Polisi y’igihugu mu Karere ka Nyarugenge icumbikiye umugabo w’imyaka 23 ukekwaho gushaka kwinjiza urumogi muri Gereza ya Mageragere.
Umuyobozi mukuru w’umuryango FPR Inkotanyi Paul Kagame yasabye abazawuhagararira mu Nteko ishinga amategeko kutazakora ibibafitiye inyungu gusa.
Umubare w’impunzi zahungiye mu Rwanda umaze kugabanukaho abantu ibihumbi 20.991 mu meze atanu ashize, kandi abenshi bagiye ku mpamvu zabo bwite.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko hari igihe biba ngombwa ko no mu bayobozi ayoboye akoresha igitsure kugira ngo ibyemeranyijwe bigerweho.
Abagenzi batangiye kwinubura uburyo bukoreshwa mu kwishyura mu modoka rusange zikorera muri Kigali buzwi nka Tap&Go, bavuga ko basigaye bibwa kubera serivisi zitanoze.
Tom Ndahiro, umunyamakuru akaba n’Umushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko anezezwa cyane no kubona umwana yakuye mu mirambo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, yarashinze urugo ubu akaba ari umubyeyi.
Umuyobozi w’Itorero ry’igihugu, Bamporiki Edouard asaba abamwita Umutahira w’intore kubireka,bakamwita umukuru w’itorero cyangwa se perezida waryo, kuko ubusanzwe ngo nta mutahira w’abantu ubaho, ahubwo habaho umutahira w’inka.
Perezida Kagame yatumiwe muri Djibouti na Perezida Ismail Omar Guelleh, aho afungura igice cyahariwe gukorerwamo ubucuruzi mpuzamahanga (International Free Trade Zone).
Perezida Paul Kagame yibukije abana bagize amahirwe yo kwiga bakaminuza bakaba bikorera cyangwa bakorera Leta kujya bibuka bagafasha ababyeyi babo kuva mu bukene, badategereje igihe Leta izabagereraho ngo ibafashe.
Perezida Paul kagame yatangaje ko adashaka kongera kumva ko hari abaturage baburiye serivisi mu Rwanda bigatuma bambuka imipaka bajya kuzishakira mu bihugu by’abaturanyi.
Kwagarana featness club ikorera sport izwi nka gyme tonic muri sport view hotel, yaremeye imiryango itatu y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye ibashyikiriza Inka zifite agaciro ka 1.5M y’amafaranga y’u Rwanda
Mu ijambo rifungura inama ya 31 y’abayobozi b’Ibihugu na za Guverinoma bibumbiye mu muryango wa Afurika yunze ubumwe, Perezida Kagame akaba n’umuyobozi w’uyu muryango, yamaganye ibitero by’iterabwoba biherutse kwibasira abayobozi ba Ethiopie na Zimbabwe.
Urwego rw’Imfungwa n’Abagororwa (RCS) rwatangaje ko imfungwa n’abagororwa b’igitsina gore 607 bari basigaye mu cyahoze ari Gereza ya Kigali (1930) bamaze kwimurirwa i Mageragere aho iyi Gereza yimuriwe.
Perezida Kagame, akaba n’Umukuru w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yageze i Nouakchott ho muri Repubulika ya Kiyisilamu ya Mauritania aho azayobora Inama ya 31 Isanzwe y’Ihuriro ry’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU).
Nyuma yo kwegura kw’abayobozi b’uturere dutandukanye two mu gihugu tugasigara tuyoborwa n’abayobozi b’agateganyo, kuri uyu wa Gatanu hakozwe amatora muri utwo turere, agamije gushyiraho abayobozi bashya basimbura abeguye.
Sebutege Ange atorewe kuyobora Akarere ka Huye asimbura Muzuka Eugene weguye na Komite bakoranaga nyuma yo gukurwaho icyizere tariki ya 31 Gicurasi 2018.
Intebe y’Inteko y’ururimi n’umuco, isanga kutamenya ururimi, ubusirimu ndetse n’ubunebwe bwo gushakisha amagambo, ari intandaro y’ivangandimi mu Rwanda.
Ahagana mu mpera z’i 1996 Guverinoma ya Tanzania yirukanye Abanyarwanda barenga ibihumbi 480 bari bahatuye, bituma bakwira imishwaro mu bihugu bikikije u Rwanda.
Perezida Paul Kagame yavuze ku byinshimo afite byo kubona imodoka yamenye ubwenge asanga mu Rwanda ari nayo ya mbere ikoze amateka mu kuhakorerwa.
Benshi mu bize muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye ikiri Kaminuza imwe Nkuru y’u Rwanda, bakumbuye kubona uko isigaye isa no kubona uko inkengero zayo zisigaye zimeze. Hari na benshi bafite amatsiko yo kumenya bimwe mu bice byayo byavuguruwe cyangwa se ibishya byahubatswe. Kigali Today irabamara ayo matsiko mu mafoto.
Perezida Paul Kagame yavuze ko imishinga u Rwanda ruhuriyeho na Uganda na Kenya itoroshye ariko kuyishobora ari uko impande zombi zihura zikaganira aho imirimo igeze.
Perezida Kagame yageze i Nairobi muri Kenya aho yitabiriye inama y’umuhora wa ruguru, igamije kwihutisha iterambere no koroshya urujya n’uruza rw’abantu muri aka karere.
Urwego rw’igihugu rw’Iterambere (RDB) rwazanye umukino mushya wo mu kirere ukinwa hifashishijwe imitaka "Paramotoring", mu rwego rwo gukomeza kuzamura ubukerarugendo.
Areruya Joseph yegukanye shampiyona y’igihugu mu gusiganwa n’igihe (Contre la montre) yerekezaga i Rwamagana.
Amashyirahamwe y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yatangaje ko ababajwe n’icyemezo cy’urukiko rwo mu Bufaransa rwahagaritse ibirego Padiri Wenceslas Munyeshyaka yari akurikiranyweho kuri Jenoside.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko ibanga rimwe ryo gutuma umugabane wa Afurika utera imbere ari ugushora imari mu baturage bawo.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Koperative (RCA) kiratangaza ko gishobora kuzakurikirana abayobozi bagera kuri 200 bayobora za Sacco, kubera imiyoborere mibi y’imari bashinzwe.
Perezida Paul Kagame ari muri Ghana aho yitabiriye ihuriro riganira ku mpinduka ziganisha ku iterambere rya Afurika.
Polisi y’igihugu itangaza ko ubuyobozi bwahise bukorana inama n’abaturage yo kubahumuriza, nyuma y’igitero cy’ubugizi bwa nabi kibasiye Umurenge wa Nyabimata uherereye mu Karere ka Nyaruguru.
Abatuye Akarere ka Nyaruguru batunguwe n’igitero simusiga cy’abantu bataramenyekana bahitanye abaturage babiri banatwika imodoka y’Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyabimata.