Kuri uyu wa Mbere tariki ya 23 Kanama 2021, Polisi ikorera mu Karere ka Huye ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano yakoze ibikorwa byo gufata abacuruza ibiyobyabwenge, ni ibikorwa byabereye mu Karere ka Huye mu mirenge ya Tumba na Ngoma, hakaba hafatiwe abacuruza kanyanga n’ibindi biyobyabwenge.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Mbere tariki 23 Kanama 2021 mu Rwanda abantu 6 bitabye Imana bazize Covid-19, abanduye bashya ni 496 babonetse mu bipimo 8,251. Abitabye Imana ni abagore 5 n’umugabo 1. Abinjiye ibitaro bashya kuri iyo tariki ni 15, abaserewe ni 11, na ho abarembye bakaba 43.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 22 Kanama 2021 mu Rwanda abantu 11 bitabye Imana bazize Covid-19, abanduye bashya ni 393 babonetse mu bipimo 12,650. Abitabye Imana ni abagore 8 n’abagabo 3. Iyo Minisiteri yatangaje kandi ko abantu 36,609 bahawe doze ya mbere y’urukingo rwa Covid-19. (…)
Abapolisi b’u Rwanda bo mu ishami rishinzwe kurwanya abanyereza imisoro (RPU) n’abo mu ishami rishinzwe umutekano wo ku mipaka (BSU), ku wa Gatanu tariki ya 20 Kanama 2021, bafashe uwitwa Ndayizeye Pierre Céléstin w’imyaka 37, bamufatiye mu Karere ka Rubavu, Umurenge wa Gisenyi mu Kagari ka Bugoye ku mupaka wa La Corniche, (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 21 Kanama 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 415, babonetse mu bipimo 16,143. Iyo Minisiteri yatangaje kandi ko abantu 5 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 1,010. Abitabye Imana ni bagore 4 n’umugabo (…)
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 21 Kanama 2021, u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kwirukana ku butaka bwarwo Umubirigi Vincent Lurquin, wagaragaye mu itsinda ry’ababuranira Paul Rusesabagina mu rukiko, nta burenganzira abifitiye.
Ku wa Gatanu tariki ya 20 Kanama 2021, mu Ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC) riri mu Karere ka Musanze, hasojwe amasomo yari amaze amezi ane yahabwaga ba ofisiye bato 39 biganjemo abo muri Polisi y’u Rwanda, abo mu rwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) n’abo mu rwego rw’Igihugu rushinzwe (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 20 Kanama 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 380, babonetse mu bipimo 12,772. MINISANTE yatangaje kandi ko abantu 9 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 1,005. Abitabye Imana ni bagore 3 n’abagabo 6.
Joseph Habineza wigeze kuba Minisitiri w’umuco na Siporo yitabye Imana ku myaka 57, amakuru atangwa n’abo mu muryango we aravuga ko yaguye i Nairobi muri Kenya kuri uyu wa 20 Kanama 2021, aho yari amaze igihe gito kuko yari mu nzira yerekeza i Burayi.
Ku itariki 17 Kanama 2021, ahagana saa kumi n’ebyiri za mu gitondo, Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano n’abayobozi mu nzego z’ibanze bafashe abantu 17 bari mu gikorwa cyo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranijwe n’amategeko, bafatiwe mu mirenge ya Murambi na Masoro yo mu Karere ka Rulindo.
Federation ya Basket mu Rwanda (FERWABA) ku bufatanye na Minisiteri ya Siporo, baramenyesha Abanyarwanda ko mu mikino ya Afrobasket 2021 izabera mu Rwanda muri Kigali Arena, abafana bazaba bemewe.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Kanama 2021, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yayoboye inama idasanzwe y’Abaminisitiri igamije kurebera hamwe aho igikorwa cyo gukingira abantu Covid-19 kigeze.
Abapolisi bakorera mu Karere ka Gasabo bafashe Arnold Steve Girimpuhwe w’imyaka 23, ukekwaho kwiba moto ebyiri azikuye mu rugo rw’umuturage wo mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Kimihurura, Akagari ka Kimihurura, Umudugudu wa Urwego. Girimpuhwe yafashwe ku wa mbere tariki ya 16 Kanama 2021 ahagana saa kumi n’ebyiri za mu gitondo.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Kanama 2021, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakiriye Ambasaderi Ahmed Samy Mohamed El-Ansary wari Ambasaderi wa Misiri mu Rwanda, wasoje manda ye, bakaba banagiranye ibiganiro.
Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki ya 11 Kanama 2021, abapolisi bakorera mu Karere ka Nyanza bagiye gufata abantu 21 bari mu kabari k’uwitwa Ngiruwonsanga Cyprien banywa inzoga mu masaha y’ijoro, bababonye barikingirana ariko biba iby’ubusa kuko abo bapolisi bahakoreye uburinzi kugeza mu gitondo barabafata.
Kuri uyu wa Kane tariki 12 Kanama 2021, Venant Rutunga woherejwe mu Rwanda n’igihugu cy’u Buholandi yagejejwe mu rukiko, aho yatangiye kuburana ku byaha aregwa bijyanye n’uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Hashize iminsi hazenguruka ku mbuga nkoranyambaga videwo y’abasirikare babiri bakuru bo mu Ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bagiranye amakimbirane bituma barwana mu ruhame, bikaba byabaviriyemo gukatirwa igifungo cya burundu n’Urukiko rwa gisirikare.
Ku gicamunsi cyo ku wa Kabiri tariki ya 10 Kanama 2021, Umuyobozi w’abapolisi bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu gihugu cya Repubulika ya Santrafurika, CP Christophe Bizimungu, yasuye itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda bari mu murwa mukuru w’icyo gihugu, Bangui (RWAFPU-1).
Abaturage bagera kuri 300 bakoze umuhanda uhuza imirenge ya Muhanda na Kavumu yo mu Karere ka Ngororero, bari bamaze imyaka ine bishyuza amafaranga bakoreye, kuko rwiyemezamirimo wari warabahaye akazi yaje kugenda atabishyuye.
Ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki ya 8 Kanama 2021, abapolisi bakorera mu Karere ka Kamonyi bafatiye mu kabari abantu 10 bazwi ku izina ry’abahebyi, basanzwe bazwiho gucukura amabuye y’agaciro binyuranyijwe n’amategeko mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Rukoma, bakaba abafatiwe mu Kagari ka Bugoba Umudugudu wa Nyarurama.
Ikigo cy’igihugu cyita ku buzima (RBC) kiratangaza ko umuntu waba yarahawe urukingo rwa Covid-19 rwa AstraZeneca ku nshuro ya mbere, bitari ngombwa ko ategereza urwo rukingo na none, ahubwo ku nshuro ya kabiri ashobora guhabwa Pfizer, kandi agakomeza kumererwa neza kuko byizweho.
Ku wa Gatandatu tariki ya 7 Kanama 2021, abapolisi bo mu ishami rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU), bashakishije abantu batatu bacyekagwaho gukwirakwiza urumogi, bafatanwa udupfunyika ibihumbi 3,076 bakaba bari barimo kurukwirakwiza mu baturage bo mu Karere ka Rubavu, Umurenge wa Rubavu n’uwa Rugerero.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku Cyumweru tariki 08 Kanama 2021, mu Rwanda abantu 9 bitabye Imana bazize Covid-19, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 890. Abitabye Imana ni abagore 5 n’abagabo 4. Iyo Minisiteri yatangaje kandi ko kuri uwo munsi abinjiye bashya mu bitaro ari 10 mu gihe ababisohotse na bo ari 10, (…)
Kuri iki Cyumweru tariki 8 Kanama 2021, Perezida wa Santrafurika, Faustin-Archange Touadéra, yasoje uruzinduko rw’iminsi ine yagiriraga mu Rwanda, akaba yaherekejwe na Perezida Kagame ku kibuga cy’indge mpuzamahanga cya Kigali.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 07 Kanama 2021, mu Rwanda abantu 7 bitabye Imana bazize Covid-19, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 881. Abitabye Imana ni abagore 4 n’abagabo 3. Iyo Minisiteri yatangaje kandi ko kuri uwo munsi abinjiye bashya mu bitari ari 18 mu gihe ababisohotse (…)
Mu rwego rwo gukomeza gufata neza abakiriya bayo, sosiyete icuruza ibijyanye no gusakaza amashusho StarTimes yongere shene 12 kuri Nova Bouquet z’Igifaransa n’iz’Icyongereza ku zo yari isanzwe yerekana.
Ku itariki 4 na 5 Kanama 2021, ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU), ku bufatanye n’abandi bapolisi bakorera mu turere dutandukanye tw’igihugu, bafashe abantu bakwirakwizaga urumogi mu baturage, muri ibyo bikorwa hafashwe udupfunyika 1,225 tw’urumogi n’ibiro 60 byarwo.
Ku wa Gatanu tariki ya 6 Kanama 2021, ku cyicaro gikuru cya Polisi y’ u Rwanda ku Kacyiru, habereye umuhango wo gusezera mu cyubahiro abapolisi 216 bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru, harimo n’abandi batashye ku mpamvu zitandukanye. Ni umuhango wari uyobowe na Minisitiri w’Ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta, Johnston Busingye.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 06 Kanama 2021, mu Rwanda abantu 14 bitabye Imana bazize Covid-19, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 874. Abitabye Imana ni abagore 6 n’abagabo 8. Iyo Minisiteri yatangaje kandi ko kuri uwo munsi abasezerewe mu bitaro ari 25 mu gihe ababyinjiyemo (…)
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 6 Kanama 2021, ba ofisiye bato 39 muri Polisi y’u Rwanda barimo kwiga amasomo ajyanye n’imiyoborere mu ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC) riherereye mu Karere ka Musanze, bakoreye urugendo shuri ku Ngoro y’amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu ndetse no ku Gicumbi cy’Intwari z’igihugu mu (…)