Umuvugizi w’ ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SSP Jean Marie Vianney Ndushabandi, atangaza ko kuva mu ntangiriro za 2018, abantu 138 bapfuye, naho 246 bagakomereka bikomeye bazira impanuka zo mu muhanda.
Perezida Paul Kagame yahishuye ko u Rwanda rwasabwe gutanga umukandida uzayobora umuryango w’ibihugu bivuga Igifaransa.
Perezida Paul Kagame uri mu Bufaransa yakiriwe na mugenzi we Emmanuel Macron mu ngoro akoreramo ya Elysée.
U Rwanda ruzifatanya n’ibihugu byo muri Afurika mu kwizihiza umunsi wo kwibohora kwa Afurika uzizihizwa ku wa Gatanu tariki 25 Gicurasi 2018.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) rwakoze amateka rukorana amasezerano n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza,ayo masezerano azatuma iyo kipe yamamaza u Rwanda mu gihe cy’imyaka itatu.
Perezida Kagame ategerejwe i Paris mu Bufaransa kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Gicurasi 2018, uruzinduko rwa kabiri aba ahagiriye nyuma y’imyaka itatu.
Ikigo cya East Africa Commodities Exchange (EAX) cyazanye uburyo bwo gufasha abahinzi b’Icyayi n’Ikawa kubona ku nguzanyo.
Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Henry Rao Hongwei, yemeza ko kuza gukorera mu Rwanda byorohejwe n’uruzinduko Perezida Paul Kagame yagiriye mu gihugu cye.
Perezida Paul Kagame yemeza ko ubuzima bwiza bw’abaturage na bwo ari ingenzi mu kugena niba abaturage runaka bateye imbere.
Benshi mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bavuga ko ari Imana yabahagazeho igatuma barokoka Jenoside yatwaye abarenga Miliyoni mu gihe cy’amezi atatu gusa.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside CNLG, avuga ko inyito zikoreshwa kuri Jenoside yakorewe Abatutsi zirimo ivuga ko Abatutsi bapfuye zigomba guhinduka, ngo kuko Abatutsi batapfuye urupfu rusanzwe, ahubwo bishwe.
Polisi y’u Rwanda iramenyesha abakoresha umuhanda Kigali-Gatuna bajya Uganda, ko kubera inkangu zangije uwo muhanda ku gice cya Kabale ahitwa Kyonyo muri Uganda, uwo umuhanda utari nyabagendwa.
Uwizeyimana Bonaventure ukinira ikipe ya Benediction Club yegukanye isiganwa ry’amagare ryiswe ”Farmers Circuit.”
Ingoro y’amateka yahoze ari inzu ya Perezida Juvénal Habyarimana yahinduwemo ingoro y’ubugeni n’ubuhanzi.
Passy wahoze muri TNP afatanije na Butera Knowless bashyize hanze indirimbo yo mu njyana ya Zouk bise "Mbaye Wowe".
Umubare w’abaturage baguraga gazi n’abayikoreshaga mu Rwanda urimo kugenda ugabanuka, kubera abayicuruza bakomeza kuzamura ibiciro byayo kandi bakabikora ku giti cyabo nta mabwiriza bahawe.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yahakanye ko ifite gahunda yo gukuraho ibizami bya leta bisoza amashuri abanza n’ayisumbuye, ivuga ko ibyo Minisitiri wa MINEDUC yavuze byumvikanye uko bitari.
Mu Rwanda hatangiye kubakwa uruganda ruzajya rukora imiti irimo amoko arenga ijana harimo igabanya ubukana bw’agakoko gatera Sida, igituntu na Malariya.
Rwandair yatangiye ingendo zerekeza mu Mujyi wa Cape Town muri Afurika y’Epfo, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Gicurasi 2018.
Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ni yo Jenoside ya mbere mu mateka y’isi yahitanye abantu benshi mu gihe gito, kuko yatwaye abarenga Miliyoni imwe mu gihe cy’amezi atatu gusa.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangiye gusuzuma umushinga wo gukuraho ibizami bisoza amashuri abanza bizwi nka “Exetat”, abanyeshuri bakajya barangiza amashuli abanza bahita bakomereza mu yisumbuye.
Benshi mu bapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, bavuga ko yatewe n’ihanurwa ry’indege y’uwahoze ari Perezida wa Repubulika, Habyarimana Juvenal.
Umusore witwa Ngabo Francois Jean de Dieu ni umwe mu banyamideli bamaze kumenyekana mu Ntara y’Uburengerazuba kubera uko imyenda ya Kinyafurika.
Polisi y’igihugu yaburiye abashoferi bakoresha umuhanda wa Gatuma - Gicumbi - Kigali ko wangijwe n’ibiza utarimo gukora.
Abatuye mu Karere ka Huye n’abakoraga ku bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB),bahuriye kuri ibi bitaro mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Perezida w’Inama y’ubuyobozi ya SOS Rwanda John Nyombayire, avuga ko icyo kigo kigifite ikibazo cy’uko ingengo y’imari gikoresha mu kurera abana ituruka hanze.
Imwe mu ntwaro yo guhangana n’abapfobya jenoside yakorewe Abatutsi, ni ukwandika ukuri kw’ibyabaye ku Batutsi bishwe mu gihe cya jenoside na mbere yayo, kugira ngo bitazasibangana.
Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame ntibatanzwe no kugaragarizanya urukundo,ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’ababyeyi.
Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi Harerimana Frederic na we yinjiye mu nkubiri y’abayobozi barimo kwegura muri iyi minsi.
Mukansanga Clarisse wari umuyobozi wungirije w’Akarere ka Nyabihu ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, yamaze gutabwa muri yombi akurikiranyweho icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside.