Impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu (CLADHO), ivuga ko kugeza ubu hakiri icyuho mu ruhare rw’abaturage mu itegurwa ry’ingengo y’imari y’igihugu, nk’uko bigaragazwa n’ubushakashatsi.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iherutse gutangaza ko yatangiye gukusanya imibare y’abana b’abakobwa batewe inda muri iki gihe bamaze batiga kubera Covid-19, kugira ngo bafashwe, bitazabaviramo guhagarika kwiga kubera icyo kibazo.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) itangaza ko ibizamini by’Icyongereza abarimu n’abandi bakozi b’ibigo by’amashuri barimo gukora ntawe bigamije kwirukana mu kazi, ahubwo ari ukugira ngo bagenerwe amahugurwa abongerera ubumenyi muri urwo rurimi.
Ku wa Mbere tariki 5 Ukwakira 2020, u Rwanda rwifatanyije n’isi mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wa mwarimu, abarimu bakaba baribukije ko hari miliyari 11Frw yagombaga gushyirwa mu ‘Mwalimu SACCO’ nk’uko byari byemejwe, bagasaba Leta ko yayashyiramo.
Ikigo cy’igihugu cyita ku burezi (REB), gitangaza ko abarimu bose mo mu mashuri abanza, ayisumbuye n’ay’imyuga n’ubumenyingiro (TVET) n’abandi bakozi b’ibyo bigo bagiye gukora ikizamini cyo kureba urwego bariho mu rurimi rw’Icyongereza.
Igituntu ni indwara iterwa n’agakoko kitwa ‘basille de Koch’, kikaba cyandurira mu mwuka ariko kigafata igice icyo ari cyo cyose cy’uburi n’uruhu rurimo nubwo bidakunze kubaho.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Anastase Shyaka, avuga ko abatubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 bagabanutse bigaragara mu byumweru bibiri bishize, ari yo mpamvu n’umubare w’abandura icyo cyorezo wagabanutse.
Minisitiri w’Uburezi, Dr Valentine Uwamariya, arasaba abayobozi b’ibigo by’amashuri kutazongera amafaranga y’ishuri abana basanzwe batanga, bitwaje ko ibigo byabo byagizweho ingaruka na Covid-19.
Munyentwari Eugène utuye mu Karere ka Kirehe na murumuna we Karekezi Bernard utuye muri Ngoma, bababazwa no kutabona akazi kandi barize imyuga, bakazira uburwayi bw’uruhu budasanzwe bamaranye imyaka isaga 30, kuko butuma hari ababishisha.
Umwanditsi w’ibitabo ukiri muto, Bavugempore Jean de Dieu, avuga ko kwandika ibitabo ari umurimo mwiza ariko usaba kwihangana, kuko gusohora igitabo binyura mu nzira ndende kandi inyungu ikivamo ikaboneka bigoranye.
Abahinzi bo mu karere ka Rulindo mu murenge wa Buyoga n’ituranye na wo, bavuga ko batangiye kubona umusaruro ndetse ko biteguye utubutse w’ibihingwa byoherezwa hanze kubera urugomero bubakiwe rutuma buhira imyaka yabo.
Nkongwa idasanzwe (Armyworm) ni icyonnyi cyibasira cyane cyane ibigori ariko inarya ibimera birenga 80, ikaba itandukanye na nkongwa yari imenyerewe uhereye ku miterere yayo n’uburyo yona.
Ihuriro Nyarwanda ry’Imiryango y’Abafite Ubumuga (NUDOR) rivuga ko kugeza ubu abafite ubumuga bwo kutabona bagihura n’ikibazo cyo gusoma, kuko mu masomera rusange hataboneka ibitabo bijyanye n’ubumuga bwabo.
Polisi y’u Rwanda itangaza ko muri iki cyumweru cyo kuva ku wa Gatanu tariki 11 kugera ku wa Gatanu tariki 18 Nzeri 2020, habaye impanuka zitandukanye zihitana ubuzima bw’abantu 17.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko ikoranabuhanga rikwiye kwifashishwa mu guhangana n’ibindi biza byakugariza isi, nyuma y’aho icyorezo cya Covid-19 kizaharije ubukungu bwayo.
Kuri uyu wa Kane tariki 17 Kanama 2020, urukiko rukuru rwa gisirikare rwakomeje iburanisha mu rubanza rurimo abantu 32 baregwa icyaha cyo kurema no kujya mu mutwe w’iterabwoba witwara gisirikare, ugambiriye guhungabanya umutekano w’u Rwanda.
Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rukomeje kumva ubwiregure bw’abashinjwa kujya mu mitwe y’iterabwoba yitwara gisirikare cyangwa kurema imitwe nk’iyo itemewe irimo FLN na P5 ikuriwe n’umutwe wa RNC, yose igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda no kugirira nabi ubutegetsi buriho.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku Bidukikije (REMA) kimaze iminsi mu igenzura ngo kirebe abagikoresha n’abacuruza amasashe, bafatwe ndetse babihanirwe kuko binyuranyije n’itegeko ryo kurengera ibidukikije.
Igihugu cya Korea y’Epfo cyahaye u Rwanda udupfukamunwa ibihumbi 100 two mu bwoko bwa KF94 dufite agaciro k’ibihumbi 100 by’Amadolari ya Amerika (akabakaba miliyoni 97 z’Amafaranga y’u Rwanda), tuzafasha mu guhangana na Covid-19.
Impuguke mu kuvura indwara zitandukanye z’imyanya y’ubuhumekero zirimo na Covid-19, zirasaba abantu bavuga ko kunywa tangawizi, tungurusumu n’ibindi bivugwa byabarinda kwandura icyo cyorezo, kwitonda kuko bataba bazi ibyo banywa ibyo ari byo.
Aborozi b’inka bo mu misozi ya Ndiza, ni ukuvuga mu Murenge wa Rongi n’indi iwukikije mu Karere ka Muhanga, bagiye kubakirwa ikusanyirizo ry’amata rizahesha agaciro umukamo wabo.
Polisi y’u Rwanda itangaza ko kuva muri Werurwe 2020, ubwo Covid-19 yageraga mu Rwanda, impanuka zo mu muhanda ziyongereye ku buryo kugeza uyu munsi zimaze guhitana abantu 90.
Leta yashyizeho ikigega cya Miliyari 100 z’Amafaranga y’u Rwanda yo kugoboka abacuruzi n’abandi banyemari ibikorwa byabo byazahaye kubera Covid-19, hakaba hari ibyo bagomba kuba bujuje kugira ngo bagurizwe kuko iyo nguzanyo idahabwa bose.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, avuga ko kubana neza n’ibihugu bituranyi ari yo nzira y’amahoro kandi ko u Rwanda rutayakeneye kurusha uko ibyo bihugu biyakeneye.
Raporo ku bijyanye no gutera ibiti muri rusange yasohotse ku itari 2 Nzeri 2020, ikaba yaragaragaje ko hari ibihugu bitari bike byananiwe kongera amashyamba, mu gihe ibindi nk’u Rwanda rwarengeje intego rwari rwihaye.
Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Gasharu, Umurenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga, barasaba kwishyurwa ibyabo byangijwe n’ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro by’ikigo ‘Etablissement Sindambiwe’, hakaba hashize imyaka itanu bategereje ubwishyu.
Umuyobozi w’Ingabo mu Ntara y’Amajyepfo, Maj Gen Emmy Ruvusha, avuga ko umutekano muke atari uko haba humvikana urusaku rw’amasasu gusa, ari yo mpamvu asaba abayobozi n’abaturage kutirara.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Prof Shyaka Anastase, arasaba bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Muhanga bari mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro kubicikaho kuko bitemewe kandi bituma barangara bakanarangaza abo bayobora bityo ntibagere ku ntego bihaye.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko abantu 54 bari barwaye Covid-19 bakaba bari barashyizwe muri gahunda yo kuvurirwa mu rugo bamaze gukira icyo cyorezo.
Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) iratangaza ko imiryango 600 yagizweho ingaruka n’ibiza mu minsi ishize, ikaba yari igicumbikiwe mu mashuri igiye kuyakurwamo igatuzwa neza bitarenze muri Nzeri uyu mwaka wa 2020.