Yifashishije urugero rwa Sahel, Minisitiri Mushikiwabo yagaragaje uburyo kudahuriza hamwe kw’Abanyafurika bigira ingaruka mu gukemura ibibazo byugarije umugabane wa Afurika.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA), cyatangaje ko ibiciro byo gutwara abantu n’ibintu mu Mujyi wa Kigali byazamutseho 5% na 7% ku ngendo zo mu Ntara.
Turikumana Isaie wiga mu mwaka wa gatandatu yakoze radiyo ntaho yabyize, bituma Banki ya Kigali imugenera inkunga ya miliyoni 1Frw yo kumufasha gukomeza amashuri ye.
Hadutse porogaramu ya telefone yiswe AgriGO ikora nk’ikayi y’umuhinzi izajya ifasha abakora mu bikorwa by’ubuhinzi kubukurikirana no kubona ubujyanama ku buntu.
Mu gihembwe cya mbere cya 2018 ibyaha byabaruwe byakozwe ari 5,580, byaragabanutseho 2.1%, ugereranyije n’igihembwe cya mbere cya 2017.
Umuyobozi wa Transparency International Rwanda, Ingabire Immaculle, yabwiye abayobozi b’uturere ko abiyumvishaga ko ntacyo agomba kubabaza mu mikorere y’uturere bayobora bibeshya.
Abayobozi b’uturere basabwe guhora basangira amakuru kuri ba Rwiyemezamirimo baha amasoko, kugira ngo hirindwe ko abambuye abaturage bongera guhabwa amasoko.
Impunzi zo mu nkambi zitandukanye zo mu Rwanda zongeye kwigaragambiriza icyarimwe, zivuga ko zidashaka ubufasha zigenerwa, bituma Polisi y’Igihugu ifatamo 33 bashinjwa gushishikariza abandi kwigaragambya.
Perezida Kagame atangiza umwiherero w’abayobozi bo mu nzego z’ibanze yabibukije ko inshingano zabo ari ugufasha abaturage kubaho neza ku isi, bitegurira kuzabaho neza mu ijuru.
Perezida Paul Kagame avuga ko arambiwe abayobozi bananirwa kuzuza inshingano bahawe, bagahora basaba imbabazi ariko ntibikosore.
Madame Jeannette Kagame yasabye abakobwa b’Inkubito z’Icyeza gukoresha ubumenyi bakura mu ishuri bakazana impinduka zo gukemura ibibazo byugarije igihugu.
Perezida Kagame arageza ijambo ku bayobozi b’ibanze mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro Umwiherero wabo, kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Werurwe 2018.
Perezida Paul Kagame yashimye Prof Romain Murenzi wigeze kuba Minisitiri w’Uburezi kuba yaramukundishije siyansi, mu gihe yumvaga ari ibintu bihenze kandi bitihutirwa.
Minisiteri y’Uburezi yakanguriye Ibigo by’amashuri mu byiciro bitandukanye by’Uburezi gutegura umunsi wihariye wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 24 mu mashuri yabo.
Perezida Paul Kagame avuga ko ibyo u Rwanda rwagezeho rubikesha ikoranabuhanga bihinyuza abarwibazagaho ubwo rwabitangiraga ahagana mu mwaka w’i 2000.
Niyimbona Jean Pierre uzwi cyane mu muziki nka Kidumu arembeye mu bitaro aho akeka ko yaba yarozwe.
Perezida Paul Kagame atangaza ko abanyeshuri bakwiye gufashwa gutanga ibisubizo ku bibazo byugarije Afurika n’isi, aho kugira ngo ubumenyi bahabwa bube ubwo mu bizami gusa.
Mu gihe hasigaye iminsi mike u Rwanda rukunamira ku nshuro ya 24 abazize jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, mu murenge wa Gatsata muri uku kwezi habonetse imibiri y’abatutsi barenga 20 bishwe muri jenoside.
Kuri iki cyumweru Perezida Paul Kagame ari mu ruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe mu gihugu cya Uganda, aho ari bugirane ikiganiro cyihariye na Mugenzi we wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni.
Akenshi Kamere muntu ituma abantu batabasha kwakira ibibi bibabayeho, akenshi ugasanga bitotombera Imana bibaza icyo yabahoye .
Umuyobozi wa Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa ,Radio France Inter, Laurence BLOCH yavuze ko nawe ubwe yahangayikishijwe cyane n’amagambo yatambutse kuri Radio akuriye, mu kiganiro cyari kiyobowe n’umunyamakuru Ali Baddou.
Bamwe bashobora kuba batangiye kwiruhutsa ngo “ya nama irarangiye, imihanda igiye kongera ibe nyabagendwa”, ariko hari ibintu bimwe idusigiye bitazibagirana mu buzima bwacu.
Ishyirahamwe ry’Abanyarwanda baba mu Bufaransa ryamaganiye kure amagambo yavugiwe kuri Radio France Inter, apfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, aho yagereranyaga abishwe muri Jenoside n’ibigoryi.
Ibihugu bigize umugabane wa Afurika byahuriye i Kigali bisinya amasezerano atatu akomeye yo gufasha ibihugu bya Afurika gutahiriza umugozi umwe mu bukungu (AfCFTA).
Umuyobozi mukuru w’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe Perezida Paul Kagame avuga ko inzozi zari zimaze imyaka 40 zabaye impamo nyuma y’amasezerano ari gusinyirwa i Kigali.
Muri tumwe mu tugari tugize Umurenge wa Muhima uherereye mu Karere ka Nyarugenge, abaturage barinubira Umutekano muke uterwa n’ubujura bukabije buharangwa, busa n’ubwananiranye ngo kuko bumaze kumenyerwa n’abatuye muri utu tugari.
Umuyobozi wa Trade Mark East Africa yateze moto agiye gusinya amasezerano ya miliyari 45Frw z’inkunga iki kigo cyageneye Minisiteri y’Imari n’Ingenamigambi (MIECOFIN).
Olusegun Obasanjo yizera ko gusinya amasezerano akuraho amananiza mu bucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika ari ingenzi, ku buryo adashobora kwiyumvisha imitekerereze y’umuyobozi utakwifuza kuyasinya.
Perezida Paul Kagame yamaze impungenge abakeka ko guteza imbere ubucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika bizakumira amahanga.
Perezida Paul Kagame yahaye ikaze Perezida wa Niger Mahamadou Issoufou wageze mu Rwanda bwa mbere , mu ba perezida bitabira inama y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU).