MENYA UMWANDITSI

  • Uruzinduko rwa Perezida Kagame i Goma muri RDC (Amafoto)

    Kuri uyu wa 26 Kamena 2021, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yagiriye uruzinduko rw’akazi mu mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), akaba yakiriwe na mugenzi we Perezida Félix Tshisekedi, bagirana ibiganiro ndetse banasura n’ahangijwe n’iruka rya Nyiragongo.



  • Abapolisi 160 bagarutse mu Rwanda nyuma yo gusoza ubutumwa bw’akazi muri Sudani y’Epfo

    Itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bugamije kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo (RWAFPU-2) basoje ubutumwa bari bamazemo igihe muri icyo gihugu. Abo bapolisi bagarutse mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki ya 25 Kamena 2021, nyuma yo gusoza inshingano z’akazi bari barahawe.



  • Kayonza: Bane bafatanywe ibiro 20 by’urumogi

    Ku wa Kabiri tariki ya 22 Kamena 2021, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Ndego, yafashe abantu bane bacyekwaho icyaha cyo gukwirakwiza urumogi mu baturage, ni urumogi rungana n’ibiro 20, bakaba bafashwe bagiye kurucuruza mu Murenge wa Kabarondo.



  • Ubwo Vivo Energy Rwanda yashyikirizaga iyo nkunga ngarukamwaka Imbuto Foundation

    Vivo Energy Rwanda yateye inkunga abanyeshuri 10 binyuze mu Imbuto Foundation

    Umuryango Vivo Energy Rwanda watanze inkunga yawo ya buri mwaka ya 3,000,000 yo gufasha abanyeshuri 10 b’abahanga bo mu mashuri yisumbuye, baturuka mu miryango itifashije, igikorwa cyabaye ku wa Kabiri tariki 22 Kamena 2021.



  • Laurent Gbagbo na Simone Gbagbo bagiye gutandukana

    Côte d’Ivoire: Laurent Gbagbo yasabye gatanya

    Uwahoze ari Perezida wa Côte d’Ivoire, Laurent Gbagbo, yasabye gutandukana n’umugore wa mbere, Simone Gbagbo, akaba afashe icyo cyemezo nyuma y’iminsi mike afunguwe, aho yari amaze imyaka 10 afungiye i La Haye kubera ibibazo bya politiki.



  • Minisitiri Gatabazi avuga ko ingo zahinduwe utubare ziza gufungwa

    Ingo zahinduwe utubari na zo ziraza gufungwa – Minisitiri Gatabazi

    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, atangaza ko abantu bahinduye ingo zabo utubari na zo ziza gufungwa, kuko ari ukurenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.



  • Minisitiri Gatabazi Jean Marie Vianney

    Minisitiri Gatabazi yasabye abantu kwipimisha Covid-19 badategereje impamvu runaka

    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, arasaba abaturarwanda kugira umuco wo kwipimisha Covid-19 bidasabye ko baba bafite impamvu runaka, kuko ari bwo abanduye icyo cyorezo bazamenyekana ari benshi bagafashwa.



  • Ange Kagame

    Ange Kagame yeretse ababyeyi bimwe mu byafasha ubwonko bw’abana babo gukura neza

    Ange Kagame, umubyeyi umaze igihe gito yibarutse imfura ye, yeretse ababyeyi bimwe mu byabafasha kubaka ubwonko bw’abana babo kugira ngo bukure neza.



  • Kicukiro: Motel yafunzwe by’agateganyo ikekwaho gutorokesha uwagaragaweho Covid-19

    Ku gicamunsi cyo ku wa Gatatu tariki ya 16 Kamena 2021, Polisi y’u Rwanda n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyarugunga bafunze by’agateganyo ‘Aiport Inn Motel’ iherereye mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Nyarugunga, iyo Motel abayobozi bayo baracyekwaho gutorokesha umuntu wari uyicumbitsemo kandi afite ubwandu bwa Covid-19. Uwo (…)



  • Bamwe mu bafatiwe muri ako kabari

    Nyamagabe: Abantu 19 bafatiwe mu kabari banyweramo inzoga bitemewe

    Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 15 Kamena 2021, mu masaha ya saa tatu n’igice z’ijoro, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyamagabe ku bufatanye n’inzego z’ibanze zikorera mu Murenge wa Kibirizi, bafatiye mu kabari abantu 19 barimo kunywa inzoga abandi bakina imikino y’amahirwe izwi nk’ikiryabarezi.



  • Bwimba yasigiwe ubumuga n

    Bwimba wasigiwe ubumuga n’ibitero bya FLN yizeye ubutabera (Ubuhamya)

    Bwimba Vianney ni umwe mu bantu bagizweho ingaruka n’ibitero by’umutwe w’iterabwoba wa FLN, wagabye ibitero muri Nyungwe mu Karere ka Nyamagabe mu mpera za 2018, araswa ukuguru bimuviramo ubumuga ku buryo ubu uwo musore agendera mu mbago, gusa ngo yizeye ubutabera.



  • Gicumbi: Polisi yagaruje amafaranga arenga miliyoni ebyiri yari yibwe umucuruzi

    Mu mpera z’icyumweru gishize Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Gicumbi yagaruye Amafaranga y’u Rwanda 2,477,000 yari yibwe umukozi w’uruganda rwa SKOL, ayo mafaranga bicyekwa ko yibwe n’umusore witwa Tuyisingize Pacifique w’imyaka 20, akaba yarafashwe ku bufatanye n’inzego z’ibanze n’abaturage batanze amakuru y’aho yihishe.



  • Gicumbi: Abantu 19 bafatiwe mu ishyamba basenga bitemewe

    Ku Cyumweru tariki ya 13 Kamena 2021 mu masaha ya saa tatu, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Gicumbi ku bufatanye n’inzego z’ibanze bafashe abantu bagera kuri 19 basenga mu buryo bunyuranyije n’amabwiriza yo kwirinda Covid-19, bari mu ishyamba ry’ahitwa Ikadeshi riherereye mu Mudugudu wa Nyirabadugu mu Kagari ka (…)



  • #COVID-19 yishe abantu babiri (2), abanduye ni 241

    Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) mu Rwanda, yihanganishije imiryango y’umugore w’imyaka 57 witabye Imana i Rubavu n’umugabo w’imyaka 73 witabye Imana i Kigali, bakaba bazize Covid-19. MINISANTE yatangaje kandi ko ku wa Mbere tariki 14 Kamena 2021, mu Rwanda abantu 42 bakize Covid-19, abayanduye ni 241 bituma umubare (…)



  • #COVID19: Mu Rwanda abanduye ni 227, abarembye ni icyenda (9)

    Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 13 Kamena 2021, mu Rwanda habonetse abanduye bashya 227 bituma umubare w’abamaze kwandura bose uba 28.373, kuri uyu munsi nta muntu wakize icyo cyorezo. MINISANTE itangaza kandi ko abakirwaye ari 1,662 na ho abarembye bakaba icyenda (9)



  • COVID-19 yishe abantu babiri (2), abanduye ni 284

    Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) mu Rwanda, yihanganishije umuryango w’umugore w’imyaka 67 witabye Imana (ku Kamonyi) n’uw’umugabo w’imyaka 73 witabye Imana i Huye bazize Covid-19. Iyo Minisiteri yanatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 12 Kamena 2021, mu Rwanda abantu 284 banduye Covid-19, bituma umubare w’abamaze kwandura (…)



  • Ingendo zirabujijwe guhera saa tatu (Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri)

    Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatandatu tariki 12 Kamena 2021 iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ikaba yafatiwemo ibyemezo bijyanye no kwirinda Covid-19, birimo no kuba ingendo mu gihugu hose zibujijwe guhera saa tatu z’ijoro.



  • Perezida Kagame ayoboye Inama y’Abaminisitiri

    Kuri uyu wa 12 Kamena 2021, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yayoboye Inama y’Abaminisitiri. Iyo nama yabereye muri Village Urugwiro nk’uko bigaragara ku rubuga rwa Twitter rw’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu.



  • Uruganda rwa SULFO rwafunzwe kubera Covid-19

    Akarere ka Nyarugenge katangaje ko uruganda rwa Sulfo Rwanda Industries rwafunzwe mu gihe cy’iminsi irindwi (7), nyuma y’uko bigaragaye ko mu bakozi barukoramo harimo benshi banduye Covid-19.



  • Bafashwe bacukura amabuye y

    Rulindo: Babiri bafashwe bacukura amabuye y’agaciro bitemewe n’amategeko banakoreshamo abana

    Ku wa Kane tariki ya 10 Kamena 2021, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rulindo ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano bafashe Nsabimana Damascene bakunze kwita Kibombo w’imyaka 38 na Twizeyimana Jean w’imyaka 33. Bafatiwe mu Murenge wa Murambi mu tugari twa Gatwa na Mugambazi, bafashwe bakoresha abana mu bucukuzi (…)



  • COVID-19 yishe abagabo babiri (2) i Kigali

    Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) mu Rwanda, yihanganishije imiryango y’abagabo babiri b’imyaka 66 na 65 bitabye Imana i Kigali bazize Covid-19. Iyo Minisiteri yanatangaje ko ku wa Gatanu tariki 11 Kamena 2021, mu Rwanda abantu 202 banduye Covid-19, bituma umubare w’abamaze kwandura bose uba 27,862. Kuri iyo tariki nta muntu (…)



  • JICA igiye gufasha WASAC kongera amazi meza mu Ntara y’Iburasirazuba

    Ikigo gishinzwe gukwirakwiza amazi, isuku n’isukura (WASAC) n’Ikigo cy’Abayapani cy’iterambere mpuzamahanga (JICA), byasinyanye amasezerano y’ubufatanye azatuma Intara y’Iburengerazuba yongererwa amazi meza.



  • Uwakubise urushyi Macron yakatiwe amezi 18 y’igifungo

    Umuturage uherutse gukubita urushyi Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron ari mu ruzinduko rw’akazi mu Majyepfo y’icyo gihugu ku wa Kabiri tariki 04 Kamena 2021, yakatiwe amezi 18 y’igifungo, ane akaba ari yo azamara muri gereza.



  • Imishinga 25 yatsinze irushanwa rya BK Urumuri mu cyiciro cya gatanu yamenyekanye

    Nyuma yo kwakira ubusabe 174 bw’abashaka kwitabira iryo rushanwa, no gukora ijonjora inshuro eshatu, Inkomoko na Banki ya Kigali batangaje imishinga 25 yahize iyindi muri iryo rushanwa muri uyu mwaka, harimo n’uwa ‘Miss Innovation Business’ wo mu irushanwa rya Nyampinga w’u Rwanda 2021, aba ba rwiyemezamirimo bakazahabwa (…)



  • COVID-19 yishe umugore w’imyaka 54 i Kigali

    Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) mu Rwanda, yihanganishije umuryango w’umugore w’imyaka 54 witabye Imana i Kigali azize Covid-19. Iyo Minisiteri yanatangaje ko ku wa Gatatu tariki 09 Kamena 2021, mu Rwanda abantu 64 bakize Covid-19. Abayanduye ni 114 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe uba abantu 27,548. Abarembye (…)



  • Polisi ntizihanganira ko abaturarwanda bakomeza kwibwa ibyabo - CP Rumanzi

    Polisi y’u Rwanda yatangiye kugirana ibiganiro nyunguranabitekerezo n’abagura ibikoresho byakoreshejwe ndetse bakanabicuruza, ibikunze kwitwa ubucuruzi bwa ‘okaziyo’, mu rwego rwo kujya hafatwa ibiba byibwe.



  • Mutesi Jolly yagizwe Visi Perezida w’irushanwa rya ‘Miss East Africa Beauty Pageant’

    Mutesi Jolly wabaye Miss Rwanda 2016, yageze muri Tanzania nk’umwe mu bagomba gutegura irushanwa ry’ubwiza rya Miss East Africa Beauty Pageant, rizabera muri icyo gihugu.



  • IGP Dan Munyuza yasuye abapolisi b’u Rwanda bari muri Sudani y’Epfo

    Ku wa Kabiri tariki ya 8 Kamena 2021, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, yasuye abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), abashimira akazi keza bakora ariko anabibutsa gukomeza kwirinda Covid-19.



  • COVID-19 yishe abagore babiri (2) n’abagabo babiri (2)

    Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) mu Rwanda, iratangaza ko ku wa Kabiri tariki 08 Kamena 2021, Covid-19 yishe abagore babiri b’imyaka 45 i Huye na 43 i Kigali. Iyo Minisiteri iratangaza kandi ko Covid-19 yishe abagabo babiri b’imyaka 61 na 33 i Kigali. Abayanduye ni 127 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe uba (…)



  • #COVID19: Mu Rwanda abakize ni 29, abanduye ni 62

    Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) mu Rwanda yatangaje ko ku wa Mbere tariki 07 Kamena 2021, mu Rwanda abantu 29 bakize Covid-19. Abayanduye ni 62 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe uba abantu 27,307. Abakirwaye ni 693 mu gihe abarembye ari 10. MINISANTE yatangaje kandi ko uyu munsi abantu 4,153 bahawe doze ya (…)



Izindi nkuru: