Umuryango SUN-Alliance uhuriyemo imiryango irwanya imirire mibi mu Rwanda, uvuga ko abana bari munsi y’imyaka 5 bagwingiye bakuzura Sitade amahoro inshuro 29.
Impunzi z’abanyekongo zicumbikiwe mu Karere ka Gisagara zinubira kugaburirwa ibigori n’ifu yabyo, no kutemererwa kubigurisha ngo bagure ibindi biryo byo guhinduranya.
Ubuyobozi n’abaturage b’Akarere ka Gisagara bahamya ko ubumwe n’ubwiyunge mu karere kabo bugeze ahashimishije ugereranyije no myaka yatambutse.
Laboratwari y’ubwubatsi IPRC-South yubakiwe igiye gufasha abanyeshuri kongera ubumenyi bajyaga gushakira ahandi, kubera kutayigira, ininjirize iki kigo amafaranga.
Ku musozi wa Huye, bakunze kwita kwa Nyagakecuru, abagore n’abakobwa bafite byinshi byo kuhigira bijyanye n’ubutwari bw’abagore ndetse n’imyitwarire ikwiye.
Abaturage 12 bo umudugudu wa Gatavu, mu Karere ka Kamonyi bamaze imyaka itanu bishyuriye kugezwaho amashanyarazi ariko na n’ubu ntarabageraho.
Nyirampeta Tarisisiya avuga ko n’ubwo ari umumotari, abangamiwe no kuba akora akazi ari uko yatiye moto yo gukoresha.
Abarimu barenga 150 bo muri Huye bahuguwe ku gukora porogaramu za mudasobwa, (code and programming), bavuga ko bizagirira akamaro abanyeshuri.
Abamotari n’Abapolisi bakorera mu mujyi wa Huye bakinnye umupira w’amaguru, mu mukino wa gicuti, urangira Abapolisi batsinzwe bitatu kuri kimwe.
Umuyobozi w’ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’i Huye (UR/Huye) avuga ko umunyeshuri uzafatwa yita abatangizi izina ribatesha agaciro azabihanirwa.
Abaturage bo muri Huye bavuga ko indaya basigaye bazita “Ibiryabarezi” kubera ko zirya amafaranga ya bamwe mu bagabo bagataha imbokoboko.
Biteganyijwe ko uruganda rutunga ibikomoka kuri avoka, rwo mu Karere ka Huye, ruzaba rukora bitarenze umwaka wa 2019.
Abaturiye agasantere ka Arete mu Murenge wa Kinazi, akarere ka Huye, bavuga ko basigaye bakora n’amasaha y’ijoro kubera amatara rusange.
Abivuriza ku Bitaro bya Kabutare mu Karere ka Huye, barinubira kurazwa ku gitanda kimwe ari abarwayi babiri hakiyongeraho no gutonda imirongo.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kamunuza y’u Rwanda (CHUB), buranyomoza amakuru, avuga ko icyuma gipima imbere mu mubiri (CT Scanner) cy’ibi bitaro kitagikora.
Mu karere ka Huye hagiye gushyirwaho abafasha mu by’ubuzima, bazafashiriza abarwaye indwara zitandura mu ngo zabo, guhera muri 2017.
Uyobora isilamu mu Karere ka Huye yasabye imbabazi ku bw’abayisiramu bagenzi babo bagaragayeho ingengabitekerezo yo koreka imbaga mu Rwanda.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Huye ruvuga ko bagenzi babo bagiye bandura Sida byagiye biterwa ahanini n’abantu bakuru babashukisha amafaranga, ariko hakaba n’abagiye bagemurwa na bagenzi babo.
Abarimu bo muri GS. Nyumba baratabariza mugenzi wabo Ferdinand Ndorimana wagize impanuka ikomeye, ubu akaba akeneye arenga miliyoni ngo abashe kwivuza.
Dr. Joseph Mungarurire, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Ubushakashatsi n’Iterambere ry’Inganda (NIRDA), avuga ko umwaka wa 2018 uzarangira imiti yakorwaga na IRST yasubiye ku isoko.
Nyuma y’imyaka hafi ibiri Club Ibisumizi igaragarije Abanyehuye ko gusura kwa Nyagakecuru mu Bisi bya Huye bishoboka, ba mukerarugendo bakunda kurira imisozi batangiye kuhasura.
Leta ifite icyizere ko umwaka utaha wa 2017 uzarangira umuhinzi umwe muri bane yifashisha ikoranabuhanga mu buhinzi bwe.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) kiravuga ko guhingisha imashini no kuhira imyaka mu buryo bugezweho bidahenze cyane nk’uko abantu benshi babitekereza.
Gervais Biziramwabo wari Visi Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Huye yeguye ndetse n’Inteko Rusange ya Njyanama irabimwemerera.
Abakoze ubushakashatsi ku nkomoko y’ikawa, bavuga ko yaba yarakwiye isi yose iturutse mu gihugu cya Etiyopiya.
Abatuye mu Mudugudu w’Agahenerezo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye bavuga ko amatara rusange bamaranye amezi agera kuri atatu atuma basigaye bumva batekanye.
Tariki 6/8/2016, mu Murenge wa Huye bijihije isabukuru y’imyaka 30 y’ubufatanye bw’Intara ya Castre mu Bufaransa n’Umurenge wa Huye.
Abatuye i Cyarumbo mu Karere ka Huye bahawe ibigega bifata amazi yuhizwa imusozi, none umubare w’abahinga mu mpeshyi wariyongereye.
Nyuma y’umwaka umwe Kampani David&Family itangije ubukerarugendo bwa kawa, abafasha abakerarugendo bavuga ko bwatangiye kumenyerwa kandi bwinjiza amafaranga atari makeya.
Abatuye i Cyendajuru mu Murenge wa Simbi muri Huye bishimira ko begerejwe amazi meza, ariko noneho ngo uwabaha n’amashanyarazi.