Kuva ku Cyumweru tariki 23 Gashyantare 2020 kugeza ku Cyumweru tariki 01 Werurwe 2020 mu Rwanda habaye isiganwa rizenguruka igihugu ryitabirwa n’abanyarwanda ndetse n’abanyamahanga baturutse hirya no hino ku isi, benshi bashima imigendekere yaryo.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko guhera ku wa gatatu tariki ya 04 Werurwe 2020, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli gihindutse ku buryo bukurikira:
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yatangaje ko Umuganda wo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 29 Gashyantare 2020 (no ku Cyumweru ku Badivantisiti) abantu bawukorera mu ngo zabo aho batuye, ugaharirwa ibikorwa by’isuku muri buri muryango, nk’uko iri tangazo rya MINALOC ribisobanura.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri uyu wa gatanu tariki 28 Gashyantare 2020, yakiriye indahiro z’abayobozi bashya, barimo Abaminisitiri, Abanyamabanga ba Leta, n’Abadepite.
Isiganwa ry’amagare rizenguruka u Rwanda, ku wa gatatu tariki 26 Gashyantare 2020 ryakomereje mu Ntara y’Iburengerazuba ku nkengero z’Ikiyaga cya Kivu.
Itangazo Kigali Today ikesha Ibiro bya Minisitiri w’Intebe riravuga ko ashingiye ku biteganywa n’ltegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe muri 2015, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 116, none ku itariki ya 26 Gashyantare 2020, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yashyizeho abayobozi mu buryo bukurikira:
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rufatanyije na Polisi y’u Rwanda (RNP) barimo gushakisha abasore babiri bagaragara mu mashusho (Video) barimo gukubita ndetse bakambura amafaranga umukozi wa MTN mu Murenge wa Remera, Akarere ka Gasabo.
Ubushinjacyaha bukuru bwakiriye Raporo itanzwe n’urwego rw’Igihugu Rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) ku iperereza ku rupfu rwa Kizito Mihigo rwabaye tariki ya 17 Gashyantare 2020, rwabereye aho yari afungiye i Remera kuri Sitasiyo ya Polisi, i Kigali.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri tariki 25 Gashyantare 2020, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Shyaka Anastase yifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Rukomo mu Karere ka Gicumbi, abasaba kugabanya gukunda imanza, no guharika gukubita abagore.
Irushanwa rizenguruka igihugu ryo gushaka umukobwa uhiga abandi mu Rwanda (Miss Rwanda) ryasojwe mu ijoro rishyira ku cyumweru tariki 23 Gashyantare 2020.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi (REB) kiravuga ko nta ruhare cyagize mu gukwirakwiza amanota ya Miss Rwanda 2020 Nishimwe Naomie, yasakaye cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) iravuga ko hari abatekamutwe biyita abakozi b’iyo Minisiteri, baca abaturage amafaranga babizeza ko bazabafasha kubona serivisi uko babyifuza, cyane cyane izirebana no guhinduza amazina.
Isiganwa ry’amagare rizenguruka igihugu (Tour du Rwanda), ku wa mbere tariki 24 Gashyantare 2020 ryakomereje mu muhanda Kigali – Huye.
Amakuru agera kuri Kigali Today aravuga ko i Musanze hari abayobozi 31 banditse basezera ku kazi kuri uyu wa mbere tariki 24 Gashyantare 2020 biturutse ku myitwarire mu kazi n’uburyo buzuza inshingano zabo.
Nyuma gato y’uko hasinywa amasezerano yo guhererekanya imfungwa yasinywe na Perezida w’u Rwanda n’uwa Uganda imbere ya Perezida wa Angola n’uwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Perezida wa Uganda yari yatangiye kuvuga amagambo yo gutesha agaciro ayo masezerano.
Polisi y’u Rwanda n’Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (Rwanda Cycling Federation -FERWACY) bifatanyije muri gahunda ya Gerayo Amahoro mu rwego rwo kurushaho kongera ubu bukangurambaga kubakoresha umuhanda.
Kuri iki cyumweru tariki ya 23 Gashyantare 2020, umunyamakuru wa Kigali Today, akaba n’umuhanzi Umugwaneza Jean Claude Rusakara, yakoze ubukwe n’umugore we Divine Uhiriwe.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yafashe abagabo babiri bo mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali bafite ikiyobabwenge cya mayirungi.
U Rwanda n’abafatanyabikorwa barwo bazatanga udukingirizo tw’abagabo tugera kuri miliyoni mirongo itatu n’eshatu (33M), muri uyu mwaka wa 2020, ni ukuvuga ko hazaba hiyongereyeho miliyoni ebyiri ugereranije n’izatanzwe umwaka ushize.
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byashyize ahagaragara Imyanzuro y’Umwiherero wa 17 w’Abayobozi wabaye kuva ku itariki ya 16 kugeza ku ya 19 Gashyantare 2020.
Mu Rwanda hari abantu bafite amazina yagiye yamamara biturutse ku kwitabira isiganwa rya Tour du Rwanda. Ni isiganwa ry’amagare rizenguruka igihugu na ryo rimaze kwamamara ku rwego mpuzamahanga.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame kuri uyu wa gatanu tariki 21 Gashyantare 2020, yakiriye mu biro bye Perezida wa Angola João Lourenço, na Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Amashuri makuru na za kaminuza bitujuje ubuziranenge bigiye gukorerwa isuzuma rikomeye, rishobotra kuzasiga amwe afunzwe nk’uko Inama Nkuru y’Amashuri Makuru na Kaminuza yabitangaje.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) iramenyesha abantu bose by’umwihariko aborozi b’amafi n’abarobyi ko hari icyorezo cy’indwara y’amafi cyitwa “Tilapia Lake Virus Disease” cyagaragaye mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika.
Mu gihe mu Rwanda imyiteguro y’isiganwa rizenguruka igihugu irimbanyije, abategereje iri siganwa ntibazaryoherwa no kwihera ijisho abatwara amagare gusa, ahubwo hateguwe n’abahanzi bazatuma iri siganwa rirushaho kuryoha, dore ko bazasusurutsa abantu mu bice bitandukanye byo hirya no hino mu gihugu.
Leta y’u Rwanda yatangaje ko ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 20 Gashyantare 2020, Perezida wa Angola, João Lourenço, yageze mu Rwanda.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) ruratangaza ko ruri gukora iperereza ku izamuka ridasanzwe ryibiciro bya Gaz yo gucana. Mu mezi abiri ashize, ibiciro bya gaz byarazamutse hirya no hino aho icururizwa, bitera abakiriya bayo kubyibazaho cyane.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO) ryatangaje ko umuntu wasanganwe coronavirus mu Misiri ubu ntayo agifite.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi REB kiratangaza ko amanota y’ibizamini bya Leta ku banyeshuri barangije umwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye mu mwaka wa 2019 azatangazwa mu cyumweru gitaha.
Umuryango w’abantu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, wandikiye Umushinjacyaha Mukuru, Umumenyesha ko hari amakuru ufite ku mutungo w’umuntu wahamijwe ibyaha bya Jenoside ugiye kugurishwa.