Urubyiruko rw’Abanyarwanda baba muri Canada bakoze imyiyereko y’imyambaro nyafurika igezweho, mu rwego rwo kumenyekanisha no kuzamura ijwi rya Afurika.
Umuryango mugari wa KT Global washyikirje ibikoresho by’amashuri ikigo cy’amashuri abanza cya Wimana, mu rwego rwo kunoza imikoranire myiza basanzwe bafitanye no gushyigikira uburezi.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente avuga ko Guverinoma idashobora gutegereza ko umuturage ahitanwa n’ibiza, yitwaje ko adashaka kwimuka cyangwa ko adasobanukiwe n’iby’ibiza.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu Uwanzwenuwe Théoneste n’uwari umwungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Mukansanga Clarisse bamaze kwegura ku mirimo.
Ubusanzwe iyo Intore zihamiriza ziba zerekana ubutwari bw’Ingabo ziri ku rugamba. Zikaba ziba zifite umwe muri zo uziyoboye uba aziha ikitwa imihamirizo , nazo zikayishyira mu bikorwa.
Bishop Rugagi Innocent aherutse gusengera abakirisitu be abizeza ko bibasaba gutanga ituro gusa, kugira ngo babashe kubona umugisha wa Range Rover mu gihe kitarenze amezi atatu.
U Rwanda ruzifashishwa mu gusakaza internet yihuta ya 4G mu karere ruherereyemo, kuko ruri ku isonga mu gukoresha internete ya 4G aho imaze kugezwa kuri 95% by’igihugu cyose.
Umutoza wa Rayon Sports Ivan Minaert yafatanye mu mashati n’umuyobozi wungirije w’iyi kipe Muhirwa Prosper amuziza ko yari aguriye abakinnyi amata.
Abatuye mu Karere ka Rusizi bavuga ko mu iterambere batekerezaga rizabageraho vuba batigeze bakeka ko nabo bakwegerezwa internet yihuta izwi nka 4G.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali ,Ingabire Augustin, akurikiranyweho icyaha cyo gutanga isoko ry’ibikoresho by’ibiro by’Ubutaka, mu buryo butemewe n’amategeko.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo ashobora kwiyamamariza kuyobora umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa kandi kandidatire ye ishyigikiwe na Leta y’u Bufaransa.
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda Gen Patrick Nyamvumba yasoje uruzinduko rw’iminsi ibiri yakoreraga muri Centrafrique.
Perezida Paul Kagame asanga Abanyafurika badakwiye guhora bishyiramo ko inkunga z’imishinga ikomeye kuri uyu mugabane zikwiye guturuka hanze gusa.
Imvura nyinshi yaguye guhera ku mugoroba wo kuri iki cyumweru tariki ya 6 Gicurasi 2018 mu bice hafi ya byose byo mu gihugu, yateje imyuzure, isenya inzu nyinshi, itengura imisozi, inahitana abantu 15.
Perezida Paul Kagame yemeza ko ikoranabuhanga ari ryo rizafasha ibihugu bya Afurika kwihuza ariko bikazagerwaho leta zibigize nizigira ubushake muri politiki bwo gusakaza ikoranabuhanga kuri bose.
Igisirikare cy’u Rwanda cyohereje itsinda ry’abasirikare 238 bakoresha ibibunda binini bizwi ku izina ry’ibifaru, mu butumwa bw’Umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro mu gihugu cya Centrafrique.
Perezida Paul Kagame avuga ko imiterere ya Afurika ikeneye ko abayituye bakoresha umurongo mugari wa Internet uzwi nka Broadband, kugira ngo babashe guhangana n’ibibazo bidindiza iterambere ry’umugabane.
Kigali ikomeje kwigaragaza nk’ihuriro rikomeye ry’abantu batandukanye muri Afurika no ku isi muri iki kinyejana cya 21.
Guhera tariki ya 22 kugeza tariki ya 25 Gicurasi 2018, u Rwanda ruzakira inama yo ku rwego rwa Afurika iziga ku micungire y’umutekano w’indege ndetse n’ibibuga by’indege muri rusange, izasuzumirwamo ibimaze kugerwaho ndetse hagasuzumwa uburyo warushaho gukomera.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko hari umuntu umwe witabye Imana mu nkambi y’impunzi ya Kiziba iri mu karere ka Karongi, nyuma y’ubwumvikane buke bwabaye hagati y’impunzi z’abanyekongo zigometse ku bapolisi ku wa kabiri tariki 1 Gicurasi.
Ikigo ngenzuramikorere (RURA) cyatangaje ko ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli mu Rwanda byongeye kuzamuka.
Ubuyobozi bw’ihuriro ry’abunganira abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, burifuza ko igifungo cya burundu bwasabiye Octavien Ngenzi na Tito Barahira bari imbere y’ubutabera Bw’Ubufaransa gishyirwa mu bikorwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyarugenge bufite gahunda yo kwegurira abikorera amasoko ya Biryogo na Rwezamenyo, muri gahunda yo kuyahindura amasoko yo mu rwego rwo hejuru agendanye n’igishushanyo mbonera cy’umujyi.
Minisiteri y’ishinzwe kurwanya Ibiza no Gucyura impunzi (MIDMAR) itangaza ko yafashe umwanzuro wo icyemezo cyo guhagarika komite ihagarariye impunzi mu nkambi ya Kiziba.
Perezida Kagame yavuze ko Kurinda amazi n’ibiyakomokaho, n’amashyamba yo mu Kibaya cy’Uruzi rwa Congo ari ingenzi mu iterambere rirambye ry’umugabane wa Afurika ndetse no mu bindi bice binyuranye by’isi.
Mu rukerera rwo kuri iki cyumweru tariki ya 29 Mata 2018, umuryango w’Abanyarwanda batuye Austin mu murwa mukuru wa Texas muri Leta zunze ubumwe za Amerika, bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 24.
Perezida Paul Kagame yemeza ko kuva Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) rwatangira, yabonaga amaherezo yarwo ruzabogama rukajya rucira imanza Abanyafurika gusa.
Umuhanda Karongi - Muhanga wari wafunzwe n’inkangu yatejwe n’imvura nyinshi yaguye mu ijoro ryakeye, ubu wamaze kuba Nyabagendwa.
Nyuma y’uko umukino wa Mukura na Etincelles wari uteganyijwe kubera kuri stade Huye sa cyenda n’igice zo kuri uyu wa gatandatu ushyizwe saa kumi n’imwe kubera ibiza Etincelles yahuye nabyo mu nzira zigana i Huye bikagaragara ko iri bukererwe, uyu mukino umaze gusubikwa.
Nyuma y’aho abayobozi batanu b’ikigo cy’igihugu giteza imbere uburezi REB, bahagaritswe n’inama y’abaminisitiri yateranye tariki ya 11 Mata 2018, REB yahawe abayobozi bashya.