Polisi y’igihugu iratangaza ko umuhanda Muhanga - Karongi utari nyabagendwa, kubera imvura nyinshi yaraye iguye igateza inkangu yafunze uwo muhanda.
Perezida Paul Kagame yagiriye inama abayobozi bagenzi be yo kudatwarwa n’icyubahiro ubuyobozi bwabahaye ngo bibagirwe inshingano nyamukuru zo kwita ku muturage.
Umuyobozi w’umuryango Mo Ibrahim yemeza ko abantu bamwumva nabi iyo anenga abayobozi batandukanye, akemeza ko anenga abayobora nabi gusa.
Perezida wa Côte d’Ivoire Alassane Ouattara uri mu Rwanda yasuye urwibutso rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, yerekwa amateka yaranze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 25 Mata 2018 Perezida wa Côte d’Ivoire Alassane Ouattara yageze mu Rwanda, aho aje mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu.
Umusirikare wo muri Amerika wari mu ntambara yo guhashya iterabwoba mu gihugu cya Afghanistan, yaturikanywe n’igisasu igitsina cye kirangirika, ndetse n’udusabo twe tw’intanga turangirika.
Umujyi wa Kigali wanyomoje amakuru yari amaze iminsi ahwihwiswa ko nta bisi izwi nka “Coaster” izongera gukandagira mu muhanda, zigasimbuzwa bisi nini zigezweho.
Perezida Kagame yongeye kwitabira umuhango wo kwerekana filime “The Royal Tour: Rwanda” ivuga ku Rwanda, bwa mbere mu Mujyi wa New York.
"Rwanda the Royal Tour" filime mbarankuru igaragaramo Perezida Paul Kagame yamuritswe bwa mbere mu ijoro ryo kuri uyu wa mbere tariki ya 23 Mata 2018 mu Mujyi wa Chicago.
Kuri uyu wa mbere Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi w’Umujyi wa Chicago Rahm Emanuel.
Leta y’u Rwanda ihangayikishijwe n’uko Abanyarwanda batagana ibigo by’ubwishingizi, bikaba ari imwe mu mpamvu zahagurukije ibigo by’ubwishingizi kwegera Abanyarwanda.
Abaturage n’abashinzwe gukora ibikorwa by’ubutabazi baratangaza ko bamaze gukura imibiri igera ku 120 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside bakajugunywa mu cyobo cyari cyariswe CND.
Imibiri myinshi y’abantu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 imaze kuvumburwa i Kabuga ahitwa mu Gahoromani mu cyobo cyari cyariswe ’CND’ muri Jenoside.
Abakuru b’ibihugu bigize umuryango w’Ibihugu bivuga ururimi rw’Icyongereza ‘Commonwealth’ bihereranye bemeza u Rwanda nk’igihugu kizakira inama itaha y’uyu muryango.
U Rwanda ni rwo rwatoranyijwe kuzakira inama y’umuryango w’ibihugu bivuga Icyongereza ya Commonwealth izaterana mu 2020.
Mu gihe ikipe ya Rayons Sport iri mu byishimo by’intambwe yateye bwa mbere mu mateka ya Ruhago mu Rwanda, Ikipe ya Police FC yo yamaze gutakaza abatoza bayo bombi, umukuru n’umwungirije.
Ibikorwa ngarukamwaka by’Ingabo z’igihugu bigamije gufasha abaturage kwiteza imbere mu buzima bwa buri munsi byitwaga ARMY WEEK, byahinduriwe inyito bizajya byitwa “Ingabo mu iterambere ry’abaturage”.
Itorero ry’Abadiventiste b’umunsi wa karindwi mu Rwanda SDA, rimaze gukusanya miliyoni zisaga 70frw yo kubaka urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ku Mugonero, mu Murenge wa Gishyita mu karere ka Karongi.
Perezida Paul Kagame atangaza ko urugendo rw’u Rwanda rugaragaza neza ko nta gihugu gito kidashobora gutera imbere kimwe n’uko nta gihugu kinini kitagira intege nke.
Umukinnyi w’Umunyarwanda ukibyiruka uzwi ku izina rya Wandege ari kwitwara neza mu cyiciro cya Gatatu cya Shampiyona yo mu Bubiligi.
Koffi Annan wabaye umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN) aracyahagaze ku cyemezo cy’uko uyu muryango utigeze unanirwa guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Imvura imaze iminsi igwa mu Rwanda cyane cyane mu Mujyi wa Kigali ntiyangirije abafite amazu gusa, kuko hari n’abacuruzi yahomeje amafaranga atabarika.
Perezida Paul Kagame uri mu Bwongereza aho yitabiriye inama y’umuryango wa Commonwealth, yagiranye ibiganiro n’igikomangoma Henry bakunze kwita Harry.
Guhera mu mwaka 1959, uburenganzira bwa muntu bwagiye bubangamirwa, kugeza ubwo bibyaye Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umuryango w’Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bari muri Tchad bakoze igikorwa cyo kunamira Abatutsi bazize Jenoside yo mu 1994.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere, ni bwo Rayons Sport yageze i Maputo muri Mozambique, aho igiye mu mukino wo kwishyura izakina na Costa do Sol yo muri iki gihugu, izatsinda indi ikazahita yerekeza mu matsinda ya CAF Confederation Cup
Ku mugoroba wo kuri uyu wa 15 Mata 2018, ubuyobozi bw’ishuri rya Saint Andre riherereye i Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, bahejeje abanyeshuri b’iki kigo inyuma y’irembo, bavuga ko bakererewe kugera ku kigo nk’uko bari babyumvikanyeho.
Perezida Paul Kagame ari mu bakuru b’ibihugu 53 bazitabira ihuriro ry’ibihugu bigize umuryango wa Commonwealth, riteganyijwe i Londres mu Bwongereza muri iki cyumweru.
Never Again ni indirimbo yaririmbwe n’abahanzi bo mu Karere ka Afurika y’Uburasirazuba, yafashaga Ababyarwanda kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 15.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP Theos Badege, yavuze ko muri rusange umutekano mu gihugu wari wifashe neza mu cyumweru cyahariwe kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.