Julian Hellmann yongeye guhesha ikipe ya Embrace the World intsinzi ubwo yatwaraga etape ya gatanu ya Tour du Rwanda muri sprint i Rubavu.
Perezida Paul Kagame avuga ko imyitwarire ya bamwe mu bayobozi idakwiye, bitewe n’uko aho gukemura ibibazo by’abaturage bahora bahugiye mu gukemura amakimbirane abaranga.
Intore z’u Rwanda zataramiye abakinnyi b’ikipe ya Arsenal, mu rwego rwo kwibifuriza amahirwe masa muri shampiyona ya 2018/2019 bagiye gutangira.
Akarere ka Rwamagana, kongeye kwisubiza umwanya wa mbere mu kwesa imihigo y’umwaka w’ingengo y’imari ya 2017- 2018 ku manota 84.5%.
Kuri uyu wa Kane ni bwo Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari busese Inteko ishinga amategeko umutwe w’Abadepite, isoje manda y’imyaka itanu.
Perezida Kagame arayobora umuhango wo gusinya Imihigo y’umwaka w’ingengo y’imari wa 2018/2019 hamwe n’abayobozi b’ inzego nkuru z’igihugu nab’inzengo z’ibanze.
Umunsi wa Kane wa Tour du Rwanda wakomereje mu Karere ka Karongi iturutse mu Mujyi wa Musanze, aho isiganwa ry’uyu munsi ryegukanywe n’Umunyamerika Timothy Rugg.
Team embrace the World yongeye kubona intsinzi muri Tour du Rwanda 2018 binyuze ku Munyamerika Rugg Timothy watsindiye i Karongi kuri etape ya kane.
Umudage Helmann Julia ukinira Team Embrace the World yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda kareshya na kilometero 199,7 akoresheje amasaha atanu, iminota 12 n’amasegonda 04.
Umubare w’abemerewe kuzahatanira kwinjira mu nteko ishinga amategeko uyu mwaka wiyongereyeho 27% ugereranije na manda ishize, mu gihe abagore bemerewe kuziyamamaza bazamutseho 10%.
I Kigali hazahurira ibihangange muri politiki birimo Kofi Annan wayoboye Umuryango w’Abibumbye (UN), Al Gore wigeze kuba Visi Perezida wa Amerika na Tony Blair wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza.
Perezida Paul Kagame yabwiye urubyiruko rutozwa umukino wa Basketball, igikorwa kizwi nka “Giant of Africa” ko inzira imwe yo kuba igihangange ari ukubikorera.
Umunyarwanda ukinira ikipe ya Dimension Data yegukanye agace ka Kabiri k’isiganwa rya Tour du Rwanda kavaga mu Mujyi wa Kigali kerekeza mu Mujyi wa Huye.
Mu ijoro ryo ku wa 27 Nyakanga 2018, hagaragaye ubwirakabiri budasanzwe bw’Ukwezi ku isi hose. Ubwo bwirakabiri bufatwa nk’imbonekarimwe abafotozi bo hirya no hino ku isi bari babutegereje, kugira ngo basigarane amafoto y’urwibutso. Irebere ayo mafoto maze utubwire uwaba yarahize abandi mu gufotora ubwo bwirakabiri.
Umunya Algeria Azzedine Lagab ukinira ikipe ya Groupement Sportif des Pétroliers yo muri Algeria yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda kakiniwe i Rwamagana.
Perezida Paul Kagame wasoje itorero indangamirwa rya 11, yasabye abari baryitabiriye kumenya guhitamo icyagirira u Rwanda akamaro ariko icyarugirira nabi bakacyamagana.
Perezida Paul Kagame aritabira umuhango wo gusoza icyiciro cya 11 cy’itorero ry’urubyiruko kizwi nk’Indangamirwa, cyatorezwaga mu kigo cya Gabiro.
Umuryango imbuto Foundation n’abafatanyabikorwa bawo mu bijyanye n’uburezi batangije amahugurwa agenewe abarezi bo ku mugabane w’Africa mu bijyanye no gufasha abanyeshuri gushaka buruse mu mashuri yo hanze.
Perezida w’Ishyirahamwe ry’Amagare ku isi David Lappartient yatangaje ko gusura urwibutso rwa Genoside rwa Kigali, byamuhaye andi makuru arenze kure ayo yari afite ku Rwanda.
Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda FERWACY, ryamaze gushyira ahagaragara aho irushanwa rya Tour du Rwanda 2018 rizamara icyumweru rizanyura. Ubuyobozi bw’iri shyirahamwe burakangurira buri Munyarwanda kuzarikurikirana ari nako bashyigikira amakipe atatu ahagarariye u Rwanda muri iri rushanwa
Minisitiri wa Siporo n’Umuco Uwacu Julienne yibukije Abanyarwanda ko umurimo unoze kandi ukorewe ku gihe, ari ryo shingiro rya nyaryo ryo kwigira Abanyarwanda bifuza kugeraho.
Kuri uyu 1 Kanama 2018 Minisiteri y’ubuzima ( Minisante) yatangaje ko mu gace kitwa Beni ko mu Majyaruguru ya Repuburika iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC) , hagaragaye icyorezo cya Ebola cyagaragaye.
Perezida Paul Kagame ntiyemeranya n’abavuga ko Afurika itakwiteza imbere nta nkunga ihawe, akemeza ko umutungo utikirira mu nzira zitemewe ari wo mwinshi kandi ukwiye kugaruzwa.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’ Uburengerazuba ifatanije n’abaturage yafatanye abagabo bane ibiro birenga 40 by’urumogi mu turere twa Rubavu na Rusizi.
Uyu munsi Perezida Kagame aritabira kandi anageze ijambo ku bitabiriye inama y’Ihuriro Nyafurika ku Buyobozi ibera i Kigali kuva 2-3 Kanama 2018.
Perezida Paul Kagame yibukije abacamanza ko bafite inshingano zikomeye zo kugira u Rwanda igihugu kigendwa kandi kifuzwa gukorerwamo na benshi.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje urutonde rw’agateganyo rw’abakandida 500 bahagarariye imitwe ya politiki n’abigenga, bazahatanira imyanya mu Nteko ishinga amategeko.
Abagize inteko basabye minisitiri w’intebe Dr. Edouard Ngirente kongera gusubiramo ingamba za guverinoma mu guhwitura abanyarwanda kuri gahunda yo kuboneza urubyaro.
Mu marushanwa Nyafurika y’Abatarengeje imyaka 18 ari kubera mu gihugu cya Algerie, Umunezero Jovia umukobwa umwe, wari uhagarariye u Rwanda mu cyiciro cyo kurwana (Kumite), abaye uwa kabiri yegukana umudari wa Feza (Argent).
Kuri uyu wa gatanu mu masaha y’ijoro haragaragara ubwirakabiri bw’Ukwezi bumara igihe kirekire mu mateka y’ikinyejana cya 21. Ukwezi kuraza kwihinduriza mu gihe kirenga amasaha abiri. Ubwo bwirakabiri buragaragara no mu rw’imisozi igihumbi, i Kigali mu Rwanda.