwa kubera amashuri bigamo.
Ildephonse Habiyambere, Umukozi wa Minisiteri y’Uburezi mu kigo gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyi ngiro (WDA), wari uyoboye itsinda ryari mu bukangurambaga bugamije kuzamura ireme ry’uburezi mu Karere ka Nyamagabe, avuga ko muri rusange basanze abayobozi b’ibigo by’amashuri batita ku nshingano zabo.
Umuyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe guteza imbere uburezi (REB) yagendereye ishuri GS Gikongoro tariki 3 Kamena 2019, asanga hakererewe abanyeshuri benshi, hari n’abarimu basibye batabisabiye uruhushya.
Visi Perezidante wa Komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge mu Rwanda (NURC), Xaverina Uwimana, avuga ko abantu badakwiye guterwa impungenge n’abakoze Jenoside bari hafi kurangiza igihano, kuko batazataha igihiriri.
Abagize urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango RPF Inkotanyi mu Karere ka Nyaruguru baremeye bagenzi babo 19, tariki 26 Gicurasi 2019.
Urubyiruko rurangije amashuri yisumbuye rwo mu Karere ka Huye ubu ruri ku rugerero ruciye ingando mu Murenge wa Gishamvu, ruzuzuza amazu 36.
Abatuye mu Murenge wa Kivu mu Karere ka Nyaruguru basanze kujya gushakira serivisi zikenera murandasi ku murenge bibavuna, biyemeza guhinira bugufi bagurira utugari imiyoboro ya interineti yo mu bwoko bwa 4G.
Mu rwego rwo kubungabunga mu buryo burambye ibimenyetso bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) yatangiye kubungabunga imibiri iri mu rwibutso rwa Jenoside rwa Murambi.