MENYA UMWANDITSI

  • Mu Rwanda abantu 3,104 bakingiwe Covid-19, abayikize ni 1,015

    Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 14 Nyakanga 2021, mu Rwanda abantu 3,104 bakingiwe Covid-19. Abayikize ni 1,015 naho abantu icyenda (9) bitabye Imana. Abanduye ni 934 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe baba 50,742 naho abakirwaye ni 14,553 mu gihe abarembye ari 74 nk’uko (…)



  • Bafashwe bahinduye urugo akabari

    Gicumbi: 17 bafatiwe mu rugo rwahinduwe akabari banywa ‘dunda ubwonko’

    Ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 12 Nyakanga 2021 ahagana saa tatu z’ijoro, abapolisi bakorera mu Karere ka Gicumbi muri sitasiyo ya Rutare bafatiye abantu 17 mu rugo rwa Ntezimana w’imyaka 37, utuye mu Murenge wa Nyamiyaga, Akagari ka Kiziba, Umudugudu wa Rwingwe.



  • Bahawe ubutumwa bukubiyemo amabwiriza yo kwirinda Covid-19

    Musanze: Batatu muri 24 baherutse gufatirwa mu birori basanzwemo Covid-19

    Ku itariki ya 11 Nyakanga 2021 ni bwo abagore 24 bafatiwe mu rugo rwa Nyiramafaranga Epiphanie w’imyaka 52, abo bantu bakaba bari mu gikorwa cyo gutera inkunga umukobwa wa Nyiramafaranga witegura ubukwe muri Kanama uyu mwaka, nyuma bagiye gupimwa Covid-19, batatu muri bo bayibasanga.



  • #COVID19: Mu Rwanda abanduye bashya ni 772, abapfuye ni 22

    Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE), yatangaje ko ku wa Mbere tariki 12 Nyakanga 2021, mu Rwanda abantu 772 babasanzemo Covid-19, muri bo 251 bakaba babonetse i Kigali, byatumye abamaze kwandura bose hamwe baba 49,016. Yatangaje kandi ko abantu 22 bitabye Imana bazize icyo cyorezo, abakirwaye ni 15,078 naho abarembye (…)



  • Bamufatanye urumogi na mukorogo

    Rusizi: Yafashwe yinjizaga mu gihugu urumogi na mukorogo

    Ku wa Gatandatu tariki ya 10 Nyakanga 2021, ahagana saa Cyenda z’amanywa, ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya abanyereza imisoro bafatanije n’abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda bafashe uwitwa Mutabazi Innocent w’imyaka 48, winjizaga urumogi, mukorogo n’ibindi bicuruzwa mu buryo butemewe.



  • #COVID-19: Mu Rwanda abakize ni 517, abanduye ni 577

    Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 11 Nyakanga 2021, mu Rwanda abantu 517 bakize Covid-19, abayanduye bashya ni 577 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe uba abantu 48,244. MINISANTE yatangaje kandi ko abahitanywe n’icyo cyorezo ari icyenda (9), bituma abamaze gupfa bose baba 560. (…)



  • Abaturage bagomba kumenya gushungura amakuru abageraho bagahitamo abagirira akamaro

    Abayobozi b’inzego z’ibanze barasabwa gufasha abaturage gutandukanya amakuru y’ukuri, ibinyoma n’ibihuha

    Umuryango w’abanyamakuru baharanira iterambere rirambye (RJSD), urasaba abayobozi b’inzego z’ibanze barimo abayobozi b’uturere, imirenge n’utugari, gufasha abaturage gushungura amakuru abageraho anyuze mu bitangazamakuru bitandukanye harimo n’mbuga nkorambaga.



  • Umuhanzi Mazimpaka Cadet

    Umuhanzi Mazimpaka Cadet yisunze Gahongayire mu ndirimbo nshya yise “Ndi amahoro”

    Umuhanzi uhimbaza Imana, Mazimpaka Cadet, yahuje imbaraga na Gahongayire Aline basohora indirimbo bise “Ndi amahoro” ihumuriza abantu baca mu bikomeye, ko Uwiteka ari mu ruhande rwabo.



  • #COVID19: Abanduye bashya ni 830, abapfuye ni 17

    Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE), yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 10 Nyakanga 2021, mu Rwanda abantu 830 babasanzemo Covid-19, muri bo 445 bakaba babonetse i Kigali. Yatangaje kandi ko abantu 17 bitabye Imana bazize icyo cyorezo, abakirwaye ni 15,110 naho abarembye ni 63 naho abakize ni 869 nk’uko imibare (…)



  • Abandi basirikare n’abapolisi berekeje muri Mozambique (Video)

    Kuri uyu wa Gatandatu tariki 10 Nyakanga 2021, ikindi cyiciro cy’abasirikare n’abapolisi b’u Rwanda berekeje muri Mozambique, bakaba bagiye mu bikorwa byo gucunga umutekano mu Ntara ya Cabo Delgado, imaze igihe kinini ifite ibibazo by’umutekano muke.



  • Nyanza: Abantu 19 bafashwe bashinze akabari mu ishyamba

    Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyanza ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano n’abayobozi mu nzego z’ibanze, bafashe abantu 41 barenze ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira rya Covid-19, muri bo harimo 19 bafatiwe mu ishyamba barahahinduye akabari, bakaba bafashwe ku ya 07 na tariki ya 08 Nyakanga 2021.



  • #COVID19: Mu Rwanda abakize ni 946, abanduye ni 887

    Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 9 Nyakanga 2021, mu Rwanda abantu 946 bakize Covid-19, abayanduye ni 887 muri bo 386 bakaba babonetse i Kigali. Abantu 13 bitabye Imana, naho abarembye ni 68 nk’uko imibare yatangajwe na MINISANTE ibigaragaza. Abitabye Imana ni abagore batanu b’imyaka 86, (…)



  • DIGP Ops Felix Namuhoranye aha impanuro abo bapolisi

    DIGP Namuhoranye yahaye impanuro abapolisi bagiye muri Mozambique

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 09 Nyakanga 2021, ni bwo umuyobozi wa Polisi wungirije ushinzwe ibikorwa, DIGP/OPs Felix Namuhoranye, yahaye impanuro abapolisi b’u Rwanda barenga 300 bagiye mu butumwa bw’akazi mu gihugu cya Mozambique.



  • Bamburaga abaturage biyita abasirikare

    Karongi: Polisi yafashe abantu babiri bamburaga abaturage biyita abasirikare

    Ku mugoroba wo ku itariki 06 Nyakanga 2021, abapolisi bakorera mu Karere ka Karongi bafashe uwitwa Niyoyita Jean Pierre w’imyaka 28 na Ntambara Fred w’imyaka 48, bakaba barafashwe bamaze kwambura abaturage Amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 55, biyita abasirikare nyamara barirukanywe mu ngabo z’u Rwanda.



  • Amb. Théoneste Mutsindashyaka yatanze impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Repubulika ya Congo

    Kuri uyu wa Kane taliki ya 08 Nyakanga 2021, mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu cya Congo i Brazzaville, Ambasaderi Théoneste Mutsindashyaka yashyikirije Perezida wa Republika ya Congo, Nyakubahwa Denis Sassou N’Guesso, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu.



  • Huye: Batatu bafashwe bacyekwaho kwiba umuturage 300.000Frw bamaze kumusindisha

    Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 06 Nyakanga 2021, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Huye mu Murenge wa Huye ku bufatanye n’abaturage bafashe abantu batatu bari bamaze ibyumweru bibiri bashakishwa bacyekwaho kwiba umuturage Amafaranga y’u Rwanda 300,000 nyuma yo kumusindisha.



  • Mu rugo kwa Munyentwari ahasanzwe ayo mabuye y

    Ngororero: Babiri bafatanywe toni y’amabuye y’agaciro

    Polisi ikorera mu Karere ka Ngororero mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki ya 5 Nyakanga 2021, yafashe Munyentwari Theophile w’imyaka 44 n’umukozi we Ntegeyimana Simeon w’imyaka 32, bafatanywe toni y’amabuye y’agaciro azwi ku izina rya Bilure, bafatirwa mu Murenge wa Muhororo mu Kagari ka Rugogwe mu Mudugudu wa Nganzo.



  • Nyarugenge: Urubyiruko 19 bafashwe bagiye kwizihiza isabukuru y’amavuko ya mugenzi wabo

    Ku mugoroba wo ku itariki ya 04 Nyakanga 2021, Polisi ikorera mu Karere ka Nyarugenge yafashe abasore n’inkumi 19 bari bateguye ibirori by’isabukuru y’amavuko ya mugenzi wabo. Babiteguye barenze ku mabwiriza yo kurwanya icyorezo cya Covid-19, bafatiwe mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Rwezamenyo.



  • Rusizi: Babiri bafashwe biyitirira inzego z’umutekano

    Ku mugoroba wo ku wa Kane tariki ya 01 Nyakanga 2021 ahagana saa moya, abapolisi bakorera mu Karere ka Rusizi bafashe Rugwabiza Samuel w’imyaka 35 na Kwizera Fabrice w’imyaka 21, bakaba bafashwe barimo kugenda basaba abacuruzi gukinga bavuga ko bakora mu nzego z’umutekano bari mu bikorwa byo kugenzura iyubahirizwa (…)



  • Muhanga: Bane batawe muri yombi bacyekwaho kwiba amabuye y’agaciro

    Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Muhanga muri sitasiyo ya Kiyumba, ku wa Kane tariki ya 01 Nyakanga 2021 yafashe bamwe mu bagize itsinda ryitwa ‘abanyogosi’ bari bamaze iminsi bavugwaho kwiba amabuye y’agaciro mu kirombe cy’umushoramari. Bafatiwe mu Murenge wa Rongi mu Kagari ka Ruhango mu Mudugudu wa Muyebe ari naho (…)



  • Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda na Perezida w’u Burundi baratanga icyizere cyo gusubukura umubano

    Kuri uyu wa 1 Nyakanga 2021, Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yagiriye uruzinduko mu gihugu cy’u Burundi, aho yari ahagarariye Perezida wa Repubulika,Paul Kagame, mu munsi mukuru w’ubwigenge bw’icyo gihugu, mu ijambo rye akaba yagaragaje ko hari ikizere cyo gusubukura umubano hagati y’ibihugu byombi wari umaze igihe (…)



  • Nyamagabe: Polisi yafashe umumotari wari utwaye udupfunyika 1,937 tw’urumogi

    Ku wa Kabiri tariki ya 29 Kamena 2021, abapolisi bakorera mu Karere ka Nyamagabe bafashe umumotari witwa Bicamumpaka Jean Bosco, wari uhetse umugenzi utwaye urumogi rungana n’ibiro 11 n’udupfunyika twarwo 1,937. Umugenzi yacitse aracyarimo gushakishwa na ho umumotari arafatwa na moto ye.



  • Mukeshabatware Dismas yitabye Imana

    Mukeshabatware Dismas yitabye Imana

    Mukeshabatware Dismas wamamaye cyane mu makinamico kuri Radio Rwanda ndetse no mu kwamamariza ibigo bitandukanye, yitabye Imana kuri uyu wa 30 Kamena 2021 azize uburwayi. Amakuru atangwa n’abo mu muryango we, avuga ko Mukeshabatware yari amaze iminsi arwaye, aho ngo ashobora kuba yazize indwara y’umutima, akaba yaguye mu (…)



  • Abanyeshuri baratangira gutaha kuri uyu wa Kane

    Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yasohoye itangazo rigaragaza ingengabihe y’uko abanyeshuri biga bacumbikiwe bazajya mu biruhuko, aba mbere bakazataha kuri uyu wa Kane tariki 1 Nyakanga 2021, iryo tangazo rikaba rireba abanyeshuri batazakora ibizamini bya Leta.



  • Amashuri arafunzwe muri tumwe mu turere n’Umujyi wa Kigali

    Itangazo riturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe rikubiyemo amabwiriza mashya yo kwirinda Covid-19, riravuga ko amashuri yose, harimo na za kaminuza afunzwe mu Mujyi wa Kigali no mu turere twa Burera, Gicumbi, Kamonyi, Musanze, Nyagatare, Rubavu, Rutsiro na Rwamagana.



  • Bafatiwe muri sauna na massage bitemewe

    Kicukiro: Polisi yongeye gufatira abantu muri ‘Sauna’

    Ku Cyumweru tariki 27 Kamena 2021, mu rugo rw’uwitwa Gasana Vincent utuye mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Kanombe, Polisi yahafatiye abantu 6 bari mu bikorwa binyuranyijwe n’amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19, kuko bafashwe bari muri Sauna iba mu rugo rw’uwo muturage kandi bitemewe, hakaba hari n’abandi 13 bari (…)



  • COVID-19 yishe abantu icyenda (9), abanduye ni 741

    Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 27 Kamena 2021, mu Rwanda abantu icyenda (9) bishwe na Covid-19. Abayanduye ni 741 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe baba 36,627. Abakize icyo cyorezo ni 113 bituma abamaze gukira bose hamwe baba 27,090. Abakirwaye ni 9,117 na ho abarembye ni 26 (…)



  • Igikorwa cyo kwibuka cyabaye hifashishijwe ikoranabuhanga

    Senegal: Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bibutse urubyiruko rwishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

    Ku Mugoroba wo ku ya 26 Kamena 2021, Ambasade y’u Rwanda mu Gihugu cya Senegal ifatanyije n’Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda, by’umwihariko urubyiruko rwo mu bihugu bya Senegal, Mali, Gambia, Cabo Verde na Guinea Bissau, bibutse urubyiruko rwishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. Iyo gahunda yakozwe (…)



  • Bafatiwe muri Sauna barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19

    Kicukiro: Abantu 14 barimo uwanduye Covid-19 bafatiwe muri Sauna

    Ku gicamunsi cyo ku wa Gatandatu tariki ya 26 Kamena 2021, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Mujyi wa Kigali yafashe abantu 13 bari muri Sauna n’undi umwe ufite ubwandu bwa Covid-19 wari muri resitora ifatanye n’iyo Sauna.



  • COVID-19 yishe abantu barindwi (7), abanduye ni 868

    Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 26 Kamena 2021, mu Rwanda abantu barindwi (7) bishwe na Covid-19. Abayanduye ni 868 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe baba 35,886 mu gihe nta muntu wakize kuri uwo munsi. Abakirwaye ni 8,498 na ho abarembye ni 28 nk’uko imibare yatangajwe (…)



Izindi nkuru: