Abahesha b’inkiko 42 batari ab’umwuga barahiriye kuzuza inshingano zabo, baziyongera ku bari basanzwe bityo irangizwa ry’imanza ryakundaga gutinda ryihute.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Gatsata bwiyemeje kurwanya amarebe ari mu bishanga bimwe na bimwe kuko abyangiza ntibibashe kubyazwa umusaruro.
Bamurangirwa Patricia wanditse ibitabo bitatu bivuga ku Rwanda, akangurira Abanyarwanda kwiyandikira amateka yabo aho kubiharira abanyamahanga banayagoreka.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ivuga ko igihe cyari giteganyijwe cyongereweho iminsi itanu ku bifuza gutanga kanditatire ku myanya y’ubuyobozi mu turere.
Mu gutangaza amanota y’ibizamini mu mashuri yisumbuye n’icyiciro rusange y’umwaka wa 2015, Minisiteri y’Uburezi yagaragaje ko imitsindire yazamutse ugereranyije n’umwaka wa 2014.
Hari abacuruzi bo mu Mujyi wa Kigali bavuga ko kuba batarahuguwe bihagije ku ikoreshwa rya EBM bituma bahabwa ibihano bibahombywa.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda ivuga ko ubudozi ari urwego rugomba kwitabwaho kuko rukenerwa na benshi ari yo mpamvu hagiye kujyaho ishuri rizabwigisha.
Abadozi bo mu Rwanda bashinze urugaga bahurizamo ingufu n’ibitekerezo kugira ngo bahaze isoko ry’imyenda mu bwishi no mu bwiza caguwa icike.
Abareba filime Nyarwanda bavuga ko ari ngombwa ko abazikora bongera ubunyamwuga kugira ngo zibashe guhangana n’inyamahanga.
Mu Mujyi wa Kigali hongeye kugaragara abana bato benshi bo ku muhanda, bavuga ko babiterwa n’ibibazo byo mu miryango yabo.
Abaturage bo mu kagali ka Nyabugogo muri Nyarugenge bahawe mituweli zitanditseho akarere kabo, baravuga ko batemererwa kuvurwa, bagasaba guhabwa inzima.
Abacuruza n’abahaha ibirayi mu masoko atandukanye, bavuga ko mu minsi mikuru igiciro cyabyo cyazamutse cyane ku buryo cyiyongereyeho asaga 30Frw.
Itangazo ryashyizweho umukono na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Prof Sam Rugege rivuga ko uburyo bw’ikoranabuhanga bwa EFS bwakoreshwaga bwahindutse.
Minisiteri y’Ubutabera yamuritse uburyo bushya bw’ikoranabuhanga, IECMS, buzifashishwa mu koroshya servisi ahanini zijyanye n’ubutabera n’iz’ibindi bigo bitanga amakuru.
Umuryango "Uwezo Youth Empowerment" w’urubyiruko rufite ubumuga urasaba abatanga akazi kubagirira icyizere mu itangwa ryako kuko na bo bashoboye.
Gereza irimo kubakwa i Mageragere mu karere ka Nyarugenge izaba yubahirije ibipimo mpuzamahanga bituma abagororwa bisanzura bakabaho neza.
Ibizamini byo gushaka ibimenyetso simusiga bikenerwa mu manza nshinjabyaha byajyaga bikorerwa ahanini mu Budage bigiye kujya bikorerwa mu Rwanda.
Umuhinzi w’intangarugero Mugemana Venuste avuga ko urutoki rwe rugiye kujya rumwinjiriza nibura ibihumbi 500 buri kwezi mu gihe cy’umwaka.
Minisitiri Busingye Johnston yabwiye abanyamategeko badakurikirana ngo bagaruze ibyo Leta iba yatsindiye mu manza ko umwaka utaha batazongera kwihanganirwa.
Muri gare ya Nyabugogo hagaragaye abantu besnhi berekeza mu turere tunyuranye kwizihiza iminsi mikuru ariko kubona imodoka byababereye ingume.
Minisiteri y’Ubutabera itangaza ko Leta yahombye miliyari 126 muri 2014, kubera amasezera yakozwe nabi n’adakurikiranwa bikayishora mu manza.
Mu Gushyingo 2015 Komisiyo ishinzwe kuvugurura amategeko yahawe inshingano zo kuvugurura igitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda kuko atari akijyanye n’ibyaha bihari.
Abafite imodoka zitwara abagenzi zashyizwemo utwuma tugabanya umuvuduko "Speed Governor" bavuga ko tuzangiza mu gihe RURA ivuga ko ari urwitwazo.
Nyuma yo kwemererwa gutora batari kuri lisiti y’itora bahisemo kwigurira impapuro ngo babandikire icyangombwa kibibemerera ntibatahire aho.
Abimuwe ahashenywe mu Murenge wa Muhima bitabiriye gutorera aho bahoze ari na bwo bafashe amakarita y’itora kuko batarimurwa kuri lisiti.
Kubera akamaro kayo, REMA igiye kwagura gahunda yo kwita ku bidukikije mu mashuri igere mu bigo byose mu gihe yakorerwaga mu bigo bike.
Minisitiri w’Ubwongereza ushinzwe Ibibazo by’Afurika, James Duddridge, avuga ko u Rwanda rushobora kugira icyo rukora ku bibazo bya politiki byugarije u Burundi ari yo mpamvu yarusuye.
Sosiyete sivile Nyarwanda ivuga ko ikibangamiwe n’abayitera inkunga barangiza bakanayitegeka uko igomba kuyikoresha batitaye ku byo iba yateguye gukora.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali buvuga ko bugomba gukora ibirenze iby’abandi mu kurwanya SIDA kuko ari wo ufite umubare munini w’abanduye.
Mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 umuryango AVEGA Agahozo umaze, abanyamuryango bawo bavuga ko bigejeje kuri byinshi babifashijwemo nawo.