Minisitiri w’intebe, Dr. Edouard Ngirente, arasaba ko buri rugo rw’Umunyarwanda rutera nibura ibiti bitatu by’imbuto, mu rwego rwo guharanira imibereho myiza.
Nyuma yo kubona ko hari abantu babazwa n’indwara bamaranye igihe kirekire bikabaviramo izindi ndwara no kwiheba, ibitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB), byiyemeje gushyiraho uburyo bwo kubafasha.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Ambasaderi Solina Nyirahabimana, ashima abatuye mu Karere ka Nyaruguru ko bumvise bwangu akamaro k’ingo mbonezamikurire y’abana, akanavuga ko abandi bazajya baza kubigiraho.
Nyuma yo kubona ko hari ibibazo Umurenge wa Tumba ufite bikeneye gukemurwa hifashishijwe ubushakashatsi n’amahugurwa, ubuyobozi bw’uyu murenge bwiyambaje ishuri rikuru ry’Abaporotesitanti, PIASS.
Abahinzi bo mu Karere ka Gisagara bishingiye ibihingwa byabo bikicwa n’umwuzure, kuri uyu wa 16 Mutarama 2020 bashyikirijwe ubwishyu bw’ibyangirijwe.
Kuva muri Kanama 2019 inzu iri hakurya y’ibiro by’Akarere ka Huye umwamikazi Rosalie Gicanda yahoze atuyemo yashyizwe mu maboko y’Ikigo cy’Ingoro z’Igihugu z’Umurage w’u Rwanda (INMR), none kirateganya kuyihindura inzu ndangamurage.
Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CP Rogers Rutikanga, avuga ko nk’uko Kiliziya yifuza ko abantu babaho badakora ibyaha, na Polisi ari uko.
Muri paruwasi ya Nyamiyaga mu Karere ka Nyanza, hari abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’ababahemukiye biyunze hanyuma bibumbira mu isinda ‘Twunze Ubumwe’, none bahawe inkunga ya miliyoni 26 na Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge.
General Kabarebe yabwiye abarimu bigisha amateka bari mu itorero i Nyanza ko atajya aririmba kandi ko yabyangishijwe n’umwalimu wamwigishaga.
Nyuma y’uko hemejwe ko hazubakwa Bazirika ya Bikira Mariya i Kibeho, imirimo yo kuyubaka iri hafi gutangira.
General James Kabarebe yabwiye abarimu bigisha amateka bari mu itorero i Nyanza ko intama y’umweru yagaragaye ku mafoto hamwe n’Inkotanyi yazikundaga ikanazikurikira, ko itari umupfumu wazo.
Mu bizamini bya Leta bisoza amashuri abanza, abana biga muri amwe mu mashuri ya Leta batsindira ku manota make bamwe bakanatsindwa, nyamara mu yigenga hakaba aho batsinda bose kandi ku manota meza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye burasaba inzego z’ubuyobozi kudaharira abashinzwe ubuhinzi (Abagoronome) bonyine umurimo wo guteza imbere ubuhinzi.
Abagize ikipe y’umupira w’amaguru y’Ibitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB) bifurije abaharwariye kwinjira muri 2020 neza, babagenera impano.
Nyuma y’igihe kitari gitoya Korari Ijuru yitegura gufasha abakunzi b’umuziki kwinjira muri 2020 bishimye, intego yayo yayigezeho tariki 29 Ukuboza 2019.
Mu mwaka wa 2019, hari byinshi byagarutsweho mu makuru yerekeranye n’ubutabera. Ibi ni bimwe muri byo.
Nk’uko bimaze kuba ngarukamwaka kuva mu mwaka wa 2015, Korari Ijuru yiyemeje gususurutsa Abanyehuye ibategurira igitaramo. Icy’uyu mwaka kizaba tariki 29 Ukuboza 2019, guhera 17:30.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Uburezi, Samuel Murindwa, avuga ko Banki y’isi yagaragaje ko impuzandengo y’imyigire mu Rwanda igaragaza ko Abanyarwanda biga mu mashuri yisumbye na kaminuza bakiri bakeya, kuko imibare igaragaza ko Abanyarwanda biga imyaka itandatu n’ibice bitandatu (6,6).
Ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), Akarere ka Huye katangije ku mugaragaro ikigo gihuza abashaka n’abatanga akazi (Huye Employment Service Center).
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda, General Jean Bosco Kazura, arasaba abayobozi mu nzego z’ubuyobozi, uhereye ku mudugudu, gufatanya n’ingabo mu kwirindira umutekano.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Gerardine Mukeshimana, avuga ko atabona umumaro w’imiryango 60 itagaragaza impinduka mu mibereho y’abatuye mu mirenge 17 ya Nyamagabe iyo miryango ikoreramo.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu Prof. Shyaka Anastase, arasaba abayobozi bo mu Turere twa Huye, Gisagara, Nyaruguru na Nyamagabe gukora imishinga ifasha abo bayobora kwikura mu bukene no mu bushomeri.
Imwe mu miryango itari iya Leta ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasanze nta wakubaka iterambere ry’abaturage adashingiye ku burenganzira bwabo, yiyemeza kuzajya ibyitaho.
Nyuma y’imyaka ibarirwa muri itanu Minisiteri y’Uburezi isabye amashuri makuru na za kaminuza kwifashisha ikoranabuhanga mu kwigisha no gutanga ibizamini, mu ishuri rikuru PIASS riherereye mu Karere ka Huye bagaragaje ko bibateye impungenge ku ruhande rumwe.
Mu gihe urubyiruko rushishikarizwa kwihangira imirimo bityo rugatanga akazi aho gutegereza kugahabwa, hari abavuga ko batabigeraho kubera gutinya guhomba ntaho baragera.
Ishusho y’uko abaturage babona imiyoborere n’imitangire ya serivisi mu nzego zibegereye, igaragaza ko muri uyu mwaka wa 2019 Akarere ka Nyamagabe kazamutse.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Ubushakashatsi n’Iterambere mu by’Inganda (NIRDA), buvuga ko iki kigo cyatangiye ubushakashatsi bwo gutuma imiti gakondo y’Abanyarwanda ishyirwa ku isoko mpuzamahanga.
Abafite ubumuga batekereza ko bidahagije ko bahagararirwa mu nteko ishinga amategeko, ahubwo ko bakwiye guhagararirwa no mu zindi nzego zifata ibyemezo nka sena ndetse na guverinoma.
Nyuma yo gutangiza itorero ry’abana bari mu biruhuko ryatangijwe tariki 16 Ugushyingo 2019, abana bo mu karere ka Huye bashishikarijwe kudahishira ikibi.
Nyuma y’ibyumweru bitatu inzu isenyukiye ku muturage witwa Uwimana Chantal n’abana batandatu, itorero ry’Abametodiste Libre ryo mu Rwanda ryiyemeje kumushumbusha inzu nziza kurusha iyo yari asanganywe, mu gihe kitarenze ibyumweru bitatu.