Inkunga iturutse mu bakozi b’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) bakusanyije inkunga baha imiryango 260 yo mu Karere ka Nyaruguru, amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba.
Perezida Paul Kagame uyoboye Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) yitabiriye irahira rya Perezida wa Zimbabwe Emmerson Mnangagwa uherutse gutsinda amatora n’amajwi 50.8%.
Perezida Paul Kagame yateye inkunga ya miliyoni 5Frw ryo kubaka ishuri ryisumbuye riherereye i Kimironko mu Karere ka Gasabo.
Mu Rwanda haje irindi rushanwa ryitwa CRWA Entetainment Award rishaka na ryo kujya rihemba abahanzi, ryateguwe na kampani yitwa Muhi’s Ltd.
Polisi y’igihugu yashyizwe ku mwanya wa mbere muri Afurika no ku mwanya wa 13 ku rwego rw’isi mu kunoza akazi kayo no kugirirwa icyizere mu baturage.
Umuyobozi mukuru wa FPR-Inkotanyi zizeje abaturage ko FPR ayoboye izaca iby’uko abayobozi bamara gutorwa n’abaturage ariko ntibazongere kubaca iryera.
Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 17 izahangana na Ethiopia mu mukino wa kimwe cya kabiri cy’imikino y’amajonjora y’igikombe cy’isi iri kubera muri Tanzania.
Rurangirwa Darius uzwi ku izina ry’Ubuhanzi nka Jah Bone D ( Igufa ry’Imana), avuga ko mu buzima bwe yakuze atotezwa hamwe n’umuryango we, kuko bari Abatutsi. Mu gihe cya Jenoside yabakorerwaga mu 1994 ho, ngo iyo hataba 20.000Frw yaguzwe n’umukozi wa CICR bakoragana amugura n’abicanyi, ubu ngo ntaba akiri ku isi. (…)
Hashize iminsi Kaminuza y’u Rwanda yimura amashami yayo bya hato na hato, ugasanga abanyeshuri bayo bahora mu nzira bimuka, ibyo bigatuma batiga neza kuko badatekanye.
Idini ya Islam mu Rwanda, kuri uyu wa kabiri yifatanyije n’abo ku isi yose kwizihiza umunsi wa Eid El-Adha, umunsi ukomeye cyane ku ngengabihe ya Islam kuko ari umunsi baharira gutura Imana ibitambo.
Ukuri ku masezerano ya Arsenal n’u Rwanda kwagiye ahagaragara, nyuma y’amezi atatu abantu inzira byanyuzemo kugira ngo ijambo “Visit Rwanda” ryandikwe ku mipira y’ikipe ikomeye nka Arsenal.
Perezida Paul Kagame yemereye abahanzi Nyarwanda ko rimwe na rimwe bajya bakoresha inyubako ya FPR Inkotanyi izwi nka Intare Conference Arena, igihe bateguye ibitaramo.
Perezida Paul Kagame yaburiye urubyiko ku byago biri mu kwishora mu biyobyabwenge birwugarije, asaba n’abatabikoresha kutarebera bagenzi babo babyishoramo.
Kofi Anna wigeze kuba umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN) yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Kanama 2018.
Ngarukiye Daniel ni umuhanzi wamamaye mu Rwanda mu Njyana gakondo, aho azwiho ubuhanga mu gucuranga inanga, akomora kuri Sentore Athanase witabye Imana.
Perezida Paul Kagame akaba n’umuyobozi wa Afurika yunze Ubumwe (AU) yashimiye Umuryango Uharanira Iterambere muri Afurika y’Amajyepfo (SADC) wagerageje kugabanya ibibazo by’umutekano mu bihugu biwugize.
kuri uyu wa Kane tariki ya 16 Kanama 2018, Perezida Paul Kagame yitabiriye inama ya 38 ya SADC igiye kubera i Windhoek mu gihugu cya Namibia.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare yamaze kugera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho igiye gukina irushanwa rya Colorado Classic ritangira uyu munsi ahitwa Vail muri Colorado.
Hirya no hino mu gihugu, Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi babukereye mu kwamamaza abakandida bazayihagararira mu nteko Ishinga amategeko.
Mugisha Samuel yerekeje mu Bufaransa ajyanye n’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare, aho bagiye kwitabira irushanwa rya Tour de l’Avenir rifatwa nka Tour de France y’abatarengeje imyaka 23.
Abagore, abagabo, abasore n’inkumi barerewe muri SOS Village d’Enfants ya Byumba basubiye gushimira ababyeyi babareze nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abantu batandukanye bakoresha imoso batangaza ko bahura n’ibibazo bitandukanye mu buzima, bituruka ku kuba bafatwa nk’abadasanzwe cyangwa se nk’abafite ikibazo.
Mugisha Samuel w’imyaka 20 yatwaye Tour du Rwanda 2018, nyuma yo gusoza etape ya 8 ku mwanya wa 8 asizwe amasegonda 6 na Azzedine Lagab wayitwaye i Nyamirambo.
Uruganda rwa Volkswagen rwagabanyirije abakozi ba Leta bifuza kugura imodoka kuri uru ruganda 5% ku giciro gisanzwe cy’imodoka rukora.
David Lozano wabaye uwa 65 mu isiganwa rya Milan-San Remo muri Werurwe uyu mwaka, yatwaye etape ya 7 yasorejwe mu mujyi wa Kigali rwagati.
Bereket Desalegn Temalew wo muri Ethiopia yegukanye etape ya 6 ya Tour du Rwanda yavaga Rubavu yerekeza mu Kinigi.
Umunsi wo gutangaza imihigo mu turere urangwa na "stress" cyane cyane ku bayobozi batwo, ariko ugasanga n’abakozi b’uturere baba batorohewe kuko amanota atangazwa yerekana umusaruro uba waravuye mu ngufu zabo.
Ministeri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango yaburiye Abanyarwanda ko bakwiye kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana, kugira ngo impano za benshi muri bo zitazabaheramo.
Inama y’Abaminisitiri iyobowe na Perezida Paul Kagame, yaseshe ishami ryo mu kigo cy’igihugu cy’ubuzima (RBC) nyuma yo guteza leta igihombo cya za miliyari mu myaka ishize.